Perezida wa Repubulika Paul Kagame yabwiye abitabiriye inama y’ishoramari ihuza ibihugu 20 bikize ku isi n’ibihugu byo ku mugabane wa Afurika, izwi nka Compact with Africa (CwA), ko igihe kigeze ngo bashore imari mu Rwanda no muri Afurika, kuko ubu uyu mugabane uberanye n’ishoramari ry’amahanga.
Ikigo cy’igihugu gishinzwe imicungire y’amakoperative, Rwanda Cooperative Agency (RCA), kiravuga ko politiki nshya igenga amakoperative, yitezweho kwimakaza ishoramari, ikoranabuhanga n’imikorere bigamije kwagura ibikorwa no kongera umubare w’abazigana.
Mu nama y’inteko rusange y’abanyamuryango ba koperative umurenge sacco yo mu murenge wa Tumba mu karere ka Huye (RATUSA), byagaragaye ko mu mwaka ushize wa 2018, ku bantu 133 bari batse inguzanyo, habonetsemo 40 bishyuye nabi, naho muri 2019 ho hari abantu 28 ku 125 bishyuye nabi inguzanyo bafashe.
Minisiteri y’Ubucuruzi n’Inganda iragira inama abikorera bo mu ntara y’Amajyepfo guhuza imbaraga bakabasha kugera ku bikorwa binini aho kwihugiraho.
Perezida wa Repuburika y’u Rwanda Paul Kagame yageze muri Afurika y’Epfo aho yitabiriye ihuriro rya kabiri ry’ishoramari muri Afurika.
Banki ya Kigali yaje ku rutonde rwa banki 100 za mbere muri Afurika mu mwaka wa 2019.
Ibihugu by’u Rwanda na Hong-Kong byateye intambwe ya mbere mu mubano ushingiye ku bucuruzi impande zombi ziteganya gushyiramo imbaraga mu minsi iri imbere.
Abacuruzi bakorera mu nyubako ya Champion Investment Corporation (CHIC), mu Mujyi wa Kigali baratangaza ko ubuyobozi bw’iyi nyubako bwababereye nk’umubyeyi, kuko ubu bakora ubucuruzi bwabo mu mutekano kandi batangiye kubona abakiriya.
Perezida wa Repubulika Paul Kagame yavuze ko kimwe mu byatuma umugabane wa Afurika utera imbere ari uko ibihugu byose byakoroshya urujya n’uruza, abaturage bakabasha gucuruza no guhahirana.
Perezida wa Repubulika Paul Kagame yamaze kugera i Brazaville muri Repubulika ya Congo, aho yitabiriye inama y’ihuriro ya gatanu ku ishoramari muri Afurika (Investing In Africa Forum).
Banki ya Kigali (BK) yihaye intego ikomeye yo kuba yageze ku mutungo mbumbe wa miliyari ebyiri z’Amadolari ya Amerika (asaga miliyari igihumbi na magana inani na mirongo ine z’Amafaranga y’u Rwanda) mu myaka itandatu iri imbere, ngo ikazabigeraho biciye mu kongera abakiriya.
Ikigereranyo cy’inkunga ihabwa ba rwiyemezamirimo b’abagabo n’ihabwa ba rwiyemezamirimo b’abagore bo ku mugabane wa Afurika kigaragaza ikinyuranyo kinini cyane kingana na miliyari 42 d’Amadorali ya Amerika, hagati y’izo nkunga, abagabo bakaba ari bo bahabwa menshi.
Isosiyete y’ishoramari ‘Multi-Sector Investment Group’ (MIG), irahumuriza abaturage bo mu turere twa Nyamagabe, Huye na Nyaruguru bakekaga ko imigabane baguze yaburiwe irengero.
Banki y’Abaturage y’u Rwanda (BPR Plc) irateganya kwimukira mu nyubako yayo nshya ari na cyo cyicaro gikuru cyayo. Iyo nyubako iri iruhande rw’aho yari isanzwe ikorera mu Kiyovu mu Mujyi wa Kigali, bikaba biteganyijwe ko izayimukiramo bitarenze Ukwakira uyu mwaka wa 2019.
Abanyamahirwe batandatu bamaze gutombora miliyoni esheshatu z’amafaranga y’u Rwanda muri gahunda ya ‘Ikof’ Banki ya Kigali (BK) yashyiriyeho abahinzi, mu rwego rwo kubafasha gukemura ibibazo bahuraga na byo mu kazi kabo.
Ubuyobozi bw’Intara y’Iburengerazuba bwatangaje ko Hoteli Kivu Marina Bay yo mu Karere ka Rusizi izatahwa muri Kamena uyu mwaka wa 2019.
Col. Twahirwa Dodo arasaba akarere ka Nyagatare kwemera kagasubizwa umugabane kari gafite kuri gare ya Nyagatare, maze ikegurirwa RFTC ari ryo huriri rya za koperative zitwara abantu n’ibintu.
Mu gihe isi yose yizihiza umunsi mpuzamahanga w’umurimo buri tariki ya mbere Gicurasi, rwiyemezamirimo Uwitije avuga ko iyo umukoresha yitaye ku bakozi be ari cyo gituma bakunda akazi, bagatanga umusaruro.
Leta y’u Rwanda yasinyanye amasezerano y’imyaka itanu n’igihugu cy’u Bubiligi y’impano ya miliyoni 120 z’ama Euros, azafasha u Rwanda kwihutisha iterambere mu buvuzi, ubuhinzi, no guteza imbere umujyi wa Kigali n’iwunganira.
Abaturage barema isoko rya Vunga, riherereye mu Murenge wa Shyira mu Karere ka Nyabihu, ngo babangamiwe n’icyemezo cyafashwe cyo guhagarika imodoka za Twegerane (akenshi zo mu bwoko bwa Hiace), aho bavuga ko ingendo zabo zitagikorwa neza.
Muhire Jean Marie Vianney ushinzwe uburezi mu rugaga nyarwanda rushinzwe guteza imbere no kugenzura ababaruramari b’umwuga (ICPAR) ahamagarira urubyiruko kuyoboka amasomo abahesha impamyabushobozi zituma baba abanyamwuga mu ibaruramari (Professional Courses).
ubuyobozi bw’Akarere ka Rubavu bwamurikiye abashoramari amahirwe y’ishoramari mu Karere mu bucuruzi n’ubukerarugendo.
Inama y’igihugu y’abafite ubumuga (NCPD) itangaza ko inkunga ndetse n’inguzanyo zigenerwa abafite ubumuga byatumye abasaga 1500 bihangira imirimo ibafasha kwitunga ntibasabirize.
Minisitiri w’Ububanyi n’Amahanga w’Ubuyapani wungirije, Kenji Yamada, yiyemeje kongera umubare w’Abayapani bashora imari yabo mu Rwanda.
Mu gihe abaturage bakomeje gukangurirwa gukoresha ibikorerwa mu Rwanda muri gahunda ya Made in Rwanda ,bamwe mu bagore bo mu karere ka Rusizi bakora imirimo y’ubukorikori mu rwego rwo kwiteza imbere binyuze muri iyi gahunda baravuga ko bakomeje guhangayikira ibikoresho by’ingenzi bibafasha muri ibyo bikorwa.
Christelle Kwizera washinze umushinga wo gukwirakwiza amazi mu gihugu ″Water Access Rwanda″, avuga ko Imbuto Foundation yamuremyemo icyizere agera ku bikorwa by’indashikirwa aho ubu akoresha abagera kuri 50 akaninjiza arenga miliyoni 280 ku mwaka.
Sosiyete SANLAM yo muri Afurika y’Epfo yaguze imigabane 100% y’ibigo bikomeye by’ubwishingizi bisanzwe bikorera mu Rwanda bya SORAS na SAHAM, ikizeza Abanyarwanda serivisi nziza.
Mu rwego rwo gufasha abantu kubasha gushora amafaranga yabo ku isoko ry’imari n’imigabane, Banki ya Kigali yashyize ku mugaragaro ishami ryayo rishya ryo gufasha abantu gushora imari yabo kugirango bibabyarire umusaruro, BK Capital.
Eng. Jean de Dieu Uwihanganye, umunyamabanga wa leta muri minisiteri y’ibikorwaremezo, aravuga ko mu gihe cya vuba u Rwanda rutangira kwakira imurikabikorwa ry’indege ziguruka mu kirere, nk’uburyo bwo guteza imbere uru rwego, mu gihe kuri ubu bazerekana ariko zihagaze ahantu hamwe.
Umuryango w’Ubumwe bw’Uburayi (EU) uzakomeza gufatanya n’u Rwanda mu bintu bitandukanye birimo cyane cyane ibijyanye n’iterambere ry’ubukungu bw’u Rwanda hongerwa ishoramari.