Mu gace ka Pingjiang mu Bushinwa, habonetse zahabu nyinshi icyarimwe ingana na toni 1100, zifite agaciro kagera kuri miliyari 80 z’Amadolari ya Amerika.
Perezida Joe Biden ategerejwe mu ruzinduko rw’amateka muri Angola mu cyumweru gitaha, ruzaba rubaye urwa mbere Umukuru w’Igihugu cya Amerika, agiriye muri iki gihugu cyo mu Majyepfo ashyira uburengerazuba bw’Afurika.
Umucamanza yongeye kwanga ubusabe bw’umuraperi P. Diddy wifuza gutanga ingwate akaburana adafunze mu rubanza akurikiranyweho ibyaha by’ihohotera no gucuruza urubyiruko mu mibonano mpuzabitsina.
Ikipe y’Igihugu y’u Rwanda (Amavubi), yazamutse imyanya ibiri ku rutonde rw’Ishyirahamwe ry’Umupira w’Amaguru ku Isi (FIFA) iva ku mwanya wa 126 ijya ku 124.
Umuhanzi Ed Sheeran, yasabye imbabazi umutoza wa Manchester United, Ruben Amorim nyuma y’uko amurogoye bigatuma ikiganiro yagiranaga n’itangazamakuru gihagarara.
Umunyarwenya, ukomeye wo muri Leta Zunze Ubumwe za Amerika, Steve Harvey yavuze ko Abarokotse Jenoside yakorewe Abatutsi mu 1994, bakwiye kubanza kwigirira imbabazi ubwabo kugira ngo bizabafashe gukomeza ubuzima kuko zidakwiye guhabwa gusa abakoze Jenoside.
Perezida Paul Kagame na Madamu Jeannette Kagame, ku mugoroba wo kuri uyu wa Gatandatu tariki 23 Ugushyingo 2024, bifatanyije na Hon. Tito Rutaremara n’abo mu muryango we, kwizihiza isabukuru y’imyaka 80.
Ibihumbi by’Abanyangola bigizwe n’abayoboke b’ishyaka UNITA, ritavuga rumwe n’ubutegetsi biriwe mu myigaragambyo yo kwamagana ubutegetsi buyobowe na Perezida João Manuel Gonçalves Lourenço.
Umuhuzabikorwa w’Inzego z’Umutekano z’u Rwanda (Joint Task Force Commander), muri Mozambique Maj Gen Emmy Ruvusha ari kumwe n’Umugaba Mukuru w’Ingabo za Mozambique (FADM), Admiral Joaquim Mangrasse basuye Umujyi wa Mucojo wari warabaye ibirindiro bikomeye bw’ibyihebe.
Minisitiri w’Intebe wa Israel Benjamini Netanyahu, yamaganye icyemezo giheruka gufatwa n’Urukiko mpuzamahanga mpanabyaha (ICC), cyo gushyiraho impapuro zo kumuta muri yombi n’uwahoze ari Ministiri w’Ingabo we, Yoav Gallant kubera ibyaha by’intambara.
Ku nshuro ya mbere, Ukraine yarashe ku butaka bw’u Burusiya misile zigera kure, nyuma y’uko Amerika yemereye iki gihugu gutangira kugaba ibitero gikoresheje izo ntwaro.
Korali Hoziana yo muri ADEPR Nyarugenge, yateguye igitaramo cy’iminsi itatu cyiswe ‘Hoziana Gospel Celebration - Tugumane 2024’, kizaba gifite umwihariko wo kwamamaza ubutumwa bwiza bwa Kristo bukagera kuri benshi.
Umuryango w’Ubumwe bw’u Burayi watangaje ko wemeje inkunga ya miliyoni 20 z’Amayero (Asaga miliyari 28Frw), agamije gushyigikira Ingabo z’u Rwanda (RDF), kurwanya iterabwoba mu Ntara ya Cabo Delgado muri Mozambique.
Inzego zishinzwe ubuzima muri Leta Zunze Ubumwe za Amerika, zatangaje ko habonetse umuntu wa mbere wanduye indwara y’ubushita bw’inkende izwi nka Mpox.
Umuraperi w’icyamamare Aubrey Drake Graham (Drake), yahombye Amadorali 335,000 (asaga miliyoni 400 Frw) nyuma y’uko yari yayategeye Mike Tyson gutsinda ku mukino w’iteramakofi wamuhuje na Jake Paul.
Abaramyi barimo Diane Ella, Abid Cruz, Sutcliffe bahuje imbaraga na Niyo Bosco bakora indirimbo bise ‘UBU NDERA’, ikubiyemo ubutumwa bwo guhumuriza baremerewe n’ibyaha, babuze uwabaruhura iyo ngoyi bakegera Imana kuko ari yo itanga imbabazi ikaruhura abarushye.
Umugabo wabaye icyamamare mu mukino w’iteramakofe, Mike Tayson yatsinzwe na Jake Paul mu mukino benshi bahamya ko ari uw’amateka nyuma y’uko muri duce (Round) umunani twakinwe.
Ibiro by’izahoze ari Ingabo za UN zoherejwe kubungabunga amahoro muri Mali, byashyikirije Ingabo z’icyo gihugu ikigo cya nyuma cyari kikiri mu biganza byazo, nyuma yo kwirukanwa muri icyo gihugu.
Umuraperi Steven Munyurangabo uzwi cyane nka Siti True Karigombe, akaba umwe mu bamaze igihe kandi bahagaze neza muri njyana ya Hip Hop Nyarwanda, yashyize hanze Extended Play (EP) nshya yise ‘Ibyuya Byanjye’.
Abayobozi b’ibihugu by’ibihangange bifite ingano nini y’ibyuka byoherezwa mu kirere, ntabwo bitabiriye inama ngarukamwaka y’Umuryango w’Abibumbye ku mihindagurikire y’ibihe COP29, ibera mu Murwa Mukuru wa Azerbaijan, Baku.
Umuhanzikazi w’Umunyafurika y’Epfo, Tyla Laura Seethal, umaze kwamamara nka Tyla, yanditse amateka mu itangwa ry’ibihembo bya MTV Europe Music Awards (MTV EMAs 2024), byatangiwe mu Bwongereza.
Imyuzure yibasiye Igihugu cya Sudani y’Epfo yakuye abaturage ibihumbi 379 mu byabo, ndetse hari impungenge ko ibi bizatuma indwara ya Malariya irushaho kwiyongera ndetse ikibasira abatuye iki gihugu.
Ingabo z’u Rwanda zibarizwa mu Itsinda rya (Battle Group VI), zikorera mu butumwa bw’umuryango w’abibumbye muri Repubulika ya Centrafrique (MINUSCA), zifatanyije n’abaturage ndetse n’abayobozi batandukaye mu bikorwa by’umuganda.
Minisiteri y’Ubuzima (MINISANTE), yatangaje ko abantu bose bari barwaye Icyorezo cya Marburg bakize ndetse mu Cyumweru gishize nta muntu n’umwe wigeze acyandura.
Ingabo z’u Rwanda ziri mu butumwa bwo kugarura amahoro muri Santrafurika (MINUSCA), zibarizwa mu itsinda ry’abaganga zakoze ibikorwa by’ubukangurambaga bigamije kwegera abaturage no kubigisha kwirinda indwara ya malaria no kugira isuku.
Ibiro by’umuryango w’abibumbye bishinzwe uburenganzira bwa muntu bivuga ko hafi 70% by’abiciwe mu ntambara ya Israel ikomeje kurwana n’umutwe wa Hamas muri Gaza ari abana n’abagore.
Umuhanzi Paul Okoye uzwi nka Rudeboy, akaba n’umwe mu bari bagize itsinda rya P-Square ryakanyujijeho mu muziki wa Nigeria arashinja impanga ye Peter Okoye uzwi nka Mr. P. kumwiba indirimbo.
Umushumba wa Kiliziya Gatolika, Papa Francis, yasabye Donald Trump uherutse gutorerwa kuyobora Amerika, kuzakora ibishoboka byose agashaka igisubizo mu guhosha intambara zikomeje kubera hirya no hino ku Isi, cyane cyane iya Ukraine n’u Burusiya.
Perezida Paul Kagame yashimiye Donald Trump watorewe kuyobora Leta Zunze Ubumwe za Amerika, ndetse ko yiteguye gukorana nawe ku nyungu rusange z’ibihugu byacu mu myaka iri imbere.
Umutoza w’ikipe y’Igihugu (Amavubi), Frank Spittler Torsten, yahamagaye abakinnyi 30 bazavamo abo azifashisha mu mikino y’umunsi wa Gatanu n’uwa Gatandatu mu gushaka itike y’igikombe cy’Afurika cya 2025, aho u Rwanda ruzakira Libya ndetse rugasura Nigeria.