Urugaga rw’abikorera mu Rwanda (PSF) ruratangaza ububiko bw’isoko ryambukiranya imipaka riri mu Karere ka Burera (Burera Cross Border Market) bugiye kongerwamo ibicuruzwa biva mu mahanga n’ibikorerwa mu Rwanda, mu rwego rwo kubyegereza abaturage bo muri aka Karere n’utundi byegeranye.
Sosiyete ya StarTimes icuruza ifatabuguzi ry’isakazamashusho n’ibikoresho bijyanye na byo, irashishikariza abantu kwitabira Poromosiyo ya StarTimes iriho yitwa Dabagira n’Ibyiza bya StarTimes.
Urwego Ngenzuramikorere (RURA) rwatangaje ko guhera ku wa gatandatu tariki ya 04 Mutarama 2020, igiciro cy’ibikomoka kuri peteroli gihindutse ku buryo bukurikira:
Ikigo cy’imari Zigama CSS cyatangaje ko mu igenamigambi ry’umwaka utaha kizashyira imbaraga mu gukoresha ikoranabuhanga rizatuma umunyamuryango abona serivisi zose atagombye kujya kuri Banki, ahubwo akazibona kuri telefoni ye cyangwa mudasobwa.
Abikorera bo mu ntara y’Amajyaruguru barasabwa kunoza ubuziranenge no kongerera agaciro ibyo bakora, kugira ngo ubwo ishoramari ry’isoko rusange rya Afurika rizaba ritangiye gushyirwa mu bikorwa, rizasange bihagazeho kandi biteguye kugaragaza uburyo u Rwanda rumaze kugera ku rwego rwo kongera ingano y’ibikorerwa imbere mu (…)
Ikigo Star Times cya mbere muri Afurika mu gucuruza amashusho afite ikoranabuhanga rigezweho (digital), kiri guha abakiriya bashya n’abasanzwe impano z’iminsi mikuru isoza umwaka wa 2019 n’itangira uwa 2020, binyuze muri poromosiyo nshya ya ‘Dabagira n’ibyiza bya StarTimes’.
Banki ya Kigali (BK) igiye gusaranganya ba rwiyemezamirimo bato miliyoni 25 z’amafaranga y’u Rwanda, zizishyurwa nta nyungu muri gahunda y’irushanwa rizwi nka ‘BK-Urumuri’.
Abacuruzi n’abifuza kohereza ibicuruzwa byabo byakorewe mu Rwanda kandi byujuje ubuziranenge bashyiriweho ikigega gishinzwe kubafasha kugera ku ntego zabo.
Mu Rwanda hatangijwe ku mugaragaro icyambu cyo ku butaka cyiswe ‘Kigali Logistics Platform’, cy’ikigo ‘Dubai Ports World’, kikazorohereza abantu bagera kuri miliyari imwe na miliyoni 200 barimo Abanyarwanda, Abanyafurika muri rusange ndetse n’abo hanze y’uwo mugabane.
StarTimes ishingiye kuri iki cyumweru cyahariwe kwita ku bakiriya (Customer Service Week 2019), no mu rwego rwo gushimira abakiriya bayo, StarTimes yabazaniye poromosiyo ikubita ibiciro hasi kandi mwese murisanga.
Urugaga rw’abikorera mu Rwanda (PSF) rwatangaje ko ku bufatanye n’inzego z’umutekano n’ikigo cy’ubuziranenge, bagiye gushaka uko bakemura ikibazo cy’abacuruzi banusura ibicuruzwa bakiba abakiriya.
Equity Bank yatangiye uburyo bushya bw’ikoranabuhanga bwitwa Eazzypay, aho umukiriya w’iyi banki ashobora kwishyura ibicuruzwa na serivisi yifashishije telefoni kandi adakoze ku mafaranga.
Perezida wa Repubulika Paul Kagame, akaba n’umuyobozi w’Umuryango wa Afurika y’Uburasirazuba, kuwa mbere 16 Nzeri 2019, yakiriye abagize inama y’ubucuruzi muri Afurika y’Uburasirazuba (East African Business Council), baganira ku bibazo byugarije ubucuruzi mu karere.
Mu gihe hari abantu bumva ko abakomisiyoneri babona amafaranga, noneho hagira ubabaza ikintu runaka nk’inzu cyangwa ikibanza kigurishwa, agahita yiyita umukomisiyoneri ako kanya. Nyamara amakoperative y’abakora uyu mwuga avuga ko ibyo bitavuze ko ari umukomisiyoneri.
Nyuma yuko mu mihanda inyuranye mu mujyi wa Musanze, hakomeje kugaragara ubucuruzi bw’imigati itizewe, Ubuyobozi bw’akarere ka Musanze, burasaba abaturage kugira ubushishozi ku biribwa bagura barengera ubuzima bwabo.
Abagurisha amatafari ahiye n’igitaka bo mu murenge wa Nyundo akagari ka Mukondo, umudugudu wa Nkora bahahirana n’umurenge wa Kanama bakoresheje imodoka baravuga ko sosiyete ikora ikiraro gihuza iyi mirenge yahagaritse ubuhahirane bwabo bikaba bimaze kubahombya amafaranga arenga miliyoni 50 mu cyumweru bimaze.
Uruganda rukora ibinyobwa bya Skol (Skol Brewery Ltd) ku wa 16 Kanama 2019 rwerekanye ishusho nshya y’ikinyobwa cya Skol Lager, aho kigaragara mu icupa rishya n’ibirango bishya.
Perezida Kagame avuga ko bisaba ubushishozi kugira ngo umuntu yumve ukuntu ibicuruzwa byoroherezwa kwinjira mu bihugu bitandukanye bya Afurika ariko koroshya urujya n’uruza rw’abantu bikaba bitaramera nk’uko byifuzwa.
Uhagarariye Amerika mu mishinga y’Umuryango w’Abibumbye(UN) i Burayi, Tom Kip yasomye ku rwagwa ahita yizeza abahinzi-borozi ko azakomeza kubasabira amafaranga.
Mutaganda Aloys wo mu karere ka Kicukiro, yakoze mu ruganda rukora ibikomoka ku bitoki mu gihe cy’imyaka isaga 30, bituma ashinga urwe agiye muri pansiyo ku buryo bimufasha mu buzima bwe bwa buri munsi.
Iyo kandagirukarabe ikozwe mu buryo bwa kijyambere ariko ukabona yarakozwe hagendewe ku zo tumenyereye, ikaba ifite ahajya amazi meza, ahamanukira ayakoreshejwe n’ahajya isabune y’amazi.
Nyuma yo kubona ko byajyaga bigorana mu kwishyura ngo abantu binjire, urugaga rw’abikorera mu Rwanda (PSF) mu imurikagurisha ririmo kuba ku nshuro ya 22, rwashyizeho uburyo bushya bwo kwishyura hakoreshejwe telefoni (Mobile Money).
Minisiteri y’Ibikorwaremezo (MININFRA) ku bufatanye na sosiyete ya Bboxx, yatangije uburyo bushya bwo kugura gaze yo gutekesha bitewe n’amafaranga umuntu afite, ahereye kuri 500Frw.
‘Mu isarura ry’ibihingwa byo mu gihembwe cy’ihinga A mu mwaka wa 2019 ntabwo umusaruro wabonetse neza kubera imvura yaguye nabi igatuma imyaka irumba.’
Abahoze babunza ibicuruzwa (abazunguzayi) baravuga ko igihe bahawe cyo gucururiza mu isoko batishyura ubukode n’imisoro, ngo kibashiranye bakiri abo gusubira ku mihanda.
Ikigo cy’igihugu cy’imisoro n’amahoro (RRA) gitangaza ko ibibazo bya Politiki biri mu bihugu byo mu muryango wa Afurika y’Iburasirazuba (EAC) kitagabanyije imisoro yinjira mu gihugu kuko ubucuruzi butigeze buhagarara.
Minisitiri w’Ubutegetsi bw’Igihugu, Prof Shyaka Anastase, yasuye isoko ry’ubucuruzi bwambukiranya umupaka uhuza Goma na Gisenyi ntiyanyurwa n’imikorere yaryo.
Minisiteri y’Ubucuruzi n’Inganda (MINICOM) yashyize ahagaragara ingamba zafashwe zigamije kunoza ibyerekeranye n’imikino y’amahirwe, ari na yo ibamo ibyitwa ibiryabarezi byakunze kwinubirwa n’abantu batandukanye, bagaragaza ko nta nyungu babibonamo ahubwo ko bigamije kubakenesha.
Abakora ubucuruzi bubasaba gupfunyikira abakiriya barinubira ubuke bwa ambaraje za kaki zisanzwe zemewe gupfunyikwamo, butuma bakoresha ibipfunyika bitujuje ubuziranenge.
Umuryango uharanira amahoro witwa Alert international uravuga ko ugiye gushora Miliyoni zirenga eshanu z’Amadorali ya Amerika mu gufasha abagore bakora ubucuruzi bwambukiranya imipaka bo mu karere k’ibiyaga bigari binyuze mu mushinga witwa Mupaka Shamba letu mu gihe cy’imyaka ine.