Kaminuza y’u Rwanda n’iya Somalia (Somali National University) basinyanye amasezerano y’ubufatanye agamije guteza imbere uburezi, ubushakashatsi no kwimakaza amahoro n’ubwiyunge. Ni amasezerano yasinywe ku bufatanye bw’Ikigo cy’u Rwanda gishinzwe guteza imbere ubufatanye (RCI).
Impuzamashyirahamwe y’Umupira w’Amaguru ku mugabane w’i Burayi(UEFA) yemeje ko umusifuzi Omar Artan wo muri Somalia uherutse kwangirwa kwinjira muri Leta Zunze Ubumwe za Amerika aho yari gusifura Igikombe cy’Isi 2026, ariwe uzayobora umukino wa UEFA Super Cup 2026, uteganyijwe ku wa 12 Kanama i Salzburg.
Mu rwego rwo kwishimira intsinzi y’amateka y’ikipe ya RSSB Tigers yegukanye igikombe cya Basketball Africa League (BAL 2026), hateguwe igitaramo gikomeye kizahuza siporo n’imyidagaduro mu Mujyi wa Kigali.
Ambasaderi w’u Bushinwa mu Rwanda, GAO Wenqi yakiriwe na Perezida w’Inteko Ishinga Amategeko, Umutwe w’Abadepite, Gertrude Kazarwa, bagirana ibiganiro byibanze ku mubano w’ibihugu byombi n’ubufatanye mu nzego zitandukanye.
Sebahizi Prudence wari Minisitiri w’Ubucuruzi n’Inganda yashimye byimazeyo Perezida Paul Kagame, ku cyizere yamugiriye cyo gukorera Igihugu akamuha izo nshingano mu myaka ibiri ishize.
Kuri uyu wa Kabiri tariki 10 Kamena 2026, nibwo Perezida Paul Kagame yagize Bwana Damien Murwanashyaka, Minisitiri w’Ibikorwa Remezo asimbuye kuri uwo mwanya Dr Jimmy Gasore.
Perezida wa Repubulika y’u Rwanda, Paul Kagame yasimbuje ba Minisitiri b’Ibikorwa Remezo, uw’Ubucuruzi n’Inganda ndetse n’uw’Abakozi ba Leta n’Umurimo. Murwanashyaka Damien, Minisitiri w’Ibikorwa Remezo
Kuva gahunda ya "Dusangire Lunch" itangijwe, abana barenga miliyoni enye biga mu mashuri ya Leta n’afashwa na Leta mu Rwanda nibo bafatira ifunguro ku ishuri.
Itsinda rya UB40 featuring Ali Campbell ryakoze amateka mu gitaramo cyabereye muri BK Arena, kiba kimwe mu bitaramo byihariye bitazibagirana, cyane cyane ku bakuze bumva umuziki waryo.
Ambasaderi w’u Rwanda muri Luxembourg Aurore Mimosa Munyangaju, yavuze ko ubudaheranwa, uburenganzira bwa muntu, ubushobozi bwo kongera kwishakamo imbaraga n’ubushobozi bwo kongera kwiyubaka nyuma y’amakuba n’imbaraga zo kubabarira ari indangagaciro z’Abanyarwanda kandi bagomba kubisigasira.
Umuhanzikazi Boukuru wari uteganyijwe kubanza ku rubyiniro mu gitaramo cya UB40 Featuring Ali Campbell cyabereye muri BK Arena, ntiyabashije kuririmba nk’uko byari byateganyijwe, bitewe n’impamvu zitunguranye.
Perezida wa Repubulika Paul Kagame, muri Village Urugwiro yakiriye itsinda rigizwe n’abanyamuryango 19 babarizwa mu Muryango w’Abayobozi bakiri bato, (Young Presidents Organisation YPO), bari kumwe n’abo bashakanye.
Itsinda ry’intumwa zo ku rwego rwo hejuru zaturutse muri Minisiteri y’Umutekano w’Imbere mu Gihugu, Ibikorwa bya Leta n’Ubwiyunge muri Somalia, ziri mu ruzinduko rw’icyumweru mu Rwanda.
Perezida wa Leta Zunze Ubumwe za Amerika, Donald Trump, yanditse amateka mashya muri siporo ubwo yitabiraga umukino wa gatatu (Game 3) w’iya nyuma ya kamarampaka muri Shampiyona ya NBA Finals wabereye kuri Madison Square Garden i New York.
Ikigega Mpuzamahanga cy’Imari (IMF) binyuze muri gahunda ya Extended Credit Facility (ECF), cyemereye u Rwanda inguzanyo ya miliyoni 250 z’amadolari y’Amerika (ni ukuvuga agana na miliyari 365.75 z’Amafaranga y’u Rwanda) mu gufasha Igihugu gusigasira ubukungu.
Kuri uyu wa 5 Kamena, mu Rwanda hatangijwe ku mugaragaro iserukiramuco ryiswe "Global Green Heroes Festival" rigamije kurengera ibidukikije hifashishijwe ubuhanzi nk’umuyoboro wo gushishikariza abantu kurengera ibidukikije no guteza imbere iterambere rirambye.
Maj Gen Alexis Kagame, Umugaba Mukuru w’Inkeragutabara yashimye byimazeyo Perezida wa Repubulika y’u Rwanda akaba n’Umugaba w’Ikirenga w’Ingabo, Paul Kagame ku nkunga adahwema gutanga mu guteza imbere uburinganire n’ubwuzuzanye bw’abagabo n’abagore mu gisirikare.
Florentino Pérez, uherutse kongera gutorerwa kuyobora Real Madrid, kuri uyu wa Mbere yakiriye Papa Leo XIV kuri Stade ya Santiago Bernabéu, mu gikorwa cyahuje imbaga y’abakristu ba diyosezi ya Madrid, kikaba ari nacyo gikomeye mu ruzinduko rw’uyu Mushumba wa Kiliziya Gatolika muri uyu Murwa Mukuru.
Itsinda ry’abagize urwego rw’ubutabera baturutse mu Bwami bwa Eswatini, batangiye uruzinduko rw’icyumweru mu Rwanda rugamije kwiga no gusangira ubunararibonye mu bijyanye n’imikorere y’inzego z’ubutabera n’ikoranabuhanga rishyigikira serivisi za Leta.
Minisitiri w’Ubutegetsi bw’Igihugu, Dominique Habimana yashimye intambwe DASSO imaze gutera mu kunganira izindi nzego mu kubungabunga umutekano, gukumira ibyaha no gufasha abaturage.
Muri Leta Zunze Ubumwe za Amerika habereye igikorwa cya White House Prayer of Our Nation Awards and Appreciation Gala, kigamije gusengera Isi muri ibi bihe bigoye iri kunyuramo by’intambara, amahoro n’umutekano bikajyana no guha icyubahiro abagira uruhare rukomeye mu guteza imbere imibereho myiza y’abaturage.
Ambasaderi Bazivamo Christophe, Umunyamabaga Mukuru w’Umuryango FPR Inkotanyi, yagaragaje ko indangagaciro zirimo ubumwe, gukunda Igihugu, FPR izihuriyeho n’ishyaka PASTEF (Patriotes Africains du Sénégal pour le Travail, l’Ethique et la Fraternité) riri ku butegetsi muri Senegal.
Ambasaderi w’u Rwanda muri Leta Zunze Ubumwe za Amerika, Mathilde Mukantabana, ari na we Muyobozi w’Abadipolomate ba Afurika muri Amerika (Dean of the African Diplomatic Corps), afatanyije na bagenzi be bahagarariye ibihugu bya Afurika ndetse n’Umuryango wa Afurika Yunze Ubumwe yayoboye umuhango wo kwizihiza Umunsi wa (…)
Umunyamabanga Mukuru w’Umuryango FPR Inkotanyi Amb. Bazivamo Christophe, yagiranye ibiganiro na Perezida w’Ishyaka PASTEF ryo muri Senegal, Ousmane Sonko.
Umuvugizi wa Guverinoma y’u Rwanda, Yolande Makolo yanenze Radio Okapi yakwirakwije amakuru y’ibihuha, ivuga ko hari umubare munini w’Abanye-Congo bahejejwe ku mupaka wa Rusumo uhuza u Rwanda na Tanzania mu rwego rwo kubakumira kubera icyorezo cya Ebola.
Mu Irushanwa mpuzamahanga rya Huawei ICT Competition 2025–2026 ryabereye i Shenzhen mu Bushinwa, abanyeshuri baturutse mu Rwanda bagaragaje ubuhanga budasanzwe mu barenga 220,000 bari baturutse mu bihugu birenga 100.
Minisitiri wa Siporo, Nelly Mukazayire, yagaragaje ko igihe kigeze kugira ngo ibikorwa bya Olempike birusheho kuba mpuzamahanga by’ukuri, bikagera ku migabane yose y’Isi n’abaturage bayo, aho kwibanda mu bice bike by’Isi.
Umuyobozi Mukuru w’Umuryango wa Imbuto Foundation, Elodie Shami yashyikirije Umuryango wa Avega Agahozo ivuriro rigendanwa (mobile clinic), ryakiriwe na Perezida w’uyu muryango, Madamu Alphonsine Mukarugema.
Mu gihe Isi ikomeje guharanira ko amateka ya Jenoside yakorewe Abatutsi mu 1994 atazibagirana, mu minsi mike ishize mu Bufaransa habereye ibikorwa bikomeye byibanze ku kwibuka no kuyasigasira, mu kuzirikana ubuzima bw’abarenga miliyoni imwe bazize uko bavutse ndetse bikajyana no gushimangira uruhare rw’ubuhanzi mu kubika no (…)
Igitaramo ‘Spinny and Friends’ gitegurwa n’umuhanga mu kuvanga imiziki, Joseph Kalisa uzwi ku izina rya Dj Spinny, cyari gitegerejwe na benshi ku wa 8 Kanama 2026, abagitegura batangaje ko cyimuriwe tariki 18 Nyakanga 2026, ku kibuga cya Cricket i Gahanga.