MENYA UMWANDITSI

  • Leta zunze Ubumwe z

    Amerika yafatiriye indege ya Perezida Nicolas Maduro wa Venezuela

    Leta Zunze Ubumwe z’Amerika zatangaje ko ku wa 2 Nzeri 2024, zafatiriye indege ya Perezida Nicolas Maduro wa Venezuela, kubera ko hari ibihano bimwe yari yafatiwe na Amerika akabirengaho, ndetse ko n’iyo ndege yaguzwe mu buryo butubahirije amategeko.



  • Abaturage bari mu myigaragambyo yo gusaba Minisitri w

    Israel: Bari mu myigaragambyo yo gusaba Minisitri w’Intebe Netanyahu kwegura

    Kuva ku Cyumweru muri Israel hari imyigaragambyo ikomeye hirya no hino mu gihugu nyuma y’uko ingabo za Israel zibonye indi mirambo itandatu (6) ya bamwe mu batwawe bunyago n’umutwe wa Hamas mu gitero yagabye kuri Israel ku itariki 7 Ukwakira 2023.



  • Nairobi: Abana babiri bahiriye mu nzu

    Muri Kenya, mu Mujyi wa Nairobi, abana babiri bavukana bari basizwe mu nzu bonyine mu masaha y’ijoro baguye mu nkongi y’umuriro yibasiye inzu bari barimo.



  • Perezida wa Madagascar, Andry Rajoelina yashyize umukono ku itegeko ryo gukona abansambanya abana

    Madagascar: Hashyizweho itegeko rihanisha umuntu wese usambanya umwana gukonwa

    Muri Madagascar, hasohotse itegeko rikomeje kwamaganwa n’imiryango mpuzamahanga iharanira uburenganzira bwa muntu rihanisha umuntu wese usambanya umwana gukonwa hakoreshejwe kubaga, aho gukoresha imiti.



  • Zari yabwiye umugabo we Shakib ko azashaka abagabo babiri kuko itegeko rya Afurika y

    Zari Hassan yahishuriye umugabo we Shakib ko azamushakiraho uwa kabiri

    Ku mbuga nkoranyambaga hakomeje gukwirakwizwa amashusho (Video) yatangaje benshi, Zari Hassan abwira umugabo we Shakib Lutaaya ko azashaka undi mugabo akabagira ari ababiri kuko itegeko rya Afurika y’Epfo ribyemera.



  • Abasirikare b

    Burkina Faso: Abasirikare b’u Burusiya basubiye iwabo mu rugamba rwo kurwanya Ukraine

    Bamwe mu basirikare b’u Burusiya ba Brigade Bear bari bamaze igihe gito bakorera muri Burkina Faso nk’Abacanshuro, basubiye iwabo mu Burusiya kugira ngo bajye gutanga umusanzu mu kurwanya ingabo za Ukraine zimaze ibyumweru bicyeya zigabye igitero gikomeye ku butaka bw’u Burusiya.



  • Hasohotse inoti nshya y’ibihumbi bitanu n’iya bibiri

    Kuri uyu wa gatanu hasohotse iteka rya perezida n° 073/01 ryo ku wa 29/08/2024 rishyiraho inoti nshya ya frw 5.000 n’iya frw 2.000 nk’uko bikubiye mu igazeti ya Leta nomero idasanzwe yo ku wa 30/8/2024.



  • Isarael yemeye guhagarika intambara by

    Gaza: Israel yemeye gutanga agahenge mu gufasha abana gukingirwa imbasa

    Israel yemeye gutanga agahenga mu ntambara irwanamo na Hamas muri Palestine, kugira ngo abana bo muri Gaza ahari kubera iyo ntambara, bashobore guhabwa urukingo rw’imbasa nk’uko byatangajwe n’Ishami ry’Umuryango w’Abibumbye ryita ku Buzima (WHO).



  • Umuhungu yakoze imyigaragambyo yo kwiyicisha inzara mu minsi itatu yose kugira ngo nyina amugirire iPhone

    Yakoze imyigaragambyo yo kwiyicisha inzara asaba kugurirwa iPhone

    Mu Buhinde, umuhungu w’ingimbi arashinjwa gushyira iterabwoba kuri nyina w’umukene kugira ngo agire icyo akora, ubwo yakora imyigaragambyo yo kumara iminsi itatu nta kintu arya nta n’icyo anywa, kugira ngo amugurire telefone igezweho kandi ihenze ya iPhone.



  • Umugabo wo mur Uganda yafatanywe iuduhanga 24 tw

    Umugabo yafatanywe uduhanga 24 tw’abantu

    Muri Uganda, Polisi yatangaje ko yataye muri yombi umugabo w’Umunya-Uganda bivugwa ko yasanganywe uduhanga 24 tw’abantu ashobora kuba yarabikoreshaga nk’ibitambo by’abantu ndetse ivuga ko ashobora gukatirwa igihano cyo gufungwa burundu naramuka ahamijwe icyo cyaha.



  • Umuvuzi gakondo muri Tanzaniya akurikiranyweho kwica abantu, kubahamba ari bazima no kubatwika

    Umuvuzi gakondo akurikiranyweho kwica abantu

    Muri Tanzania, nyuma yo gutahura imirambo 10, umuvuzi gakondo yatawe muri yombi akurikiranyweho kwica abantu, kubahamba ari bazima ndetse no kubatwika mu muriro, nk’uko byemezwa na Polisi y’icyo gihugu, ivuga ko yamufatanye n’abandi batatu.



  • abantu 50 muri 51 bashinjwa kugerageza gukora Coup d

    RDC: Abantu 50 basabiwe igihano cy’urupfu bashinjwa kugerageza guhirika ubutegetsi

    Muri Repubulika ya Demokarasi ya Congo, abantu 50 muri 51 bashinjwa kugira uruhare mu kugerageza guhirika ubutegetsi ku itariki 19 Gicurasi 2024, basabiwe n’ubushinjacyaha bwa gisirikare igihano cyo kwicwa bitewe n’uburemere bw’ibyaha bashinjwa.



  • yasezeranye mu kivunge,inyandiko ye mu irangamimerere izamo amakosa none ahora asiragira

    Runda: Banditse irangamimerere rye nabi none ahora asiragira

    Umubyeyi witwa Kantarama Clementine utuye mu Murenge wa Musenyi mu Karere ka Bugesera, yifuza ko yafashwa kurenganurwa kuko igihe yasezeranaga banditse irangamimerere rye nabi none bikaba bituma ahora asiragira.



  • Abantu batanu bo mu muryango umwe harimo n

    Umugeni yaguye mu mpanuka ikomeye yahitanye n’abandi batanu bo mu muryango umwe

    Muri Kenya, umugeni yaguye mu mpanuka y’imodoka yahitanye abantu batanu (5) bo mu muryango umwe, bitewe n’ikamyo itwara lisansi yari ifite umuvuduko mwinshi yagonganye n’imodoka ikora imihanda (Tractor).



  • John-Tinniswood arizihiza isabukuru y

    Umugabo ukuze kurusha abandi ku Isi akunda kurya ifi n’ifiriti

    Umusaza w’Umwongereza witwa John Alfred Tinniswood, w’imyaka 112 ndetse ubu akaba ari we ufite agahigo ko kuba mugabo ukuze kurusha abandi ku Isi mu bakiriho, yavuze ko nta ndyo yihariye akurikiza, ariko ko ashimishwa no kurya ifi n’ifiriti buri wa gatanu w’icyumweru.



  • Abanyeshuri biga ubuvuzi muri Nigeria bari bashimuswe barekuwe

    Nigeria: Abanyeshuri 20 bari bashimuswe barekuwe

    Muri Nigeria, abanyeshuri bari bashimuswe barekuwe bose bose uko ari 20 ari bazima nyuma yo kumara icyumweru baburiwe irengero nk’uko byemejwe na Polisi yo muri Nigeria mu nkuru yatangajwe na Aljazeera.



  • Berhane yapfuye aguye muri gereza ataburanishijwe nyuma y

    Uwahoze ari Minisitiri yaguye muri gereza nyuma y’imyaka itandatu ataburanishwa

    Berhane Abrehe wahoze ari Minisitiri w’imari muri Eritrea ndetse akaba n’umuntu wakunze kunenga cyane Perezida w’icyo gihugu Issaias Afwerki, yapfuye aguye muri gereza nk’uko byatangajwe n’abo mu muryango we ndetse n’umwe mu miryango iharanira uburenganzira bwa muntu ikorera muri icyo gihugu.



  • Amahiriro y

    Umujyi wa Kigali ugiye gutunganya amahuriro y’imihanda KN 5Rd na KG 5 Ave imbere ya KABC

    Mu itangazo ryasohowe n’ubuyobozi bw’Umujyi wa Kigali kuri uyu wa Kane tariki 22 Kanama 2024, rivuga ko hari gahunda yo gutunganya amahuriro y’imihanda KN 5Rd na KG 5 Ave imbere ya KABC.



  • Zambia: Ibigori birimo uburozi byahitanye imbwa 400

    Muri Zambia, haravugwa imbwa 400 zapfuye mu kwezi kumwe nyuma yo kugaburirwa ibigori byifitemo uburozi bwinshi bwa ‘aflatoxins’ cyangwa se uruhumbu rwinshi, ku buryo bikekwa ko n’abantu baramutse bariye ibyo bigori ubuzima bwabo bwajya mu kaga nk’uko byatangajwe na Minisitiri w’Ubuzima w’icyo gihugu Elijah Muchimi.



  • Umugabo agiye kumara amezi atatu muri gereza kubera gucungisha camera umugore we mu ibanga

    Umugabo yahanishijwe igifungo cy’amezi atatu kubera gucungisha camera umugore we mu ibanga

    Muri Taiwan, urukiko rwahanishije umugabo igihano cyo gufungwa amezi atatu muri gereza kubera ko yacungishije umugore we camera ihishe mu rugo rwabo atamubwiye kugira ngo ajye agenzura ko amuca inyuma koko, urukiko rwabyise ko uwo mugabo yavogereye ubuzima bwite bw’umugore we.



  • RDC: Hamaze kuboneka abantu 60 muri 300 barohamye mu bwato

    Muri Repubulika ya Demokarasi ya Congo, nyuma y’uko ubwato bunini bwari butwaye abantu 300 bupakiye n’ibicuruzwa burohamye mu ijoro ryo ku cyumweru tariki 18 Kanama 2024, mu Mugezi wa Lukeni muri Teritwari ya Kutu, mu Ntara ya Maï-Ndombe, kugeza n’ubu hari abari muri ubwo bwato bagikomeje kuburirwa irengero nk’uko (…)



  • Jennifer Lopez yasabye gatanya na Ben Affleck bari bamaze imyaka ibiri bashyingiranywe

    Jennifer Lopez yasabye gatanya n’umugabo we Ben Affleck, nawe uzwi cyane mu bya filimi, nk’uko byatangajwe n’ibinyamakuru bitandukanye byo muri Amerika n’ahandi bivuga ko wari umwe mu miryango (couples) zizwi cyane kurusha izindi muri Hollywood.



  • Itegeko rya Maroc ryemera ubuhinzi bw

    Maroc: Umwami yahaye imbabazi abahinzi bari bakurikiranyweho icyaha cyo guhinga urumogi

    Umwami wa Maroc yafashe icyemezo cyo guha imbabazi abahinzi 4800 bari bakurikiranywe n’inkiko cyangwa se bari baramaze gukatirwa n’inkiko n’abari baramaze gushyirirwaho impapuro zo kubata muri yombi kubera ibyaha bijyanye n’ubuhinzi bw’igihingwa kitemewe n’amategeko cy’urumogi nk’uko byatangajwe na Minisiteri y’ubutabera.



  • Umwaka w

    Hatangajwe igihe umwaka w’amashuri 2024-2025 uzatangirira

    Ikigo cy’Igihugu gishinzwe Ibizamini n’Ubugenzuzi bw’Amashuri (NESA) cyatangaje igihe umwaka w’amashuri 2024-2025 uzatangirira mu rwego rwo gufasha ababyeyi n’abanyeshuri kwitegura neza.



  • Tchad: Abantu 54 bamaze kwicwa n’imyuzure

    Muri Tchad, imyuzure yatewe n’imvura nyinshi yaguye cyane cyane mu Ntara ya Tibesti, iherereye mu Majyaruguru y’icyo gihugu imaze guhitana abantu 54 kandi nubu iracyakomeje kugwa nk’uko byemejwe n’ubuyobozi.



  • Mu Murenge wa Nyamata hagiye kubakwa imihanda irindwi ya kaburimbo

    Nyamata: Mu mezi umunani imihanda itandukanye izaba irimo kaburimbo

    Mu Murenge wa Nyamata mu Karere ka Bugesera hatangijwe ibikorwa byo kubaka imihanda inyura mu bice bitandukanye byo mu Mujyi wa Nyamata, hagamijwe kurushaho kuzamura iterambere ry’abaturiye iyo mihanda ndetse n’abayikoresha muri rusange.



  • Ibyihebe byashimuse abanyeshuri 20 bigaga ubuvuzi muri Kaminuza

    Nigeria: Abanyeshuri 20 bigaga ubuvuzi muri Kaminuza bashimuswe n’ibyihebe

    Muri Nigeria, abanyeshuri 20 bigaga ubuvuzi muri Kaminuza ebyiri zitandukanye zo muri icyo gihugu, bashimuswe n’abantu bo mu mitwe yitwaza intwaro, ubwo bari mu rugendo mu Burasirazuba bw’Igihugu.



  • Fally Ipupa ntiyataramiye abafana be b

    Goma: Abafana ba Fally Ipupa barakajwe no kudakabya inzozi nyuma yo kutabataramira

    Umuhanzi Fally Ipupa ukomoka muri Repubulika ya Demokarasi ya Congo, akaba azwi cyane mu njyana ya Rumba, yari ategerejwe n’abafana be benshi bari baje kumureba mu gitaramo yari gukora kuwa Gatanu tariki 16 Kanama 2024, ariko birangira ataje, aho bamwe mu rubyiruko rwari rumutereje, bagaragaje uburakari bavuga ko (…)



  • Umuganga yategetswe gufasha ababyeyi kurera umwana wavutse kubera amakosa yakoze

    Umuganga yategetswe n’urukiko kuzafasha umwana wavutse ababyeyi batabishaka

    Muri Colombia, umuganga yategetswe n’urukiko kuzafasha mu buryo bw’amikoro (amafaranga) umwana wavutse ababyeyi be batabishaka, kugeza uwo mwana agize nibura imyaka 18 y’amavuko, kuko umubyeyi we yateye inda bigakunda kandi uwo muganga yaramukoreye igikorwa cyo gufunga intanga ngabo kizwi nka ‘Vasectomy’.



  • Inkangu zibasiye ahajugunywa imyanda muri Uganda zihitana ubuzima bw

    Abantu 21 bishwe n’inkangu zibasiye ahajugunywa imyanda muri Kampala

    Muri Uganda, nyuma y’imvura yari imaze ibyumweru bikeya igwa yateye ibiza byatumye inkangu ziriduka mu gace kajugunywamo imyanda mu Mujyi wa Kampala, zihitana abantu bagera kuri 21 nk’uko byemejwe na Polisi yo muri icyo gihugu ndetse ibikorwa byo gushakisha abakorotse cyangwa se abapfuye bakiri munsi y’ibitaka n’ibyondo (…)



Izindi nkuru: