Mu gihe imibare y’abarwara COVID-19 mu Rwanda ikomeje kwiyongera, abashinzwe ubuvuzi bakagaragaza ko habayeho kudohoka mu kubahiriza amabwiriza yo kwirinda icyo cyorezo, abagizweho ingaruka na cyo barwaye cyangwa bapfushije ababo baragira inama abaturage ko badakwiye gusuzugura iyo ndwara.
Uwari Gitifu w’Umurenge wa Cyuve mu Karere ka Musanze na bagenzi be bari bakurikiranyweho icyaha cyo gukubita no gukomeretsa ku bushake Nyirangaruye Clarisse na musaza we Manishimwe Jean Baptiste, ndetse nyuma baregwa n’icyaha cya ruswa, barekuwe n’urukiko nyuma y’uko igihano bakatiwe kiri munsi y’igihe bamaze muri gereza.
Munyakazi Sadate wahoze ayobora Rayon Sports yashyiriyeho ikipe y’igihugu Amavubi intego ingana n’Amadolari 100 kuri buri mukinnyi no kubaherekeje ikipe (abarirwa mu bihumbi hafi 100 by’Amafaranga y’u Rwanda) mu gihe baramuka batsinze ikipe ya Uganda.
Abagore bagize urugaga rushamikiye ku muryango wa FPR-Inkotanyi mu Ntara y’Amajyaruguru, bihaye umuhigo wo kubakira umuryango umwe utishoboye muri buri mirenge igize uturere two muri iyo Ntara.
Minisiteri y’Uburezi iherutse gutangaza ko amashuri y’inshuke n’icyiciro cya mbere cy’amashuri abanza azatangira ku itariki 18 Mutarama 2020. Hari abibaza aho gahunda yo kubaka ibyumba by’amashuri bishya igeze dore ko hari ikibazo cyakunze kugarukwaho kenshi cy’ubucucike mu mashuri n’ikibazo cy’abana bakora ingendo ndende (…)
Urupfu rwa Padiri Ubald Rugirangoga rwamenyekanye mu gitondo cyo ku itariki 08 Mutarama 2021 nyuma y’igihe yari amaze arwariye muri Leta zunze ubumwe za Amerika, rwashenguye abantu bo mu byiciro binyuranye.
Ubuyobozi bw’Akarere ka Burera bukomeje gushaka icyateza imbere urubyiruko rwo muri ako Karere rwagororewe mu kigo cya Iwawa no mu bindi bigo, aho abahuguriwe ubuhinzi n’ubworozi borozwa amatungo magufi, mu gihe abize indi myuga bahabwa ibikoresho binyuranye bifashisha mu guhanga umurimo.
Umwaka urangiye wa 2020, Urwego rwa DASSO rugaragaza ko rwagize uruhare mu bikorwa bigamije kuzamura iterambere n’imibereho myiza y’abaturage.
Bamwe mu baturage b’Akarere ka Musanze baravuga ko umwaka wa 2020 utabahiriye aho bavuga ko imishinga yose y’iterambere bari bateguye yadindijwe n’icyorezo cya COVID-19 cyagaragaye mu Rwanda ku itariki 14 Werurwe.
Umuryango uzwi ku izina rya Ndayisaba Fabrice Foundation (NFF) ukomeje ingendo hirya no hino mu gihugu usura abana basubijwe mu miryango yabo nyuma y’uko bakuwe mu mihanda, mu rwego rwo kubafasha mu mitekerereze inyuranye n’iyo bari bafite.
Abaturage bo mu Murenge wa Rugarama mu Karere ka Burera baremeza ko bamaze gusobanukirwa uburyo bwo kwirinda COVID-19 aho bakomeje kubahiriza amabwiriza ajyanye no kwirinda icyo cyorezo bambara neza agapfukamunwa, bakaraba intoki ndetse banahana intera nk’uko bisabwa.
Abatuye mu Mudugudu wa Bubandu mu Kagari ka Bukinanyana mu Murenge wa Cyuve mu Karere ka Musanze akanyamuneza ni kose nyuma kwegerezwa aho bagurishiriza inkari ku mafaranga 1000 ku ijerekani.
Muri gahunda y’igihugu yo kwihutisha inyubako z’ibyumba bishya by’amashuri, Akarere ka Burera ni ko kabimburiye uturere tugize Intara y’Amajyaruguru mu kumurika ku mugaragaro ibyo byumba bishya, aho ku wa Kane tariki 17 Ukuboza 2020 ku ikubitiro hafunguwe ibyumba 36 n’ubwiherero 26 byo mu Murenge wa Rugarama muri ako Karere.
Nyuma y’uko Akarere ka Musanze gafatiwe ibyemezo byo guhagarika ingendo kuva saa moya z’umugoroba, ku ikubitiro abasaga 150 baraye muri stade nyuma yo gufatwa n’inzego z’umutekano barenze kuri ayo mabwiriza.
Mu nama y’Abaminisitiri yateranye ku mugoroba wo ku wa Mbere tariki 14 Ukuboza 2020, Akarere ka Musanze ni ko kafatiwe ibyemezo bitandukanye n’ibyafashwe ahandi mu gihugu, nyuma y’uko mu bushakashatsi bumaze iminsi bukorwa na Minisiteri y’Ubuzima (MINISANTE) bwagaragaje ko mu bantu bapimwe mu mujyi wa Musanze, 13% basanze (…)
Irerero ni gahunda ibera mu turere twose tugize Intara y’Amajyaruguru, aho urubyiruko rwibumbiye mu muryango wa FPR-Inkotanyi ruhura mu gihe cy’ukwezi rugahugurirwa kurushaho gusobanukirwa amahame n’indangagaciro z’umuryango wa FPR-Inkotanyi.
Ku wa gatandatu tariki ya 12 Ukuboza 2020, Polisi y’u Rwanda yahaye umuriro w’amashanyarazi abaturage bo mu Ntara y’Amajyaruguru, barimo imiryango 178 yo mu Murenge wa Ruhunde mu Karere ka Burera, na 181 yo mu Murenge wa Cyuve mu karere ka Musanze.
Nyuma y’amezi atandatu abaturage bo mu Murenge wa Busogo mu Karere ka Musanze batunganyirijwe igishanga cya Mugogo cyari cyaravutsemo isoko yatewe n’amazi y’imvura aturuka mu misozi ya Nyabihu akimura abaturage akanangiza imyaka yabo, ubu bari mu byishimo nyuma y’uko Leta itunganyije icyo gishanga bakongera guhinga imirima yabo.
Hirya no hino mu Karere ka Musanze, cyane cyane mu mirenge y’icyaro haracyagaragara indwara ziterwa n’umwanda n’imirire mibi, hakaba abaturage bavuga ko ubuyobozi bw’inzego z’ibanze buba bushaka guhisha icyo kibazo, bityo ntikigaragazwe ngo gishakirwe umuti.
Itangazo rya Minisiteri y’Ubuzima ryo ku Cyumweru tariki ya 06 Ukuboza 2020 rigaragaza ko mu barwayi bashya 45 babonetse, 21 ari abo mu Karere ka Musanze.
Umwaka wa 2020 waranzwe n’idindira rya serivise zijyanye n’ubukerarugendo mu Rwanda no ku isi hose, aho ibikorwa binyuranye by’ubukerarugendo byajyaga byinjiriza igihugu amadevise byashegeshwe na COVID-19.
Abaturage bo mu Murenge wa Busogo mu Karere ka Musanze barasaba Leta gukemura ikibazo cy’amazi akomeje kubatera mu ngo zabo mu gihe imvura yaguye, akabasenyera ndetse akangiza n’imyaka yabo.
Abamotari bakorera mu mujyi wa Musanze barishimira umwambaro mushya w’akazi bahawe, aho bemeza ko isuku igiye kurushaho kwiyongera nyuma y’uko umwambaro w’akazi wari umaze kubasaziraho bikaba intandaro y’umwanda kuri bamwe.
Abaturage bo mu Mudugudu wa Nduruma mu Kagari ka Kigombe mu Murenge wa Muhoza mu Karere ka Musanze, barasaba ubutabazi nyuma yo gushyirwa mu manegeka n’ikorwa ry’umuhanda wa kaburimbo, kubera itaka riharurwa mu muhanda rishyirwa mu marembo y’ingo zabo n’amazi y’imigezi ayoberezwa mu ngo zabo.
Ubajije umuturage wo mu Karere ka Musanze no mu mirenge imwe n’imwe igize Uturere Gakenke na Nyabihu, izina ‘Cyinkware’, byakugora kubona ukubwira ko atarizi kubera ukwamamara kw’isoko ryatangaga ifunguro ry’ubuntu beshi bakunze twita ‘akaboga’.
Dasso ikorera mu Karere ka Musanze, ku wa Gatandatu tariki 28 Ugushyingo 2020 yasubije umunyamahanga ukomoka mu gihugu cy’u Bushinwa witwa Geng Jum Ping w’imyaka 32 telephone ebyiri za smart, zari zibwe ku wa Gatanu tariki 27 Ugushyingo 2020.
Uwayisenga Lucy, umwe mu bagize Inama Njyanama y’Akarere ka Musanze, akomeje ibikorwa byo gufasha abatishoboye bo mu Murenge wa Nkotsi muri ako karere, mu rwego rwo gusohoza umuhigo yahize ubwo bamutoreraga kubahagararira.
Ikigo gishinzwe guteza imbere ubushakashatsi mu byerekeye inganda (NIRDA), cyateguye amahugurwa y’iminsi itatu hirya no hino mu gihugu, mu rwego rwo gufasha abikorera kongerera agaciro ibikomoka mu Rwanda, hagamijwe kugabanya ibitumizwa mu mahanga.
Abakorera umwuga wo gutwara abagenzi kuri moto mu mujyi wa Musanze, barasaba ko bahabwa imyambaro mishya dore ko indi yabasaziyeho bakaba bari mu bihombo byo kuba badakora uko bikwiye kuko abatawambaye iyo bafashwe bacibwa amande.
Umugabo witwa Habimana Samson wo mu Kagari ka Butezi mu Murenge wa Gahara mu Karere ka Kirehe, afungiye kuri Polisi Sitasiyo ya Gatore, nyuma yo gufatirwa mu cyuho atanzwe na Dasso yari amaze guha amafaranga ibihumbi 102 bya ruswa.