Minisitiri w’Ububanyi n’Amahanga n’Ubutwererane w’u Rwanda Dr Vincent Biruta na Amb. Marie Charlotte G.Tang uhagarariye Philippines mu Rwanda bashyize umukono ku ishyirwaho ry’amasezerano y’ubufatanye hagati y’ibihugu byombi.
Banki ya Kigali ku bufatanye na Banki y’Ishoramari y’Abanyaburayi (European Investment Bank, EIB) ziyemeje gufasha abahinzi ndetse n’abandi bashora imari mu buhinzi binyuze muri gahunda nshya yashyizwemo miliyoni 100 z’amayero, igamije kubafasha guhangana n’ingaruka z’imihindagurikire y’ikirere ku bukungu ndetse (...)
Leta ya Georgia muri Leta Zunze Ubumwe za Amerika, yahaye icyemezo cy’umuturage w’indashyikirwa Umuhanzi ukomoka muri Nigeria David Adeleke, uzwi ku izina rya Davido.
Umuhanzi Dapo Ayebanjo, uzwi nka D’Banj, yahanaguweho ibirego byose yashinjwaga birimo gufata ku ngufu na ruswa nyuma yiperereza ryari rimaze iminsi rikorwa n’inzego z’umutekano muri Nigeria.
Minisitiri w’Ububanyi n’Amahanga n’Ubutwererane w’u Rwanda Dr Vincent Biruta, uri I Dubai yitabiriye inama ihuza bihugu biri mu nzira y’Amajyambere, ibidakora ku Nyanja n’Ibirwa (LLDCs).
Equity Group Holdings Plc (EGH) yegukanye bidasubirwaho Cogebanque, nyuma yo kugura imigabane yayo 198.250 ingana na 99,1250%, bituma ikomeza urugendo rwayo rwo kwaguka mu Karere no kuba ikigo cy’imari gikomeye muri Afurika yo munsi y’ubutatyu bwa Sahara.
Perezida Paul Kagame, ku ruhande rw’inama ya COP28, yagiranye ibiganiro anungurana ibitekerezo n’abayobozi batandukanye barimo Minisitiri w’Intebe w’u Bwongereza, Rishi Sunak, na Perezida w’Inama y’Umuryango ya EU, Charles Michel.
Perezida Paul Kagame yakiriwe na mugenzi we wa Leta Zunze Ubumwe z’Abarabu, Sheikh Mohamed bin Zayed Al Nahyan ndetse n’Umunyamabanga mukuru w’Umuryango w’Abibumbye, Antonio Guterres mu nama y’Umuryango w’Abibumbye yiga ku mihindagurikire y’ikirere ya COP28 ibera I Dubai.
Itsinda ry’abasirikare b’abofisiye bakuru n’abato baturutse mu ngabo z’u Bushinwa bayobowe na Senior Col You Jian basuye Ingabo z’u Rwanda mu kurushaho gushimangira ubufatanye hagati y’ibisirikare byombi.
Perezida Paul Kagame kuri uyu wa Kane tariki 30 Ugushyingo 2023, I Dubai yitabiriye ibirori byo gutangiza gahunda yiswe Sustainable Markets Initiative (SMI) cyangwa se amasoko arambye, byateguwe n’umwami Charles III w’Ubwongereza.
Ambasaderi mushya wa Misiri mu Rwanda, Madamu Nermine El Zawahry, yavuze ko n’ubwo abanyarwanda banyuze mu bihe by’agahinda n’imibabaro batemeye guheranwa nabyo bakiyemeza kongera kunga ubumwe no kwigira.
Mugisha Benjamin uzwi nka The Ben, muri muzika nyarwanda, yashimangiye ko ubufatanye bw’abahanzi mu bikorwa bimenyekanisha igihugu bukwiye kuza mbere y’ibindi byose kurusha ihangana.
Theophile Twagirayezu nyuma y’imyaka 15 ahagaritse umuziki, yawugarutsemo ahita asubiramo imwe mu ndirimbo ze yakoze mu bihe byashize yise ‘Iri Maso’ yaririmbanye n’abanyeshuri biganaga muri St André.
Umunyamabanga wa Leta ushinzwe Ubutwererane bw’Akarere muri Minisiteri y’Ububanyi n’Amahanga n’Ubutwererane, Gen (Rtd) James Kabarebe, yahuye n’abanyarwanda batuye muri Sénégal baganira ku gukunda igihugu.
Major General Vincent Nyakarundi Umugaba w’Ingabo z’u Rwanda zirwanira ku butaka, yahuye n’Umugaba Mukuru w’Ingabo za Senegal, (SAF) Gen Mbaye Cissé, baganira ku gushimangira ubufatanye mu bya gisirikare.
Minisitiri w’Intebe Dr. Edouard Ngirente, kuri uyu wa Kabiri tariki 28 Ugushyingo yakiriye Nyakubahwa Muhamma B.S. Jallow, Visi Perezida wa Gambiya n’intumwa ayoboye.
Umunyamabanga wa Leta ushinzwe Ubutwererane bw’Akarere muri Minisiteri y’Ububanyi n’Amahanga n’Ubutwererane, Gen (Rtd) James Kabarebe yagaragaje ko u Rwanda ari urugero rwiza rwo kureberwaho ku gukemura amakimbirane akomeje kugaragara hirya no hino mu bihugu by’Afurika.
Bruce Melodie na Shaggy nyuma yo gukorana indirimbo bise ‘When she is around’, bwa mbere bahuye imbonankubone muri Leta Zunze Ubumwe za Amerika, aho bagiye no guhurira mu bitaramo bizwi nka ‘iHeartRadio Jingle Ball Tour’.
Minisitiri w’Intebe Dr Edouard Ngirente, kuri uyu wa mbere tariki 27 Ugushyingo yatangije ihuriro ry’ubukungu ryitwa “Kigali Economic Forum” rihurije hamwe impuguke muri politiki, mu bukungu hagamijwe kurebera hamwe amahirwe y’iterambere umugabane wa Afurika ufite.
Umunyamabanga wa Leta ushinzwe Ubutwererane bw’Akarere muri Minisiteri y’Ububanyi n’Amahanga n’Ubutwererane, Gen (Rtd) James Kabarebe ari I Dakar muri Senegal aho yitabiriye inama y’ihuriro yiga ku mahoro n’umutekano (Dakar International Forum on Peace and Security in Africa).
Umuhanzi Bruce Melodie yavuze ko ibintu byo guhangana na The Ben mu gihe bitazamuzanira amafaranga nta mwanya abifitiye ndetse ashimangira ko byagiye bizamurwa na bamwe mu bantu baba mu myidagaduro.
EdTech Monday ni ikiganiro gikorwa ku bufatanye na Mastercard Foundation kikagaruka ku iterambere mu burezi bushingiye ku ikoranabuhanga, aho cyibanda ku nsanganyamatsiko zitandukanye, aho kuri uyu wa Mbere kizibanda ku kugenzura uburezi bukomatanya uburyo busanzwe n’iya kure.
Ku gicamunsi cyo ku wa Gatandatu tariki 25 Ugushyingo 2023 Ingabo z’u Rwanda (RDF) zibarizwa muri diviziyo ya 5 zatsinzwe kuri penailti (5-4) mu mukino wa gicuti mu mupira w’amaguru zakinnye na Brigade ya 202 mu ngabo za Tanzania Force Defence Force (TPDF).
Ingabo z’u Rwanda zirwanira ku butaka zibarizwa muri batayo ya 59, ziri mu butumwa bw’umuryango w’Abibumbye bwo kugarura amahoro muri Santrafurika (MINUSCA) zashimiwe ku bw’igikorwa cy’ubukangurambaga bwo gutanga amaraso zatangije.
Ingabo z’u Rwanda zibarizwa muri (RWANBATT3) ziri mu butumwa bw’umuryango w’abibumbye bwo kugarura amahoro muri Sudani yepfo (UNMISS) zifatanije n’ubuyobozi bw’umujyi wa Juba n’abaturage mu gukorwa cy’umuganda.
Itahiwacu Bruce Melodie umaze kwamamara mu ruhando mpuzamahanga, nyuma yo gukorana indirimbo na Shaggy bise ‘When She’s Around’ ni we muhanzi Nyarwanda ugiye guhurira mu gitaramo kimwe n’abahanzi b’ibyamamare ku rwego rw’isi barimo Usher, Nicki Minaj na Flo Rida.
David Adedeji Adeleke wamamaye nka Davido ku munsi yizihiraho isabukuru ye y’amavuko, yerekanye bwa mbere abana be b’impanga aherutse kwibaruka n’umugore we Chioma Rowland.
Umunyamabanga wa Leta ushinzwe Ubutwererane bw’Akarere muri Minisiteri y’Ububanyi n’Amahanga, Gen (Rtd) James Kabarebe, yitabiriye inama ya 44 y’Abaminisitiri ba EAC i Arusha, muri Tanzania.
Ngabo Richard umaze kwamamara muri muzika nyarwanda nka Kevin Kade, akaba n’umwe mu bahanzi bagezweho mu Rwanda yateguje abakunzi Album ye ya mbere yise ‘Baho’ agiye gushyira hanze.