Umukobwa w’imyaka 12 wo mu gihugu cya Yemen witwa Saadiya Saleh yatangaje abantu batari bake kubera ko arira amabuye mu gihe bisanzwe bimenyerewe ko iyo umuntu arize kubera agahinda cyangwa ibyishimo azana amarira.
Rosine Nyirakariza w’imyaka 28 y’amavuko wo mu karere ka Muhanga avuga ko nyuma yo kubengwa n’abagabo bensi byatumye azinukwa abagabo bose.
Mohsen Shaari, umunyarabiyasawudite (Arabie Saoudite) w’imyaka 20, yataye ibiro birenga ½ cy’ibyo yari afite, abikesha ibitaro by’i Riyad ari kuvurirwamo. Kubasha kuvurwa abikesha umwami w’iki gihugu Abdullah.
Nk’uko bitangazwa na bamwe mu bambika abageni bakoze ubukwe mu mwaka wa 2014 bavuga ko ibara ry’ubururu ryitwa bleu turquoise ari ryo rigezweho.
Umunyamerika witwaga Billy Standley, yari yarifuje ko umunsi yapfuye azashyinguranwa na moto ye yo mu bwoko bwa Harley Davidson, mu isanduku ibonerana. Icyifuzo cye cyubahirijwe kuwa gatanu ushize.
Umushinwakazi w’imyaka 60, Xiang Renxian, yanze gupfusha ubusa imisatsi ye maze yiyemeza kuyibohamo imyambaro: umupira n’ingofero byo kwifubika.
Umuhanzi Justin Bieber w’imyaka 19 yaba yagiye ku rutonde rw’ibibazo biri gushakirwa umuti na Perezidansi ya Leta Zunze Ubumwe z’Amerika, nyuma y’uko abantu barenga ibihumbi 100 bashyize umukono ku nyandiko isaba ko uyu musore yasubizwa iwabo muri Canada.
Imfungwa yo mu gihugu cya Tanzaniya mu ntara ya Mwanza mu karere ka Nyamagana yitotobetse umwanda uzwi nk’amazirantoki umubiri wose agamije gucika umunyururu ngo kuko yumvaga nta muntu uri butinyuke kumufata ariko umugambi we ntiwamuhira.
Urubanza rw’umwana w’imyaka 14 w’umwirabura wakatiwe urwo gupfa mu myaka hafi 70 ishize, rugiye kugarurwa mu rukiko, aho abamuburanira bemeza ko imikirize y’uru rubanza yagendeye gusa ku ivanguraruhu ryari ryarashinze imizi muri Leta Zunze ubumwe z’Amerika muri biriya bihe.
Umwongerezakazi w’imyaka 50, akurikiranywe n’ubucamanza kubera guhagarika ubukwe bwa musaza we hasigaye iminsi 20 ngo bube. Ibi ngo yabikoze batabanje kubyumvikanaho.
Abitabira isengesho ribera mu rugo rwa Yezu Nyirimuhwe mu karere ka Ruhango buri cyumweru cya mbere cy’ukwezi, bahura n’abantu baje gusabiriza bakabaha batitangiriye itama kugira ngo ibyifuzo baje gutura Yezu byumvikane.
Alphonse Ntirushwamaboko utuye mu Murenge wa Kinazi ho mu Karere ka Huye, ku gicamunsi cyo ku itariki ya 9/1/2014 yagerageje kwiyahuza aside yakuye mu mabuye y’iradiyo kuko ngo yananiwe kureka inzoga.
Umugabo wo mu gihugu cya Irani witwa Amoo Hadji ngo ashobora no kuba amaze imyaka 60 atikozaho amazi.
Umusore wo mu gihugu cya Kenya wakekwaga ko yapfuye nyuma yo kwiyahura, yateye ubwoba abari mu bitaro yari arimo babonye abyutse aho yari ari mu buruhukiro (morgue), mbere gato y’uko bamusiga amavuta atuma umubiri utabora.
Muri iki gihe havugwa imbeho iteye inkeke muri Leta zunze ubumwe za Amerika, umugororwa umwe wo muri iki gihugu wari ufungiye muri gereza y’i Blackburn ho muri Leta ya Kentucky yabashije gutoroka ariko yijyana ubwe kuri polisi ahunga imbeho yari asanze hanze.
Uwimana Landuard w’imyaka 23 utuye mu murenge wa Zaza akagali ka Ruhembe umudugudu wa Munini akarere ka Ngoma yagerageje kwiyahura tariki 06/01/2014 abitewe nuko umugore we yamushinje ko amuca inyuma.
Vestine Murekatete utuye mu mudugudu wa Kunini mu kagari ka Cyarusera mu murenge wa Mushubati mu karere ka Rutsiro yashwanye n’umugabo we ahita amusigira umwana w’amezi ane akajya ahantu hatabashije kumenyekana mu gihe cy’iminsi itatu.
Umusaza w’imyaka 80 wo mu gihugu cya Norvege yahamijwe n’urukiko icyaha ko gushaka kugura indaya ariko bakamutesha ataragera ku ntego bityo rumukatira iminsi 15 y’igifungo n’amande y’amayero 2.400.
Ku wa mbere tariki ya 30/12/2013 mu masaha ya mu gitondo, mu gihugu cya Maroc ahitwa Séfrou, hagaragaye inka yabyaye inyana ifite imitwe ibiri ndetse mu bigaragara iyi nyana ikaba imeze neza.
Mu mirenge imwe n’imwe yo mu karere ka Ngororero nka Kabaya, Sovu na Hindiro hadutse amandazi manini cyane agura amafaranga 200 rimwe, ari gutuma abagabo bamwe baturiye aho acururizwa batakirya mungo zabo.
Ubwo bisanzwe bizwi ko impanga ziba zaravukiye rimwe ndetse ku munsi umwe, i Toronto muri Canada n’i Washington muri Amerika haravugwa ababyeyi babiri babyaye abana b’impanga ariko bakababyara mu myaka itandukanye kuko impanga twakwita ba gakuru zavutse mu mpera za 2013 naho ba gato bakavuka mu ntangiriro za 2014.
Mbere y’uko apfa, Brenda Schmitz wari utuye Iowa ho muri Leta Zunze Ubumwe za Amerika, yanditse ibaruwa yari irimo ibyifuzo bye 3 bya nyuma, ayisigira inshuti ye ayisaba kuzatangaza ibiyirimo nyuma y’uko umugabo we azaba yabonye undi mukunzi.
Mu gihe hari abavuga ko batazabona uko bizihiza noheri n’ubunani, abakora umwaga w’uburaya bo mu karere ka Muhanga bo basanga iminsi mikuru ariho hari amaramuko kurusha ikindi gihe babayeho.
Umusaza w’imyaka 91 witwa Roger-Marc Grenier wo mu Bufaransa ubu ameze neza n’umukunzi we yabonye nyuma y’uko hari hashize igihe atanze itangazo ko ashaka umuntu wo kubana nawe ubuzima bwe bwose akoresheje icyapa.
Umuyapanikazi w’imyaka 19, Vanilla, yibagishije inshuro 30 zose (chirurgie esthétique), kugira ngo ase n’ibipupe bikorerwa mu gihugu cy’Ubufaransa.
Umunyeshuri w’Umunyamerika aherutse guhanga umupira (T-shirts) ukoze ku buryo amazi awumenekaho akawunyereraho yose uko yakabaye nta na makeya awusigayeho.
Mu Karere ka Jinja ho mu gihugu cya Uganda, mu mpera z’icyumweru habaye ubukwe budasanzwe aho imiryango ibiri yashyingiye umwana w’amezi atandatu n’umwana w’umuhungu w’imyaka itatu.
Umugabo ukora umwuga wo kwamamaza no gushishikariza abantu kujya bahahirana n’ikigo akorera yahanishijwe kuzatanga amande angana na miliyoni 36 z’amafaranga y’u Rwanda azira ko ngo yakomanze ku rugo yashakaga kumenyesha iby’ubucuruzi bwe kandi kuri urwo rugo batajya bihanganira ababakomangira ku miryango.
Umwana w’umukobwa w’imyaka 11 wo mu murenge wa Muyira mu karere ka Nyanza umaze iminsi arumwe n’imbwa ubu aragaragaza ibimenyetso nk’iby’inyamaswa aho yemera kurya gusa ibyo bataye hasi akabitoza umunwa ndetse hakiyongeraho no kumoka nk’imbwa.
Mukanyonga Damars w’imyaka 56 y’amavuko ari mu maboko ya polisi guhera tariki ya 12/12/2013, azira guha umupolisi ruswa ngo afungure umuhungu we wari wafatanywe ikiyobyabwenge cya Kanyanga.