Minisitiri w’Ubuzima Dr. Ngamije Daniel, aragira inama abanyonzi bakomeje kugaragaza ko babangamiwe no kwambara agapfukamunwa bagendeye ku miterere y’akazi bakora, akabasaba guhitamo kubangamirwa n’agapfukamunwa aho kwandura COVID-19.
Ayingeneye Léonie utuye mu Kagari ka Ruhengeri mu Murenge wa Muhoza mu Karere ka Musanze, arasaba ubufasha bwo kubona aho aba nyuma y’imyaka itatu arwariye mu bitaro bya Ruhengeri, aho atahiye agatungurwa no gusanga uwari umugabo we yaragurishjije inzu n’ibiyirimo byose.
Mu gihe muri iyi minsi Rayon Sports yatangiye kugaruka mu nzira zo kwiyubaka hakaba n’amavugurura mu miyoborere yayo, bamwe mu bafana bayo bariruhutsa bavuga ko ibibazo ikipe yabo ivuyemo byabasigiye ibikomere, ku buryo bamwe batari bakibasha gufata amafunguro, ndetse bamwe ngo basezera burundu kumva radio mu rwego rwo (...)
Nyirakaberuka Angeline, umukecuru w’imyaka 95 utuye mu Murenge wa Gashaki mu Karere ka Musanze, avuga ko yashatse umugabo afite imyaka 12 abihatiwe n’ababyeyi be bashakaga inkwano.
Abatuye mu Mudugudu wa Gakoro mu Kagari ka Rwambogo mu Murenge wa Musanze mu Karere ka Musanze bafite impungenge z’ingaruka zikomeje guterwa n’uruganda rutunganya amabuye rukorera mu mudugudu wabo.
Perezida wa Repubulika y’u Rwanda Paul Kagame yashimye abakozi ba Pariki kubera ubwitange bubaranga mu kazi kabo ko kubungabunga ibinyabuzima bibamo, by’umwihariko ingagi.
Ku gicamunsi cyo ku wa Kabiri tariki 22 Nzeri 2020, imvura ivanze n’umuyaga yasenyeye imiryango icyenda yo mu Murenge wa Ntarabana mu Karere ka Rulindo ku bw’amahirwe ntihagira ubikomerekeramo.
Mu Karere ka Burera mu Murenge wa Kagogo hari igiti cy’inganzamarumbo cyiswe ‘Igiti cy’umugisha’ ngo gifasha abakobwa bagumiwe kubona abagabo mu gihe bagihobereye.
Inka yatanzwe muri Girinka ihabwa Byukusenge Marie Gaudence wo mu Mudugudu wa Nyarubuye mu Kagari ka Sahara mu Murenge wa Busogo mu Karere ka Musanze, bayisanze mu kiraro cyayo abantu batahise bamenyekana bayitemye mu mutwe.
Umugabo w’imyaka 50 witwa Uwarayeneza Jackson wo mu Kagari ka Kamanyana mu Murenge wa Cyanika mu Karere ka Burera, amaze imyaka ine adatekanye bitewe n’ikibyimba yarwaye mu ijosi, akaba atewe impungenge n’ubuzima bwe.
Bamwe mu baganga bo mu bitaro bikuru n’iby’uturere binyuranye byo hirya no hino mu gihugu, basoje amahugurwa y’iminsi ibiri ajyanye no kwiga uburyo barushaho gutanga serivise nziza ku bantu bafite ubumuga baza babagana.
Ubuyobozi bw’Akarere ka Gicumbi burashimira Umuryango Imbuto Foundation ku bikorwa umaze gukorera muri ako karere, aho bwemeza ko byahinduye imibereho y’abaturage ba rubanda rugufi.
Mu Kagari ka Kigombe mu Murenge wa Muhoza mu Karere ka Musanze, ku mugoroba wo kuri uyu wa Kane tariki 17 Nzeri 2020, imodoka yo mu bwoko bwa Land Cruiser yinjiye mu rugo rw’umuturage igonga abagore babiri hakomereka umwe wajyanwe mu bitaro.
Abagabo babiri bo mu Kagari ka Kibatsi mu Murenge wa Rukira mu Karere ka Ngoma, barwariye mu bitaro bya Kibungo, nyuma yo guturikanwa n’ingunguru ubwo bari batetse kanyanga, bibaviramo gukomereka mu buryo bukomeye.
Abaturage bo mu Karere ka Burera bakomeje gushyingura abahitanwa n’ibiyobyabwenge, aho mu mezi umunani ashize abantu 28 muri ako karere bishwe n’ibiyobyabwenge.
Minisiteri y’Ubucuruzi n’Inganda (MINICOM) iravuga ko kuba igiciro cy’ibirayi gikomeje kuzamuka bidakwiye guca igikuba kuko ngo bisanzwe ko mu gihembwe cy’ihinga C umusaruro uba muke ku isoko ibirayi bikazamuka kugera ku mafaranga 500 ku kilo.
Mu mukoke wacukuwe n’imvura wegereye isantere ya Kagongo mu Murenge wa Gataraga mu Karere ka Musanze, mu gitondo cyo kuri uyu wa mbere tariki 14 Nzeri 2020, habonetse umurambo w’ umuyobozi w’Urwunge rw’amashuri ya Nyabirehe.
Amakuru atangajwe n’inzego z’ibanze zo mu Kagari ka Birira mu Murenge wa Kimonyi mu Karere ka Musanze, aravuga ko mu ruganda rushya rwa Sima "Prime Cement Ltd ruherereye muri uwo murenge, mu ma saa kumi z’igicamunsi habaye inkongi y’umuriro yafashe inzu zabagamo amacumbi y’abatekinisiye.
Minisitiri w’Ubutegetsi bw’igihugu Prof. Shyaka Anastase na Minisitiri w’Ubuzima Ngamije Daniel basobanuye ko kuba isaha yo kuba buri muturage yageze mu rugo yongerewe iva kuri saa moya ishyirwa saa tatu, ari ukubera ko mu byumweru bitatu bishize byagaragaye ko ikwirakwira rya COVID-19 rigenda rigabanuka.
Mu ijoro rishyira tariki 10 Nzeri 2020 mu Murenge wa Rwerere mu Karere ka Burera, Polisi y’u Rwanda yakumiriye itsinda ry’abarembetsi ryari rigerageje kwinjira mu Rwanda rinyuze ku mipaka ihuza u Rwanda na Uganda.
Abatuye mu Murenge wa Kinigi mu Karere ka Musanze bavuga ko ibitero byabagabweho mu ijoro rishyira tariki 5 Ukwakira 2019 bigahitana abaturage 14, byabasigiye isomo ryo kwicungira umutekano, ku buryo ngo uwo babonye wese batamuzi muri ako gace bamusaba ibyangombwa.
Ku wa Kabiri tariki 8 Nzeri 2020, umunsi w’ibyishimo kuri Musenyeri Antoine Kambanda Arikiyepisikopi wa Kigali na Musenyeri Vincent Harolimana Umushumba wa Diosezi Gatolika ya Ruhengeri, bizihiza isabukuru y’imyaka 30 bamaze bahawe Ubusaseridoti na Papa Yohani Pawulo ll.
Agatsiko k’abatunda ibiyobyabwenge mu Karere ka Burera bazwi ku izina ry’ ‘Abarembetsi’, bashatse kurwanya Polisi ubwo yari ibahagaritse, babiri muri bo bararaswa bahasiga ubuzima.
Ababigize umwuga mu buhinzi bwa tungurusumu mu Murenge wa Musanze mu Karere ka Musanze, bararira ayo kwarika nyuma y’uko batewe ibihombo no kubura isoko y’umusaruro wabo uheze mu mirima.
Abatuye mu Karere ka Nyabihu basenyewe n’ibiza byatewe n’imvura yaguye mu ijoro ryo ku itariki 6 rishyira tariki 7 Gicurasi 2020 abantu 72 bakahasiga ubuzima, barashima uburyo Leta ikomeje kubaha inkunga yo kubafasha gusubira mu ngo zabo.
Uruganda rutunganya Sima rwa ‘Prime Cement Ltd’ rukorera mu Karere ka Musanze, rwashyize ku isoko Sima nshya mu rwego rwo gufasha u Rwanda kwihaza no kugabanya ibitumizwa mu mahanga.
Abagabo babiri bo mu Murenge wa Cyabingo mu Karere ka Gakenke, baguye mu birombe bicukurwamo amabuye y’agaciro mu gitondo cyo kuri uyu wa mbere tariki 31 Kanama 2020.
Imodoka yo mu gihugu cya Tanzania ifite Plaque T322DSH yo mu bwoko bwa ‘Camion Actros’, yafashwe n’inkongi y’umuriro mu muhanda Kigali-Musanze Polisi iratabara.
Rukera Christine, umugore wateje imbere ubuhinzi bw’urusenda, aremeza ko yamaze kubona isoko mu gihugu cy’u Buhinde aho yiteguye kugemura toni 75 z’urusenda, zifite agaciro k’amafaranga y’u Rwanda akabakaba miliyoni 90.
Ubuyobozi bw’Umurenge wa Rwerere mu Karere ka Burera bwahagaritse ibirori byari byateguriwe mu muryango byo gufata irembo kuri uyu wa Gatandatu tariki 29 Kanama 2020, bushimira abaturage bakomeje gutangira amakuru ku gihe hirindwa COVID-19.