U Rwanda rwahize ibihugu byo ku Mugabane wa Afurika byitwaye neza kurusha ibindi muri raporo ngarukamwaka y’ikigo mpuzamahanga cy’imari (IIF).
Dany Vassyli Mugisha yatorewe kuba Umuvugizi w’Inteko y’Urubyiruko rw’Ibihugu bikoresha Igifaransa (Parlement Francophone des Jeunes), umwanya ukomeye uzamufasha guhagararira no kuvuganira urubyiruko rwo mu bihugu bikoresha ururimi rw’Igifaransa.
Umuhanzikazi w’indirimbo zo kuramya no guhimbaza Imana, Diane Nkusi, yashyize hanze amashusho y’indirimbo ye nshya yise “Santa Israel”, indirimbo yari imaze imyaka 12 ibitswe mbere yo gusohoka ku mugaragaro.
Kuri uyu kabiri taliki ya 14 Nyakanga, nibwo u rwego rw’igihugu rw’iterambere (RDB), rwatangaje ko rwasinyanye amasezerano y’ubufatanye n’ikipe ya Aston Villa yo mu bwongereza ajyanye na gahunda ya Visit Rwanda, yo kwamamaza ibyiza nyaburanga by’u Rwanda.
Umuhanzi w’icyamamare mu njyana ya Afrobeats, Davido, yatangaje ko kimwe mu bintu bimutera ubwoba kurusha ibindi atari ukumenya igihe gikwiye azahagarikira ibikorwa bye bya muzika.
Abanyeshuri 258.255 ni bo biteganyijwe ko bazakora ibizamini bisoza icyiciro rusange cy’amashuri yisumbuye n’icya kabiri guhera kuri uyu wa 15 Nyakanga 2026.
Ubushakashatsi bukorwa buri mezi abiri ku nzovu zo muri Pariki y’Igihugu y’Akagera buherutse gusozwa, bwagaragaje ko hiyongereyeho inzovu nshya esheshatu.
Ba Ofisiye bakuru 26 bo mu Ngabo z’u Rwanda (RDF), Polisi y’u Rwanda, Urwego rw’Igihugu rushinzwe Igorora, n’abakozi bo muri Minisiteri y’Ububanyi n’Amahanga bitabiriye Amahugurwa ku Micungire y’Urwego rw’Ingabo ari kubera mu Ishuri Rikuru ry’Ingabo z’u Rwanda riherereye mu Karere ka Musanze.
Banki Nkuru y’u Rwanda yatangije uburyo bwo kwishyurana amafaranga bwihuta buhuriweho n’ibigo by’imari bitandukanye (RNDPS/eKash), buri mu ngamba zashyizweho n’u Rwanda zo guteza imbere uburyo bwihuta bwo kwishyurana hakoreshejwe ikoranabuhanga.
Minisitiri w’Imari n’Igenamigambi, Yusuf Murangwa yashimangiye ko intego za gahunda y’Umuryango w’Abibumbye y’Iterambere rirambye (SDGs 2030) zizagerwaho, niha ibihugu byemeye gutanga ikiguzi gisabwa.
Sheikh Hamad bin Khalifa Al Thani, wabaye Emir wa Qatar akaba se wa Emir wa Qatar uri ho kuri ubu, ndetse akaba afatwa nk’uwahinduye iki gihugu gito cyo mu kigobe akakigira kimwe mu bihugu bikize cyane kandi bifite ijambo rikomeye ku isi yitabye Imana ku myaka 74.
Lindsey Graham, umwe mu basenateri b’Abarepubulikani bakomeye muri Leta Zunze Ubumwe za Amerika, akaba n’inshuti ikomeye y’u Rwanda yitabye Imana afite imyaka 71 azize uburwayi bwaje butunguranye kandi bwamufashe igihe gito, nk’uko byatangajwe n’ibiro bye.
Ambasaderi w’u Bushinwa mu Rwanda, Gao Wenqi yashimangiye ko umubano w’u Rwanda n’u Bushinwa ari amahitamo yakozwe ku bushake n’impande zombi, atari impanuka.
Ishyirahamwe Nyarwanda ry’umukino wa Basketball (FERWABA) ryatangaje ko ryakuyeho ibihano byari byarafatiwe abakinnyi Ntore Habimana na Mpoyo Axel Olenga nyuma yo kwakira amabaruwa yabo asaba imbabazi no kugirana ibiganiro n’ikipe ya APR BBC basanzwe bakinira.
Gufata inkari igihe kirekire ni imyitwarire igaragara ku bantu benshi, cyane cyane ababa bahugiye mu kazi cyangwa bari mu ngendo zitabemerera kubona aho bihagarika ku gihe. Nubwo hari ababifata nk’ibisanzwe, ubushakashatsi mu by’ubuvuzi bwerekana ko bishobora kugira ingaruka zitandukanye ku buzima, zirimo iz’igihe gito (…)
Banki Nkuru y’u Rwanda yatangaje ko yongereye igihe cy’ihagarikwa ry’agateganyo ry’ibikorwa bya Mobicash Rwanda Ltd kugeza ku itariki ya 30 Nyakanga 2026.
Minisitiri w’Imari n’Igenamigambi, Yusuf Murangwa, yavuze ko Afurika igomba kwihutisha impinduka igana ku burezi bushingiye ku bushobozi (competency-based education), bushyigikiwe n’ubufatanye bukomeye hagati ya Leta, abikorera n’inzego z’amashuri.
Perezida wa Repubulika y’u Rwanda, Paul Kagame, yavuze ko ubwenge buhangano (Artificial Intelligence - AI) bufite ubushobozi bwo guhindura ubuzima bw’abantu no kongera imbaraga z’ubukungu, ashimangira ko Afurika ifite amahirwe akomeye yo gutanga umusanzu mu bukungu bw’ikoranabuhanga ku Isi.
Perezida wa Repubulika y’u Rwanda, Paul Kagame, ari i Genève mu Busuwisi aho ateganyijwe gutanga ijambo nyamukuru mu muhango wo gutangiza ku mugaragaro inama mpuzamahanga ya AI for Good Global Summit 2026.
U Rwanda rwagaragaje ko rufite intego yo kuba igicumbi cyo guhanga udushya ku Mugabane wa Afurika, aho ikoranabuhanga ry’ubwenge buhangano AI, buzifashishwa nk’inkingi ikomeye mu guteza imbere ubukungu bushingiye ku bumenyi no guhanga ibishya.
Minisitiri w’Ububanyi n’Amahanga n’Ubutwererane, Olivier Nduhungirehe, mu ruzinduko akomeje kugirira muri Israel yasuye umuryango Save a Child’s Heart ukorera mu bitaro bya Wolfson Medical Center ukaba umaze n’igihe kirekire ukorana n’u Rwanda.
Perezida w’u Rwanda, Paul Kagame, yagizwe umwe mu bayobozi ba Komisiyo nshya mpuzamahanga ishinzwe ikoranabuhanga ry’ubwenge buhangano (AI), yashyizweho n’Umuryango w’Abibumbye binyuze mu Ishami ry’Itumanaho ku Isi (ITU).
U Rwanda na Israel byashyize umukono ku masezerano agamije kwagura ubufatanye mu nzego z’iterambere, guhanga udushya ndetse n’uburezi.
Itsinda ry’Abanyehuri b’Abanyarwanda bitabiriye irushanwa ry’imibare rihuza ibihugu byo ku Mugabane wa Afurika (Pan African Mathematics Olympiad -PAMO 2026) ryaberaga i Yamoussoukro muri Côte d’Ivoire, basoje iri rushanwa iri ku mwanya wa 12 mu bihugu 26 byaryitabiriye.
Minisitiri w’Ingabo, Juvenal Marizamunda, yavuze ko amarushanwa y’Igikombe cyo kwibohora mu Ngabo z’u Rwanda, arenze kuba amarushanwa gusa, ahubwo ko ari n’uburyo bwo kwizihiza umurage w’ubutwari, ubwitange no guharanira gutsinda byaranze Ingabo za RPA mu rugamba rwo Kubohora u Rwanda.
Perezida wa Santrafurika, Faustin-Archange Touadéra ku wa 04 Nyakanga 2026, yitabiriye ibirori byo kwizihiza #Kwibohora32 byateguwe na Ambasade y’u Rwanda muri icyo Gihugu.
Perezida wa Mozambique, Daniel Chapo, yatangaje ko Umuryango w’Ubumwe bw’u Burayi (EU) uzagira uruhare mu gutera inkunga ibikorwa byo kurwanya iterabwoba mu Ntara ya Cabo Delgado, mu rwego rwo gushyigikira ubutumwa Ingabo z’u Rwanda zikomeje gukorera mu Majyaruguru y’icyo Gihugu.
Rutahizamu akanaba kapiteni w’ikipe y’igihugu ya Portugal ndetse n’ikipe ya Al-Nassr yo muri Shampiyona ya Arabie Saoudite (Saudi Pro League) yatangaje ko iki gikombe cy’Isi 2026, aricyo cyanyuma azaba akinnye.
Kuri uyu wa Gatandatu, abaturage b’Akarere ka rubavu ndetse n’abaturutse hakurya mu Gihugu cy’abaturanyi muri Repubulika Iharanira Demukarasi ya Congo, bitabye karame ku bwinshi igitaramo cy’umunsi wa nyuma w’ibitaramo bya Summer Country Tour 2026, cyabereye kuri Stade Umuganda.