Umusore w’imyaka 31 y’amavuko wo mu Murenge wa Gitovu mu Karere ka Burera, ari mu maboko y’Urwego rw’Igihugu rushinzwe Ubugenzacyaha (RIB), aho akekwaho gufata ku ngufu umukecuru w’imyaka 61 y’amavuko.
Minisitiri w’Intebe, Dr Edouard Ngirente, yasabye Abanyarwanda kwirinda kumva ko ibyemezo bifatwa na Leta mu kwirinda Covid-19, bifatwa ku bwo kubahima, avuga ko izo ngamba zifatwa zabanje kwigwaho neza, mbere na mbere hakarebwa inyungu z’umuturage.
Mu gihe mu bakabakaba ibihumbi 10 barwaye Covid-19 mu Rwanda, abagera kuri 95% ni abatagaragaza ibimenyetso n’abagaragaza ibimenyetso bike bitabwaho bari mu ngo zabo.
Umudugudu w’icyitegererezo wa Kinigi (Kinigi IDP Model Village), uherereye mu Murenge wa Kinigi mu Karere ka Musanze, wubatsemo inzu 144 zikubiye mu ma boroke atandatu (6), ukaba ugiye gutuzwamo imiryango 144, yari ituye mu buryo butaberanye n’ako gace k’ubukerarugendo, aba mbere bakaba bashyikirijwe inzu zabo.
Ubuyobozi mu turere tugize Intara y’Amajyaruguru bukomeje ubukangurambaga mu rugamba rwo gukangurira abatuye iyo ntara kutadohoka ku mabwiriza yo kwirinda Covid-19, aho imibare y’abayandura muri iyo ntara igenda azamuka umunsi ku wundi.
Abafana b’ikipe ya APR FC mu Karere ka Musanze, basuye urwibutso rwa Jenoside rwa Kinigi bunamira abazize Jenoside bashyinguye muri urwo rwibutso, banafata ingamba zo guhangana n’uwo ari we wese ushaka kuyipfobya.
Abanyeshuri 32 basoje amasomo yo ku rwego rwo hejuru (Senior Command and Staff Course) agenewe ba Ofisiye, bamazemo umwaka mu Ishuri rikuru rya Polisi y’u Rwanda (NPC) riherereye mu karere ka Musanze, basabwa gukumira ibyaha ndengamipaka byugarije Afurika.
Umuyobozi w’Ikigo cy’igihugu gishinzwe ubuzima (RBC), Dr Sabin Nsanzimana, yavuze ko Leta y’u Rwanda akomeje gushaka umuti w’ikibazo cya Covid-19 gikomeje gufata intera mu Rwanda, aho atanga icyizere cy’uko uyu mwaka wa 2021 urangira u Rwanda rubonye inkingo zisaga miliyoni eshatu ndetse zimwe zikaba zaramaze kwishyurwa.
Mu gihe inkuru muri iyi minsi zacicikanaga ku mbuga nkoranyambaga zinyuranye, zivuga ko mu bakingiwe harimo n’abari kwicwa na COVID-19, ubuyobozi bw’Ikigo cy’Igihugu gishinzwe Ubuzima (RBC) bwatanze ibisobanuro byimbitse kuri icyo kibazo, bwemeza ko hari batatu mu bakingiwe bapfuye, ariko ko bishwe n’izindi ndwara bari (…)
Mu mirimo inyuranye urubyiruko rw’abakorerabushake rukomeje gukora rutagamije ibihembo muri gahunda yo kwishakamo ibisubizo no guteza imbere igihugu n’abagituye, batangiye baremera abatishoboye amatungo magufi banabubakira, none bageze ku rwego rwo korozanya inka.
Mu kigo cy’igihugu cy’Amahoro (Rwanda Peace Academy) giherereye mu Karere ka Musanze, kuri uyu wa mbere tariki 21 Kamena 2021, hatangiye amahugurwa yo gukarishya ubumenyi mu gukumira ihohoterwa rishingiye ku gitsina, mu duce twibasiwe n’intambara.
Ubwandu bwa Covid-19 bukomeje gufata indi ntera mu Rwanda, aho mu minsi icumi, ni ukuvuga kuva ku itariki 11 kugeza tariki 20 Kamena 2021, hamaze kwandura abantu 3153, hapfa abantu 16 mu gihe abakize ari 178.
Byakunze kumvikana hirya no hino mu gihugu, abafite ubumuga bw’uruhu bagaragaza akato bakorerwa, ariko ubu barishimira aho imyumvire y’abaturage igeze aho basigaye bafatwa nk’abandi, udafite ubwo bumuga akaba yashakana n’ubufite.
Urwibutso rwa Jenoside rwa Kinigi ruherereye mu nkengero z’Ibirunga rukaba rushyinguwemo imibiri y’Abatutsi 166 bishwe mu 1991. Urwo rwibutso ni kimwe mu bimenyetso ndangamateka byeretswe abanyeshuri ba INES-Ruhengeri mu rwego rwo kubagaragariza uburyo Jenoside yakorewe Abatutsi mu 1994 yateguwe kuva kera.
Umuvugizi wa Polisi y’u Rwanda CP John Bosco Kabera, yanenze amakosa yabonye muri amwe mu mahoteli yo mu mujyi wa Musanze akomeje kurenga ku mabwiriza yo kwirinda COVID-19, agacumbikira abantu baterekanye icyemezo cy’uko bipimishije icyo cyorezo, nk’uko biri mu mabwiriza y’imyanzuro y’Inama y’Abaminisitiri iherutse guterana.
Kimwe mu bidindiza imikorere y’itangazamakuru n’umutekano mu bihugu binyuranye bya Afurika, ngo ni bamwe mu bayobozi badatanga amakuru uko bikwiye, n’ababikoze bagatanga aya nikize, bityo inkingi y’ubakirwaho mu kubaka sosiyete ishyizehamwe kandi itekanye ikadindira.
Mu ishuri rikuru rya Polisi (National Police College) riherereye mu Karere ka Musanze, hatangijwe ibiganiro by’iminsi ibiri, byiga ku gushaka umuti wo guhangana n’ibibazo by’umutekano byugarije Afurika n’ibindi bishobora kuvuka.
Mu Karere ka Gakenke hafunguwe ibagiro ry’ingurube ryuzuye ritwaye agera kuri miliyoni 50 z’amafaranga y’u Rwanda, aho rije kongera ubuziranenge n’isuku y’inyama z’ingurube cyangwa se ‘akabenzi’.
Kuri uyu wa Mbere tariki ya 14 Kamena 2021, u Rwanda rwifatanyije n’isi mu kwizihiza umunsi mpuzamahanga ngarukamwaka wahariwe gutanga amaraso, aho uyu mwaka ufite insanganyamatsiko igira iti “Tanga amaraso ahabwa abarwayi, abatuye isi bakomeze bagire ubuzima”.
Abafite ubumuga bw’uruhu rwera mu Rwanda, barishimira ko Abanyarwanda bamaze kugera ku rwego rushimishije rw’imyumvire, aho batakibaha akato nk’uko byahoze, ahubwo bamaze kumenya ko abafite ubumuga bw’uruhu rwera, na bo ari abantu nk’abandi kandi bashoboye.
Cyuzuzo Ariane na Iriza Louange biga mu mwaka wa mbere w’amashuri abanza mu Rwunge rw’amashuri ya Rusiga mu Karere ka Rulindo, bahawe ishimwe n’ubuyobozi bw’Akarere ka Rulindo, nyuma y’uko bubahirije amabwiriza yo kwirinda Covid-19 muri Tour du Rwanda iheruka, ubwo bari mu muhanda berekeza ku ishuri, n’ubwo ibihembo bahahwe (…)
Ku wa Gatandatu tariki ya 12 Kamena 2021, Umuyobozi w’Akarere ka Kayonza, Murenzi Jean Claude, yandikiye ibaruwa Padiri mukuru wa Paruwase Gatolika ya Rukara, amumenyesha ko gusengera muri iyo Kiliziya bihagaritswe.
Leta y’u Rwanda yashyikirije Leta ya Uganda umusirikare wayo witwa Pvte BALUKU Muhuba, wafatiwe mu Rwanda hafi y’umupaka wa Cyanika tariki 12 Kamena 2021.
Urubyiruko rw’abakorerabushake mu Karere ka Musanze, rwihaye intego yo gucukura ibimoteri mu ngo zigize imirenge yose yo muri ako karere, mu rwego rwo kurwanya umwanda wakunze kuhavugwa, bigera n’ubwo Umukuru w’igihugu ahora yibutsa Ubuyobozi kurwanya umwanda mu bihe binyuranye yagiye asura ako karere.
Dr. Diane Gashumba, yagizwe Ambasaderi w’u Rwanda mu Bwami bwa Suwede, mu gihe Prof. Shyaka Anastaze yagizwe Ambasaderi w’u Rwanda muri Repubulika ya Polonye.
Mu gihe abamotari bamaze iminsi binubira bamwe mu bayobozi b’amakoperative yabo, bakomeje kubaka buri kwezi amafaranga 1,500 bavuga ko agenewe gahunda ya Ejo Heza, ubuyobozi bukuru bw’Ihuriro ry’Amakoperative y’abamotari mu Rwanda (FERWACOTAMO), bwamaze kwihanangiriza abo bayobozi bubabwira ko ibyo barimo gukorera abamotari (…)
Ubwo Perezida wa Repubulika Paul Kagame akaba n’Umugaba w’Ikirenga w’Ingabo z’u Rwanda yasozaga ku mugaragaro amasomo ya ba Ofisiye 47 bagizwe n’Ingabo na Polisi, yabibukije akazi kenshi kabategereje muri iki gihe isi igenda ihinduka igana mu busumbane bukabije, ari nako ibibazo by’umutekano muke bikomeza kwiyongera, abasaba (…)
Imodoka itwara abarwayi (Imbangukiragutabara) yataye umuhanda igonga ipoto y’amashanyarazi shoferi na muganga barakomereka, bajyanwa kwa muganga n’indi modoka yanyuze aho ibanza kubatabara.
Mu rwego rwo kurushaho kwicungira umutekano, abatuye mu Murenge wa Kamubuga, wo mu Karere ka Gakenke, bishatsemo ibisubizo bakusanya miliyoni ebyiri n’ibihumbi magana inani (2,800,000 FRW) bagurira DASSO ikorera muri uwo murenge moto nshya, bubakira n’ubukarabiro ibiro by’Umurenge.
Mu kiganiro ubyumva ute cyo ku wa Mbere tariki 07 Kamena 2021 kuri KT Radio, umukobwa wari umutumirwa muri icyo kiganiro, mu buhamya bwe yagaragaje inzira z’inzitane yanyuzemo aho umugabo wari umukozi mu bitaro yamusambanyije amutera inda ubwo yajyaga kwivuza, ibyari inzozi zo kuba umubikira bihinduka umuruho.