MENYA UMWANDITSI

  • Alpha Blondy yabujije CEDEAO gushoza intambara kuri Niger

    Umuhanzi w’icyamamare Alpha Blondy, uvuka muri Côte d’Ivoire, akaba na Ambasaderi w’amahoro muri icyo gihugu yatanze ubutumwa mu buryo bwa videwo, asaba umuryango w’Ubukungu bw’ibihugu bya Afurika y’Uburengerazuba CEDEAO, kudashoza intambara ku gihugu cya Niger, anongeraho ko uwo muryango uramutse ubirenzeho waba ukoze (...)



  • Umuyobozi mu biro bya Perezida wa Madagascar yafunzwe

    Madagascar: Umuyobozi mukuru mu biro bya Perezida yatawe muri yombi

    Umuyobozi mukuru mu biro bya Perezida wa Madagascar witwa Romy Andrianarisoa ari kumwe n’Umufaransa witwa Philippe Tabuteau, yafatiwe mu Bwongereza akekwaho kuba yaratse ruswa kugira ngo atange ibyangombwa byo gucukura amabuye y’agaciro, aho bikekwa iyo ruswa yayatse itsinda rya sosiyete zo mu Bwongereza zicukura amabuye (...)



  • Inkongi yishe abagera kuri 96 muri Hawai

    Hawaï: Inkongi z’umuriro zimaze kwica abantu 96, umubare bivugwa ko ushobora kwiyongera

    Imibare yatangajwe n’ubuyobozi bwa Leta zunze ubumwe za Amerika, yerekana ko abamaze kwicwa n’inkongi z’umuriro zimaze iminsi zibasiye Hawaï ari 96. Ariko uwo mubare ngo ukaba ushobora kwiyongera, kuko igice gito ari cyo kimaze gukorerwamo ibikorwa byo gushakisha imibiri y’abishwe n’inkongi.



  • Mohamed Bazoum agiye kuburanishwa ku byaha birimo ubugambanyi bukomeye ku gihugu cya Niger

    Niger: Mohamed Bazoum agiye kuburanishwa ku cyaha cy’ubugambanyi bukomeye

    Ubutegetsi bw’igisirikare buyoboye Niger muri iki gihe nyuma ya Coup d’Etat yabaye mu Kwezi gushize kwa Nyakanga 2023, bwatanze ibirego by’ibyaha Perezida Mohamed Bazoum ashinjwa nyuma y’amasaha makeya itsinda ry’abantu bari baturutse muri Nigeria ritangaje ko ubwo butegetsi buyoboye Niger, bwiteguye kuyoboka inzira ya (...)



  • U Buyapani: Hatangijwe uburyo bufasha umuntu gusinzira ahagaze

    Mu Buyapani batangije uburyo bushya bwiswe ‘The Giraffenap’, aho umuntu asinzirira mu kintu kimeze nk’akazu gato gafunganye, agasinzira ahagaze mu masaha ya ku manywa, bikamufasha kuruhuka akagarura imbaraga zo gukora akazi ke neza.



  • Abantu barindwi bagwiriwe n’umusigiti bahita bapfa

    Abantu barindwi bapfuye bagwiriwe n’ibikuta by’umusigiti, wari wuzuyemo abantu baje mu isengesho, mu Mujyi wa Zaria muri Leta ya Kaduna muri Nigeria, mu gihe abandi benshi bakomeretse, nk’uko byatangajwe n’ubuyobozi.



  • Raila Odinga

    Kenya: Raila Odinga yavuze ko imyigaragambyo y’ubutaha ari ‘Guma mu Rugo’

    Raila Odinga utavuga rumwe n’ubutegetsi muri Kenya, akaba n’umuyobozi w’ishyaka ‘Azimio La Umoja’, yatangaje ko mu myigaragambyo y’ubutaha, abaturage bazaguma mu nzu zabo. Yagize ati "Ntimuzasohoke hanze, muzagume mu ngo zanyu”.



  • Fernando Villavicencio

    Equador: Umukandida wahabwaga amahirwe mu matora ya Perezida yarashwe arapfa

    Muri Equador umukandida wahabwaga amahirwe mu matora ya Perezida wa Repubulika, Fernando Villavicencio, yarashwe ahita apfa ubwo yari asohotse mu nama ijyanye n’amatora ahitwa i Quito, nk’uko byatangajwe na Perezida w’icyo gihugu, Guillermo Lasso.



  • Kenya: Umupasiteri avuga ko afite amazi atanga ubukire

    Muri Kenya, Umupasiteri witwa Victor Kanyari wo mu itorero rya ‘Salvation Healing Ministry’ avuga ko afite amazi y’umugisha azana ubukire mu buryo bw’igitangaza.Avuga ko "Uyanywaho ugahita ugura imodoka".



  • U Butaliyani: Abimukira 41 barohamye barapfa

    Abimukira 41 nibo baburiye ubuzima mu bwato bwarohamye hafi y’Ikirwa cya Lampedusa (mu Butaliyani), nk’uko byatangajwe n’Ibiro ntaramakuru by’u Butaliyani ‘Ansa’.



  • Abakeneye imfashanyo muri Niger bahuye n

    UN yatangaje ko ibihano byahawe Niger bituma umubare w’abakeneye inkunga wiyongera

    Uhagarariye amwe mu mashami y’Umuryango w’Abibumbye ‘UN’ muri Niger Louise Aubin, yatangaje ko ibihano byafatiwe Niger nyuma ya Coup d’Etat iherutse kuba muri icyo gihugu, bikomeza kongera umubare w’abakeneye ubufasha bw’ibiribwa n’imiti.



  • Umupolisi yishe umuyobozi we

    Kenya: Umupolisi yarashe umuyobozi we ahita apfa

    Muri Kenya, Umupolisi wakoreraga muri Kawunti ya Nakuru yarashe umuyobozi we isasu aramwica, mu buryo buteye urujijo, bituma hahita hatangizwa iperereza nk’uko byatangajwe na Komanda wa Polisi muri Nakuru Samuel Ndanyi.



  • Abantu 3 bapfuye ubwo kujugujugu 2 zishinzwe kuzimya inkongi zagonganaga

    Amerika: Abantu batatu baguye mu mpanuka y’indege

    Abantu batatu bapfuye ubwo indege ebyiri zo mu bwoko bwa kajugujugu zagonganaga ziri mu gikorwa cyo kuzimya inkongi y’umuriro mu Majyepfo ya Leta ya California nk’uko byatangajwe n’Ikinyamakuru cya CNN.



  • Perezida Faustin-Archange Touadéra

    Centrafrique: Perezida Faustin-Archange Touadéra yemerewe kuziyamamariza manda ya gatatu

    Perezida Faustin-Archange Touadéra, yatowe bwa mbere mu 2016, yongera gutorwa mu 2020, ubu yemerewe kuzongera kwiyamamariza manda ya gatatu mu 2025, kuko itegeko nshinga rishya rikuraho umubare wa za manda zemewe k’Umukuru w’igihugu.



  • Umuryango ECOWAS urateganya indi nama idasanzwe yiga ku kibazo cya Niger

    Abayobozi ba ECOWAS bazahurira mu nama idasanzwe biga kuri Niger

    Abayobozi b’Umuryango w’Ubukungu bw’Ibihugu by’Afurika y’Uburengerazuba (ECOWAS), batangaje ko bazongera bagahurira mu nama idasanzwe ku wa Kane tariki 10 Kanama 2023, bakiga ku kibazo cya Niger, nyuma y’uko igihe ntarengwa cyo kuba abakoze Coup d’Etat basubije ubutegetsi mu maboko ya Perezida Mohamed Bazoum cyarangije ku (...)



  • Vietnam: Abantu umunani bishwe n’imyuzure n’inkangu

    Ubuyobozi bwa Vietnam bwatangaje ko abantu umunani (8) bapfuye bishwe n’imyuzure n’inkangu byaje bitunguranye.



  • Sonko yagiye mu bitaro kubera kwiyicisha inzara

    Sénégal: Uri mu myigaragambyo yo kwiyicisha inzara yagiye mu bitaro

    Ousmane Sonko utavuga rumwe n’ubutegetsi buriho muri Sénégal, ari mu myigaragambyo yo kwiyicisha inzara uhereye igihe aheruka gutabwa muri yombi, none yajyanywe mu bitaro bya Dakar muri serivisi zita ku ndembe.



  • Yafatanywe imbunda y

    Tanzania: Umugore afunzwe azira gutunga imbunda y’inkorano

    Umuturage witwa Shangwe Lodrick w’imyaka 35, utuye ahitwa Bangwe mu gace ka Sumbawanga, ari mu maboko y’inzego z’umutekano akurikiranyweho gutunga imbunda ya ‘shortgun/SMG’ yakozwe mu buryo bwa gakondo, akaba yari ayitunze mu buryo bunyuranyije n’amategeko.



  • Pakistan: Abantu 28 baguye mu mpanuka ya Gariyamoshi

    Abantu 28 baguye mu mpanuka ya Gariyamoshi yabereye mu Majyepfo y’igihugu cya Pakistan, abandi benshi barakomereka, ikaba yabaye Cyumweru tariki 6 Kanama 2023, nk’uko byatangajwe na Minisitiri Khawaja Saad Rafique, ushinzwe ibya za Gariyamoshi muri cyo gihugu, aho yanemeje ko ibitaro biri hafi y’aho impanuka yabereye (...)



  • Perezida Bola Tinubu wa Nigeria

    Bola Tinubu uyobora Nigeria ashyigikiye ko Perezida wahiritswe muri Niger asubizwaho ku ngufu

    Perezida wa Nigeria Bola Tinubu yandikiye ibaruwa Sena y’igihugu cye, asaba abayigize ko bashyigikira icyemezo cyo gukoresha ingufu za gisirikare muri Niger aho Perezida w’icyo gihugu watowe n’abaturage Mohamed Bazoum yahiritswe ku butegetsi tariki 26 Nyakanga 2023.



  • Umunyamabanga wa Leta zunze ubumwe za Amerika, Antony Blinken

    Amerika yahagaritse inkunga yahaga Niger

    Leta zunze Ubumwe za Amerika zatangaje ko zihagaritse inkunga zimwe mu zo yageneraga Niger, kandi ko ikomeje gushyigikira Perezida Bazoum wahiritswe ku butegetsi.



  • Yatabawe akiri muzima nyuma yo gutwarwa n’ingona ikamumarana isaha n’igice

    Umugore witwa Falmira De Jesus w’imyaka 38 y’amavuko, usanzwe akora umwuga w’ubuhinzi bw’ingazi zikorwamo amamesa mu Burengerazuba bwa Indonesia mu Ntara Kalimantan, ubwo yarimo avoma amazi mu kizenga, yafashwe n’ingona yari iri ku nkombe zacyo iramutwara.



  • Minisitiri w

    Minisitiri w’Intebe wa Canada yatandukanye n’umugore we

    Minisitiri w’Intebe wa Canada, Justin Trudeau w’imyaka 51, yatangaje ko yatandukanye n’umugore we Sophie Grégoire Trudeau w’imyaka 48 y’amavuko.



  • Gen. Abdourahamane Tchiani

    Gen. Tchiani yanenze ibihugu bikomeje gufatira ibihano Niger

    Gen. Abdourahamane Tchiani uyoboye Niger nyuma ya Coup d’état, yavuze ko adatewe ubwoba n’igitutu cy’abashaka gusubiza Perezida Mohamed Bazoum ku butegetsi, anenga ibihano byafashwe n’Umuryango wa ECOWAS, ko binyuranyije n’amategeko kandi bigaragaza kubura ubumuntu, ahamagarira abaturage ba Niger, kwitegura kurwana ku (...)



  • Madonna yatangaje ko yiyumva nk’umunyamahirwe kuba akiriho

    Umuhanzi w’icyamamare Madonna aherutse gufatwa n’indwara ikomeye yaturutse kuri bagiteri ‘sévère infection bactérienne’ ituma ajya mu bitara muri serivisi yo kwita ku bantu barembye ku itariki 24 Kamena 2023.



  • Umuryango Nyarwanda urasabwa gufasha umwana ufite ubumuga kwifasha

    Umuryango Nyarwanda urasabwa gufasha umwana ufite ubumuga kwifasha

    Ihuriro ry’imiryango y’abafite ubumuga (NUDOR), risaba umuryango mugari w’Abanyarwanda, uhereye ku babyeyi, abarimu, ibigo by’amashuri n’abantu bose, gutuma umwana ufite ubumuga yisobanukirwa, akamenya ko afite ubumuga bijyanye n’ikigero cy’imyaka arimo, kuko biramufasha. Ngo nta kintu ushobora gukorera umuntu ufite (...)



  • Henri Konan Bédié yitabye Imana

    Henri Konan Bédié wayoboye Côte d’Ivoire yitabye Imana

    Henri Konan Bédié wayoboye igihugu cya Côte d’Ivoire, yitabye Imana afite imyaka 89 y’amavuko, aho yari amaze iminsi ari mu bitaro nyuma yo kumva atameze neza.



  • Nyamasheke: Abahanga mu by’imiterere y’Isi batangiye gukurikirana iby’umwotsi n’umuriro bituruka mu musozi

    Ikigo cy’Igihugu gishinzwe Mine, Peteroli na Gaz (RMB), cyohereje itsinda ry’abahanga mu bijyanye n’ubumenyi bw’imiterere y’Isi, kujya gukurikirana iby’umwotsi, umuriro, ndetse n’amabuye ahirima aturuka mu musozi wo mu Kagari ka Burimba mu Karere ka Nyamasheke.



  • U Buhinde: Umugabo n’umugore bagurishije umwana bagura telefoni

    Mu cyumweru gishize, itangazamukuru ryo mu Buhinde ryatangaje inkuru ibabaje y’umugabo n’umugore we batuye mu Burengerazuba bwa Bengal bakunda telefoni za ‘iPhone’ bikabije kugeza aho bemera no kugurisha umwana wabo w’uruhinja kugira ngo bagure iyo telefoni igezweho ya ‘iPhone 14’.



  • Gen Abdourahamane Tchian, Perezida wa Niger

    Burkina Faso na Mali byaburiye ibihugu biteganya ibikorwa bya gisirikare muri Niger

    Ubutegetsi buyobowe n’igisirikare muri Burkina Faso no muri Mali, bwatangaje ko igikorwa cya gisirikare icyo ari cyo cyose cyakorwa kuri Niger, hagamijwe gusubiza ubutegetsi mu maboko ya Perezida Mohamed Bazoum uherutse gukorerwa Coup d’état, cyafatwa nko gutangiza intambara no muri ibyo bihugu byombi.



Izindi nkuru: