Bizimana Claude, Umukozi ushinzwe Uburezi mu Karere ka Gicumbi, yarahiriye kuba umuryango wa FPR Inkotanyi ngo abitewe no gusobanukirwa ibyiza byayo.
Abanyamuryango ba FPR Inkotanyi mu Murenge wa Bugeshi bafashije umurenge n’umuryango kugera ku byo biyemejwe bashimiwe n’inteko rusange y’umuryango.
Mu Nteko Rusange y’Umuryango wa FPR-Inkotanyi yateranye kuri uyu wa 29 Ugushyingo 2015, abanyamuryango bagaye abangiza isura y’umuryango bakora ibinyuranye n’amahame yawo.
Bamwe mu bayoboke b’Ishyaka riharanira Ukwishyira Ukizana, PL, barasaba ubuyobozi bw’iryo shyaka kubabwira amaherezo y’umutungo waryo wanyerejwe.
Kuri uyu wa 24 Ugushyingo 2015, Umutwe w’Abadepite washyikirije Guverinoma Itegeko Nshinga rya Repubulika y’u Rwanda rivuguruye usaba Kamarampaka.
Inteko Ishinga Amategeko, Umutwe w’Abadepite, imaze kwemeza umushinga ku ivugururwa ry’Itegeko-Nshinga nyuma y’’uko Sena iwukoreye ubugororangingo.
Ishyaka riharanira ukwishyira ukizana (PL) rirahamagarira abayoboke baryo kudasuzugura umurimo mu gihe ushobora kubeshaho umuntu.
Umushinga w’Itegeko Nshinga rishya usigaje intambwe ebyiri za nyuma kugira ngo uhinduke Itegeko, nk’uko Sena yabyemeje none tariki 17/11/2015.
Abanyamuryango b’ishyaka PL mu Ntara y’Iburengerazuba bibukijwe ko ntawe ukira atakoze, basabwa kugira umuco wo gukunda umurimo ndetse n’igihugu.
Ubuyobozi bw’ishyaka PPC burakangurira abayoboke baryo gutinyuka bakiyamamariza imyanya ifata ibyemezo mu matora y’inzego z’ibanze ateganyijwe umwaka utaha wa 2016.
Minisitiri w’Uburezi mu Rwanda avuga ko abakora mu burezi barangije itorero bitezweho impinduka mu kazi hagendewe ku ndangagaciro batahanye.
Mu nama yahuje abayobozi b’Akarere ka Gasabo n’abafatanyabikorwa bako, biyemeje kuzaba aba mbere mu mihigo itaha bahereye ku ntambwe bateye ubushize.
Inama njyanama y’Akarere ka Rulindo icyuye igihe, yateranye kuri bagaragarizwa ibyavuye mu isuzuma ry’imihigo y’umwaka ushize wa 2014-2015.
Ikigo cy’igihugu cy’Imiyoborere, RGB gisanga kugeza JADF ku rwego rw’Intara ari bumwe mu buryo bwo gufasha mu iyeswa ry’imihigo y’Uturere.
Mu mabara agize ibendera ry’umuryango wa FPR Inkotanyi hagaragaramo ibara ry’umutuku nk’ikimenyetso gisobanuye “Kwitangira igihugu byaba ngombwa ukakimenera amaraso.” Tariki ya 1 Ukwakira idufasha gusubiza amaso inyuma tukareba bimwe mu ishingiro ry’ubwo bwitange bwanateye bamwe kumenera igihugu amaraso.
Nyuma y’iburanisha ry’urubanza ishyaka Green Party ryarezemo Leta risaba kudahindura Itegeko Nshinga, Perezida waryo, Habineza Frank, yavuze ko nadatsinda azajuririra Perezida wa Repubulika.
Uwamariya Odette uyobora Intara y’Iburasirazuba, akaba asanzwe ari Umunyamuryango wa FPR Inkotanyi, ni we wongeye gutorerwa kuyobora uwo muryango mu matora y’abagize inzego za FPR ku rwego rw’Intara y’Iburasirazuba arimo kubera i Rwamagana kuri uyu wa 28 Kamena 2015.
Atorerwa kuba Umuyobozi w’umuryango wa FPR mu Karere ka Kirehe, Muzungu Gerald, yasabye abayoboke b’umuryango guharanira icyateza umuryango imbere hagendewe ku nyungu rusange z’Umunyarwanda asaba Abanyamuryango kwirinda amarangamutima bakingira ikibaba umuntu wese wambika umuryango wa FPR isura mbi.
Umukuru [mushya] w’Umuryango FPR Inkotanyi mu Karere ka Rwamagana, Uwamariya Odette, akaba na Guverineri w’Intara y’Iburasirazuba, arasaba abanyamuryango ba FPR muri aka karere kubaka ubufatanye kugira ngo babashe guteza imbere akarere kabo gafite amahirwe menshi ariko kagakunda kugaragara inyuma mu ruhando rw’imihigo.
Ubuyobozi bw’Ishyaka Riharanira Ukwishyira Ukizana kwa buri muntu “PL” mu Ntara y’Amajyepfo, burahamya ko igihe cyose umurwanashyaka wabo azaba atubahiriza gahunda za Leta, azaba atakinabashije kuba umuyoboke w’iri shyaka.
Abayoboke b’ishyaka PSD mu Karere ka Kirehe, muri kongere y’ishyaka ryabo ku rwego rw’akarere kuri uyu wa 14 Werurwe 2015 barasabaye ko ibikorwa remezo byakongerwa hahangwa imirimo mu kurwanya ubushomeri bwugarije urubyiruko.
Abarwanashyaka b’ishyaka rihanira imibereho myiza y’abaturage na Demokarasi (PSD) mu karere ka Ruhango, baravuga ko badateganya kuziyomeka ku yandi mashyaka mu matora, nk’uko bikunze kugaragara kuri amwe mu mashyaka agera mu gihe cy’amatora ugasanga ahaye amajwi yayo andi mashyaka.
Ishyaka riharanira demokarasi no kurengera ibidukikije mu Rwanda, Democratic Green Party(DGP), ryishimiye kuba ryemerewe gukorera mu gihugu guhera kuri uyu wa gatanu tariki 09/8/2013, nyuma y’imyaka ikabakaba itanu ryari rimaze rishinzwe.
Mu biganiro (sondage) abanyamakuru ba Kigali Today bakorera mu Ntara y’amajyepfo bagiranye n’abaturage bo mu turere bakoreramo mu mpera z’ukwezi kwa Gashyantare, abasaga 80% bagaragaje ko bifuza ko Perezida Kagame Paul yaziyamamariza manda ya gatatu.
Mu kiganiro Perezida w’u Rwanda Paul Kagame yagiranye n’abanyamakuru yavuze ko impinduka zabaye muri Guverinoma muri icyi cyumweru zitahinduye ikipe ikora neza, ngo byari bikenewe kwimurira abakinnyi mu yindi myanya.
Ambasaderi w’u Rwanda muri Nigeria, Joseph Habineza, arahamagarira abayobozi ba Afurika kwita ku bibazo byabo no guharanira kwishakamo ibisubizo, kuruta uko barangamira ibihugu byateye imbere kuba aribyo biza kubicyemura.
Abanyamuryango ba FPR-Inkotanyi barasabwa kudahagarara mu bikorwa bagezeho, bagakomeza kugira uruhare mu byateza imbere igihugu, nk’uko byatangajwe n’Umuuyobozi w’umuryango mu kagali ka Kamashangi, ubwo hizihizwaga isabukuru yawo y’imyaka 25 ku rwego rw’akagali.
Guvernema yatsinze Inteko ishinga amategeko mu mukino wo kugeragezanya, naho Ministeri y’ingabo (MINADEF) n’ikigo gishinzwe umutungokamere (RNRA), byegukana ibikombe muri shampiyona yari imaze umwaka.
Abanyamuryango ba FPR-Inkotanyi mu karere ka Ruhango bafashe ingamba ko bagiye guhangana n’ikibazo cy’ubukene bashishikariza abaturage guhinga mu buryo bugezweho bujyanye n’ikoranabuhanga.
Abasenateri bagize komisiyo ya politiki n’imiyoborere myiza basuye akarere ka Kirehe, tariki 31/01/2012, bishimiye uburyo ako karere gashyira mu bikorwa ibyo kiyemeje ndetse n’uburyo gakorana n’abafatanyabikorwa.