Urwego rw’Igihugu rw’Ubugenzacyaha - RIB rwafunze Sebahizi Jean Chrysostome na Twagirayezu Jean Marie Vianney bakurikiranyweho ibyaha birimo gusambanya umwana, gukoresha undi imibonano mpuzabitsina ku gahato, kwihesha ikintu cy’undi hakoreshejwe uburiganya, no gushyiraho umutwe w’abagizi ba nabi cyangwa kuwujyamo.
Perezida Paul Kagame ku mugoroba wo kuri uyu wa Kabiri yagiranye ibiganiro na mugenzi we w’u Bufaransa Emmanuel Macron baganira ku mubano mwiza kandi ubyara inyungu hagati y’ibihugu byombi.
Umuhanzi umenyerewe mu njyana gakondo, Cyusa Ibrahim yashyize hanze amashusho y’indirimbo ye nshya yise ’Rusanga n’Izayo’, aho yafatanyije na Layan Mpano, umunyamuziki gakondo w’ahazaza heza mu rugendo rw’iyi njyana.
Kuva kuri uyu wa Mbere tariki 9 kugeza ku ya 11 Werurwe 2026 mu Rwanda hateraniye Inama ya Kabiri yiga ku bucuruzi n’ubufatanye hagati yarwo n’ibihugu byo mu Majyaruguru y’u Burayi na Baltic, ihuje abagera kuri 250 baturutse mu nzego zitandukanye hagamijwe kwagura ubufatanye mu bucuruzi, ishoramari, guhanga udushya, ubuzima (…)
Guverineri wa Banki Nkuru y’u Rwanda (BNR) Soraya Munyana Hakuziyaremye, yavuze ko hakenewe ubufatanye bwa Banki Nkuru z’ibihugu kugira ngo hareberwe hamwe imbogamizi mu nzego zitandukanye cyane cyane ibijyanye n’amategeko bishobora gutuma hari ibitagerwaho neza nk’uko bikwiye.
Umuhanzi Prince Salomon yasohoye amashusho y’indirimbo ye nshya yise ‘BABA’, indirimbo yibanda ku gushimira Imana ku mirimo yakoze mu buzima bwe no ku rukundo rwayo rutajya rumusiga mu bihe bitandukanye yanyuzemo.
Kanoheli Christmas Ruth wafashe izina rya muzika rya Chrisy Neat, ni umugore wahagurutse yiyemeza gufatanya umwuga wo kuririmba no gutunganya indirimbo mu rwego rwo gutinyura abandi bakobwa bagenzi.
Umuhanzi Itahiwacu Bruce uzwi cyane nka Bruce Melodie ategerejwe mu gitaramo azakorera i Buruseli mu Bubiligi kigamije kwizihiza umunsi mpuzamahanga wahariwe abagore.
Umuhanzikazi Bwiza Emerance uri i Stockholm, muri Sweden, yakiriwe na Ambasaderi w’u Rwanda muri icyo Gihugu, Dr Diane Gashumba baganira ku gitaramo ahafite n’indi mishinga ijyanye n’umuziki.
Ishimwe Clement washinze KINA Music agiye kwizihiza imyaka 20 amaze mu muziki, ndetse akazabihuza no gushyira hanze album ye ya mbere yise ’Legacy’, ihuriyeho abahanzi benshi.
Umuhanzi akaba n’umwe mu bakora bakanatunganya indirimbo Mugisha Robinson uzwi nka Element Eleeeh, yatangajwe mu bazasusurutsa abazitabira igitaramo gikomeye cy’urwenya n’umuziki kizwi nka Comedy Store, kizabera i Kampala muri Uganda.
Abofisiye n’abandi basirikare bafite andi mapeti bo mu mutwe udasanzwe (Special Operations Force), mu Ngabo z’u Rwanda kuri uyu wa Gatanu basoje imyitozo y’ibanze yo kurwanya iterabwoba bari bamazemo ibyumweru 22, yaberaga mu Ishuri Rikuru rya Gisirikare rya Gako.
Alain Destexhe wabaye Umusenateri w’u Bubiligi kuva mu 1995 kugeza mu 2011, yanenze Leta Zunze Ubumwe za Amerika zafatiye igisirikare cyu Rwanda na bamwe mu Bayobozi Bakuru b’Ingabo ibihano, avuga ko ahubwo byari bikwiye gufatirwa Repubulika Iharanira Demukarasi ya Congo (RDC).
U Rwanda n’u Buhinde byashyize umukono ku masezerano agamije gufatanya mu bijyanye n’Umuco (Cultural Exchange Programme – CEP) izashyirwa mu bikorwa mu myaka ya 2026 kugeza 2030, mu kurushaho gushimangira umubano w’ibihugu byombi.
Umuhanzikazi Bwiza Emerance akomeje imyiteguro yo kwerekeza ku mugabane w’u Burayi, aho ategerejwe mu gitaramo kizabera i Stockholm muri Sweden, mu rwego rwo kwizihiza Umunsi Mpuzamahanga w’Abagore.
Umuhanzi Mani Martin agiye kongera gutaramira mu gihugu cy’u Buyapani mu bitaramo bizenguruka imijyi itandukanye, agamije kumenyekanisha Album ye ya karindwi aherutse gushyira hanze yise ’Rebirth’.
U Rwanda rwakiriye irindi tsinda ry’impunzi n’abasaba ubuhungiro 164 baturutse muri Libya. Bageze mu Rwanda mu ijoro rishyira kuri uyu wa Kane tariki 26 Gashyantare 2026. Barimo abakomoka muri Eritrea 19, Sudani 143 ndetse n’uwo muri Ethiopia umwe (1). Bakaba bahise boherezwa mu Nkambi y’agateganyo ya Gashora iherereye mu (…)
Ambasaderi Festus Bizimana yashyikirije Perezida José Maria Neves wa Cabo Verde, impapuro zimuhesha uburenganzira bwo guhagararira u Rwanda muri icyo gihugu akaba afite icyicaro i Dakar muri Sénégal.
U Rwanda na Give Directly uyu munsi basinyanye amasezerano y’imyaka itanu agamije kwihutisha gahunda zo kurwanya ubukene (Poverty Acceleration Co-Financing Basket Fund Framework Agreement).
Ibihangange mu mukino w’iteramakofe, Floyd Mayweather na Manny Pacquiao bagiye kongera guhurira mu mukino wa mbere w’iteramakofe w’ababigize umwuga uzabera muri Sphere i Las Vegas.
Ministeri y’Uburezi ibinyujije mu kigo cy’Igihugu Gishinzwe Ibizamini n’Ubugenzuzi bw’Amashuri (NESA) yateguye inama nyunguranabitekerezo yahuje abafatanyabikorwa mu burezi mu rwego rwo kubafasha gusobanukirwa neza isuzuma rya Programme for International Students Assements (PISA).
Abagororwa bitegura gusoza ibihano by’ibyaha bahamijwe ku ruhare bagize muri Jenoside yakorewe Abatutsi mu 1994, basabwe gukurikira no kuzirikana inyigisho bateguriwe kuko zizabafasha kurushaho kubana neza n’abo basanze ndetse no kwimakaza Ubumwe n’Ubudaheranwa.
Mu gihe isiganwa mpuzamahanga ry’amagare rya Tour du Rwanda rikomeje gukura no gukundwa, n’ibirori biriherekeza bizwi nka Tour du Rwanda Festival bigiye kongera kugaruka ku nshuro ya kane, bikaba byitezweho gususurutsa abakunzi b’umuziki n’imyidagaduro hirya no hino mu gihugu.
Mu gihe isiganwa mpuzamahanga ry’amagare rya Tour du Rwanda rikomeje gukura no gukundwa, n’ibirori biriherekeza bizwi nka Tour du Rwanda Festival bigiye kongera kugaruka ku nshuro ya kane, bikaba byitezweho gususurutsa abakunzi b’umuziki n’imyidagaduro hirya no hino mu gihugu.
Itorero Inganzo Ngari riri mu myiteguro y’igitaramo gikomeye kizaba gishingiye ku kwizihiza imyaka 20 rimaz.
Umukinnyi wa filime Eric William Dane, wamamaye cyane muri ’Euphoria’, ’Grey’s Anatomy’ ndetse na ’X-Men: The Last Stand’ yitabye Imana azize indwara yitwa Amyotrophic Lateral Sclerosis (ALS) itera gucika intege no kubura ubushobozi bwo kwigenza.
Umuhanzi Ngabo Richard uzwi cyane nka Kevin Kade, agiye kuririmba bwa mbere mu ruhererekane rw’ibitaramo bya MTN Iwacu Muzika Festival bigiye kuba ku nshuro ya 7.
Col Charles Sumanyi uherutse kugirwa Umushinjacyaha Mukuru wa Gisirikare yarahiriye kuzuza inshingano ze nk’uko ziteganywa n’amategeko ya Repubulika y’u Rwanda
AMAFOTO - Perezida Paul Kagame yakurikiye umukino w’abakinnyi beza muri Shampiyona ya Basketball muri Leta Zunze Ubumwe za Amerika (the 2026 NBA All-Star Game) wabereye i Los Angeles.