Perezida wa Repubulika Paul Kagame muri Village Urugwiro, yakiriye itsinda ry’impuguke mu by’amategeko shingiro zo mu Muryango wa Afurika y’Iburasirazuba (EAC), bari kumwe n’Ubuyobozi Bukuru bw’uwo muryango bayobowe na Andrea Ariik Aguer, Umunyamabanga Wungirije wa EAC.
Umuyobozi w’Akarere ka Bugesera, Mutabazi Richard, yagaragaje ko aka Karere gafite amahirwe yihariye ashingiye ku bikorwaremezo byagutse n’ubutaka bubereye ibikorwa by’ishoramari bityo ko ari umwanya mwiza wo gutumira abashoramari kubyaza umusaruro aya mahirwe.
Umwana w’umuhungu w’imyaka irindwi witwa Ishank Singh ukomoka muri Jharkhand mu gihugu cy’u Buhinde, yanditse amateka mashya ku rwego rw’isi, nyuma yo kuba umwana muto kurusha abandi ndetse akaba anihuta cyane mu koga ubwo yambukaga umuhora wa Palk Strait, amazi magari ari hagati ya Sri Lanka n’u Buhinde.
Mu buzima busanzwe, hari imvugo ikunze kumvikana ivuga ko “kubyara abahungu bitwara imbaraga nyinshi ku mubyeyi,” ndetse bamwe bakemeza ko bishobora no gutuma asaza vuba.
U Rwanda rwagaragaje ko rumaze gutera intambwe ifatika mu kurwanya ubukene mu baturage barwo kandi ko rukomeje gushyira imbaraga mu bikorwa n’ingamba zigamije kurushaho guteza imbere imibereho myiza y’Abanyarwanda.
Ikigo cy’Igihugu cy’Ibarurishamibare (NISR) cyatangaje ko mu gihembwe cya mbere cy’umwaka wa 2026, agaciro k’ubucuruzi mpuzamahanga bw’u Rwanda kagabanutseho 5.13%, ugereranyije n’igihe nk’icyo mu 2025.
Perezida Paul Kagame, muri Village Urugwiro yakiriye itsinda ry’abayobozi baturutse muri Studio Libeskind n’umuryango kENUP Foundation, bagirana ibiganiro byibanze ku mushinga mushya w’Ikimenyetso cy’Urwibutso ku Rwibutso rwa Jenoside rwa Kigali, hagamijwe guteza imbere imikoreshereze y’ikoranabuhanga no gushyiraho uburyo (…)
Ihuriro ry’Abafatanyabikorwa mu Iterambere riri kwigira hamwe intambwe zaterwa mu gihe kiri imbere hagamjwe gushyira mu bikorwa politiki nshya y’u Rwanda y’Ubufatanye mu iterambere.
Perezida wa Uganda, Yoweri Kaguta Museveni, yagize bwana John Chrysostom Minisitiri ushinzwe Uburezi na Siporo w’agateganyo
Irushanwa ryo Kwibohora “Liberation Cup Tournament” rihuza amakipe ya gisirikare rigeze mu mikino ya ½ (Semi-finals), ahategerejwe imikino ikomeye izahuza amakipe akomeye mu byiciro bitandukanye birimo umupira w’amaguru, volleyball na basketball.
Umunyamabanga Nshingwabikorwa ushinzwe Ubumwe bw’Abanyarwanda muri MINUBUMWE, Kayumba Uwera Alice, yashimiye Urwego rw’U Rwanda rushinzwe Igorora (RCS) kubera uruhare rukomeye rugira mu gufasha abahamijwe ibyaha bya Jenoside bashoje ibihano bitegura gutaha bagasubira mu buzima busanzwe.
Perezida Paul Kagame, ku mugoroba wo kuri uyu wa Gatatu tariki 24 Kamena yakiriye Garreth Wood, Umuyobozi Mururu w’Umuryango The Wood Foundation ndetse na David Knoop, Umuyobozi Mukuru wa The Wood Foundation Africa.
Umuyobozi Mukuru w’Ikigo cy’ u Rwanda gishinzwe guteza imbere ubufatanye (RCI), Richard Niwenshuti yakiriye itsinda ry’intumwa ziturutse mu kigo cy’uburezi cyitwa Village Way Educational Institute cyo mu gihugu cya Israel, mu ruzinduko rugamije kungurana ubumenyi.
Minisitiri w’Ibidukikije Dr. Bernadette Arakwiye yavuze ko u Rwanda rwiyemeje kuba ahantu heza kandi hizewe ho gushora imari mu bikorwa bibungabunga ibidukikije, bikanafasha mu iterambere ry’abaturage.
Nate Ament, Umunyarwanda ugiye gukina shampiyona ya basketball muri Leta Zunze Ubumwe za Amerika (NBA), akaba umwe mu bakinnyi bakiri bato bari kuzamuka neza muri uyu mukino, yagarutse ku rugendo rwe yatangiye akiri umwana, agaragaza ko rutari rworoshye ariko yarufashijwemo n’inkunga idasanzwe ya Maman we.
Mu gihe umuziki nyarwanda ukomeje kwaguka no kugera ku rwego mpuzamahanga, abahanzi batandukanye bakomeje kuzana ibikorwa bishya, aho umuhanzi Mishou yashyize hanze indirimbo nshya yise “Angelina”, ishimangira ubwiza n’agaciro k’umukobwa w’Umunyarwandakazi.
Minisitiri w’Ubumwe bw’Abanyarwanda n’Inshingano Mboneragihugu (MINUBUMWE), Dr Damascene Bizimana yagaragaje ubugome bwaranze abateguye bakanashyira mu bikorwa Jenoside yakorewe Abatutsi, by’umwihariko Perefe Bagambiki Emmanuel wayoboraga icyahoze ari Perefegitura ya Cyangugu.
Umutoza w’ikipe y’Igihugu y’u Bufaransa (Les Bleus), Didier Deschamps, ntazatoza umukino wa nyuma wo mu itsinda mu gikombe cy’Isi, buzahuramo na Norway, nyuma yo gusubira mu Bufaransa kujya gushyingura nyina witabye Imana.
Umunyamabanga Mukuru w’Urwego rw’Igihugu rw’Ubugenzacyaha (RIB), Colonel Pacifique Kayigamba Kabanda, yakiriye Bwana Abdoul Aziz Aguissa, Umugenzuzi Mukuru w’Imari ya Leta muri Mali, n’itsinda ayoboye mu ruzinduko rw’akazi agirira mu Rwanda.
Ambasaderi w’u Bushinwa mu Rwanda, Gao Wenqi, yavuze ko umushinga wo kubaka no kuvugurura umuhanda wa Prince House – Masaka ari umwe mu mishinga y’ingenzi mu iterambere ry’u Rwanda kuko uhuza Umujyi wa Kigali n’Intara y’Iburasirazuba.
Umugaba Mukuru w’Ingabo z’u Rwanda (RDF), Gen Mubarakh Muganga, kuri uyu wa Kabiri yayoboye umuhango wo gusoza amahugurwa yahawe Brigade y’abasirikare barwanira ku butaka Icyiciro cya 08, yabereye mu Kigo cy’Amahugurwa ya gisirikare i Nasho, mu Karere ka Kirehe.
Umubyeyi warokotse Jenoside yakorewe Abatutsi, Uzamukunda Leocadia, umwe mu batuye mu Rugo rw’Impinganzima rwa Rusizi, yatanze ubuhamya bukomeye ku bugome ndengakamere yakorewe n’umuryango we muri Jenoside yakorewe Abatutsi mu 1994.
Guverinoma y’u Rwanda yiyemeje kuzakomeza gutanga umusanzu wayo mu rugamba rwo guhashya burundu icyorezo cya SIDA mu 2023, binyuze muri gahunda y’Igihugu ishingiye ku buyobozi buboneye, ubufatanye n’abaturage, ubwishingizi bw’ubuzima kuri bose, ndetse n’ingamba zishingiye ku bushakashatsi n’ibimenyetso bifatika.
Leta Zunze Ubumwe za Amerika zatangaje ko zahagaritse by’agateganyo ibihano zari zarafatiye Iran mu gihe cy’iminsi 60, nyuma y’ibiganiro bya mbere byabaye mu rwego rw’amasezerano y’amahoro akiri mu ntangiriro hagati y’impande zombi.
U Rwanda rwateye intambwe ishimishije kandi iteye ishema mu rwego rw’ubuzima aho rwarengeje ibikorwa 100 byo gusimbuza impyiko (kidney transplants) kuva hatangizwa gahunda ya Living Donor Kidney Transplant Program muri Gicurasi 2023.
Rutahizamu wa Manchester City n’u Bubiligi ukina aca ku ruhande, Jeremy Doku, yateje impaka nyuma yo kuva mu mwiherero w’ikipe y’igihugu iri mu gihe cy’Igikombe cy’Isi muri Leta Zunze Ubumwe za Amerika, ajya kuba hafi umugore we wibarutse umwana wabo wa mbere.
Minisitiri w’Uburezi, Joseph Nsengimana, yakiriye ndetse ashimira abanyeshuri bo muri Kaminuza y’u Rwanda, Ishami ry’Ubumenyi n’Ikoranabuhanga (UR-CST) ku bwo kwitwara neza mu marushanwa mpuzamahanga ya Huawei ICT Competition Global Finals ryaberaga i Shenzhen mu Bushinwa.
Ishyirahamwe rya Basketball mu Rwanda (FERWABA) ryatangaje ko ryahagaritse abakinnyi babiri, Ntore Habimana na Axel Olenga Mpoyo igihe cy’umwaka umwe (1 year suspension) batitabira ibikorwa byose bya Basketball biri mu nshingano zaryo.
Minisitiri w’Intebe Dr Justin Nsengiyumva, yavuze ko u Rwanda rwiteguye kurushaho gishimangira ubufatanye na Lesotho mu bijyanye n’imiyoborere kugira ngo bigirire akamara abaturage b’Ibihugu byombi.
Minisitiri w’Ububanyi n’Amahanga n’Ubutwererane, Amb. Olivier J.P. Nduhungirehe, yavuze ko u Rwanda rushaka gushyira Umujyi wa Kigali ku rwego mpuzamahanga nk’ahantu hafasha ibihugu byo mu Majyepfo y’Isi (Global South) gusangira ubumenyi n’ubunararibonye.