Umuyobozi mukuru ushinzwe ubuvuzi muri Sosiyete ikora imiti n’inkingo ya ‘Moderna’, Paul Burton, avuga ko inkingo za ‘ARNmessager’ zo kurwanya kanseri n’izindi ndwara z’umutima zizaba zabonetse bitarenze umwaka wa 2030.
Mu gihe u Rwanda rwibuka ku nshuro ya 29 Jenoside yakorewe Abatutsi mu 1994, KT Radio, Radio ya Kigali Today, yateguye ibiganiro bitandukanye bigamije gufasha Abanyarwanda gukomeza kwibuka ariko baniyubaka, harimo icyabaye tariki 8 Mata 2023 gifite insanganyamatsiko igira iti “Urugendo rw’ubumwe n’ubwiyunge ku bakoze (...)
Umuyobozi wa Kaminuza y’u Rwanda, Dr Didace Kayihura, yatangaje ko hari impinduka zitandukanye ziteganyijwe muri iyo Kaminuza ayoboye, harimo kuba hari amashami amwe agiye kwimurirwa mu Karere ka Huye, hanyuma aho yigiraga hakazasigara higira abo mu cyiciro cya gatatu cya Kaminuza.
Polisi ikorera ahitwa Shinyanga muri Tanzania, yatangaje ko hari abantu babiri bapfuye mu buryo butandukanye harimo umugabo umwe wishwe utahise amenyekana imyirondoro ye wishwe n’abaturage bamushinja kwiba ibigori bibisi mu murima.
Donald Trump wahoze ari Perezida wa Leta Zunze Ubumwe za Amerika yitabye urukiko, nk’uko byagarutsweho n’ibinyamakuru bitandukanye byo hirya no hino ku Isi. Ni ubwa mbere mu mateka, umuntu wayoboye Leta zunze ubumwe za Amerika ahamagajwe mu rukiko ku byaha byamufungisha (criminal defendant).
Muri Kenya, umugore utwite witwa Sabina Mwamidi n’abana be batatu, biravugwa ko bapfuye nyuma y’uko inzu babagamo itwawe n’imyuzure, ahitwa Mwatate muri icyo gihugu.
Raporo y’Ishami ry’Umuryango w’Abibumbye ryita ku Buzima (WHO), yagaragaje ko umuntu umwe muri batandatu (1/6), hirya no hino ku Isi, aba yarigeze guhura n’ikibazo cy’ubugumba mu buzima bwe, ibyo ngo bikaba bivuze ko hari byinshi bikeneye gukorwa mu rwego rwo kugira ubuvuzi bwiza bufasha abafite ikibazo cy’ubugumba, (...)
Perezida William Ruto uri mu ruzinduko rw’akazi mu Rwanda, ari kumwe na Perezida Kagame bagiranye ikiganiro n’abanyamakuru basubiza ibibazo bitandukanye, yaba ibireba u Rwanda, ibireba Kenya ndetse na bimwe mu bireba Umuryango w’Ibihugu by’Afurika y’Iburasirazuba (AEC), aho avuga ko hakiri inzitizi mu kwambukiranya imipaka (...)
Gukoresha igikakarubamba bigira akamaro mu buryo butandukanye, yaba ku bijyanye no kwita ku ruhu cg kwita ku misatsi.
Mu gihugu cya Tanzania, ahitwa Arusha, abantu babiri barimo umuvuzi gakondo witwa Mbwana Makamba, bahanishijwe igihano cyo kwicwa nyuma yo guhamwa n’icyaha cyo kwica umwana w’imyaka ine, witwa Samira Said, nyuma bakamuca imyanya ndangagitsina ye bakayijyana.
Umugabo witwa Jonathan Jacob Meijer ukomoka mu Buholandi ariko utuye muri Kenya , bivugwa ko kugeza ubu amaze kubyara abana 550 , kuko atanga intanga ngabo (un donneur de sperme).
Umubyeyi witwa Jos Mong’ina afite agahinda gakomeye ko gupfusha umwana we w’amezi ane, we akaba avuga ko umwana we yishwe n’ibyuka biryana mu maso( tear gas).
Inteko Ishinga Amategeko yo muri Ghana yavuguruye zimwe mu ngingo zo mu gitabo cy’amategeko mpanabyaha cyo mu 1960, ingingo zavuguruwe zikaba ari izateganyaga ko kugerageza kwiyahura ari icyaha gihanwa n’amategeko.
Umukinnyi mpuzamahanga w’umupira w’amaguru ukomoka muri Brazil, Neymar da Silva Santos Júnior, yatakaje Miliyoni y’Amayero, angana n’ibihumbi 900 by’Amapawundi, ni ukuvuga asaga Miliyari imwe na Miliyoni 231 mu mafaranga y’u Rwanda, mu isaha imwe mu mukino w’amahirwe kuri Interineti.
Polisi yo muri Pakistan yatangaje ko abantu 11 barimo abagore umunani n’abana batatu bapfuye baguye mu muvundo wabereye ahatangirwa ibiribwa n’amafaranga by’ukwezi kw’igisibo cy’Abisilamu (Ramadan) mu Majyepfo y’Umujyi wa Karachi.
Banki ya Kigali yatangaje ko yungutse Miliyari 59.7 z’amafaranga y’u Rwanda, mu mwaka w’ingengo y’imari wa 2022. Ibyo ni ibyatangajwe na BK Group Plc kuri uyu wa Gatanu tariki 31 Werurwe 2023, mu nama n’itangazamakuru yabaye ku buryo bw’ikoranabuhanga, aho batangaje inyungu yabonetse mu mwaka w’ingengo y’imari wa 2022 wose.
Bamwe mu Banya-Vietnam, ngo batekereza ko ibituruka ku magufa y’injangwe bivura indwara zitandukanye, zirimo Asima n’indwara z’amagufa.
Umujagararo cyangwa se ‘stress’ mu ndimi z’amahanga , ugira ibimenyetso bigira ingaruka ku buzima bw’umuntu nubwo hari igihe atamenya ko ibyo arimo kunyuramo biterwa na stress, ahubwo akaba yabyitirira indwara yindi nk’uko bisobanurwa n’inzobere mu by’ubuzima ku rubuga www.mayoclinic.org.
Ibintu bikoreshwa mu mwanya w’isukari mu gutuma amafunguro n’ibinyobwa biryohera ‘artificial sweeteners’, bikoreshwa hagamijwe kwirinda isukari isanzwe, nabyo ngo si byiza kuko bigira ingaruka.
Perezida w’Inteko Ishinga Amategeko, umutwe wa Sena muri Namibia (national council of Namibia) Lukas Sinimbo Muha, ari mu Rwanda n’itsinda ayoboye, bahuye na Minisitiri w’Intebe, Dr Edouard Ngirente, basobanurirwa neza uko Ibiro bya Minisitiri w’Intebe bikorana n’Inteko Ishinga Amategeko, igikorwa cyabaye ku itariki 29 (...)
Muri Amerika, abantu batandatu harimo abakuru batatu n’abana batatu, bishwe barashwe n’umugore winjiye mu ishuri.
Kubira ibyuya byinshi nijoro, cyangwa gututubikana birenze urugero mu gihe umuntu asinziriye, ngo bishobora guterwa n’impamvu zitandukanye harimo zimwe ziba ari iz’igihe gito kandi zitanakomeye, mu gihe izindi zo zisaba kujya kwa muganga.
Polisi irashakisha imfungwa yahimbye urupfu rwayo, igatoroka Gereza, nyuma ibizamini bya DNA bikagaragaza ko umurambo wabonetse aho yari afungiye utari uwe.
Ubuyobozi bwa Pariki y’Igihugu y’Akagera buvuga ko Intare zoherejwe muri Pariki mu 2015 ari zirindwi, zakomeje kwiyongera, ubu zikaba zigeze kuri 58.
Abarimu bavuga ko bafite ikibazo cyo kubura ibitabo bivuga kuri Jenoside yakorewe Abatutsi mu Rwanda, ayo mateka amaze imyaka umunani yigishwa mu mashuri abanza n’ayisumbuye ariko abarimu bahura n’ibibazo byo kwigisha porogaramu kubera ikibazo cyo kubura ibitabo.
Abimukira bagera kuri 29 baturuka mu bihugu bitandakanye byo muri Afurika yo munsi y’ubutayu bwa Sahara, bapfuye barohamye.
Gutoza abana umuco wo gukunda gusoma no kubara bakiri bato, bibafasha kuzatsinda neza mu mashuri yose baziga mu buzima, no kuzagira imibereho myiza ijyana n’iterambere ry’ubukungu.
Abanyeshuri bajya mu biruhuko baturutse i Kigali cyangwa bahanyuze, bazafatira imodoka kuri Stade ya ULK ku Gisozi, aho guhagurukira kuri Kigali Pelé Stadium (i Nyamirambo).
Rusesabagina Paul na Nsabimana Callixte uzwi ku izina rya Sankara, bahawe imbabazi na Perezida wa Repubulika, nyuma y’uko banditse amabaruwa bazisaba kandi bagaragaza ko bicuza ibyaha bari bafungiye birimo iby’iterabwoba.
Umusore w’imyaka 21 yaretse kujya mu ishuri ajya gusura umukunzi we, maze apfirayo bitunguranye, mu gihe ababyeyi be bari bazi ko ari mu kigo aho yigaga.