Ibi ni ibyashimangiriwe mu gitaramo ‘I Bweranganzo’ cya Chorale Christus Regnat, cyabaga ku nshuro ya Kabiri, ariko icy’uyu mwaka kikaba cyari gifite umwihariko wo gukusanya ubushobozi bwo gufasha abana baturuka mu miryango itishoboye bakababonera ifunguro ku ishuri.
Erik ten Hag uherutse kwirukanwa ku mwanya wo gutoza ikipe ya Manchester United, yavuze ko nta kindi yakwifuriza abafana b’iyi kipe uretse amahirwe ndetse no kwegukana ibikombe, anabashimira uburyo babanye nawe mu bihe bibi n’ibyiza.
Korali Christus Reignat, ikorera kuri Paruwasi Regina Pacis, igeze kure imyiteguro ya nyuma y’igitaramo ‘I Bweranganzo’, kigiye kuba ku nshuro ya Kabiri.
Ikigo cy’imari cya BK Capital cyahawe igihembo cy’Umuhuza mwiza w’Isoko ry’Imari n’Imigabane mu Rwanda mu 2024 (Best Securities House in Rwanda) gitangwa na Euromoney.
Lt Gen (Rtd) Charles Kayonga, usanzwe ari ambasaderi w’u Rwanda muri Turikiya, yatanze impapuro zimwemerera guhagarira u Rwanda muri Azerbaijan, igihugu kiri mu Majyepfo y’u Burusiya.
Umuryango w’Abibumbye wasabye Leta ya Peru, gutanga indishyi z’akababaro ku bagore yafungiye urubyaro ku gahato, kuko bishobora kwitwa ibyaha byibasiye inyokomuntu.
Minisiteri y’Ubuzima (MINISANTE), yatangaje ko abantu babiri gusa ari bo basigaye bari kuvurwa icyorezo cya Marburg.
Icyamamare muri sinema y’Amerika, umushoramari n’umunyapolitiki, Arnold Schwarzenegger uzwi ku izina rya Komando, yemeje ko mu bakandida bahanganiye kuyobora Leta zunze Ubumwe za Amerika, ashyigikiye Umudemukarate, Madamu Kamala Harris.
Mu gihe ihindagurika ry’ikirere ari kimwe mu bibazo bikomeje kuzahaza Isi, ndetse ingaruka zaryo zikaba zigera ku byiciro byose by’abantu ariko byagera ku bafite ubumuga cyane cyane abagore n’abakobwa bikabigirizaho nkana, barasaba ko mu ngamba zifatwa ku rwego rw’Igihugu bakwiye guhabwa umwihariko.
Minisiteri y’Ubuzima (MINISANTE), yatangaje ko abantu babiri mu bavurwaga icyorezo cya Marburg bakize, mugihe habonetse undi mushya wanduye icyo cyorezo.
Gakwaya Celestin wamamaye nka Nkaka muri Sinema Nyarwanda, ari mu myiteguro ya nyuma yo kumurika filime ye nshya yise ‘Hell in Heaven’ izagaragaramo amasura y’abakinnyi bakomeye muri Sinema, ikazaba ishingiye ku byo abona mu rushako rw’iki gihe ndetse n’uburyo abantu bakwiye guhindura imyumvire.
Minisiteri y’Ubuzima yatangaje ko mu bipimo 93 byafashwe kuri iki Cyumweru tariki 27 Ukwakira 2024, byagaragaje ko nta muntu wanduye icyorezo cya Marburg.
Abantu 50 biciwe mu gitero cyagabwe n’abarwanyi b’umutwe wigometse kuri Leta ya Sudani, Rapid Support Forces (RSF), mu biturage byo muri Leta ya al-Jazira.
Minisiteri y’Ubuzima yatangaje ko kuri uyu wa Gatandatu, tariki 26 Ukwakira 2024 habonetse undi muntu mushya wanduye icyorezo cya Marburg.
Umuhanzikazi Shengero Aline Sano umaze kwamamara nka Alyn Sano, akaba umwe mu b’igitsinagore bahagaze neza, nyuma yo kugirira urugendo muri Kenya mu rwego rwo kumenyekanisha ibihangano bye, yahamije ko bitazarangirira aho kuko afitanye imishinga itandukanye n’abahanzi bo muri icyo gihugu.
Urukiko rwa Uganda, rwakatiye Thomas Kwoyelo, wari umuyobozi w’inyeshyamba za Lord Resistance Army (LRA), igifungo cy’imyaka 40 kubera ibyaha by’intambara.
Minisiteri y’Ubuzima (MINISANTE), yatangaje ko kuri uyu wa Gatanu tariki 25 Ukwakira 2024, umuntu umwe ari we wakize icyorezo cya Marburg.
Kuri uyu wa Kane, igitero cya Israel, cyahitanye abasirikare batatu ba Lebanon mu Majyepfo y’iki gihugu.
Mu gihe habura ibyumweru bibiri gusa, abatuye muri Leta zunze ubumwe z’Amerika, abaturage bakihitiramo Umukuru w’Igihugu, abarenga miliyoni zirindwi (7), ntabwo baragira amahitamo y’uwo bazatora hagati y’Umurepubulikani, Donald Trump n’Umudemukarate Kamala Harris.
Minisiteri y’Ubuzima (MINISANTE), yatangaje ko kuri uyu wa Gatatu tariki 23 Ukwakira 2024, umuntu umwe yanduye Icyorezo cya Marburg mu bipimo 81 byafashwe.
Aya masezerano yasinywe kuri uyu wa Gatatu, hagati y’u Rwanda na Samoa agamije gutangiza umubano mu bya dipolomasi, binyuze mu gushyiraho za ambasade hagati y’ibihugu byombi.
Kuri uyu wa Mbere, tariki 21 Ukwakira 2024, Minisiteri y’Ubuzima (MINISANTE), yatangaje ko umuntu umwe gusa (1) ari we uri kuvurwa Icyorezo cya Marburg.
Igisirikare cya Israel, cyasabye imbabazi ku bw’abasirikare batatu ba Lebanon bishwe ku cyumweru mu gitero iki gihugu cyagabye mu burasirazuba, mu ntambara gihanganyemo n’umutwe wa Hezbollah.
Minisiteri y’Ubuzima (MINISANTE), yatangaje ko umuntu umwe (1), yakize mu gihe babiri (2) ari bo bari kuvurwa Icyorezo cya Marburg.
Umuyobozi Mukuru w’Ishami ry’Umuryango w’Abibumbye ryita ku Buzima (OMS), Dr. Tedros Adhanom Ghebreyesus, yasuye ahari kubakwa uruganda rukora inkingo rw’Ikigo cy’Abadage kizobereye mu bijyanye no gukora imiti, BioNTech, ruherereye mu Cyanya cyahariwe Inganda kiri i Masoro mu Karere ka Gasabo.
Minisiteri y’Ubuzima yatangaje ko nta muntu wanduye Icyorezo cya Marburg mu bipimo 103 byafashwe kuri uyu wa Gatandatu tariki 19 Ukwakira 2024.
Raporo y’umuryango w’abibumbye, ivuga ko abantu miliyari 1,1 babayeho mu bukene bukabije hirya no hino ku Isi.
Umuyobozi w’Ishami ry’Umuryango w’Abibumbye ryita ku Buzima (OMS), Dr. Tedros Adhanom Ghebreyesus, ari mu ruzinduko mu Rwanda aho aje kureba kureba ishusho y’icyorezo cya Marburg n’uburyo Igihugu gikomeje gushyira imbaraga mu kugihashya.
Minisiteri y’ubuzima (MINISANTE), yagaragaje ko abantu batatu gusa (3) ari bo basigaye bari kuvurwa Icyorezo cya Marburg mu Rwanda, mu gihe umuntu umwe mu bari barwaye yakize.