Perezida Paul Kagame, yashyize abayobozi mu myanya itandukanye, barimo Frank Gatera wagizwe umunyamabanga uhoraho muri Minisiteri ya Perezidansi ya Repubulika.
Umugaba Mukuru w’Ingabo za Mozambique, Admiral Joaquim Mangrasse, yashimye inzego z’umutekano z’u Rwanda ziri mu Ntara ya Cabo Delgado, iri mu Majyaruguru y’iki Gihugu, ku bw’uruhare rukomeye zagize mu kurwanya ibikorwa by’iterabwoba.
Perezida Paul Kagame, yakiriye itsinda riturutse mu ishyirahamwe mpuzamahanga ry’ibigo by’ibimenyetso n’ubumenyi byifashishwa mu butabera (International Association of Forensic Sciences).
Umushumba wa Kiliziya Gatolika, Papa Francis, yatangaje ko Kiliziya ikwiye kwicuza igaterwa isoni ndetse igasaba imbabazi ku byaha bishingiye ku gitsina, bamwe mu bashumba bayo bagiye bakorera abana bato.
Minisitiri w’ububanyi n’amahanga n’ubutwererane mpuzamahanga w’u Rwanda, Amb Olivier Nduhungirehe, yashimangiye ko u Rwanda rwifuza kubaka ubufatanye bukomeye na Koreya y’Epfo mu guteza imbere ubukungu bwarwo, cyane cyane mu kongerera ubushobozi abaturage, guteza imbere ikoranabuhanga ndetse no gukurura ishoramari (…)
U Rwanda rwakiriye ikindi cyiciro cy’abimukira n’abasaba ubuhungiro 119 baturutse muri muri Libya, muri gahunda y’agateganyo yo kubakira mu gihe bategereje kwimurirwa mu bindi bibugu by’i Burayi n’Amerika byemera kubakira.
Umugabo wo mu Buyapani, witwa Iwao Hakamada w’imyaka 88, wari umaze imyaka 50 afunze ategereje guhabwa igihano cy’urupfu yakatiwe, yagizwe umwere n’urukiko nyuma yo gusanga ibimenyetso byakoreshejwe aregwa ari ibihimbano.
Chorale Christus Regnat, ku nshuro ya 2 yongeye gutegura igitaramo cy’indirimbo zisingiza Imana, zirata umuco n’amahoro bya muntu bise ‘I Bweranganzo 2024’, gifite umwihariko wo gufasha abana bava mu miryango itishoboye.
Omar al-Bashir, wayoboye Sudani imyaka 30 mbere yo guhirikwa ku butegetsi, akanatabwa muri yombi n’ubuyobozi bwa gisirikare, yajyanywe mu bitaro nyuma y’uko ubuzima bwe butameze neza.
Ingabo z’u Rwanda (RDF) zibarizwa muri Diviziyo ya 5 n’Ingabo z’Igihugu cya Tanzania (TPDF), zo muri Brigade ya 202, zateraniye mu nama y’umutekano ya 11, igamije ubufatanye mu gukemura ibibazo birimo ibyaha byambukiranya imipaka.
Minisitiri w’Ububanyi n’Amahanga, Olivier Nduhungirehe, yagiranye ibiganiro na Murat Nurtleu, Minisitiri w’intebe wungirije akaba na Minisitiri w’ububanyi n’amahanga wa Repubulika ya Kazakhstan, bikurikirwa n’amasezerano y’ubufatanye.
Ishami ry’umuryango w’abibumbye ryita ku buzima (OMS), ritangaza ko kugeza ubu muri uyu mwaka wa 2024, abantu bagera ku bihumbi 30 muri Afurika, banduye indwara y’ubushita bw’inkende.
Umugaba Mukuru w’Ingabo za Seychelles (SPDF), Brigadier Michael Rosette, hamwe n’intumwa ayoboye bari mu ruzinduko mu Rwanda, rugamije gushimangira ubufatanye bw’Ingabo busanzweho hagati y’ibihugu byombi.
Donald Trump, wabaye Perezida wa Leta zunze Ubumwe za Amerika wa 45, yatangaje ko naramuka atsinzwe amatora y’Umukuru w’Igihugu ateganyijwe mu Ugushyingo uyu mwaka atazongera kwiyamamaza mu ya 2028.
Umutwe wa Hezbollaha wo muri Lebanon, wigambye ko mu ijoro ryo ku wa gatandatu warashe ibisasu birenga 100 mu Majyaruguru ya Israel, wibasira ibigo bitandukanye bya gisirikare.
Igisirikare cy’u Rwanda (RDF), cyinjije mu ngabo abasirikare bashya barimo abasore n’inkumi bari bamaze amezi atandatu mu myitozo mu ishuri ry’imyitozo ya gisirikare rya Nasho mu Karere ka Kirehe.
Donald Trump wabaye Perezida wa Leta zunze Ubumwe za Amerika, yatangaje ko adashobora kuzitabira ikiganiro mpaka na Kamala Harris, cyari giteganyijwe mbere y’amatora yo mu Ugushyingo uyu mwaka.
Ingabo z’u Rwanda zibarizwa mu itsinda rya (RWABATT-1), ziri mu butumwa bw’umuryango w’abibumbye muri Repubulika ya Santrafurika (MINUSCA), zatanze ku buntu serivisi z’ubuvuzi ku baturage b’i Bambouti, Akarere gaherereye mu burasirazuba bw’iki gihugu.
Major General Vincent Nyakarundi, Umugaba w’Ingabo z’u Rwanda zirwanira ku butaka ari kumwe n’Umuyobozi Mukuru Wungirije wa Polisi ushinzwe ibikorwa, CP Vincent Sano bakiriye abagize inzego z’umutekano z’u Rwanda zasoje inshingano mu Ntara ya Cabo Delgado muri Mozambique.
Abarenga ibihumbi 70 barwanaga mu gisirikare cy’ u Burusiya ni bo bamaze kugwa mu ntambara yo muri Ukraine kugeza ubu, ndetse abenshi biganjemo abakorerabushake.
General Abdel Fattah al-Burhan, uyoboye Leta y’inzibacyuho muri Sudani yatangaje ko yiteguye gusahaka ibisubizo byose ku cyemezo cyo guhagarika imirwano ihuje ingabo za Leta ayoboye n’umutwe wa Rapid Support Forces.
Umutwe wa Hezbollah wo muri Lebanon na Guverinoma ya Iran, birashinja Israel guturitsa ibikoresho by’itumanaho bikoreshwa n’abarwanyi b’uyu mutwe.
Icyamamare muri Hip-Hop kimaze iminsi mu bibazo, Sean Love Combs, ubwo yitabaga urukiko rw’i Manhattan ku wa Kabiri, yahakanye ibyaha ashinjwa birimo ibijyanye n’ihohotera rishingiye ku gitsina yakoreraga abagore n’abagabo, ategekwa kuguma mu buroko mu gihe hagitegerejwe ko urubanza rutangira mu mizi.
Perezida w’u Burusiya, Vladimir Putin yashyize umukono ku itegeko ryongera umubare w’Ingabo, aho bizatuma igisirikare k’Igihugu cye kibarirwa abagera kuri miliyoni imwe n’igice.
Uwahoze ari Perezida wa Leta zunze ubumwe za Amerika, Donald Trump, yatsinzwe urubanza yarezwemo n’umuhanzi w’Umwongereza, Eddy Grant kubera gukoresha indirimbo ye ‘Electric Avenue’ mu bikorwa byo kumwamamaza atabiherewe uburenganzira.
Umugabo uherutse kugaba igitero kuri Perezida wa Comoros, Azali Assoumani, yitwaje icyuma yaguye muri gereza yari afungiyemo nk’uko byatangajwe n’inzego z’ubutabera muri iki gihugu.
Ni muri urwo rwego ubuyobozi bw’ihuriro ry’urubyiruko rukora ubuhinzi n’ubworozi, RYAF, buruhamagarira kwitabira imirimo y’ubuhinzi, rukabyaza umusaruro amahirwe ari muri urwo rwego kugira ngo rurusheho kwiteza imbere n’Igihugu muri rusange.
Umuvugizi wa Guverinoma ya Comoros, yatangaje ko Perezida w’iki gihugu cy’Ikirwa, Azali Assoumani yakomerekeye mu gitero cy’umuntu witwaje icyuma.
Umuhanzi w’Umunyamerika wamamaye mu njyana ya Pop, Justin Randall Timberlake yahamijwe icyaha cyo gutwara imodoka yasinze ahanishwa gutanga amande no kumara amasaha 25 akora imirimo nsimburagifungo.
Perezida Paul Kagame yakiriye Dr. Albert Bourla, umuyobozi mukuru w’uruganda rwa Pfizer rukora imiti n’inkingo, ari kumwe n’itsinda rimuherekeje, baganira ku bufatanye mu kugeza ubuzima bwiza ku batuye Isi.