Abarangije mu mashuri y’imyuga akunze kwitwa TVET, barasabwa kugaragaza ibyo bazi gukora ndetse n’ubwiza bwa byo kugira ngo bareshye abikorera.
Minisitiri w’Umutungo Kamere Dr. Vincent Biruta aratangaza ko gukora ugahembwa bivuze kongera umusaruro kuko bitabaye ibyo n’ibyakozwe bishobora gupfa ubusa.
Umuryango VSO uri kwigisha abiga muri TTC Byumba gukora imfashanyigisho mu bikoresho bitandukanye no mu budeyi kugira ngo bibongerere ubumenyi.
Abanyeshuri 3 bo mu kigo cy’ishuri cya G.S St Paul cyo mu karere ka Rusizi baherutse gutwara inda zitifujwe
Bamwe mu babyeyi bo mu Murenge wa Remera bemaza ko kugaburira abana ku ishuri byazanye impinduka nziza mu myigire yabo.
Kuri uyu wagatatu tariki 23 Nzeri, 2015, abanyeshuri bibumbiye mu muryango wa Croix Rouge ukorera muri Kaminuza y’u Rwanda, Ishuri Rikuru Nderabarezi, bahuriye mu biganiro mpaka byibandaga kuri zimwe mu ntego z’ikinyagihumbi (MDGs).
Edition Bakame itangaza ko hari intambwe imaze guterwa mu Banyarwanda yo gukunda gusoma ibitabo bageneye ku buryo ibitabo byabo bigurwa.
Nyamagabe: Urubyiruko rwo mu byaro rubabazwa no kutagira amashuri y’imyuga, bigatuma benshi bashomera ntibabashe gutera imbere cyangwa kuba bakwihangira imirimo.
Mu Mujyi wa Kigali hari kubera amarushanwa yo gusoma icyongereza (Spelling), ari guhuza abanyeshuri bo mu bigo by’amashuri byo muri Kigali.
Uruganda rwa C&H Garments rufatanyije n’ikigo k’igihugu gishinzwe guteza imbere ubumenyingiro (WDA) bashyize ku isoko abanyeshuri 72 barangije kwihugura.
Umuryango w’abafite ubumuga bwo kutabona(RUB) uvuga ko n’ubwo hari gahunda y’uburezi kuri bose, bo batarayibonamo bihagije.
Abafite ubumuga barangije kwiga umwuga wo gutunganya imisatsi mu karere ka Ngoma bahawe ibikoresho bibafasha guhita batangira kwikorera bakiteza imbere.
Integanyanyigisho z’amashuri yisumbuye ziri kuvugururwa ku buryo guhera muri Mutarama 2016, abana bazajya barangiza barize n’umwuga wabafasha mu mibereho.
Ishuri ryisumbuye rya GS.Kabare rikeneye miliyoni 600 z’amafaranga y’u Rwanda mu igenamigambi ryayo zizafasha mu gusana no kwagura iki kigo.
Ishuri rya gisirikare rya Gako riherereye mu karere ka Bugesera ryatangije ishami rya Kaminuza rizajya ryigisha amasomo imbonezamubano n’ibya gisirikare.
Abarezi mu karere ka Rusizi baravuga ko hari abana bagita amashuri bakajya gukora indi mirimo ibabuza kwiga kurikiye inyungu z’amafaranga.
Itorero rya ADPER n’ubuyobozi bw’akarere ka Nyamagabe biratangaza ko ubwitabire bw’abakuze mu kwiga gusoma no kwandika bukiri hasi.
Ishuri ryisumbuye rya TTC Zaza ntiryorohewe no kubona ubushobozi bwa milioni 200 kugira ngo ikureho isakaro ryangiriza ubuzima rya fibro-ciment.
Abanyeshuri bo mu karere ka Burera bakomeje guta ishuri nubwo ubuyobozi bwashyizeho ingamba zitandukanye zo guhanga n’icyo kibazo.
Abajyaga gushakira ireme ry’uburezi mu mahanga, babonye igisubizo mu ishuri rya HOPE ACADEMY.
Ababyeyi batuye mu karere ka Gakenke basanga umwana w’umunyeshuri adakwiye kwemererwa gutungira terefone kw’ishuri, kuko itatuma akurikirana amasomo nkuko bikwiye.
Abanyeshuri 300 bayoboye abandi muri kaminuza, berekeje i Nkumba muri Burera kwiga uburyo bazakira abashya batangira Kaminuza muri uyu mwaka.
Impunzi zo mu nkambi ya Mahama mu karere ka Kirehe zishimira amasomo ziri guhabwa kuko zizera ko azabafasha mu bumenyi.
Minisiteri y’Urubyiruko (MYICT) itangaza ko ababyeyi bataye inshingano zabo zo kurera, bari mu byatumye urbyiruko rurushaho kwangirika kubera ikoreshwa ry’ibiyobyabwenge.
Ihuriro ry’amakoperative y’ababoshyi bo mu karere ka Ngororero ryashinze ishuli ryigisha ubukorikori ku rubyiruko n’abakuze babyifuza, mu rwego rwo kuzamura ishoramari ry’akarere.
Ababyeyi bo mu murenge wa Nkomane, barifuza ko mu duce tw’ibyaro hakwiye kubakwa amashuri y’inshuke, kuko abana hari igihe habura ababitaho, bityo bakirirwa bazerera aho bashobora guhura n’ababahohotera cyangwa bakabakoresha n’imirimo ivunanye.
Bamwe mu bayobozi b’ibigo by’amashuri yegamiye kuri leta abarizwa mu karere ka Gakenke, bahangayikishijwe n’uburyo amasoko asigaye atangwa kuko bisigaye bituma ba rwiyemezamirimo bazamura ibiciro bitandukanye n’ibyo baguriragaho mbere.
Abakozi 125 bakora mu ishuri rikuru ry’imyuga n’ubumenyingiro muntara y’Iburasirazuba (IPRC East) bashoje itorero ry’abatoza b’intore, biyemeza guhuza ubumenyi butandukanye bafite mu gushaka ibisubizo by’ibibazo igihugu gifite.
Abana bafite ubumuga bwo mu mutwe baratabarizwa kugira ngo umuryango Nyarwanda ubahe uburenganzira bwo kwigishwa no kwitabwaho kimwe na bagenzi babo batabufite, kuko bashobora kugirira akamaro igihugu.
Kuri uyu wa 4 Kanama 2015, mu Rwanda hatangijwe urubuga rwa interineti rwitwa www.practice4ne.com, ruzajya rufasha abanyeshuri biga mu mashuri abanza n’ayisumbuye gusubiramo amasomo baba bigiye mu ishuri.