Perezida Paul Kagame, yakiriye Adam Silver, Komiseri w’Ishyirahamwe ry’umukino wa Basketball muri Leta zunze Ubumwe za Amerika (NBA) ari kumwe hamwe na Mark Tatum, Umuyobozi Wungirije wa NBA, bagirana ibiganiro byibanze ku bufatanye bw’igihe kirekire u Rwanda rufitanye n’iri shyirahamwe rikomeye ku isi mu mukino wa Basketball.
Umwe yitaga mugenzi we mushiki we, undi na we akamwita musaza we bavukana, kandi bikaba ari ukuri, kuko bose ari abana b’u Rwanda bari mu butumwa mpuzamahanga, aho bahagarariye ibigo bikomeye ku ruhando mpuzamahanga.
Abahanzi bakomeye mu muziki Nyarwanda, Bruce Melodie na The Ben bemeje ku mugaragaro ko bagiye gukora ibitaramo bizenguruka Igihugu byiswe ’2026 Summer Country Tour’.
Abahanzi bamamaye mu njyana ya Gospel, Ben na Chance, batangaje ko bazataramira abakunzi babo mu gitaramo cyiswe ’Easter Jubilee Music Gathering’ kizabera kuri BK Arena tariki ya 5 Mata 2026, mu rwego rwo kubafasha kwizihiza Pasika.
Kalisa Ernest wamamaye nka Samusure, yagarutse mu Rwanda nyuma y’imyaka itatu yimukiye muri Mozambique ahunze amadeni arenga miliyoni zirindwi yari abereyemo abantu.
Perezida Paul Kagame yakiriye mugenzi we wa Togo akaba n’Umuhuza Mukuru w’Umuryango wa Afurika Yunze Ubumwe mu gushakira amahoro Uburasirazuba bwa DRC, Faure Gnassingbé bagirana ibiganiro byabereye mu muhezo.
Perezida wa Togo akaba n’umuhuza w’u Rwanda na DRC, Faure Essozimna Gnassingbé ari mu ruzinduko rw’akazi mu Rwanda, kuva ku mugoroba wo kuri uyu wa Kane tariki 29 Mutarama 2026.
Perezida Paul Kagame na Madamu Jeannette Kagame bakiriye ku meza Bill na Joyce Cummings bazwi mu bikorwa by’ubugiraneza, Didi Bertrand Farmer, Ophelia Dahl, washinze Umuryango Partners In Health ndetse na Dr. Jim Yong Kim, Umuyobozi w’Icyubahiro wa Kaminuza ya Global Health Equity (UGHE) ndetse n’Umuyobozi Mukuru Wungirije (…)
Perezida Paul Kagame yashimye ikipe y’Igihugu ya Senegal Lions de la Teranga yegukanye Igikombe cya Afurika cya 2025, nyuma yo gutsinda Maroc yari yarakiriye iri rushanwa igitego 1-0.
Perezida wa Repubulika Paul Kagame yashimiye Perezida watowe wa Uganda, Yoweli Kaguta Museveni watowe ku majwi 71 kongera kuyobora igihugu muri manda y’imyaka itanu.
U Rwanda rwohereje muri Jamaica itsinda ry’ingabo z’u Rwanda zibarizwa muri Brigade ishinzwe ubwubatsi (Engineering command) mu rwego rwo gufasha iki gihugu cyo mu birwa bya Caraïbes kongera kwiyubaka binyuze mu gusana no kubaka ibikorwa remezo byangijwe n’inkubi y’umuyaga (Hurricane Melissa) yakibasiye umwaka ushize.
Perezida Paul Kagame yashimiye Mamadi Doumbouya, uherutse gutorerwa kuyobora Guinée nk’Umukuru w’Igihugu nyuma y’uko Urukiko rw’Ikirenga rwemeje ibyavuye mu matora aho yagize amajwi 86,7%.
Ubuyobozi bw’Akarere ka Ngoma bwihanganishije abaturage babuze ababo, abahungabanye ndetse n’abagizweho ingaruka n’ibiza byatewe n’inkuba yakubise abaturage ku Cyumweru, tariki ya 4 Mutarama 2026 mu Murenge wa Jarama.
Minisitiri y’Ububanyi n’Amahanga ya Iran yamaganye byimazeyo igitero cy’Ingabo za Leta Zunze Ubumwe za Amerika cyagabwe kuri Venezuela, ivuga ko ari ukurenga ku bwigenge n’ubusugire bw’Igihugu mu buryo bweruye.
Ambasaderi w’u Rwanda mu Burusiya Maj. Gen. Joseph Nzabamwita yasabye abagize umuryango w’Abanyarwanda batuye muri iki Gihugu gukomeza guharanira guhesha isura nziza u Rwanda bimakaza ubumwe mu bikorwa byose bibahuza.
Minisitiri w’Ububanyi n’Amahanga n’Ubutwererane Amb Olivier Nduhungirehe yavuze ko umutwe wa FDLR uterwa inkunga n’ubutegetsi bw’i Kinshasa ukomeje kuba ikibazo gikomeye cy’umutekano mu Karere.
Perezida wa Repubulika akaba n’Umugaba w’Ikirenga w’Ingabo z’u Rwanda Paul Kagame, yageneye ubutumwa busoza umwaka inzego z’umutekano z’u Rwanda ashimira byimazeyo akazi gakomeye zikorera Igihugu.
Umuhanzi Senderi International Hit yavuze ko bitari bumushimishe ngo agubwe neza, iyo atagira igikorwa gifatika akorera Intara y’Iburasirazuba avukamo, by’umwihariko mu Karere ka Kirehe.
Perezida Paul Kagame yavuze ko umupira w’amaguru, ari igikoresho gikomeye cyo guteza imbere amahoro n’ubumwe mu Karere u Rwanda ruherereyemo.
Perezida w’Inteko Ishinga Amategeko ya Mozambique, Madamu Margarida Adamugi Talapa, kuri uyu wa Kabiri tariki 23 Ukuboza 2025, yasuye inzego z’umutekano z’u Rwanda (RSF) ziri mu butumwa bwo kugarura amahoro n’umutekano mu Mujyi wa Mocímboa da Praia, mu Ntara ya Cabo Delgado Province.
Brigade y’Abasirikari bo mu Ngabo z’u Rwanda (RDF) igizwe na ba Ofisiye ndetse n’abasirikare ku zindi nzego, kuri uyu wa Mbere tariki 22 Ukuboza 2025, basoje neza amahugurwa y’amezi ane yo ku rwego rwo hejuru, arushaho kubatyaza mu bumenyi mu bya gisirikare, ariko banibutswa ko ikinyabupfura ari cyo kiza mbere.
Perezida Kagame akaba na Chairperson w’Umuryango FPR-Inkotanyi, yashimangiye ko mu mahame Abanyamuryango bagomba gukomeraho, harimo no kurwanya ruswa kuko iryo hame ridakwiye guhinduka.
Umugaba Mukuru w’Ingabo z’u Rwanda RDF Gen Mubarakh Muganga, yakiriye kuri uyu wa Gatanu itsinda ry’abasirikare baturutse mu Bufaransa, riyobowe na Brigadier General Patrick Vaglio, Umuyobozi w’Ishami rishinzwe Ubufatanye mu bya Gisirikare mu bihugu byo mu Majyepfo, mu Biro Bikuru by’Ingabo z’u Bufaransa.
Nyuma y’uko ku mugoroba wo ku wa Gatatu tariki 03 Ukuboza 2025, impunzi z’Abanyekongo zambutse umupaka wa Kamanyola mu Karere ka Rusizi, zihunga imirwano ikomeye irimo kubera muri ibyo bice ku ruhande rwa Repubulika Iharanira Demokarasi ya Congo (RDC), kugeza ubu urujya n’uruza rwahagaze ku ruhande rw’umupaka uhuza u Rwanda (…)
Inzego zishinzwe umutekano zigizwe n’abasirikare ba RDF, Diviziyo ya 2, abapolisi ndetse n’abakozi ba RIB bakorera mu Ntara y’Amajyaruguru, bakoze igikorwa cyo gutera ibiti mu Mudugudu wa Kagano, Akagari ka Kagano, Umurenge wa Muzo mu Karere ka Gakenke.
RIB yasubije telefone 431 z’ubwoko butandukanye zifite agaciro k’Amafaranga y’u Rwanda angana na 94,500,000, zari zaribwe ba nyirazo zifatirwa mu bice bitandukanye by’Igihugu.
Perezida wa Repubulika ya Santrafurika, Prof. Faustin Archange Touadéra, yayoboye umuhango wo kwinjiza ku mugaragaro mu Ngabo za Repubulika ya Centrafrique (FACA), abasirikare bashya 545 barangije amahugurwa y’ibanze ya gisirikare bahawe n’abarimu b’Ingabo z’u Rwanda (RDF).
Umunyamabanga Mukuru wa FPR Inkotanyi Amb. Gasamagera Wellars, yasabye Abanyamuryango ba FPR batuye ku mugabane w’i Burayi gukomeza kunga ubumwe.
Perezida wa Mozambique, Daniel Francisco Chapo yashimye byimazeyo uruhare rukomeye rw’inzego z’umutekano z’u Rwanda ziri mu Ntara ya Cabo Delgado, mu kugarura amahoro n’ituze muri iyo Ntara, ashimangira ko nta terambere ryagerwaho nta mahoro ahari.
Ambasaderi w’u Rwanda mu Bushinwa, James Kimonyo yakiriye itsinda ry’abayobozi b’ibigo by’ubucuruzi mu nzego zitandukanye baturutse mu Rwanda, abashimira umuhate wabo mu gushaka kwiga byinshi n’amahirwe mu ishoramari n’ubucuruzi biri muri icyo Gihugu.