Mu gihe imihanda itari gukoreshwa cyane muri ibi bihe imirimo myinshi yahagaze mu rwego rwo gukumira icyorezo cya Coronavirus cyugarije isi, imihanda imwe n’imwe mu Ntara y’Amajyaruguru ikomeje kwangizwa n’ibiza by’imvura, aho imwe muri yo isaba ingengo y’imari nini ya Leta ngo ibashe gutunganywa.
Nsengiyumva Théodomir w’imyaka 42 wo mu murenge wa Bungwe mu karere ka Burera, arwariye mu kigo nderabuzima cya Rugarama aho avuga ko yakubiswe n’ingabo za Uganda zirangije ziramuzana zimujugunya ku mupaka wa Cyanika.
Miliyoni zisaga 60 z’amafaranga y’u Rwanda zimaze gucibwa bamwe mu baturage bo mu Ntara y’Amajyaruguru barenze ku mabwiriza ya Leta yo kurwanya ikwirakwizwa ry’icyorezo cya Coronavirus.
Ubuyobozi bwa Pariki y’Igihugu y’Ibirunga, buratangaza ko umutekano w’Ingagi muri Pariki y’Ibirunga ubungabunzwe neza, ndetse n’ubuzima bwazo bumeze neza mu gihe zigiye kumara igihe kingana n’ukwezi zidasurwa na ba mukerarugendo.
Mu gihe Abanyarwanda bose bakangurirwa kuguma mu rugo hirindwa ikwirakwizwa rya COVID-19, hari bimwe mu bikorwa remezo byahawe umwanya byitabwaho, birimo na Sitade Ubworoherane yo mu Karere ka Musanze ubu yamaze kugaragaza n’isura idasanzwe.
Ku mugoroba wo ku itariki 21 Mata 2020, Polisi ikorera mu Karere ka Musanze yafatanye abagabo babiri inzoga z’inkorano ubwo bari bazipakiye munsi y’umucanga mu ikamyo.
Umugore umwe n’abana batatu bo mu murenge wa Cyungo mu karere ka Rulindo, bapfuye bazize inkangu yatewe n’imvura yaridukiye inzu bari baryamyemo mu rukerera rwo ku itariki 22 Mata 2020.
Aborozi batuye mu Karere ka Gakenke baravuga ko bakomeje kugirwaho n’ingaruka z’icyorezo cya Coronavirus, kuko amata ari kubapfira ubusa nyuma y’uko ikusanyirizo ry’akarere ryamaze gufunga.
Abaturage n’ubuyobozi bw’Akarere ka Gakenke barishimira uburyo bazamuye urwego rw’ubuhinzi n’ubworozi, aho biyemeje guhangana n’ingaruka z’inzara yaterwa n’icyorezo cya COVID-19, biyemeza kwihaza mu biribwa bagasagurira amasoko.
Guverineri w’Intara y’Amajyaruguru, Gatabazi Jean Marie Vianney arasaba abakoresha bo mu bigo byigenga kudatererana abakozi babo muri ibi bihe bikomeye bya COVID-19, aho abasaba kumenya umunsi ku wundi uko ubuzima bwabo buhagaze muri iyi minsi buri wese asabwa kuguma mu rugo.
Kuwa Gatandatu tariki 18 Mata 2020, ni bwo ikipe ya Rayon Sports yasoje igikorwa cyo kumurikira buri mukinnyi n’abakozi babo za fan clubs n’abanyamuryango ku giti cyabo bazabitaho muri ibi bihe bidasanzwe byo kuguma mu rugo, mu kwirinda kwandura Coronavirus.
Abakora umwuga w’ubworozi bw’inkoko mu Karere ka Gakenke baratabaza Leta ngo ibashakire isoko ry’amagi mu gihe bakomeje guhura n’igihombo gikomeye muri ibi bihe isi yugarijwe n’icyorezo cya Coronavirus, ubu amagi asaga ibihumbi 300 afite agaciro k’amafaranga y’u Rwanda Miliyoni zisaga 24 akaba ari mu buhunikiro nyuma (...)
Abibumbiye mu Muryango w’Abanyeshuri barokotse Jenoside yakorewe Abatutsi mu 1994, biga muri INES-Ruhengeri (AERG-Indame), bakomeje igikorwa cy’ubutabazi aho bagiye kuzuza inzu bubakiye uwarokotse Jenoside yakorewe Abatutsi mu 1994 utagira aho aba.
Abagize urugaga ry’urubyiruko rushamikiye ku Muryango FPR-Inkotanyi mu Ntara y’Amajyaruguru, biyemeje kurinda urundi rubyiruko n’abandi baturage muri rusange, kwandura icyorezo cya Coronavirus.
Umuyobozi w’Akarere ka Musanze Nuwumuremyi Jeannine, arizeza abarokotse Jenoside yakorewe Abatutsi mu 1994 batuye mu Mudugudu wa Susa, mu Murenge wa Muhoza ubufasha bwa Leta bwo kubakirwa kuko inzu batuyemo zatangiye kwangirika.
Muri gahunda yo gukangurira abaturage kwirinda ikwirakwizwa rya COVID-19, Polisi ikomeje gushyiraho ingamba zinyuranye mu rwego rwo kumenyekanisha iyo gahunda mu baturage, aho yatangiye gukoresha indege nto zitagira abapilote (Drones).
Umunyamabanga Nshingwabikorwa w’Umurenge wa Gacaca mu Karere ka Musanze, Kanyarukato Augustin ari mu maboko y’Urwego rw’Ubugenzacyaha (RIB) Sitasiyo ya Muhoza, aho akurikiranyweho icyaha cyo gufunga umuturage mu buryo bunyuranyije n’amategeko.
Ubuyobozi bw’Intara y’Amajyaruguru buratangaza ko kuva tariki 06 Mata 2020 abakora isuku mu mihanda inyuranye ya kaburimbo mu Ntara y’Amajyaruguru bagarutse mu kazi kabo, ariko bagakora bubahiriza amabwiriza ya Leta ajyanye no kwirinda kwandura icyorezo cya Coronavirus.
Mukankusi Grâce, Umuhanzikazi w’indirimbo zihumuriza abantu mu bihe by’icyunamo, ku myaka umunani y’amavuko yari afite mu gihe cya Jenoside yakorewe Abatutsi, avuga ko yahungabanyijwe cyane no kubona umubyeyi we bamwica urw’agashinyaguro.
Umunyamabanga wa Leta muri Minisiteri y’Urubyiruko n’Umuco, Bampoliki Edouard, yasabye ababyeyi guha abana babo icyo batahawe, babatoza guhindura amakosa yo mu bihe bibi byaranze igihugu mu myaka yashize.
Perezida wa Ibuka Prof. Dusingizemungu Jean Piere, yavuze ku ruhare rw’Abacitse ku icumu rya Jenoside mu bumwe n’ubwiyunge bw’Abanyarwanda, aho yemeje ko we nyuma ya Jenoside yahise abona ko ubumwe bw’Abanyarwanda bushoboka, abibwiwe n’umusirikare w’Inkotanyi bahuye bwa mbere.
Mu gihe u Rwanda rwibuka ku nshuro ya 26 Jenoside yakorewe Abatutsi mu mwaka wa 1994, bamwe mu bayobozi mu nzego nkuru z’igihugu bifashishije imbuga nkoranyambaga bandika ubutumwa bunyuranye buhumuriza Abanyarwanda muri ibi bihe.
Imiryango 35 yo mu Murenge wa Kabatwa mu Karere ka Nyabihu, icumbikiwe mu bigo by’amashuri nyuma y’ibiza by’umuyaga wabasenyeye amazu ku itariki 08 Mata 2020, wangiza n’ibyari mu nzu byose.
Abaturage bo mu Murenge wa Kabatwa mu Karere ka Nyabihu, bibumbiye muri Koperative y’abahinzi b’ibireti (KOAIKA), barishimira ingoboka ingana na toni zisaga 11 za kawunga bagenewe, mu rwego rwo kubunganira muri iki gihe cyo kwirinda Coronavirus.
Ubuyobozi bw’Umuryango uharanira inyungu z’abarokotse Jenoside yakorewe Abatutsi mu Rwanda mu 1994 (Ibuka), buremeza ko nta mpamvu n’imwe yatuma Abanyarwanda bumva ko batsindwa, nyuma y’ubuzima butoroshye banyuzemo mu gihe cy’iminsi ijana Jenoside yamaze.
Umukozi ushinzwe iterambere (SEDO) mu Kagari ka Gasiza mu Murenge wa Muyongwe mu Karere ka Gakenke witwa Nsengiyumva Gilbert w’imyaka 34 y’amavuko, yatawe muri yombi akekwaho kunyereza amafaranga ya Mituweli y’umwe mu baturage ayoboye ubu wamaze gupfa.
Umuyobozi w’Intara y’Amajyaruguru (Guverineri) Gatabazi Jean Marie Vianney yafashe ingamba zo korohereza itangazamakuru kugera ku nkuru mu rwego rwo kureba uburyo abatuye Intara y’Amajyaruguru bahanganye na Coronavirus, no kumenya ibindi bibazo abaturage bafite bisabwa gukemurwa.
Abaturutse hirya no hino mu bihugu bikikije u Rwanda bacumbikiwe mu Karere ka Gicumbi mu gihe cy’iminsi 14 mu rwego rwo kwirinda ikwirakwizwa rya COVID-19, bavuga ko bafashwe neza kandi ko babayeho nk’abari iwabo.
Minisiteri y’Ubuhinzi n’Ubworozi, irasaba abahinzi kutagira umwanya n’umwe batakaza, ibasaba guhinga byinshi bishoboka mu rwego rwo kongera umusaruro uzafasha abantu kwihaza, mu gihe isi ihanganye n’icyorezo cya Coronavirus.
Abarwayi basanzemo virusi ya COVID-19 mu Rwanda, bakomeje kwitabwaho n’abaganga i Kanyinya. Ngo bose bameze neza nta n’umwe urembye, aho aba mbere bari kumara ibyumweru bibiri aho bategereje gukorerwa ibizamini bya nyuma bakaba basezererwa.