Kuri uyu wa Mbere tariki 28 Mata 2025, U Rwanda na Leta Zunze Ubumwe za Amerika, batangije ku mugaragaro gahunda y’ibiganiro bigamije guteza imbere ubufatanye bw’ibihugu byombi, mu nzego zitandukanye no gukemura ibibazo bibangamiye inyungu rusange.
Umuhanzi Nyarwanda, Ngabo Medard Jobert wamamaye mu muziki nka Meddy n’umufashe we Mimi Mehfra, bari mu byishimo nyuma yo kwibaruka umwana wabo wa Kabiri w’umuhungu.
Umuyobozi w’Ibiro bya Perezida wa Ukraine, Andriy Yermak, yavuze ko u Burusiya bwari bukwiye gukurikiza urugero rwiza hagati y’u Rwanda na Repubulika Iharanira Demokarasi ya Congo (RDC), nyuma y’uko biherutse gusinyana amasezerano yo guhosha amakimbirane byari bimazemo igihe, no kugera ku mahoro arambye n’iterambere ry’Akarere.
Korali Hoziana izwi mu ndirimbo zihimbaza Imana, yasubiyemo indirimbo yayo yakunzwe cyane ’Tugumane’ mu rurimi rw’Igiswahili, mu rwego rwo gukomeza kugeza ubutumwa bwiza ku bantu bose by’umwihariko abo mu Karere u Rwanda ruherereyemo bavuga Igiswahili.
Abaturarwanda basabwe gukomeza gukaza ingamba zo kwirinda Malaria, bitewe n’uko muri iki gihe ikomeje kwiyongera hirya no hino mu Gihugu, by’umwihariko mu mwaka wa 2024 aho imibare yakomeje kuzamuka mu Turere dutandukanye tw’Igihugu.
Umunyamabanga Uhoraho muri Minisiteri y’Ububanyi n’Amahanga n’Ubutwererane, Mukeka Clémentine, yavuze ko impuhwe n’urukundo Papa Francis yagaragarije abandi, byabereye benshi icyitegererezo harimo n’u Rwanda.
Ubuyobozi bw’Akarere ka Gisagara buvuga mu rwego rwo gukaza ingamba zo kurwanya no kuvura indwara ya Malaria, abajyanama b’ubuzima bashyizwe ku isonga ndetse bitanga umusaruro, kuko bagize uruhare mu kuvura abarwayi ku kigero cya 54%.
U Rwanda rwakiriye icyiciro cya 21 cy’impunzi n’abimukira bagera ku 137 baturutse muri Libya basaba ubuhungiro.
Ubuyobozi bw’Akarere ka Nyagatare buvuga ko imiterere yako, ndetse no kuba higanje ibikorwa byinshi by’ubworozi aho usanga abaturage bafite inzuri nyinshi kandi zifite n’ibidamu bibika amazi amaramo igihe, ari zimwe mu mpamvu zituma harabaye ubwiyongere bw’indwara ya Malaria.
Amategeko ya Kiliziya Gatolika ateganya ko hari ibigomba gukorwa mu gihe cyo gutora Umushumba Mukuru wa Kiliziya Gatolika ku Isi iyo yitabye Imana cyangwa yeguye.
Minisitiri w’Ubumwe bw’Abanyarwanda n’Inshingano Mboneragihugu, Dr Bizimana Damascène, yasabye urubyiruko gukomeza kwamagana inyigisho zibiba urwango, zigikomeje gusakazwa n’abakuru bagifite ingengabitekerezo ya Jenoside.
U Rwanda na Pakistan, kuri uyu wa Mbere tariki 21 Mata 2025, byashyize umukono ku masezerano y’ubufatanye mu bijyanye n’amahugurwa mu bya dipolomasi.
Mu Rwanda uko sinema ikomeje gutera imbere umunsi ku munsi, ni na ko hamurikwa filime nshya usanga zigira uruhare mu kugaragaza impano nshya muri uru ruganda.
Umushumba wa Kiliziya Gatolika, Papa Francis yitabye Imana kuri uyu wa Mbere wa Pasika tariki 21 Mata 2025 aguye aho yari atuye muri Casa Santa Marta i Vatikani.
Minisitiri w’Ububanyi n’Amahanga n’Ubutwererane w’u Rwanda, Amb. Olivier Jean Patrick Nduhungirehe, yavuze ko uruzinduko arimo muri Pakistan rugaragaza intambwe ikomeye mu gushimangira umubano mu bya dipolomasi hagati y’ibihugu byombi.
Ambasaderi w’u Rwanda mu Buyapani, Marie Claire Mukasine yavuze ko insanganyamatsiko y’imurikagurisha mpuzamahanga rya ’Osaka Expo 2025’ rihuza n’icyerekezo cy’u Rwanda cya 2050 cyo kugira Abanyarwanda bafite imibereho myiza ndetse rikazaba umwanya mwiza wo kugaragariza amahanga aho Igihugu kigana.
Perezida Paul Kagame kuri uyu wa kane yagiranye ibiganiro na mugenzi we wa Misiri, Abdel Fattah El Sisi, byagarutse ku bikorwa by’indashyikirwa u Rwanda rukomeje gukora muri Repubulika ya Santrafurika ndetse no ku bibazo by’umutekano mu Burasirazuba bwa DRC.
Abanyeshuri biga mu ishuri rikuru rya Gisirikare (RDFSCSC), icyiciro cya 13, batangiye urugendoshuri rugamije kwiga no gusobanukirwa uko Ingabo zahoze ari iza RPA, zatangiye urugamba rwo kubohora Igihugu.
Minisitiri w’Ubumwe bw’Abanyarwanda n’Inshingano Mboneragihugu, Dr Bizimana Jean Damascène, yasabye abagororwa bahamijwe ibyaha bya Jenoside bitegura gusoza ibihano, ko bagomba kumva no kwakira uburemere bw’ibyaha bakoze kugira ngo basubire mu muryango Nyarwanda bafite imyumvire mizima, ndetse babwize ukuri imiryango yabo ku (…)
Umugaba Mukuru w’Ingabo za Ethiopia (ENDF), Field Marshal Birhanu Jula, uri mu Rwanda mu ruzinduko rw’akazi, kuri uyu wa mbere tariki 14 Mata 2025, yakiriwe na mugenzi we w’u Rwanda, Gen Mubarakh Muganga, ku cyicaro gikuru cya RDF ku Kimihurura. Field Marshal Birhanu Jula, yabonanye kandi na Minisitiri w’Ingabo, Juvenal (…)
Ikigo cy’Igihugu gishinzwe Ubumenyi bw’Ikirere Meteo Rwanda, cyateguje Abaturarwanda ko hateganyijwe imvura idasanzwe hirya no hino mu Gihugu.
Ambasaderi w’u Rwanda muri Afurika y’Epfo, Emmanuel Hategeka yavuze ko kwibuka buri mwaka Jenoside yakorewe Abatutsi, byabaye inkingi mwikorezi yo kongera kwiyubaka k’u Rwanda, no gufasha ibiragano bizaza kwiga amateka no kuyazirikana.
Ingabo z’u Rwanda ziri mu butumwa bw’Umuryango w’Abibumbye, bwo kubungabunga amahoro muri Sudani y’Epfo (UNMISS) no muri Repubulika ya Santrafurika (MINUSCA), hamwe n’Abanyarwanda batuye muri ibyo bihugu ndetse n’inshuti z’u Rwanda, bahuriye mu gikorwa cyo kwibuka ku nshuro ya 31 Jenoside yakorewe Abatutsi mu 1994.
Ambasaderi w’u Rwanda mu Bushinwa, James Kimonyo yavuze ko ijambo Never Again (Ntibizongere Ukundi), ridakwiye kwingingirwa ahubwo ko ari icyemezo gikomeye amahanga agomba gushyira mu bikorwa, aboneraho no guhamagarira umuryango mpuzamahanga gukura amasomo ku mateka ababaje ya Jenoside yakorewe Abatutsi muri Mata 1994.
Perezida w’u Bufaransa, Emmanuel Macron yavuze ko Igihugu cye gishyigikiye byimazeyo umunsi mpuzamahanga wo kwibuka Jenoside yakorewe Abatutsi mu 1994 ndetse kandi cyiyemeje kwifatanya n’u Rwanda mu bikorwa byo kwibuka, gushyira imbere ukuri n’ubutabera.
Dr Monique Nsanzabaganwa, i Addis Ababa muri Ethiopia yamuritse igitabo yise ‘SEED’ kivuga ku rugendo ruganisha ku bifite akamaro binyuze mu kudatezuka ku ntego bikajyana n’impinduka, abantu bagaharanira kwera imbuto ziganisha ku iterambere.
Julienne Uwacu wari Umuyobozi Nshingwabikorwa ushinzwe Itorero no guteza imbere Umuco muri MINUBUMWE, yashimiwe umusanzu we mu kubaka Ubumwe n’Ubudaheranwa by’Abanyarwanda.
Mu Karere ka Musanze mu Ishuri Rikuru rya Gisirikare, kuri uyu wa Gatanu habereye igikorwa cyo gusoza amasomo ya ba Ofisiye bo mu Ngabo z’u Rwanda, Polisi y’u Rwanda n’abo mu Rwego rw’Igihugu rushinzwe Igorora (RCS), barangije amasomo abanza yo ku rwego rw’aba Ofisiye.
Mu myaka mike ishize, u Rwanda rwateye intambwe igaragara mu kwinjiza ikoranabuhanga mu burezi, ibyo bijyana n’uburyo ibyumba by’amashuri byahinduwemo bigashyirwamo ikoranabuhanga rifasha mu myigire.