Perezida wa Benin, Patrice Talon, ari mu Rwanda mu ruzinduko rw’iminsi itatu aho biteganyijwe ko azasura igice cyahiriwe inganda n’ubucuruzi (Free Trade Zone) n’Ikigo cy’Igihugu cy’Itermambere (RDB).
Abanyamuryango ba FPR-Inkotanyi mu Murenge wa Byimana mu Karere ka Ruhango baravuga ko banejejwe cyane no kuba bungutse abanyamuryango bashya 33.
Ubwongereza butangaza ko kuva kwabwo mu Muryango w’Ubwumwe bw’Ibihugu by’Uburayi (EU) ntacyo bizahungabanya ku mibanire yabwo n’u Rwanda.
Umunyarwanda Dr Donald Kaberuka, wahoze ayobora Banki Nyafurika itsura Amajyambere (BAD), ari mu bahabwa amahirwe yo kuba yayobora Umuryango w’Afurika yunze Ubumwe (AU) aramutse yiyamamarije uwo mwanya.
PL “Parti Liberal” riharanira ukwishira ukizana ririshimira intambwe rimaze kugera mu myaka 25 rimaze ryinjiye muri politiki.
Nyuma y’urupfu rw’Umurundikazi Hafsa Mossi wari umudepite muri EALA rwabaye mu gitondo ku wa13 Nyakanga 2016, impunzi mu Nkambi ya Mahama zirakeka ko yazize guhangayikishwa n’ubuzima bwazo.
Ubuyobozi bw’Akarere ka Karongi buvuga ko gukemurira ibibazo by’abaturage mu ruhame bituma abashaka kubeshya babeshyuzwa na bagenzi babo.
Umuryango w’Aba-Islam mu Rwanda (RMC) uvuga ko Leta y’Ubumwe yababohoye kimwe n’abandi Banyarwanda ikanababohora mu buryo bw’idini.
Komite Nyobozi y’Ihuriro ry’Inteko zishinga amategeko z’Akarere k’Ibiyaga Bigari (ICGLR), irasaba ibisubizo by’umutekano muke kugira ngo akarere kose kadahungabana.
Minisitiri w’Intebe wa Isiraheli, Benjamin Netanyahu, ategerejwe mu Rwanda kuri uyu wa 6 Nyakanga 2016, mu ruzinduko arimo mu bihugu by’Afurika y’Uburasirazuba, birimo Uganda, Kenya, Ethiopia ndetse n’u Rwanda.
Abadepite bongeye kunenga imikorere y’abanyamabanga nshingwabikorwa b’utugari, ubwo babasuraga abaturage mu mirenge bagenzura ibibazo bahura na byo.
Abaturage baganiriye na Kigali Today barashimangira ko itariki ya 1 Nyakanga ya buri mwaka itabashishikaje cyane, nubwo uba ari umunsi w’akaruhuko.
Mu kugaragaza ibibazo basanze mu baturage , itsinda ry’abadepite basuye Akarere ka Kamonyi, banenze abayobozi b’inzego z’ibanze bahohotera abaturage.
Abayobozi mu nzego zitandukanye mu turere twa Rusizi na Nyamasheke barasabwa kutarebera ibidahwitse mu bikorwa by’amatora hirindwa gutora abadafite akamaro.
Abanyamuryango ba FPR Inkotanyi mu Burasirazuba barasabwa kwita ku muturage no kumuteza imbere kuko ari we iryo shyaka rishyize imbere.
Abanyamuryango ba FPR/INKOTANYI bo mu Karere ka Rutsiro binenze kubera ko batabashije gutanga imisanzu bari bariyemeje.
Abanyamuryango ba FPR Inkotanyi mu Karere ka Gakenke barasabwa kuba abanyamuryango nyabo bakarushaho gukora ibikorwa bitezimbere Abanyarwanda.
Ubwo abajyanama b’Akarere ka Nyamasheke bakoraga inama yabo ya mbere, bavuze ko bagiye guhindura imikorere bakajya bagira uruhare mu gukemura ibibazo by’abaturage.
Umuvunyi Mukuru wa Kenya, akaba n’Umunyamabanga w’Ishyirahamwe ry’Abavunyi muri Afurika, Dr Otiende Amollo yaje mu Rwanda kureba ibijyanye n’itangwa ry’amakuru.
Minisitiri w’Ubutegetsi bw’Igihugu avuga ko nta kintu runaka giteganyirizwa abayobozi b’uturere bashoje manda ariko ngo aho bishoboka bashobora gufashwa gusubira mu buzima busanzwe.
Abayobozi b’inzego z’ibanze mu Ntara y’Amajyepfo barasabwa kwegera abaturage bakabakemurira ibibazo bakirinda kwikorera amarira n’imivumo yabo.
Perezida wa Tanzaniya, Dr. John Pombe Magufuli, azasura u Rwanda ku munsi w’ejo tariki 06 Mata 2016 akaba ari rwo rugendo rwa mbere azaba akoreye hanze y’igihugu kuva yatorwa kuyobora icyo gihugu.
Abo mu muryango wa nyakwigendera Amb Jacques Bihozagara bimwe umurambo we ngo bajye kuwushyingura na bo barikomwa ku buryo ubuzima bwabo buri mu kaga.
Abaturage bo mu Karere ka Rubavu basabye Perezida Paul Kagame kutemerera amadini ya shitani gukorera mu Rwanda bituma anavuga ku nyigisho z’ubwihebe zatangiye kugera mu Rwanda.
Mu Nama Njyanama y’Aarere ka Kamonyi yatarenye kuri uyu wa 16 werurwe 2016, abajyanama biyemeje kwegera abaturage, kuko abacyuye igihe ari byo banezwe.
Urubyiruko rwo mu bihugu by’Ibiyaga Bigari ngo rusanga nta mwanya uhagije rufite mu nzego zifata ibyemezo bigatuma ruhora rutekererezwa.
Abakandida biyamamariza mu Murenge wa Kibungo kumyanya ya Njyanama y’Akarere ka Ngoma ari naho hazatorwamo ukayobora, abaturage barasaba gusezeranya ibyo bazakora.
Abakandida umunani bashaka guhagararira Umurenge wa Runda mu Nama Njyanama y’Akarere ka Kamonyi, biyamamaza bizeza abaturage gukemura ikibazo cy’imihanda n’icy’imyubakire.
Manda z’abayobozi b’inzego z’ibanze zirangiye bimwe mu byo bari bariyemeje mu karere ka Rusizi bitarangiye, kubera imikoranire idahwitse ya ba rwiyemezamirimo bahabwa amasoko.
Kuri uyu wa 30 Ukuboza 2015, Umurenge wa Mukamira wakoze ibirori wizihiza ko abaturage bawo batoye 100% ivugururwa ry’itegekonshinga binyuze muri Referendumu.