Umuraperikazi Belcalis Marlenis Almánzar Cephus ukoresha amazina ya Cardi B mu muziki, yibarutse umwana wa gatatu yabyaranye na n’umugabo we Offset yamaze gusaba gatanya.
Abaturage 20 bo mu Ntara ya Ituri mu Burasirazuba bwa Repubulika ya Demokarasi ya Congo, baguye mu gitero cyagabwe n’abakekwa kuba inyeshyamba zo mu mutwe w’iterabwoba wa ADF, urwanya ubutegetsi muri Uganda.
Umuraperi w’Umunyamerika, Sean Combs Diddy wamenyekanye nka P. Diddy, yongeye kuregwa ibirego bishya bijyanye no guhohotera no gukorera ibya mfura mbi abagore.
Perezida wa Leta zunze ubumwe za Amerika, Joe Biden, Visi Perezida we Kamala Harris, na Donald Trump wigeze kuyobora Amerika, bunamiye abahitanywe n’ibitero by’iterabwoba byo ku ya 11 Nzeri 2001.
Abayobozi mu ishuri rikuru rya gisirikare ryo muri Bangladesh, bashimye intambwe nziza u Rwanda rwagezeho mu kugira inzego z’umutekano zikora kinyamwuga kandi ziteye imbere, bifuza kugirana ubufatanye narwo mu bijyanye no guhanahana ubumenyi binyuze mu mashuri ya gisirikare hagati y’ibihugu byombi.
Umuhanzikazi akaba n’umukinnyi wa filime, Serena Marie Gomez w’imyaka 32 yahishuriye abakunzi be ko kubera ibibazo bitandukanye yagize by’ubuzima adashobora gutwita ngo abyare.
Umuhanzi wo muri Tanzania, Joseph Haule wamamaye cyane mu Karere nka Professor Jay, yamaganye ibihuha bitandukanye by’abantu bakwirakwije amakuru y’uko yitabye Imana.
James Earl Jones, wabaye icyamamare muri sinema ya Leta Zunze Ubumwe za Amerika binyuze muri filime zitandukanye yakinnyemo zirimo ‘Coming to America’, yitabye Imana afite imyaka 93.
Mu rukerera rwo kuri uyu wa Mbere, Israel yarashe ibisasu byinshi muri Siriya byahitanye abantu 18.
Sudani yanze ubusabe bw’Umuryango w’Abibumbye bwo kohereza ingabo zawo zitagira aho zibogamiye mu butumwa bwo kurinda umutekano w’abasivili bakuwe mu byabo n’intambara.
Umuryango utabara imbabare muri Kenya (Croix-Rouge), watangaje ko nibura abanyeshuri batatu bakomerekejwe n’inkongi y’umuriro yibasiye ishuri rya Isiolo Girls High School, riherereye mu Mujyi wa Isiolo rwagati muri Kenya.
Maj Gen Alex Kagame, wari umuhuzabikorwa w’inzego z’umutekano ziri mu butumwa muri Mozambique, yaherekanyije ububasha Maj Gen Emmanuel Ruvusha ugiye kumusimbura kuri izo nshingano.
Abaturage batuye mu Mijyi yegereye Umurwa mukuru wa Sudani, Khartoum bahunze ku bwinshi nyuma y’imirwano ikaze hagati y’ingabo za leta zihanganye n’umutwe urwanya ubutegetsi wa Rapid Support Forces, RSF.
Abatoza batatu barimo Otto Addo, umutoza mukuru w’ikipe y’Igihugu y’umupira w’amaguru ya Ghana (Black Stars), bakoze impanuka ubwo imodoka barimo yagonganaga n’ikamyo.
Umuhanzi umaze kwamamara mu njyana ya Afrobeats, Divine Ikubor, uzwi cyane ku izina rya Rema, yageneye inkunga ya miliyion 105 z’Amanaira yo muri Nigeria (Agera kuri miliyoni 87 z’Amafaranga y’u Rwanda) itorero Christ Embassy ryo muri Benin, ku bw’ineza ryagiriye umubyeyi we agahabwa igishoro agashinga iduka.
Ingabo z’u Rwanda n’iza Uganda zirwanira ku butaka zahuriye mu nama igamije gushimangira ubufatanye no gukumira ibyaha byambukiranya imipaka hagati y’ibihugu byombi.
Mu muhango wayobowe na Minsitiri w’Ingabo Juvenal Marizamunda mu izina rya Perezida Paul Kagame akaba n’Umugaba w’Ikirenga w’Ingabo z’u Rwanda, yasezeye mu cyubahiro abasirikare bagiye mu kiruhuko cy’izabukuru barimo na Gen Jean Bosco Kazura.
Perezida Paul Kagame akaba n’Umugaba w’Ikirenga w’Ingabo z’u Rwanda, yemeje ikiruhuko cy’izabukuru ku basirikare bakuru mu ngabo z’u Rwanda barimo na General Jean Bosco Kazura wabaye Umugaba mukuru wa RDF.
Perezida Paul Kagame akaba n’Umugaba w’Ikirenga w’Ingabo z’u Rwanda, kuri uyu wa Gatatu yahuye n’abasirikare bakuru mu Ngabo z’u Rwanda.
Robert Kyagulanyi Ssentamu wamamaye mu muziki nka Bobi Wine akaba n’umunyapolitiki yashimye igice cy’abahanzi ndetse n’abari mu ruganda rw’imyidagaduro muri Uganda banze kujya ku ruhande rw’ishyaka riri ku butegetsi (NRM), maze ababwira ko bidatinze azaba Perezida bagakorera igitaramo mu Ngoro y’Umukuru w’Igihugu.
Minisiteri y’Uburezi mu Rwanda (MINEDUC), ivuga ko gahunda yo kugaburira abana ku ishuri imaze kugira uruhare rugaragara mu kugabanya umubare w’abana barivagamo byumwihariko abo mu mashuri abanza.
Johann Rupert, ukomoka muri Afurika y’Epfo niwe muherwe wa mbere ku mugabane wa Afurika, umwanya yakuyeho umunyanigeriya Aliko Dangote nk’uko bigaragazwa n’urutonde rwa Bloomberg Billionaires Index.
Umuhanzi Massamba Intore ufite ibigwi byiganje cyane mu njyana gakondo, uri no mu myiteguro ikomeye y’igitaramo yise ‘3040 Ubutore Concert’, yahishuye ko yaririmbye izindi njyana ariko akagaruka muri gakondo kuko umubyeyi we, Muzehe Sentore Athanase atari kubimwemerera kuyivamo.
Ibihugu by’u Rwanda na Brazil byiyemeje kurushaho gushimangira umubano ushingiye ku bufatanye bugamije guteza imbere ibijyanye n’Ingabo z’ibihugu byombi.
Umuhanzikazi Mariah Careh ari mugahinda gakomeye nyuma y’uko mu cyumweru gishize yapfushije nyina Patricia Carey na mukuru we Alison Carey bapfiriye ku munsi umwe.
Umuraperi w’Umunyamerika Benjamin Hammond Haggerty, wamamaye nka Macklemore yahagaritse ibitaramo yari afite mu Mujyi wa Dubai muri Leta Zunze Ubumwe z’Abarabu nyuma yo gushinja iki gihugu gushyigikira intambara iri kubera muri Sudani
Umuhanzi Edrisah Kenzo Musuuza, uzwi nka Eddy Kenzo, yashimye Perezida Museveni wa Uganda ndetse avuga ko yizeye ko hari icyo yamubonyemo ubwo yamuhaga inshingano zo kuba umujyanama we mu bijyanye n’ubuhanzi n’ubugeni.
Umuhanzi w’icyamamare mu njyana ya pop, Justin Bieber n’umugore we Hailey Rhode Baldwin Bieber bari mu byishimo nyuma yo kwibaruka umwana w’umuhungu bahise baha izina rya Jack Blues Bieber.
Igisirikare cya Israel cyatangaje ko indege zacyo z’intambara zirimo kugaba ibitero ku birindiro by’umutwe wa Hezbollah mu Majyepfo ya Lebanon, nyuma y’uko uyu uyiteyeho ibisasu bya misile na rokete.
Umujyi wa Kigali nyuma yo gutangaza ko moteri icana amatara kuri Kigali Pelé Stadium itabasha kuyacana yose ngo ikibuga kibone bikwiriye ku buryo haba imikino yo mu masaha y’ijoro, Perezida Kagame yavuze ko icyo kibazo kitagakwiye kuba cyarabayeho mbere.