Perezida wa Mozambique Filipe Nyusi, uri mu ruzinduko mu Rwanda, yasuye imipaka ihuza u Rwanda Na Congo mu Karere ka Rubavu, avuga ko Abanyafurika bagomba gufungurirwa imipaka bagakoresha amahurwe bafite.
Ministeri y’Ubucuruzi n’Inganda (MINICOM), ivuga ko izakomeza korohereza abacuruzi bato b’ibyambukiranya imipaka, ishingiye ku kamaro bafite mu bukungu no kubanisha neza ibihugu.
Abagenzi batangiye kwinubura uburyo bukoreshwa mu kwishyura mu modoka rusange zikorera muri Kigali buzwi nka Tap&Go, bavuga ko basigaye bibwa kubera serivisi zitanoze.
Guverinoma y’u Rwanda yagejeje umushinga wayo ku banyemari mpuzamahanga, kugira ngo bayishyigikire muri gahunda yo kwishyura hakoreshejwe ikoranabuhanga.
Abaturage barema isoko rya Ruhanga ryo mu Murenge wa Mubuga muri Karongi bahangayikishijwe n’abajura biba ibicuruzwa byabo nijoro, kubera isoko ridafite amatara.
Minisiteri y’ubuhinzi n’ubworozi (MINAGRI) irasaba abikorera kugura no kubyaza umusaruro amata aboneka hirya no hino mu Gihugu.
Guverinoma y’u Rwanda yafashe icyemezo cyo kwishyurira imisoro abacuruzi bari kuzagirwaho ingaruka no gukurirwaho imisoro ku bicuruzwa boherezaga muri Amerika.
Haracyari umubare mwinshi w’Abanyarwanda batarasobanukirwa akamaro ko kwandikisha umutungo bwite ushingiye ku bwenge, ugasanga abandi bayibatwaye akaba aribo bayibonaho inyungu.
Abanyarwanda bakora ingendo zigana muri Amerika basubijwe, nyuma y’uko sosiyete ya RwandAir iherewe uburenganzira bwo gukorera ku butaka bw’icyo gihugu.
Ubuyobozi bw’Ikigo gishinzwe amabuye y’agaciro, ibikomoka kuri Peteroli na Gaz (RMB) buratangaza ko mu mwaka w’imihigo wa 2017/2018 cyari cyihaye intego yo kwinjiza miliyoni 240 z’Amadorali y’Amerika none cyarayirengeje cyinjiza Miliyoni 373 z’Amadorali ya Amerika.
Abahinzi b’ibigori bo mu Murenge wa Kibeho muri Nyaruguru bemeza ko bagiye kugera ku bukire kuko babonye isoko ry’ibigori byabo rihoraho kandi ku giciro bishimira.
Minisiteri y’Ubucuruzi n’Inganda (MINICOM) itangaza ko abacuruzi 30 bo muri Kigali bahanwe bazira gucuruza sima ku giciro kiri hejuru y’icyagenwe bitwaje igabanuka ryayo ku isoko.
Urugaga Nyarwanda rw’abikorera(PSF) rwatangaje ko imurikagurisha mpuzamahanga rya 21 riteganijwe gutangira muri Nyakanga uyu mwaka rizamara ibyumweru bitatu.
Togo yasinyanye amasezerano n’u Rwanda arwemerera gukoresha ibibuga by’indege byose by’icyo gihugu, ibyo ngo bikazatuma ubwikorezi bworoha ku buryo n’ibirayi by’u Rwanda byacuruzwayo.
Minisitiri w’Ibikorwa remezo n’ubwikorezi muri Togo, Ninsao Gnofam, yavuze ko bitumvikana uburyo Rwandair ku rwego rw’imitangire ya serivisi igezeho hari ibihugu bikiyima aho gukorera.
U Rwanda rwizeye inyungu mu gukoresha ibibuga by’indege bya Ghana, aho Rwandair izajya izenguruka muri icyo gihugu no hanze yacyo.
Minisitiri w’Ubucuruzi n’Inganda Vincent Munyeshyaka yihanangirije abacuruzi ba Sima y’u Rwanda ko badakwiye guhenda abaturage bitwaje ko yabuze.
Umubare w’abaturage baguraga gazi n’abayikoreshaga mu Rwanda urimo kugenda ugabanuka, kubera abayicuruza bakomeza kuzamura ibiciro byayo kandi bakabikora ku giti cyabo nta mabwiriza bahawe.
Rwandair yatangiye ingendo zerekeza mu Mujyi wa Cape Town muri Afurika y’Epfo, mu gitondo cyo kuri uyu wa Gatatu tariki 16 Gicurasi 2018.
Umusore witwa Ngabo Francois Jean de Dieu ni umwe mu banyamideli bamaze kumenyekana mu Ntara y’Uburengerazuba kubera uko imyenda ya Kinyafurika.
Banki ya Kigali (BK) yatangije uburyo bushya bwo kuguriza abakiriya bayo amafaranga bakoresheje telefone zabo (BKquick), bakayabona mu gihe kitageze ku munota.
Ikigo ngenzuramikorere (RURA) cyatangaje ko ibiciro by’ibikomoka kuri Peteroli mu Rwanda byongeye kuzamuka.
Abadozi bo mu Rwanda bemeza ko imyenda badoda idahenze ahubwo ko ikibazo giterwa n’abayibaranguraho bakajya kuyicuruza bayihenze bitewe n’aho bayigurishiriza.
Umusore wabaye inzererezi akajya anywesha amazi ihembe ry’inka kubera ubukene, yaje kujijuka amenya kurikoramo ibintu bitandukanye birimo ibikombe, amasorori, amasahane, imikufi n’imitako, ibisokozo n’ibipesu.
Abikorera bo mu Ntara y’Amajyepfo bavuga ko ibiciro bihanitse by’amashanyarazi n’inyungu nini amabanki asaba biri mu bibangamira ishoramari mu Rwanda.
Umujyi wa Kigali wanyomoje amakuru yari amaze iminsi ahwihwiswa ko nta bisi izwi nka “Coaster” izongera gukandagira mu muhanda, zigasimbuzwa bisi nini zigezweho.
Imvura imaze iminsi igwa mu Rwanda cyane cyane mu Mujyi wa Kigali ntiyangirije abafite amazu gusa, kuko hari n’abacuruzi yahomeje amafaranga atabarika.
Imbuto za Pomme n’imizabibu ziva muri Afurika y’epfo zifite agaciro k’amafaranga y’u Rwanda hafi miriyoni, zangijwe nyuma yo guhabwa akato aho bigaragariye ko zikomeje gutera indwara zidasanze zikomeje gutwara abantu ubuzima.
Urugaga rw’amakoperative 100 acukura amabuye y’agaciro rwari rwarasenyutse kuva muri 2014, rwongeye kwiyubaka rwiyemeza gufatanya n’abandi kubahiriza icyufuzo cya Leta.
Ikigo cy’igihugu gishinzwe imirimo ifitiye igihugu akamaro (RURA), cyatangaje ko ibiciro byo gutwara abantu n’ibintu mu Mujyi wa Kigali byazamutseho 5% na 7% ku ngendo zo mu Ntara.