Ubuyobozi bw’Akarere ka Kirehe burashimira abatuye Umurenge wa Nyarubuye kuba ku mwanya wa mbere muri gahunda yo kwimakaza Ubumwe n’ubwiyunge, bigahesha ako karere kuza ku isonga muri gahunda y’Ubumwe n’ubwiyunge hagendewe kuri raporo y’umwaka ushize.
Urwibutso rwa Kinigi mu Karere ka Musanze rushyinguyemo imibiri y’abazize Jenoside yakorewe Abatutsi 166, rufite amateka adasanzwe kuko imibiri irushyinguyemo ari iy’Abatutsi bishwe mbere ya 1994.
Mukamugema Immaculée wo mu murenge wa Kinigi mu Karere ka Musanze avuga ko mu gace atuyemo, ubukangurambaga ku bumwe n’ubwiyunge butarashinga imizi, aho yumva mu tundi duce tw’igihugu habaho gahunda yo gusaba imbabazi ku bakoze Jenoside no kuzitanga ku bayikorewe, ariko we akaba amaranye intimba igihe kinini, aho yifuza (…)
Hirya no hino mu gihugu, by’umwihariko mu turere tugize Intara y’Amajyaruguru, ibikorwa by’Abarokotse Jenoside yakorewe Abatutsi biragenda byigaragaza, aho bakomeje kwibumbira mu matsinda abafasha guharanira gukira ibikomere basigiwe na Jenoside, bagana inzira yo kwiyubaka.
Ku muhanda wa Kaburimbo Musanze-Burera werekeza ku mupaka wa Cyanika, mu Murenge wa Gacaca mu Karere ka Musanze habonetse umurambo w’umusore uri mu kigero cy’imyaka 25, ariko umwirondoro we ntiwahise umenyekana.
Ubuyobozi bw’Akarere ka Musanze buratangaza ko bwatangiye umushinga ukomeye wo kubaka inzu nini yakira inama mpuzamahanga bamaze guha izina rya Musanze Convention Centre, muri gahunda y’ivugurura ry’umujyi rigiye gukorwa, aho igishushanyo mbonera cy’umujyi wa Musanze kigaragaza ko uwo mujyi uzaba uri ku buso bwa hegitari (…)
Ubuyobozi bw’Urwego bw’Ubugenzacyaha (RIB) mu Ntara y’Amajyaruguru bwagaragaje ko ibikorwa bitatu by’ingangabitekerezo ya Jenoside byabonetse muri iyo Ntara ku munsi wo gutangiza gahunda yo kwibuka ku nshuro ya 27 Jenoside yakorewe Abatutsi mu 1994.
Mukanoheli Josée wari ufite imyaka 10 muri Jenoside yakorewe Abatutsi mu 1994, aravuga ingorane yagiriye mu ivangura, ubwo yatotejwe yiga mu mashuri abanza kugeza ubwo yari mu bo batoranyaga mu ishuri ryabo ngo baheke isanduku yabaga yuzuyemo imitumba mu rugendo rwakorwaga rwitwaga urwo“Guhamba Rwigema”.
Abatuye umurenge wa Muko mu Karere ka Gicumbi, bakomeje gufasha Leta mu bikorwa binyuranye aho bemeza ko iterambere n’umutekano urambye ari bo bagomba kuba ku isonga mu kubiharanira, cyane ko baherutse kugurira DASSO moto ifite agaciro ka miliyoni imwe n’ibihumbi 300.
Ambasaderi w’u Rwanda muri Senegal Jean Pierre Karabaranga, avuga ko umuco wo kwibuka Jenoside yakorewe Abatutsi mu 1994, umaze gushinga imizi muri icyo gihugu, dore ko ari n’igihugu cyamenye ububi bwayo kuva igitangira, aho cyari gifite ingabo mu mutwe wa L’ONU wari mu Rwanda.
Imbabazi Dominique Xavio wo mu Murenge wa Nkotsi mu Karere ka Musanze, avuga ko ageze ku iterambere abikesha umushinga wo gukora ifumbire yifashishije iminyorogoto, akaba anorora n’inyo nk’ibiryo by’amatungo ndetse yorora n’ibinyamushongo nk’uburyo bwo gukemura ikibazo cy’imirire mibi.
Bamwe mu bakirisitu Gatolika bo mu Karere ka Musanze basengeye muri Parusasi Gatolika Katedarali ya Ruhengeri, kuri uyu munsi wa Pasika tariki 04 Mata 2021, baremeza ko bazukanye na Yezu, bakanishimira ko bagiye gusenga mu gihe mu mwaka ushize batagiyeyo kubera gahunda ya Guma mu rugo yatewe na Covid-19 bikabababaza.
Kuva ku itariki 31 Werurwe 2021, Minisitiri w’Ubutegetsi bw’Igihugu, Gatabazi JMV, ari mu ngendo mu turere twa Gicumbi, Burera na Musanze aho aganira n’ubuyobozi buhagarariye abaturage kuva ku isibo, ari nako asura imishinga yo guteza imbere imibereho y’abaturage, anatanga ubutumwa bwibutsa abayobozi ko umuturage ari ku (…)
Urubyiruko ruyoboye abandi mu Muryango wa FPR-Inkotanyi ku rwego rw’Intara y’Amajyaruguru n’uturere twose tugize iyo Ntara rubarirwa muri 50, rwatangiye urugendo-shuri rugiye kumaramo iminsi ibiri mu Karere ka Rulindo,aho rwasuye Rwiyemezamirimo Sina Gérard arusangiza ubunararibonye.
Umushinga YALTA Initiative, ukomeje intego yawo yo guteza imbere ubuhinzi bubungabunga urusobe rw’ibinyabuzima, aho urubyiruko rufatwa nk’ipfundo ry’ubwo buhinzi mu rwego rwo gutegura iterambere rirambye.
Uwize amashuri abanza iyo abajijwe ku isomo ry’ubumenyi bw’isi (Géographie), by’umwihariko ku byiza nyaburanga by’u Rwanda, ntawibagirwa ibiyaga bibiri aribyo Burera na Ruhondo byo mu karere ka Burera, dore ko wasanga ari bake bataririmbye indirimbo yitwa “Turate Rwanda yacu”.
Urubyiruko rw’abakorarerabushake mu Karere ka Musanze, rukomeje gahunda yo gusukura inzibitso za Jenoside yakorewe Abatutsi mu 1994 zubatse muri ako karere, runatanga ubutumwa bunyuranye bwo kurwanya ingengabitekerezo ya Jenoside.
Abana bo mu Karere ka Burera, barishimira uburyo batekerejweho bagishwa inama mu iyemezwa ry’ingengo y’imari ibagenerwa, nk’uburyo nyabwo bwo kumva ijwi ry’umwana harwanywa n’ihoterwa bakorerwa.
Ubuyobozi bwa Kaminuza ya Kigali (UoK), burasaba abanyeshuri bayigamo kujya bagaragaza ibibazo byabo bakabigeza ku babishinzwe muri Kaminuza, mu rwego rwo kwirinda ko hari uwacikanwa n’amasomo bitewe n’ubukene yakururiwe n’ingaruka za COVID-19.
Umukecuru witwa Nyirabukara Feresita w’imyaka 90 wo mu kagari ka Ruhengeri mu Murenge wa Muhoza mu Karere ka Musanze, arasaba urubyiruko kubyaza umusaruro amahirwe anyuranye rufite, arusaba kwirinda kwiyandarika.
Pasiteri Antoine Rutayisire yanenze bamwe mu bayobozi babona ibibazo biteye abo bayobora, aho kubahumuriza no kubishakira umuti ahubwo bagahitamo kubihunga batera umugongo abo bayoboye. Yabivugiye mu isengesho ngarukamwaka ryo gusengera igihugu (National Prayer Breakfast) ritumirwamo abayobozi bakuru b’igihugu mu nzego (…)
Imiryango ibiri ivuga ko yirukanywe mu mitungo yayo, nyuma yo gusinyishwa ko iguriwe ubutaka bwose kubera kutamenya gusoma no kwandika, ubu ibayeho mu buzima bwo guhingira abandi ngo ibone uko yaramuka.
Ayingeneye Léonie utuye mu Kagari ka Ruhengeri mu Murenge wa Muhoza mu Karere ka Musanze, arishimira ko akiriho nyuma y’uko yari yarihebye abona ko nta gihe asigaje ku isi.
Minisitiri w’Ubutegetsi bw’Igihugu Gatabazi Jean Marie Vianney, avuga ko kuba yaragiriwe icyizere na Perezida wa Repuburika cyo kuba muri Guverinoma, abifata nka Kaminuza ikomeye kuri we, aho yemeza ko gukorana na Perezida Paul Kagame bizamufasha kunguka ubumenyi buri hejuru y’amashuri yize.
Guverineri mushya w’Intara y’Amajyaruguru, Nyirarugero Dancilla, nyuma yo gushyikirizwa ibitabo bikubiyemo imishinga y’Intara y’Amajyaruguru yabwiwe ko hari ibibazo byinshi bigikeneye gukemuka.
Umubyeyi witwa Hagumirema Déogratias wo mu Kagari ka Nkora, Umurenge wa Kigeyo mu Karere ka Rutsiro arishimira ko umwana we atangiye koroherwa, nyuma y’uko abonye ubufasha bw’imiti n’amavuta, ubu ngo uburibwe bukaba butangiye kugabanuka.
Imirimo yo kubaka Umudugudu w’icyitegererezo wa Kinigi mu Karere ka Musanze (Kinigi Integrated IDP Model Village), igeze kuri 63% aho biteganywa ko uzuzura muri Kamena 2021.
Minisitiri w’Ubutegetsi bw’igihugu, Gatabazi Jean Mari Vianney, yabwiye Umuyobozi umusimbuye ku nshingano zo kuyobora Intara y’Amajyaruguru, Nyirarugero Dancilla, ko ibanga rya mbere rizamugeza ku ntsinzi ari ukwita ku baturage, abakira mu gihe cyose bamwitabaje haba mu ijoro cyangwa ku manywa.
Ishuri rikuru ry’Ubumenyingiro rya INES-Ruhengeri, ribimburiye andi mashuri makuru mu gutanga impamyabumenyi ku banyeshuri barangije mu byiciro binyuranye, hifashishijwe uburyo bw’ikoranabuhanga, ngo ukaba ari n’umusaruro w’ibyo bigisha.
Imiryango ibiri y’abantu 10 ituye mu Kagari ka Ruhengeri, Umurenge wa Muhoza mu Karere ka Musanze, ikomeje kunyagirirwa hanze nyuma yo gusohorwa mu nzu zayo, aho ngo bazira amasezerano y’ubugure basinyishijwe kubera kutamenya gusoma no kwandika.