Paula White-Cain, Umujyanama mu Biro bya Perezida Donald Trump wa Amerika mu ishami rishinzwe Imyemerere, ari kumwe n’intumwa ayoboye basuye Urwibutso rwa Jenoside rwa Kigali ku Gisozi, mu rwego rwo kunamira inzirakarengane zazize Jenoside yakorewe Abatutsi mu 1994 ziharuhukiye.
Amb. Col (Rtd) Donat Ndamage, yashyikirije Umwami Mswati III wa Eswatini inyandiko zimwemerera guhagararira u Rwanda muri icyo gihugu, mu gikorwa cyabaye ku wa Kane tariki 07 Ugushyingo 2025 mu Ngoro y’Umwami ya Lozita.
Kuri uyu wa Gatatu tariki 5 Ugushyingo 2025, u Rwanda rwifatanyije n’ibindi bihugu bitandukanye mu muhango wo gufungura ku mugaragaro imurikabikorwa ku byinjizwa mu Bushinwa (China International Import Expo - CIIE), ririmo kubera i Shanghai muri icyo gihugu, rikaba ryitezweho kongera ibyo u Rwanda rwoherezayo.
Minisitiri w’Ububanyi n’Amahanga n’Ubutwererane, Amb Olivier Nduhungirehe, yanenze MONUSCO iherutse guha imyitozo Ingabo za RDC, yo gukoresha indege z’intambara zitagira abapilote no gukoresha ibitwaro biremereye, ashimangira ko ubutumwa bwayo nk’uko bizwi ari ukubungabunga amahoro no kurinda abasivile.
U Rwanda rwahawe igihembo nk’Igihugu gifite ibikorwa remezo byakira inama mpuzamahanga, n’amahoteli yo ku rwego rwo hejuru, bigamije guteza imbere no koroshya urwego rw’ubukerarugendo ku Mugabane wa Afurika (Best Tourism Infrastructure Award).
Madamu Jeannette Kagame yagenewe igihembo n’Ihuriro Mpuzamahanga ry’Abaganga b’inzobere bita ku Buzima bw’Abagore (FIGO) kubera uruhare yagize mu guteza imbere ubuzima bw’abagore n’ubw’umwana w’umukobwa.
Iyi nama izwi nka Proximity Commanders, yaberaga mu Mujyi wa Kabale n’uwa Mbarara, kuva tariki 30 Nzeri 2025, yahuje abayobozi ba Diviziyo ya Kabiri ya UPDF hamwe na Diviziyo ya Gatanu ku ruhande rwa RDF, yibanze ku gushimangira ubufatanye hagati y’Ingabo z’ibihugu byombi, no kunoza imikoranire hagati yazo ndetse n’abaturage (…)
Umugaba Mukuru w’Ingabo z’u Rwanda, Gen Mubarakh Muganga, kuri uyu wa Kabiri ku cyicaro gikuru cya RDF ku Kimihurura, yakiriye itsinda ry’abarimu n’abanyeshuri 27 bo mu ishuri rikuru rya Gisirikare rya Zambia, abagaragariza aho Igihugu kigeze cyiyubaka n’uburyo kigira uruhare mu kubungabunga amahoro hirya no hino ku mugabane (…)
Umuyobozi Mukuru w’Ikigo gishinzwe Ibijyanye n’Isanzure (Rwanda Space Agency/RSA), Gaspard Twagirayezu, yagizwe Visi Perezida w’Ihuriro mpuzamahanga ryita ku bijyanye n’isanzure (International Astronautical Federation).
U Rwanda rwatangiye kohereza muri Leta Zunze Ubumwe za Amerika amabuye y’agaciro ya Tungsten (Wolfram).
Gahunda ya Visit Rwanda, igamije kwamamaza ubukererugendo bw’u Rwanda yabaye umuterankunga wa LA Clippers ikina Shampiyona ya Basketball muri Leta Zunze Ubumwe za Amerika (NBA), na Los Angeles Rams ikina muri National Football League (NFL) mu rwego rwo kurushaho kwagura ubufatanye binyuze mu mikino itandukanye muri Amerika.
Minisitiri w’Ububanyi n’Amahanga n’Ubutwererane, Amb. Olivier Nduhungirehe, yavuze ko u Rwanda rukomeje kwishimira umubano uzira amakemwa hagati yarwo na Qatar, ndetse ko ari umufatanyabikorwa w’ingenzi n’umuhuza ukomeye kandi utagira aho abogamiye, mu gushyigikira gahunda y’amahoro mu burasirazuba bwa Repubulika Iharanira (…)
Perezida Paul Kagame uri mu ruzinduko rw’akazi mu Misiri, yavuze ko u Rwanda na Misiri bifite impamvu nyinshi zo gushimangira umubano, cyane cyane mu by’ubukungu kuko ibihugu byombi bihuje icyerekezo, ndetse ko icyo bikeneye ari ugushyira imbere gahunda z’iterambere rirambye kandi zibyarira inyungu abaturage babyo.
Perezida Paul Kagame yageze i Cairo mu Misiri, aho yatangiye uruzinduko rw’akazi, akaba yakiriwe mu Ngoro y’Umukuru w’Igihugu ya Al-Ittihadiya na Perezida Abdel Fattah Al-Sisi wa Misiri.
Umuyobozi Mukuru w’Urwego rw’Igihugu rushinzwe Iterambere (RDB), Jean-Guy Afrika yasabye abashoramari bo mu Misiri kuza kwirebera amahirwe atandukanye u Rwanda rufite kuko ari igihugu kiyemeje kuba ihuriro ry’ishoramari ndetse n’irembo ryagutse ry’isoko ryo mu Karere.
Ni amasezerano yasinywe na Minisitiri w’Ububanyi n’Amahanga n’Ubutwererane Amb. Olivier Nduhungirehe na Péter Szijjártó, Minisitiri w’Ububanyi n’Amahanga n’Ubucuruzi w’icyo Gihugu.
Perezida wa Repubulika Paul Kagame uri mu ruzinduko rw’iminsi itatu mu gihugu cya Azerbaijan yakurikiye isiganwa rya Formula 1 Grand Prix ya Azerbaijan ryabaye ku kuri iki Cyumweru, tariki ya 21 Nzeri.
Perezida Paul Kagame yavuze ko u Rwanda na Azerbaijan byifuza gukomeza guha imbaraga no gushimangira umubano n’ubufatanye bubyara umusaruro ufatika ku bihugu byombi.
Ku ya 18 Nzeri, Minisitiri w’Umutekano w’Imbere mu Gihugu, Dr. Vincent Biruta, yasuye Umujyi w’ikoranabuhanga wa EHang Future City i Guangzhou mu Bushinwa, yihera ijisho ikoranabuhanga ry’indege zitagira abapilote (Drones) zitwara abantu.
Perezida Paul Kagame kuri uyu wa Gatanu tariki 19 Nzeri 2025, yageze i Baku mu murwa mukuru wa Azerbaijan, aho yatangiye uruzinduko rw’akazi rw’iminsi itatu.
Minisitiri w’Ingabo z’u Rwanda, Juvenal Marizamunda, yagaragaje uburyo ibibazo byinshi bibangamiye umutekano wa Afurika bishingiye ku mateka ya gikoloni, ndetse agaragaza uburyo u Rwanda rugira uruhare mu gukemura amakimbirane akomeje kwiyongera mu bice by’uyu mugabane.
Umunya-Slovenia, Tadej Pogačar, ufite shampiyona y’Isi yo gusiganwa ku magare ya 2024, ndetse akaba na nimero ya mbere ku Isi muri uyu mukino, ku mugoroba wo kuri uyu wa Kane yageze i Kigali aho yitabiriye iyi shampiyona, itegerejwe kuva ku wa 21 kugeza ku ya 28 Nzeri 2025.
Ingabo z’u Rwanda (RDF) zo muri Diviziyo ya 5 n’iza Tanzania (TPDF) zo muri Brigade ya 202, zahuriye mu nama ya 13 yitwa Proximity Commanders, igamije kwigira hamwe ibibazo bibangamiye umutekano, ndetse no gushimangira ubufatanye mu kubungabunga umutekano ku mipaka ihuza ibihugu byombi.
Guverinoma y’u Rwanda na Repubulika ya Rubanda y’u Bushinwa byashyize umukono ku masezerano y’ubufatanye mu bijyanye n’Ingabo, ibifatwa nk’intambwe ikomeye mu mibanire y’ibihugu byombi.
Imirimo y’umushinga Volcano Belt Water Supply System igeze ku kigero cya 60.4%, bikaba biteganyijwe ko uyu mushinga nurangira uzongerera ubushobozi uruganda rwa Mutobo, ahari kubakwa n’urundi ruganda rushya. Izo nganda ebyiri zizageza amazi meza ku baturage ibihumbi 354 bo mu Turere twa Musanze, Nyabihu na Rubavu.
Ingabo z’u Rwanda ziri mu butumwa bw’amahoro muri Repubulika ya Santrafurika (MINUSCA) zigize amatsinda ya RWABG VII na RWAMED X yita ku buvuzi, zahaye serivisi z’ubuvuzi ku buntu abarenga 200 bo mu Bitaro bya Sam-Ouandja.
Mu gihembwe cya kabiri cya 2025, icyuho hagati y’ibyoherezwa mu mahanga n’ibitumizwayo cyagabanutseho 12.5% ugereranyije n’igihembwe nk’iki umwaka ushize, nk’uko bigaragara muri raporo y’Ubucuruzi Mpuzamahanga Bwanditse bw’u Rwanda.
Umuvugizi w’Ingabo z’u Rwanda, Brig Gen Ronald Rwivanga, yavuze ko amakimbirane ashingiye ku moko, imitwe y’inyeshyamba mu bihugu bitandukanye n’iyambukiranya imipaka ndetse n’iterabwoba, bigikoma mu nkokora umugabane wa Afurika kugera kuri Demokarasi.
Umugaba Mukuru w’Ingabo zirwanira ku butaka, Maj Gen Vincent Nyakarundi, ari kumwe n’Umuyobozi Mukuru wa Polisi y’u Rwanda Wungirije ushinzwe ibikorwa, DIGP Vincent Sano, bahaye impanuro abasirikare n’abapolisi bitegura kujya mu butumwa mu ntara ya Cabo Delgado muri Mozambique.
Iserukiramuco rya Filime rya Mashariki African Film Festival (MAAFF) ku nshuro yaryo ya 11, rigarukanye umwihariko wo guhemba imodoka ku bakinnyi ba sinema bakunzwe cyane bagatorwa n’abaturage (People’s Choice Actor & Actress), n’igihembo cy’icyubahiro kizwi nka ’Lifetime Achievement’.