Ishami rishinzwe uburezi mu Karere ka Gatsibo ritangaza ko muri ako karere hakenewe abarimu bashya 146 mu mashuri atandukanye.
Abagize uruhare mu kubaka ibyumba by’amashuri, mu murenge wa Gashari mu karere ka Karongi bavuga ko bamaze igihe bategereje kwishyurwa barahebye.
Abanyeshuri biga ibijyanye na Mechanical engeneering muri IPRC-South batangiye kwigishwa uko bakora ibyuma bisimbura ibyangiritse mu mamashini, bikagurwa n’ababikeneye.
Perezida Kagame n’abandi bayobozi, basobanuriye abanyeshuri bo muri Kaminuza ya Stanford muri Amerika, akamaro ka Referandumu n’ejo hazaza h’u Rwanda.
Umwaka wa 2015 usoza wagaragayemo impinduka mu burezi, aho Minisiteri y’Uburezi yakoze amavugurura atandukanye, hanagaragara udushya turimo kubyarira mu bizami.
Mu Rwanda hagiye kubakwa ku ikubitiro ibigo bitatu by’icyitegererezo mu mashuri makuru muri Afurika y’Iburasizuba n’iy’Amajyepfo.
Ubuyobozi bwa Kaminuza ya Kigali na Ministeri y’uburezi, bwasabye 139 bahawe impamyabushobozi, gukomeza kwiga kugira ngo babone imirimo.
Ubuyobozi bw’akarere ka Gasabo n’abiga mu ishuri rya Gikomero, barizeza kuzamuka kw’ireme ry’uburezi nyuma yo guhabwa inkunga irimo za mudasobwa.
Ishuri Rikuru ry’Imyuga n’Ubumenyingiro (IPRC East) riri gutanga amasomo afasha abana mu biruhuko, gukunda umwuga binyuze muri gahunda bise “Space for children”.
Umukozi wa Mount Kenya University (MKU) mu Karere ka Ngororero avuga ko gutangiza amasomo muri ako karere byahagaritswe no kubura umubare uhagije w’abanyeshuri.
Ubuyobozi bushya bw’abanyeshuri ba kaminuza ya Kibogora Polytechnic (KP) bwarahiriye ku mugaragaro kuzayobayobora neza babizeza ubuvugizi ku bibazo bahura nabyo.
Abatuye mu Mudugudu wa Kabahushi mu Kagari ka Sakara mu Murenge wa Murama barasaba kwegerezwa amashuri kuko baterwa impungenge n’abana bato biga kure bazamuka imisozi.
Umuyobozi wa Komisiyo y’Igihugu y’Amatora, Prof Kalisa Mbanda, avuga ko Komisiyo y’Igihugu y’Amatora(NEC) nta gitutu yashyizweho mu gutegura Referendumu kuko yigenga.
Imbwe mu miryango yo mu Karere ka Nyagatare, iracyafata ababana n’ubumuga nk’imburamumaro mu muryango, mu gihe bo bavuga ko bashoboye.
Icyicaro gikuru cy’Ishuri Rikuru ry’Afrika ry’Ubumenyi mu Mibare (AIMS), guhera mu mwaka utaha wa 2016, kigiye kwimurirwa mu Rwanda kivuye muri Afurika y’Epfo.
Umuryango Action Aid uvuga ko gahunda uri gufatanyamo n’Akarere ka Karongi ku ishyirwaho ry’amashuri y’incuke, izatuma abagore babohoka bagakora.
Mu karere ka Gatsibo kimwe no mu tundi turere dutandukanye tw’Igihugu, haracyagaragara ibibazo mu myigire y’abana bafite ubumuga.
Umuryango mpuzamahanga nterankunga VSO uvuga ko urimo gutegura kunganira Leta y’u Rwanda mu burezi budaheza, hibandwa ku bafite ubumuga.
Ingabo z’u Rwanda ziri mu butumwa bw’amahoro muri Darfur zashyikirije ubuyobozi bw’umuryango El Salam IDPS ibyumba by’amashuri byubakiwe abana b’abakobwa.
Mu kwizihiza Yubile y’imyaka 75 Itorero ADEPR rimaze mu Rwanda, hagaragajwe ibikorwa by’iterambere ryakoze birimo kwigisha abakuze basaga ibihumbi 600
Abanyeshuri bo buri IPRC-South, tariki 21/11 bashyikirije MituwlLi abatishoboye 50 bo mu tugari twa Matyazo na Kaburemera, Umurenge wa Ngoma.
Ishuli rikuru ryigenga ry’abalayiki b’Abadivantisiti rya Kigali, ishami rya Nyanza ryatanze impamyabumenyi zo mu cyiciro cya kabiri n’icya gatatu cya Kaminuza.
Minisiteri y’Uburezi (MINEDUC) irasaba abayobozi b’ibigo by’amashuri nderabarezi (TTC) byahawe imodoka kutazikoresha mu nyungu zabo mu rwego rwo kuzifata neza.
Tuyisenge Odette umukobwa w’imyaka 21 nyuma yo kubyara mbere y’iminsi itatu ngo ibizamini bya Leta bitangire ashimishijwe no kwemererwa gukora ibizamini ifite uruhinja.
Abarimu bo muri zone ya Congo-Nil mu karere ka Rutsiro batangaza ko bamaze kumenya imikoreshereze y’umushahara bahembwa ku buryo ubabeshaho.
Umukobwa witwa Germaine Mukanyandwi wiga kuri G.S. Nyarunyinya, kuri uyu wa 12 Ugushyingo 2015 yakoreye ibizamini bya Leta kuri Poste de Santé.
Umunyeshuri witwa Mukasekuru Charlotte ufite imyaka 30 yageze mu kigo cya College Amis des Enfants aho yagombaga gukorera ikizami cya Leta afatwa n’ibise ahita ajya kwa muganga arabyara, ariko akomeza gukora ibizamini.
Abanyeshuri 2668 nibo bakoze ibizamini bisoza amashuri yisumbuye mu mashuri nderabarezi mu bigo 18 mu Rwanda.
Ubuyobozi bw’ishuri mpuzamahanga EIPB rikorera i Huye, buvuga ko buteganya gutangira gukorera n’i Nyamagabe guhera mu mwaka utaha.
Ikigo cy’Igihugu gishinzwe ubumenyi ngiro (WDA), cyatangije gahunda yo kwigishiriza mu nganda kugira ngo abiga imyuga bihugure mu gihe gito.