Igisirikare cy’u Rwanda (RDF), cyinjije mu ngabo abasirikare bashya barimo abasore n’inkumi bari bamaze amezi atandatu mu myitozo mu ishuri ry’imyitozo ya gisirikare rya Nasho mu Karere ka Kirehe.
Donald Trump wabaye Perezida wa Leta zunze Ubumwe za Amerika, yatangaje ko adashobora kuzitabira ikiganiro mpaka na Kamala Harris, cyari giteganyijwe mbere y’amatora yo mu Ugushyingo uyu mwaka.
Ingabo z’u Rwanda zibarizwa mu itsinda rya (RWABATT-1), ziri mu butumwa bw’umuryango w’abibumbye muri Repubulika ya Santrafurika (MINUSCA), zatanze ku buntu serivisi z’ubuvuzi ku baturage b’i Bambouti, Akarere gaherereye mu burasirazuba bw’iki gihugu.
Major General Vincent Nyakarundi, Umugaba w’Ingabo z’u Rwanda zirwanira ku butaka ari kumwe n’Umuyobozi Mukuru Wungirije wa Polisi ushinzwe ibikorwa, CP Vincent Sano bakiriye abagize inzego z’umutekano z’u Rwanda zasoje inshingano mu Ntara ya Cabo Delgado muri Mozambique.
Abarenga ibihumbi 70 barwanaga mu gisirikare cy’ u Burusiya ni bo bamaze kugwa mu ntambara yo muri Ukraine kugeza ubu, ndetse abenshi biganjemo abakorerabushake.
General Abdel Fattah al-Burhan, uyoboye Leta y’inzibacyuho muri Sudani yatangaje ko yiteguye gusahaka ibisubizo byose ku cyemezo cyo guhagarika imirwano ihuje ingabo za Leta ayoboye n’umutwe wa Rapid Support Forces.
Umutwe wa Hezbollah wo muri Lebanon na Guverinoma ya Iran, birashinja Israel guturitsa ibikoresho by’itumanaho bikoreshwa n’abarwanyi b’uyu mutwe.
Icyamamare muri Hip-Hop kimaze iminsi mu bibazo, Sean Love Combs, ubwo yitabaga urukiko rw’i Manhattan ku wa Kabiri, yahakanye ibyaha ashinjwa birimo ibijyanye n’ihohotera rishingiye ku gitsina yakoreraga abagore n’abagabo, ategekwa kuguma mu buroko mu gihe hagitegerejwe ko urubanza rutangira mu mizi.
Perezida w’u Burusiya, Vladimir Putin yashyize umukono ku itegeko ryongera umubare w’Ingabo, aho bizatuma igisirikare k’Igihugu cye kibarirwa abagera kuri miliyoni imwe n’igice.
Uwahoze ari Perezida wa Leta zunze ubumwe za Amerika, Donald Trump, yatsinzwe urubanza yarezwemo n’umuhanzi w’Umwongereza, Eddy Grant kubera gukoresha indirimbo ye ‘Electric Avenue’ mu bikorwa byo kumwamamaza atabiherewe uburenganzira.
Umugabo uherutse kugaba igitero kuri Perezida wa Comoros, Azali Assoumani, yitwaje icyuma yaguye muri gereza yari afungiyemo nk’uko byatangajwe n’inzego z’ubutabera muri iki gihugu.
Ni muri urwo rwego ubuyobozi bw’ihuriro ry’urubyiruko rukora ubuhinzi n’ubworozi, RYAF, buruhamagarira kwitabira imirimo y’ubuhinzi, rukabyaza umusaruro amahirwe ari muri urwo rwego kugira ngo rurusheho kwiteza imbere n’Igihugu muri rusange.
Umuvugizi wa Guverinoma ya Comoros, yatangaje ko Perezida w’iki gihugu cy’Ikirwa, Azali Assoumani yakomerekeye mu gitero cy’umuntu witwaje icyuma.
Umuhanzi w’Umunyamerika wamamaye mu njyana ya Pop, Justin Randall Timberlake yahamijwe icyaha cyo gutwara imodoka yasinze ahanishwa gutanga amande no kumara amasaha 25 akora imirimo nsimburagifungo.
Perezida Paul Kagame yakiriye Dr. Albert Bourla, umuyobozi mukuru w’uruganda rwa Pfizer rukora imiti n’inkingo, ari kumwe n’itsinda rimuherekeje, baganira ku bufatanye mu kugeza ubuzima bwiza ku batuye Isi.
Umuraperikazi Belcalis Marlenis Almánzar Cephus ukoresha amazina ya Cardi B mu muziki, yibarutse umwana wa gatatu yabyaranye na n’umugabo we Offset yamaze gusaba gatanya.
Abaturage 20 bo mu Ntara ya Ituri mu Burasirazuba bwa Repubulika ya Demokarasi ya Congo, baguye mu gitero cyagabwe n’abakekwa kuba inyeshyamba zo mu mutwe w’iterabwoba wa ADF, urwanya ubutegetsi muri Uganda.
Umuraperi w’Umunyamerika, Sean Combs Diddy wamenyekanye nka P. Diddy, yongeye kuregwa ibirego bishya bijyanye no guhohotera no gukorera ibya mfura mbi abagore.
Perezida wa Leta zunze ubumwe za Amerika, Joe Biden, Visi Perezida we Kamala Harris, na Donald Trump wigeze kuyobora Amerika, bunamiye abahitanywe n’ibitero by’iterabwoba byo ku ya 11 Nzeri 2001.
Abayobozi mu ishuri rikuru rya gisirikare ryo muri Bangladesh, bashimye intambwe nziza u Rwanda rwagezeho mu kugira inzego z’umutekano zikora kinyamwuga kandi ziteye imbere, bifuza kugirana ubufatanye narwo mu bijyanye no guhanahana ubumenyi binyuze mu mashuri ya gisirikare hagati y’ibihugu byombi.
Umuhanzikazi akaba n’umukinnyi wa filime, Serena Marie Gomez w’imyaka 32 yahishuriye abakunzi be ko kubera ibibazo bitandukanye yagize by’ubuzima adashobora gutwita ngo abyare.
Umuhanzi wo muri Tanzania, Joseph Haule wamamaye cyane mu Karere nka Professor Jay, yamaganye ibihuha bitandukanye by’abantu bakwirakwije amakuru y’uko yitabye Imana.
James Earl Jones, wabaye icyamamare muri sinema ya Leta Zunze Ubumwe za Amerika binyuze muri filime zitandukanye yakinnyemo zirimo ‘Coming to America’, yitabye Imana afite imyaka 93.
Mu rukerera rwo kuri uyu wa Mbere, Israel yarashe ibisasu byinshi muri Siriya byahitanye abantu 18.
Sudani yanze ubusabe bw’Umuryango w’Abibumbye bwo kohereza ingabo zawo zitagira aho zibogamiye mu butumwa bwo kurinda umutekano w’abasivili bakuwe mu byabo n’intambara.
Umuryango utabara imbabare muri Kenya (Croix-Rouge), watangaje ko nibura abanyeshuri batatu bakomerekejwe n’inkongi y’umuriro yibasiye ishuri rya Isiolo Girls High School, riherereye mu Mujyi wa Isiolo rwagati muri Kenya.
Maj Gen Alex Kagame, wari umuhuzabikorwa w’inzego z’umutekano ziri mu butumwa muri Mozambique, yaherekanyije ububasha Maj Gen Emmanuel Ruvusha ugiye kumusimbura kuri izo nshingano.
Abaturage batuye mu Mijyi yegereye Umurwa mukuru wa Sudani, Khartoum bahunze ku bwinshi nyuma y’imirwano ikaze hagati y’ingabo za leta zihanganye n’umutwe urwanya ubutegetsi wa Rapid Support Forces, RSF.
Abatoza batatu barimo Otto Addo, umutoza mukuru w’ikipe y’Igihugu y’umupira w’amaguru ya Ghana (Black Stars), bakoze impanuka ubwo imodoka barimo yagonganaga n’ikamyo.
Umuhanzi umaze kwamamara mu njyana ya Afrobeats, Divine Ikubor, uzwi cyane ku izina rya Rema, yageneye inkunga ya miliyion 105 z’Amanaira yo muri Nigeria (Agera kuri miliyoni 87 z’Amafaranga y’u Rwanda) itorero Christ Embassy ryo muri Benin, ku bw’ineza ryagiriye umubyeyi we agahabwa igishoro agashinga iduka.