Umuryango mpuzamahanga uharanira uburenganzira bwa muntu ‘Human Rights Watch- HRW’ ishinja igisirikare cya Mali ndetse n’abarwanyi bikekwa ko ari abo mu mutwe w’abacanshuro wa ‘Wagner Group’ kuba barishe abaturage b’abasivili mu bikorwa byabo bitandukanye.
Umuhanzi w’indirimbo zo guhimbaza no kuramya Imana, Mahoro Isaac, yakoze igitaramo ngarukamwaka cyo gushima Imana, ndetse kiba n’umwanya wo gutanga ubwisungane mu kwivuza (mituweli) ku batishoboye, anagabira inka uwacitse ku icumu rya Jenoside yakorewe Abatutsi utishoboye.
Muri Tanzania, umugabo witwa Goodluck Chang’a w’imyaka 42 y’amavuko, yajyanywe imbere y’urikiko rubanza rwa Kariakoo, mu Mujyi wa Dar es Salaam, ashinjwa kuba yarakiriye Miliyoni 2.6 z’Amashilingi ya Tanzania y’uwitwa Godfrey Jacob, akamwemerera ko azamudodera amakote umunani ya kigabo, nyuma agahita abura ajyanye n’ayo (...)
Muri Senegal umunyapolitiki utavuga rumwe na Leta, Ousmane Sonko, yafatiwe iwe mu rugo ajya gufungwa nk’uko byemejwe n’umwe mu bamwunganira mu mategeko.
Inteko Ishinga Amategeko yemeje umwanzuro usaba Ikigo cy’Igihugu gishinzwe amashuri makuru na Kaminiza (HEC), gukemura ikibazo cya Equivalences z’impamyabumenyi zitinda kuboneka, ibyo bigakorwa hagamijwe kwita ku ihame ryo kwihutisha serivisi.
Umunyarwenya w’Umunya-Nigeria, avugwaho kuba yaratakaje ubushobozi bwo kubona cyangwa se kuba yarahumye, mu gihe cy’iminota 45 yose, nyuma yo kugerageza guca agahigo ko kurira amasaha 100 adahagaritse.
Gen. Abdourahamane Tchiani umaze imyaka 12 ayobora umutwe w’abasirikare bashinzwe umukuru w’Igihugu, ni we wagiye ku butegetsi nyuma ya coup d’état.
Perezida William Ruto wa Kenya yatangaje ko yiteguye kugirana ibiganiro na Raila Odinga, Umuyobozi wa Azimio la Umoja itavuga rumwe na Leta, ndetse ikaba imaze iminsi mu myigaragambyo yo kurwanya ubutegetsi buriho, yamagana izamuka ry’imisoro ndetse n’ikibazo cy’ubuzima buhenze cyane.
Itsinda ry’abasirikare muri Niger ryatangaje kuri Televiziyo y’Igihugu ku mugoroba wo ku wa Gatatu tariki 26 Nyakanga 2023, ko bahiritse ubutegetsi bwa Perezida wa Niger Mohamed Bazoum. Ibyo batangaje ko bikozwe mu izina ry’Inama y’Igihugu ishinzwe kubungabunga ubusugire bw’igihugu (Conseil national pour la sauvegarde de (...)
Abantu 17 b’abimukira bari baturutse muri Senegal barohamye, nyuma 15 muri bo barohorwa bamaze gupfa mu gihe 2 bo batabawe bakiri bazima, nk’uko byatangajwe na Samba Kandji, umuyobozi wungirije wa Ouakam District, aganira n’Ibiro ntaramakuru by’Abafaransa, AFP.
Ikipe ya Al Hilal yo muri Arabia Saoudite irifuza kugura Kylian Mbappé kuri Miliyoni 300 z’Amayero (abarirwa muri Miliyari 391 z’Amafaranga y’u Rwanda).
Mu Bugiriki, inkongi y’umuriro yatumye abantu ibihumbi 30, harimo abanyamahanga n’abenegihugu bahunga ndetse n’ibirori byo kwizihiza umunsi wa Demokarasi wizihihizwa guhera mu 1974 bisubikwa.
Minisitiri w’ubutabera wa Nouvelle-Zélande Kiritapu Allan yeguye ku mirimo ye kuri uyu wa mbere tariki 24 Nyakanga 2023, nyuma yo gukora impanuka y’imodoka, yapimwa bikagaragara ko yari yanyoye inzoga zirengeje urugero rwemewe ku bantu batwaye imodoka.
Umugabo wo muri Saudi Arabia yabazwe by’igitaraganya mu rwego rwo kumufungurira inzira z’ubuhumekero kuko yari yatangiye kubura umwuka nyuma yo kumira urufunguzo ku bw’impanuka mu gihe yarimo arukinisha.
Minisitri w’Intebe w’u Buhinde Narendra Modi, ku nshuro ya mbere yagize icyo avuga ku mvururu zishingiye ku moko n’ihohoterwa ry’abantu rimaze iminsi rivugwa mu Majyaruguru y’icyo gihugu.
Minisiteri y’Ububanyi n’Amahanga ya Ukraine yamaganye ibyatangajwe n’u Burusiya, buburira ubwato bwose bunyura mu Nyanja y’umukara bujya muri Ukraine, ko buzajya bufatwa nk’aho bushobora kuba butwaye ibikoresho bya gisirikare.
Tanzania yatumiye sosiyete 15 zo mu Misiri, hagamijwe kugira ngo mu myaka mikeya iri imbere, icyo gihugu kizatangire gukora imodoka na za moto bikoreshwa n’amashanyarazi, kandi bidakenera ababitwara.
Muri Kenya, Leta yafashe umwanzuro wo kongera gufungura amashuri yari yafunzwe kubera imyigaragambyo ya Azimio.
Ikimera cya Vanille cyangwa se Vanilla gikunze gukoreshwa nk’ikirungo gihumura cyane, ariko kandi kikaba kinagira ibyiza bitandukanye ku buzima bw’abantu bagikoresha.
Umubare w’imibiri y’abayoboke b’idini yo muri Kenya basabwaga kwiyicisha inzara kugeza bapfuye kugira ngo bashobore kubona Yesu Kristo, umaze kugera kuri 403, kandi ibikorwa byo gucukura bashakisha n’indi birakomeje.
Abantu bitwaje intwaro bishe abantu 10 bakomeretsa abandi babiri mu Mujyi wa Bamenda uherereye mu Majyaruguru y’u Burengerazuba bwa Cameroon nk’uko byatangajwe na Guverineri w’ako Karere kuri uyu wa mbere tariki 17 Nyakanga 2023.
Ishami ry’Umuryango w’Abibumbye ryita ku bana UNICEF, ryatangaje ko muri uyu mwaka wa 2023, abana bagera kuri 289 baturuka mu Majyaruguru y’Afurika bapfuye, abandi bakaburirwa irengero, bagerageza gukoresha inzira y’amazi ngo bagere ku Mugabane w’u Burayi.
Icyamamare mu muziki wo mu gihugu cya Tanzania (Bongo Flava Tanzania), Naseeb Abdul Juma Issack, uzwi ku izina ry’ubuhanzi rya Diamond Platnumz, yatangaje ko idini rye rimwemerera gushaka abagore bane (4), ariko kugeza ubu akaba nta n’umwe afite.
Muri Kenya, imyigaragambyo y’abantu baturuka mu ihuriro rya ‘Azimio la Umoja’ bamagana ubuzima buhenze, bahangana na Polisi ishaka kubabuza gukomeza kwigaragambya, imaze kugwamo abantu 12 kugeza mu mpera z’iki cyumweru.
Abahagarariye Ishami rya Siyansi n’Ikoranabuhanga muri Kaminuza y’u Rwanda (UR), batangije ubukangurambaga bwo gusaba ababyeyi kurinda abana ingaruka zaturuka ku ikoranabuhanga rikoreshejwe nabi.
Muri Kenya umuryango wabuze umwana w’uruhinja mu Bitaro, nyuma uwamwibye aza gufatwa n’inzego z’umutekano, umwana asubizwa ababyeyi be.
Umupasiteri wo muri Nigeria, yatangaje abantu, cyane cyane abakoresha imbuga nkoranyambaga, ubwo yafataga amaturo yose yaturishijwe mu rusengero akayaha umugore w’umupfakazi wari waje aho mu rusengero ari kumwe n’abana be.
Umudepite witwa Chérubin Okende yasanzwe mu modoka yapfuye, ku wa Kane tariki 13 Nyakanga 2023, ngo bigaragara ko umurambo we wariho ibikomere by’amasasu, nk’uko byatangajwe n’Ikinyamakuru ‘Le monde’.
Umugabo w’Umushinwa yamaze imyaka 22 ashakisha umuhungu we yabuze afite imyaka ine (4), nyuma aza kumubona mu bilometero magana cyenda (900Km) uvuye aho atuye.
Urukiko rukuru rw’amatora muri Brazil (Brazil’s highest electoral court), rwakumiriye Bolsonaro wahoze ari Perezida w’icyo gihugu muri Politiki yacyo mu myaka umunani, kubera ko ibirego yatanze mbere gato y’uko atsindwa mu matora ya Perezida wa Repubulika, yabaye mu mwaka ushize wa 2022, bitari bifite ishingiro.