Akarere ka Kirehe kishimiye uko amatora ya Referandumu yagenze gahembera Umurenge wa Kigarama wabaye uwa mbere mu karere mu gutora “Yego”.
Abaturage ba Rusizi bakoze urugendo rwo kwishimira intsinzi mu matora ya Referandumu ariko bavuga ko bagitegereje yego y’umukuru w’igihugu.
Nyuma yo kwemererwa gutora batari kuri lisiti y’itora bahisemo kwigurira impapuro ngo babandikire icyangombwa kibibemerera ntibatahire aho.
Abatuye Gisagara baratangaza ko atari bo babona umunsi w’amatora w’ejo ku itariki 18 Ukuboza ugeze, ngo bajye gushimangira ubusabe bwabo.
Bamwe mu baturage bo mu karere ka Ngororero batarabona amakarita y’itora batanagaragara ku malisiti y’itora bababajwe n’uko batazabasha gutora
Abaturage bo mu karere ka Ngororero bavuga ko nta wabasha kubajya mu matwi mu gutora itegeko nshinga kuko ari bo babyisabiye.
Abaturage bo mu karere ka Gicumbi gutora “Yego” nibyo bizabahesha andi mahirwe yo gukomeza kuyoborwa na perezida Kagame nk’uko babyifuzaga.
Bamwe mu baturage bo mu Karere ka Rubavu bijeje Inteko Ishinga Amategeko kuzatora “Yego” muri referendum kandi bayituma kuri Perezida Kagame ngo azabasure bishimane.
Nyirabikari Theresie,w’imyaka 90 utuye mu Kagari ka Kibare mu Murenge wa Mutendeli mu Karere ka Ngoma arashimira Perezida Paul Kagame ngo wamukuye muri nyakatsi.
Abaturage bo mu Murenge wa Gatore mu Karere ka Kirehe basanga intumwa za Rubanda zikwiriye igihembo nyuma yo kumva ubusabe bwabo bakaba bafite icyizere cyo kugumana Perezida Paul Kagame.
Minisitiri w’Ubwongereza ushinzwe Ibibazo by’Afurika, James Duddridge, avuga ko u Rwanda rushobora kugira icyo rukora ku bibazo bya politiki byugarije u Burundi ari yo mpamvu yarusuye.
Abaturage bo mu Bugesera barashima intumwa za rubanda ko zitirengaje ibitekerezo bazihaye ubwo bakiraga ibitekerezo by’abaturage ku ivugururwa Itegeko Nshinga.
Abaturage bo mu Murenge wa Kinihira mu Karere ka Ruhango, bishimiye ko Inteko Inshingamategeko yise ku byifuzo byabo ku ngingo y’101 yahindurwa.
Mu biganiro intumwa za rubanda zigirana n’abaturage ku matora ya referendum yo ku wa 18 Ukuboza 2015 bazitangarije ko biteguye gutora yego nk’inzira zerekeza ku cyifuzo cyabo cyo kuyoborwa na Perezida Kagame.
Perezida Paul Kagame akaba n’Umuyobozi wa FPR Inkotanyi yatangaje ko ibizava muri Kamarampaka (Referendum) ari cyo gisubizo cy’abashaka ko akomeza kuyobora.
Abanyamuryango ba FPR-Inkotanyi basabwe gukora badasobanya, bagaharanira ishema n’agaciro by’Abanyarwanda bihutisha iterambere ritagira uwo risiga inyuma.
Mu nteko rusange y’abanyamuryango ba FPR Inkotanyi mu Karere ka Gicumbi bishimiye ibyo bagezeho mu mwaka wa 2014-2015 biyemeza no kubisigasira.
Bizimana Claude, Umukozi ushinzwe Uburezi mu Karere ka Gicumbi, yarahiriye kuba umuryango wa FPR Inkotanyi ngo abitewe no gusobanukirwa ibyiza byayo.
Abanyamuryango ba FPR Inkotanyi mu Murenge wa Bugeshi bafashije umurenge n’umuryango kugera ku byo biyemejwe bashimiwe n’inteko rusange y’umuryango.
Mu Nteko Rusange y’Umuryango wa FPR-Inkotanyi yateranye kuri uyu wa 29 Ugushyingo 2015, abanyamuryango bagaye abangiza isura y’umuryango bakora ibinyuranye n’amahame yawo.
Bamwe mu bayoboke b’Ishyaka riharanira Ukwishyira Ukizana, PL, barasaba ubuyobozi bw’iryo shyaka kubabwira amaherezo y’umutungo waryo wanyerejwe.
Kuri uyu wa 24 Ugushyingo 2015, Umutwe w’Abadepite washyikirije Guverinoma Itegeko Nshinga rya Repubulika y’u Rwanda rivuguruye usaba Kamarampaka.
Inteko Ishinga Amategeko, Umutwe w’Abadepite, imaze kwemeza umushinga ku ivugururwa ry’Itegeko-Nshinga nyuma y’’uko Sena iwukoreye ubugororangingo.
Ishyaka riharanira ukwishyira ukizana (PL) rirahamagarira abayoboke baryo kudasuzugura umurimo mu gihe ushobora kubeshaho umuntu.
Umushinga w’Itegeko Nshinga rishya usigaje intambwe ebyiri za nyuma kugira ngo uhinduke Itegeko, nk’uko Sena yabyemeje none tariki 17/11/2015.
Abanyamuryango b’ishyaka PL mu Ntara y’Iburengerazuba bibukijwe ko ntawe ukira atakoze, basabwa kugira umuco wo gukunda umurimo ndetse n’igihugu.
Ubuyobozi bw’ishyaka PPC burakangurira abayoboke baryo gutinyuka bakiyamamariza imyanya ifata ibyemezo mu matora y’inzego z’ibanze ateganyijwe umwaka utaha wa 2016.
Minisitiri w’Uburezi mu Rwanda avuga ko abakora mu burezi barangije itorero bitezweho impinduka mu kazi hagendewe ku ndangagaciro batahanye.
Mu nama yahuje abayobozi b’Akarere ka Gasabo n’abafatanyabikorwa bako, biyemeje kuzaba aba mbere mu mihigo itaha bahereye ku ntambwe bateye ubushize.
Inama njyanama y’Akarere ka Rulindo icyuye igihe, yateranye kuri bagaragarizwa ibyavuye mu isuzuma ry’imihigo y’umwaka ushize wa 2014-2015.