Umujyi wa Buruseli ugiye kwakira umuhanzi w’indirimbo zo kuramya no guhimbaza Imana Alexis Dusabe mu gitaramo ’Umuyoboro 25 Concert’ cyo kwizihiza imyaka 25 amaze mu muziki.
Mu kinyejana cya 19, mu bitaro byo mu Mujyi wa Vienna muri Austria, habaye ikibazo gikomeye cy’ubwiyongere budasanzwe bw’imfu z’abagore bapfaga nyuma yo kubyara ariko ndwara yabahitanaga yari itaramenyekana.
Guverinoma y’u Rwanda n’Ikigega Mpuzamahanga cy’Imari (IMF) byageze ku masezerano mashya binyuze muri gahunda ya Extended Credit Facility (ECF) agena inkunga nshya ya miliyoni 250 z’amadolari y’Amerika (asaga miliyari 300 Frw) azakoreshwa mu gihe cy’amezi 38 mu gufasha Igihugu gusigasira ubukungu.
Umunyamabanga Mukuru w’Urukiko Mpuzamahanga Mpanabyaha - IRMCT, Abubacarr M. Tambadou ejo yasuye igororero rya Nyanza ririmo n’abafungiwe ibyaha bya Jenoside boherejwe n’uru rukiko yishimira imibereho yabo.
Umuvugizi wa Guverinoma y’u Rwanda, Yolande Makolo yishimiye intsinzi y’ikipe y’Igihugu ya Repubulika Iharanira Demukarasi ya Congo (Les Leopards) nyuma yo kubona intsinzi yayihesheje itike y’igikombe cy’Isi cya 2026, nyuma y’imyaka 52.
Ishyirahamwe ry’abahoze bakinira Ikipe y’igihugu y’Umupira w’Amaguru - Amavubi ryagaragaje imyitwarire "ritishimiye" ku bari bashinzwe umutekano kuri Sitade Amahoro, nyuma y’Umukino u Rwanda rwegukanyemo intsinzi.
Mu murwa mukuru w’ubucuruzi w’u Burundi, Bujumbura, kuri uyu mugoroba humvikanye urusaku rukomeye rw’ibiturika, nk’uko byatangajwe n’imbuga nkoranyambaga zinyuranye.
Masai Ujiri, umwe mu banyabigwi mu buyobozi b’umukino wa basketball, binyuze mu kuba yarabaye Perezida w’ikipe ya Toronto Raptors yo muri Canada, yatangajwe nk’umwe mu banyamigabane b’ikipe nshya ya Toronto Tempo, igiye gukina muri shampiyona y’abagore muri Leta Zunze Ubumwe za Amerika (WNBA).
Minisitiri w’Ububanyi n’Amahanga n’Ubutwererane Amb Olivier Nduhungirehe, yavuze ko bitangaje kuba Umuryango wa Afurika Yunze Ubumwe, uhuje ibihugu bigize umugabane wose ushobora gusigwa icyasha, ukisanga mu bibazo biturutse ku muyobozi wawo, umaze igihe kitagera no ku mezi abiri awuyobora.
Umwongereza uzwi cyane mu bijyanye n’ibidukikije witwa David Attenborough, agiye gushyira hanze filime mbarankuru igaruka ku ngagi zo muri Pariki y’u Rwanda y’Ibirunga yise "A Gorilla Story: Told by David Attenborough".
Igihugu cya Danemark, cyahoze kiri ku isonga mu gukoresha ikoranabuhanga mu mashuri kuva mu 2011, cyafashe icyemezo gikomeye cyo guhindura icyerekezo mu burezi mu kurengera abana hafatwa umwanzuro wo guhagarika ikoreshwa rya telefoni zigezweho (smartphones), imbaraga zishyirwa mu gushora amafaranga mu kugura ibitabo.
Umuhanzi wamamaye mu ndirimbo zo kuramya no guhimbaza Imana, Patient Bizimana, yashyize hanze indirimbo nshya yise ‘Ndi hano’, yakoranye n’umuhanzikazi w’umunyamerika Kimber Terry, ikaba iri mu zigize Album nshya ari gutegura gushyira hanze mu minsi iri imbere.
Abahagarariye inyungu za gisirikare z’ibihugu byabo mu Rwanda (Defence Attachés) basobanuriwe uko umutekano w’u Rwanda n’uwo mu Karere wifashe, ndetse bagaragarizwa n’uruhare rw’Ingabo z’u Rwanda mu bikorwa byo kubungabunga amahoro by’Umuryango w’Abibumbye no mu butumwa bw’amahoro bushingiye ku mikoranire ya gisirikare (…)
Umuraperi ukomoka muri Repubulika Iharanira Demokarasi ya Congo, RDC, Gandhi Djuna, uzwi nka Maître Gims yatawe muri yombi akurikiranyweho ibyaha birimo gutera inkunga imitwe y’abagizi ba nabi.
Abayobozi b’Ingabo z’u Rwanda (RDF) n’iza Tanzania (TPDF) bahuriye mu Karere ka Karagwe mu Nama ya 15 y’Abayobozi b’Ingabo bakorera ku mipaka, igamije gukemura ibibazo by’umutekano byo ku mipaka no gukomeza kunoza ubufatanye hagati y’ibihugu byombi.
Ubuyobozi bwa Volkswagen Group Africa bwanyomoje amakuru amaze iminsi akwirakwizwa ku mbuga nkoranyambaga ko igiye guhagarika ibikorwa byayo mu Rwanda, buhamya ko ibimaze iminsi bivugwa nta shingiro bifite.
Joseph Kabila wabaye Perezida wa RDC kuva mu 2001 kugeza mu 2019, yavuze ko igihe kigeze buri muturage wa Repubulika Iharanira Demukarasi ya Congo aho yaba aherereye hose haba mu buhungiro cyangwa imbere mu gihugu ahaguruka akarwanya ubutegetsi bw’igitugu bwamaze kwigarurira Igihugu cyabo.
Ishyirahamwe rya Ruhago muri Guinea ryasabye ko Maroc yamburwa igikombe cya Afurika cyo mu 1976, ivuga ko ibyatumye Senegal yamburya icya 2025 bitewe n’uko abakinnyi bivumbuye bakava mu kibuga umukino ugikomeje, Maroc nayo yabikoze mu mukino wa nyuma wabahuje wagombaga kugena uwegukana igikombe.
Perezida Paul Kagame yifurije Abayisilamu bo mu Rwanda no ku Isi yose umunsi mwiza wa Eid al-Fitr, wizihijwe kuri uyu wa 20 Werurwe 2026, abasaba ko uyu munsi ukwiye gukomeza kubibutsa kugira indangagaciro z’impuhwe, ubumwe n’ubumuntu.
Umusaza Ngombwa Timothée wahimbye indirimbo nyinshi zirimo izagize uruhare mu rugamba rwo kubohora u Rwanda nka ‘Ziravumera’ yitabye Imana afite imyaka 80. Amakuru y’urupfu rw’uyu musaza yamenyekanye kuri uyu wa Gatanu tariki 20 Werurwe 2026.
Uwasoma uyu mutwe w’inkuru yagirango ibi si impamo! Ariko nyamara abashakashatsi babiri bo muri Leta Zunze Ubumwe za Amerika bavumbuye ko hari ibintu bitangaje ku mbeba z’ingabo abantu benshi batazi ko bibaho kuko nubwo ari inyamaswa nto cyane, ubuzima bwazo burimo amabanga n’imyitwarire itangaje.
Mu gace ko mu misozi mu mashyamba yo muri Leta Zunze Ubumwe za Amerika, habaye ikintu kidasanzwe cyatumye abashakashatsi batekereza kabiri ku bwenge bw’ibisiga abenshi bazi ku izina ry’ibikona nyuma y’uko bavumbuye ko hari ibikorwa bikora bijya gusa nk’aho bihuriyeho n’abantu.
Itsinda Maranatha Family Choir rikomeje urugendo rwo kugeza ubutumwa bwiza ku bakunzi b’umuziki wo kuramya no guhimbaza Imana, nyuma yo gushyira hanze amashusho y’indirimbo nshya yitwa ’Ubunini’ ikubiyemo ubutumwa bufasha abantu kugira imbaraga zo kwizera mu bihe bibakomereye.
Minisitiri wa Siporo, Nelly Mukazayire mu ruzinduko arimo muri Sénégal, yakiriwe na Perezida Bassirou Diomaye Faye, amushyikiriza ubutumwa bwa mugenzi we w’u Rwanda, Perezida Paul Kagame yamugeneye.
U Rwanda rwagaragaje ko amasezerano rwagiranye n’u Bwongereza ajyanye no kwakira abimukira ndetse n’abasaba ubuhungiro yari ajyanye na politiki yarwo isanzweho kandi imaze igihe kirekire yo kurengera ubuzima bw’impunzi bikajyana no kuzifasha mu mibereho n’iterambere ry’ubukungu mugihe Ubwongereza bwayafashe nk’ayo gukemura (…)
Mu birori bya Academy Awards byabaga ku nshuro ya 98 byabaye ku Cyumweru tariki 15 Werurwe 2026, umukinnyi wa filime Michael B. Jordan yegukanye igihembo cye cya mbere cya Oscar mu cyiciro cy’Umukinnyi Mwiza wa Filime (Best Actor).
Umuvugizi wa Guverinoma y’u Rwanda, Yolande Makolo, asanga kuba Umuryango w’Ubumwe bw’u Burayi (EU) ugiye guhagarika inkunga watanganga mu bikorwa by’ingabo z’u Rwanda byo kurwanya iterabwoba muri Mozambique, bidakwiye kuba ikibazo kuko n’ubundi u Rwanda rutanga ibirenga inshuro 10 z’amafaranga yatangwaga.
Igice gakondo cy’imyidagaduro mu Rwanda ni kimwe mu bitaritabirwa muri iki gihe, ahanini bitewe n’uko usanga kidakunze kubonekamo amafaranga ashobora gutunga uwagihitamo nk’umwuga wa buri munsi.
Ishyirahamwe ry’Umukino wa Basketball mu Rwanda (FERWABA) ryatangaje ku mugaragaro ko Ikipe ya RSSB Tigers Basketball Club ari yo izahagararira u Rwanda mu irushanwa rya Basketball Africa League (BAL) riteganyijwe kuba ku nshuro ya Gatandatu, nyuma y’aho APR Basketball Club ifashe icyemezo cyo kutazaryitabira.
Mu nama y’Ikoranabuhanga mu by’Imari (Inclusive FinTech Forum) Banki ya Kigali yamuritse ku mugaragaro urubuga rwa ‘BK Open API’, rugenewe abakora porogaramu zifasha ibigo mu bijyanye n’ikoranabuhanga mu by’imari guhuza serivisi zabyo n’iz’iyi banki.