Impanuka ya Gariyamoshi yabereye mu Burasirazuba bw’u Buhinde, ku gicamunsi cyo kuri uyu wa Gatanu tariki 2 Kamena 2023, yahitanye abantu bagera kuri 50 abandi benshi bagakomereka.
Hashize imyaka 40 Virusi itera SIDA(VIH/SIDA) ivumbuwe n’itsinda ry’abashakashatsi b’Abafaransa ari bo Françoise Barré-Sinoussi, Jean-Claude Chermann na Luc Montagnier, bo mu Kigo cyitwa Institut Pasteur.
Lionel Messi azakina umukino we wa nyuma muri Paris Saint-Germain (PSG), kuri uyu wa Gatandatu nk’uko byatangajwe n’umutoza w’iyi kipe Christophe Galtier kuri uyu wa Kane tariki ya 1 Kamena 2023.
Muri Amerika, Urukiko rwa California rwarekuye umugabo wari umaze imyaka 33 afunzwe, nyuma yo kumwibeshyaho agafungirwa icyaha atakoze.
Minisiteri y’Ubuzima muri Zanzibar yatesheje agaciro impapuro zemerera umuforomo n’abaganga gukora umwuga w’ubuvuzi, nyuma y’uko bahamijwe kugira uburangare n’imyitwarire itari iya kinyamwuga, bikavamo urupfu rw’umugore utwite ndetse n’umwana we mu byumweru bibiri bishize, ku Bitaro bikuru bya ‘Mnazi Mmoja referral hospital’.
Muri Tanzania, ahitwa Musoma, umugabo w’imyaka 60 witwa Msirari Muhere yahanishijwe gufungwa imyaka irindwi (7), nyuma yo guhamwa n’icyaha cyo kwanduza ku bushake Virusi itera SIDA umwana w’umugore we, umwana wandujwe SIDA, afite imyaka itandatu. Uwanzuro w’Urukiko watangajwe kuri uyu wa Gatatu tariki 31 (...)
Muri Uganda, gucuruza ingingo z’abantu ngo ni ibintu bibaho cyane, aho usanga hari abagore bitangazwa ko babazwe bitari ngombwa, bagakurwamo ingingo runaka, ariko ubu bikaba byahawe umurongo kubera iryo tegeko ryatowe.
Ambasade y’u Bushinwa mu Rwanda, ibinyujije mu muryango w’Abashinwa witwa ‘Warm Children’s Hearts’ (bishatse mu Kinyarwanda ngo ‘Susurutsa imitima y’abana’), ukorera muri Afurika, watanze ibiribwa, ibikoresho by’isuku, ibikoresho by’ishuri bigenewe abana bafite ibibazo bitandukanye barererwa mu kigo cyitwa ‘Inshuti (...)
Perezida Maduro yakiriwe na Perezida mushya wa Brazil, Luiz Inacio Lula da Silva, mbere gato y’inama y’abayobozi 11 b’ibihugu by’Amerika y’Amajyepfo, ibera muri Brazil kuri uyu wa Kabiri tariki 30 Gicurasi 2023.
Urubyiruko rwo muri Senegal rushyigikiye Umunyapolitiki utavuga rumwe n’ubutegetsi buriho muri icyo gihugu, Ousmane Sonko, rwatangiye imyigaragambyo guhera tariki 29 Gicurasi 2023, mu duce tumwe two mu Mujyi wa Dakar twegereye urugo rwe.
Recep Tayyip Erdogan yatsinze amatora ya Perezida wa Repubulika muri Turukiya, akaba agiye gukomeza kuyobora icyo gihugu mu yindi myaka itanu iri imbere.
Umutsi witwa ‘nerf sciatique’ ni umutsi bivugwa ko ari wo muremure cyane mu mitsi yose igize umubiri w’umuntu, ukaba ushinzwe kugenzura imikorere y’igice cyo hasi cy’umubiri w’umuntu ni ukuvuga amaguru n’ibirenge.
Umwe mu bagize uruhare rukomeye mu mvururu zakurukiye amatora yo muri Amerika muri 2020, Stewart Rhodes, yahanishijwe igihano cyo gufungwa imyaka 18 nyuma yo guhamwa n’ibyaha byo guhungabanya umutekano w’igihugu.
Intandaro y’imirwano yaguyemo abantu 10 aho muri Chad, bivugwa ko ari urupfu rw’umwana w’umuhungu wishwe, nyuma yo gufatwa aragiye amatungo mu murima uhinzemo ubunyobwa.
Minisiteri y’Ibidukikije ibinyujije mu Kigo cy’Igihugu cyo Kubungabunga Ibidukikije (REMA), yatangaje ko mu Rwanda hatangiye icyumweru cy’Ibidukikije, cyatangiye ku itariki ya 27 Gicurasi kikazarangira ku itariki 5 Kamena 2023, ari wo munsi Isi yose izaba yizihiza Umunsi Mpuzamahanga w’Ibidukikije.
Ubuyobozi bwa Banki ya Kigali (BK), bwatashye ku mugaragaro ahakorera ishami ry’iyo Banki rya Nyamata mu Karere ka Bugesera, riri mu nyubako nshya ya BUIG.
Muri Uganda ahitwa Alupe, muri Busia, umusore Robin Barasa yishe Nyina amutemye ijosi, ngo amuziza ko yamwimye igikombe cy’icyayi, nk’uko byatangajwe n’ibinyamakuru byo muri icyo gihugu, harimo Emuria FM.
Polisi yo muri Amerika yafashe umusore w’imyaka 19 y’amavuko uturuka muri Leta ya Missouri, nyuma y’uko atwaye ikamyo akagonga ibyuma bishyurwaho mu rwego rw’umutekano ‘security barriers’ imbere y’ibiro bya Perezida wa Leta zunze ubumwe za Amerika.
Urwego rw’Igihugu rushinzwe Igorora (RCS) rwatangije ibikorwa byo kubaka ikigo kizifashishwa mu gutanga amasomo y’uburere mboneragihugu, n’izindi gahunda zirimo gukumira ikoreshwa n’ikwirakwizwa ry’ibiyobyabwenge ndetse n’izindi zijyanye no guhugura abagororwa bitegura kurangiza igihe cyabo cyo kugororwa.
Muri Afurika y’Epfo, icyorezo cya Cholera kimaze kwica abantu 15, abafashwe n’icyo cyorezo ni abantu hafi 100, mu gihe abagera kuri 37 bari mu bitaro mu Ntara ya Tshwane, nk’uko byatangajwe na Guverinoma y’icyo gihugu.
Muri Uganda, umuzamu w’imyaka 67, witwa Karim Kanku, avuga ko Leta imufite umwenda wa Miliyoni 1.8 z’Amashilingiu ya Uganda, ayo akaba ari ibirarane by’umushahara we w’amezi icyenda, ari byo byatumye afungirana abo bakozi.
Igisirikare cya Sudani n’umutwe w’abarwanyi wa ‘Forces de Soutien Rapide (FSR)’, bari bemeranyijwe guhagarika imirwano mu gihe cy’iminsi irindwi, kugira ngo haboneke uburyo bwo kugeza imfashanyo ku bababaye ariko ntikubahirijwe.
Minisitiri w’Intebe, Dr Edouard Ngirente, asanga hakenewe ubufatanye bw’ibihugu by’Afurika, hagamijwe kugera ku ntego z’iterambere rirambye.
Umugore yafashwe nyuma y’uko bimenyekanye ko yakira amafaranga y’indezo y’umwana umwe, avuye ku bagabo umunani (8), buri wese muri bo azi ko umwana ari uwe, bikaba byarabereye muri muri Afurika y’Epfo.
Ikirungo cyitwa Ikinzari cyangwa se Cinnamon mu rurimi rw’Icyongereza, kivugwaho kuba kigira akamaro gakomeye mu gukumirwa no kurwanya indwara ya ‘Alzheimer’s (indwara itera kwibagirwa), ikunze kwibasira abantu bageze mu zabukuru.
Abageni bapfuye baguye mu mpanuka y’imodoka nyuma y’icyumweru kimwe bakoze ubukwe, ubwo bari bavuye gushyingura se w’umugabo, bikaba byarabereye ahitwa Chongwe muri Zambia.
Abantu babarirwa muri 20, biganjemo abana bapfuye bazize inkongi y’umuriro yibasiye inzu abanyeshuri bararamo ku ishuri (dortoir ), mu Kigo cy’Ishuri giherereye hagati mu gihugu cya Guyana, mu Majyepfo ya Amerika.
Major Gen. Aphaxard Muthuri Kiugu, uherutse gutangira imirimo ye nk’Umuyobozi w’Ingabo za Kenya ziri muri Repubulika Iharanira Demokarasi ya Congo, ashima ibyagezweho n’Ingabo z’Umuryango wa Afurika y’Iburasirazuba (East African Community Regional Force - EACRF), akizeza ko azanye ubunararibonye mu bijyanye no kuyobora (...)
Ibihugu birindwi byagiriye inama abaturage babyo kwitwararika igihe bagiye muri Leta zunze Ubumwe za Amerika, kuko hariyo ikibazo cy’umutekano gikomeye muri iyi myaka ya vuba. Ibyo bihugu New Zealand, Canada, Australia, u Bwongereza, u Bufaransa, Venezuela na Uruguay.
Umugore witwa Kouri Richins, ni umubyeyi w’abana batatu, wanditse igitabo nyuma y’urupfu rw’umugabo we, agamije gufasha abana be gushobora guhangana n’agahinda batewe n’urupfu rwa se witwaga Eric Richins.