Hashize ukwezi kose umuturage witwa Ntamuturano Reverien wo mu murenge wa Butare mu karere ka Rusizi yaraburiwe irengero we n’urugo rwe rwose, intandaro yo kubura kw’abo baturage ngo ni uko uwo mugabo yahigwaga n’abaturage bashaka kumwica bamuziza ko abaroga akabateza inzuki zikabakura mu mirima bagiye guhinga.
Muri iki gihe cy’ibizamini bisoza amashuri yisumbuye ndetse n’ay’icyiciro rusange, umugore umwe n’umukobwa bo mu karere ka Ngororero babyaye bari muri ibyo bizamini ariko ntibyababuza kubikora ngo babirangize, kuko ngo bari bariteguye neza amasomo yabo.
Isosiyete yo muri Amerika yakoze igikomo (bracelet) gihana ucyambaye igihe akoze ibidakwiye. Kimwe mu bihano icyo gikomo gitanga mu gukebura ucyambaye, ni ugufatwa n’amashanyarazi.
Gutanga amande, gufungwa cyangwa gushaka indaya babasanganye, ni igihano umudepitekazi uhagarariye umugi wa Saint-Pétersbourg wo mu Burusiya yatanze mu mushinga w’itegeko rihana abakiriya b’indaya.
Umugabo witwa Bagirishya n’umugore we batuye mu mudugudu wa Nyagashikura mu kagari ka Mwezi mu murenge wa Karengera mu karere ka Nyamasheke, baravugwaho ubwambuzi n’abaturage kubera kubeshya abagore bakarongorwa n’uyu mugabo akanabatwara amafaranga bafatanyije n’umugore we babana.
Ubwo hasezeranywaga mu ruhame imiryango 104 yabanaga bitemewe n’amategeko mu murenge wa Rusenge kuri uyu wa 23/10/2014, umuryango umwe watunguye abantu uhitamo gusezerana ivanguramutungo risesuye.
Imbwa yitwa Bodhi yo mu gihugu cya Amerika yinjiza akayabo k’amayero ibihumbi 10 ku kwezi, aturuka ku kuba yambara imyenda y’abantu ikamenya no kubigendera.
Kanyehene Patrick w’imyaka 79 utuye mu mudugudu wa Kagarama mu kagari ka Kigabiro mu murenge wa Nyabitekeri, yishimira ko afite abagore batandatu n’abana babarirwa hagati ya 30 na 60, kuko avuga ko umubare atawuzi neza.
Abaturage bo mu murenge wa Bugarama mu kagari ka Ryankana ho mu karere ka Rusizi bishe imvubu yari ivuye mu mugezi wa Ruhwa bahita bayibaga barayirya.
Umunya Otirishiya yaguze inzu i Détroit ho muri Leta zunze ubumwe za Amerika, ariko nyuma yo kubona ko isaba imirimo myinshi yo kuvugururwa mbere yo guturwamo yayishyize ku isoko, ngo uzamuha iphone akazayimuha.
Indaya zituruka ku migabane y’uburayi na Aziya zakomeje kujya ziyongera cyane muri Afurika, cyane cyane abashinwakazi, bigatuma isoko ry’indaya za Afurika rigabanuka.
Amakuru dukesha urubuga www.atlantico.fr avuga ko umugore waba waraciye agahigo mu kubyara abana benshi ku isi ari umurusiyakazi wabayeho mu kinyejana cya 18.
Tariki ya 25/7/2014 nibwo Gahekukokari yagiye gusezerana imbere y’amategeko na Uwimana Séraphine mu murenge wa Gisenyi basezerana ivanga mutungo rusange, bakaba bateganya gusezerana imbere y’Imana mu itorero rya Anglican mu mujyi wa Gisenyi tariki ya 25/10/2014.
Umunyakorombiyakazi watakaga kubabara mu nda yagiye kwivuza abaganga basanga ububabare yarabuterwaga n’ikirayi yari yarishyize mu nda ibyara agamije kuboneza urubyaro.
Umukecuru Nyirankina Cecilia w’imyaka 80 utuye mu mudugudu wa Gakagati ya mbere akagali ka Cyamunyana umurenge wa Rwimiyaga, avuga ko n’ubwo ageze mu zabukuru kuboha ibyibo bimurinda gusabiriza.
Abapolisi bo mu mujyi wa Grenoble mu gihugu cy’Ubufaransa, bamaze amasaha abiri banze gufasha umusore wabasabaga ubufasha bwihuse kuko yari yishwe n’inyota n’inzara, ahubwo bamubuza kubegera kuko bamukekagaho indwara ya Ebola.
Umushinwakazi Jing Mei, yiyemeje kwambara ikanzu y’abageni idasanzwe mu gihe cy’ubukwe bwe: yari ifite igice gikururuka inyuma cy’uburebure burenga ibirometero bine, kandi ikanzu ye yose yapimaga ibiro hafi 50.
Umugabo witwa Vianney wo mu murenge wa Cyumba mu karere ka Gicumbi yariye injangwe bituma umugore we n’abana be bamuhunga.
Umunyeshuri wiga kuri kaminuza ya Songjiang mu Bushinwa, yiyemeje gukodesha serivisi z’inshuti ye y’umukobwa kugira ngo azabashe kwigurira iPhone 6. Ibi yabitangaje ku rubuga nkoranyambaga Weibo, aho yagaragaye ku ifoto afite icyapa gisobanura ibyo yiyemeje.
Mu mugi wa Burien, i Washington muri Leta Zunze Ubumwe za Amerika hashyizweho itegeko ko nta wemerewe kunukira abandi.
Umufungwa ufungiye muri gereza y’i Lantin ho mu Bubiligi yagombaga kujya kuburanira mu rukiko rw’i Liège, ariko ngo yanze gusohoka muri gereza bitewe n’uko wari umunsi wo kurya amafiriti. Ibi byatangajwe n’igitangazamakuru La Meuse.
Mangli Munda, umuhindekazi w’imyaka 18, yasabwe gukora ubukwe n’imbwa yibunza, kugira ngo imyuka mibi yari imuriho imuveho.
Umunyabureziri w’imyaka 37, Claudio Vieira de Oliveira, w’ahitwa Monte Santo mu majyaruguru y’uburasirazuba bwa Brazil, yavukanye indwara bita arthrogrypose ituma umubiri we utamera nk’iy’abandi ; uruti rw’umugongo we rwarihindukije ku buryo umutwe we ureba inyuma.
Umusore witwa Nshimiyimana Félicien utuye mu murenge wa Cyanika, mu karere ka Burera yariye amandazi 10 manini bari bamutegeye arayamara ntiyagira ikibazo na kimwe agira, maze yegukana amafaranga y’u Rwanda ibihumbi bibiri bari bamwemereye.
Umugabo witwa Rutikanga Soter utuye mu murenge wa Minini mu ijoro ryo kuwa gatanu tariki ya 29 Kanama yaryamye ari muzima avuga bucya mu gitondo atavuga.
Umusore w’imyaka 25 mu gihugu cya Canada bamufashe atwara imodoka yasinze maze bamushyira mu mudoka ya polisi yari ku burinzi ku ntebe y’inyuma maze mu gihe bacyumva ubuhamya ku mpanuka yari yatejwe n’uko gutwara imodoka kandi yasinze abaca mu rihumye atorokana imodoka ya polisi bamufata hashize iminsi itatu.
Abaganga mu gihugu cy’Ubuhinde nyuma yo gukura igikanka (skleton) cy’umwana mu nda y’umugore cyari kimazemo imyaka igera kuri 36 kuri uyu wa 25 Kanama 2014, baratangaza ko uwo mugore ari uwa mbere utwise igihe kirekire mu bagore bose babonye.
Urukiko mu gihugu cy’Ubudage rurashaka gucira urubanza umukozi w’iposita ukekwaho kureshya no gukurura abagore mu gihe ari mu kazi ke. Kugira ariko ngo hatangwe ubwo butabera urukiko rwafashe umwanzuro wo kubanza gupima indeshyo y’ubugabo bw’uregwa.
Umugabo witwa Nsabimana Samson w’imyaka 28 y’amavuko afungiye kuri sitasiyo ya Polisi ya Nyamata mu karere ka Bugesera, kubera gutwika ibiganza by’umwana we w’imyaka itanu abivumbitse mu makara amuziza ko yataye amadarubindi ye.
Inzoga yitwa “La Snow” ikomoka mu Bushinwa niyo iza ku isonga mu nzoga zanywewe cyane ku isi mu mwaka wa 2013 na litiro zingana na miliyari 10,3nk’uko bigaragazwa n’ubushakashatsi bwakozwe na CNN.