Leta Zunze Ubumwe za Amerika yirukanye Ambasaderi wa Afurika y’Epfo muri icyo gihugu, Ebrahim Rasool, imushinja kuba umunyapolitiki ugira amacakubiri, wanga Amerika na Perezida Donald Trump.
Muri Kenya, mu muhanda wa Thika, ushinzwe kwishyuza muri bisi (Komvuwayeri) ya kompanyi ya Super Metro, yasunitse umugenzi witwa Gilbert Thuo Kimani, amusohora mu modoka kandi irimo igenda ku muvuduko mwinshi, agwa mu muhanda ahita apfa.
Muri Argentine, mu Murwa mukuru Buenos, hatangijwe urubanza rw’abaganga bavuraga nyakwigendera Diego Maradona, wabaye umukinnyi w’ikirangirire mu mupira w’amaguru.
Rodrigo Duterte wabaye Perezida wa Philippines guhera mu 2016-2022, yatawe muri yombi ku kibuga cy’indege cya Manille, hashingiwe ku mpapuro zo kumufata zatanzwe n’Urukiko Mpuzamahanga Mpanabyaha (ICC), kubera ibyaha byibasiye inyoko umuntu akurikiranyweho.
Muri Tanzania, Urukiko rukuru rwa Musoma rwahanishije igihano cyo kwicwa, umugabo witwa Wangoko Matienyi utuye ahitwa Mkengwa mu Ntara ya Tarime, nyuma yo guhamwa n’icyaha cyo kwica umupolisi witwaga Fred Obunga.
Muri Uganda, urukiko rukuru rwategetse ubuyobozi bw’Umujyi wa Kampala, gutangiza gahunda yo guhindura amazina y’imihanda imwe n’imwe yo muri uwo Mujyi, yitiriwe abakoloni b’Abongereza bakolonije icyo gihugu.
Mu cyumweru gishize abasirikare ba Repubulika ya Demokarasi ya Congo, FARDC batangiye kuburanishwa ku byaha bakekwaho kuba barakoze mu gihe barimo bahunga umwanzi barwanaga ( inyeshyamba za M23), ibyaha bashinjwa harimo gufata abagore ku ngufu no kwica abaturage b’abasivili.
Abantu benshi bakunze kwibaza impamvu yaba ituma Perezida wa Ukraine Volodymyr Zelensky, atajya yambara ikoti cyangwa se ‘costume’ mu gihe uwo ari umwenda ufatwa nk’uwo kurimba cyane cyane ku bagabo, bitewe n’ibirori cyangwa gahunda bagiyemo, ariko yavuze ikibimutera.
Ku kirwa cy’u Bufaransa cya La Réunion, inkubi y’umuyaga yiswe ‘Garance’ yasize yishe abantu 4, isenya inzu zo kubamo ndetse yangiza n’ibikorwa remezo bitandukanye harimo imihanda, amashanyarazi, amazi n’ibindi.
Muri Senegal, Guverinoma yizeje ko Macky Sall wahoze ari Perezida w’icyo gihugu adashobora kuzacika ubutabera, nyuma y’uko hasohotse raporo igaragaza imicungire n’imikoreshereze ye mibi y’imari ya Leta, mu gihe cy’ubutegetsi bwe guhera mu 2012-2024.
Muri iki gihe gutangira umuryango bitera impungenge, kandi kumva ko hari undi muntu mushya wiyongereye mu muryango, biba bivuze ikintu gikomeye mu micungire y’umutungo.
Indwara itaramenyakana imaze kwica abantu basaga 50, mu Majyaruguru y’Uburengerazuba bwa Repubulika Iharanira Demokarasi ya Congo (RDC).
Abayobozi batatu bo ku rwego rw’Afurika barimo Olusegun Obasanjo, wahoze ari Perezida wa Nigeria, Hailemariam Desalegn wahoze ari Minisitiri w’Intebe wa Ethiopia ndetse na Uhuru Kenyatta wahoze ari Perezida wa Kenya, bagizwe abahuza mu biganiro bya Luanda na Nairobi byahurijwe hamwe, hagamijwe gushaka umuti ku kibazo (…)
Muri Kenya, muri Kawunti ya Bomet, abagore babiri, uwitwa Mercy Rono w’imyaka 38 y’amavuko na Mercy Cherotich w’imyaka 30, bakubiswe na Pasiteri wo mu rusengero basengeramo arabakomeretsa cyane, agamije kubakuramo imyuka mibi y’abadayimoni yavugaga ko bafite.
Ubuzima bwa Papa Francis, umaze iminsi ajyanywe mu bitaro bya Gemelli biherereye i Roma, burarushaho kumera nabi, kubera ko abaganga batangaje ko ibimenyetso by’amaraso byagaragaje ko impyiko zitarimo gukora akazi kazo neza, ko kuyungurura amaraso no gusohora imyanda mu mubiri.
Muri Sudani y’Epfo hafashwe icyemezo cyo gufunga amashuri yose kubera ubushyuhe bukabije, butuma abanyeshuri bikubita hasi.
Umuhanzi Alyn Sano yemeje ko yumva ageze kuri 2% mu rugendo rwe rw’umuziki ariko yiteguye kugera ku nzozi ze ijana ku ijana kuko ubu ngubu yamenye ko atagomba gufatafata ibyo abonye byose, ahubwo agahitamo ibimufitiye inyungu.
Abayobozi ba Sudani bahamagaje Ambasaderi wari uyigararirye muri Kenya, nk’uko byemejwe na Minisiteri y’Ububanyi n’amahanga ya Sudani.
Muri Leta ya Arizona, imwe mu zigize Leta zunze Ubumwe za Amerika, abantu babiri bapfuye baguye mu mpanuka y’indege ebyiri zagonganye mu gihe zarimo zigerageza kugwa ku kibuga cy’indege cy’aho muri Arizona.
Muri Kenya, amaganga y’inkwavu yabaye imari ishakishwa n’abakiriya benshi cyane, kandi bayishaka ari nyinshi ku buryo byatumye igiciro cyayo kizamuka kigera ku Mashilingi 1000 kuri litiro imwe (ni ukuvuga asaga 10000 by’Amafaranga y’u Rwanda), mu gihe ikilo cy’inyama z’inkwavu cyo kitageza no ku Mashilingi 500 ya Kenya.
Ikibazo cyo kubura ibitotsi gikunze kubaho ku bantu benshi mu gihe runaka cy’ubuzima bwabo, rimwe na rimwe bigakemuka vuba, umuntu akongera kujya asinzira uko bisanzwe, ariko hari nubwo icyo kibazo kigera aho kikaba icy’igihe kirekire ku muntu, bitewe n’impamvu zitandukanye nk’uko bisobanurwa na Dr Faith Orchard, inzobere mu (…)
Muri Sudani y’Epfo, imirwano yongeye kubura mu bice bitandukanye by’igihugu, hagati y’ingabo za Leta ziyobowe na Perezida Salva Kiir n’abarwanyi batavuga rumwe na Leta bashyigikiye Riek Machar, uwo akaba ari na we Visi-Perezida w’iki gihugu.
Bamwe mu bagore batwite ndetse n’imiryango yabo, ngo bakunze guhura n’ikibazo cyo kwibaza niba byaba byiza gukora imyitozo ngororamubiri mu gihe batwite, rimwe na rimwe ababegereye bakababwira ibitandukanye. Hari abavuga ko siporo ari nziza, abandi bakavuga ko itemewe ku batwite, ibyo bitekerezo binyuranye bikabashyira mu (…)
Muri Kenya, umugore yahagaritse bitunguranye gahunda zose zo mu rusengero rwa ‘Roho Msalaba Christian Church’ ruherereye ahitwa Migori, ashakamo umuntu witwa Sarah uhasengera, avuga ko yamutwariye umugabo, kandi ko adashobora gusohokamo atamubonye.
Perezida wa Repubulika Paul Kagame yakiriye Nasser Bourita, Minisitiri w’Ububanyi n’amahanga wa Maroc ku gicamunsi cyo kuri uyu wa 6 Mutarama wamuzaniye ubutumwa bw’Umwami Mohammed VI wa Maroc.
Umuherwe Aga Khan, umuyobozi w’Abasilamu b’Abashiyite cyangwa se Aba-Ismaili yitabye Imana ku myaka 88 y’amavuko , nk’uko byatangajwe n’ikigo cye kitwa Aga Khan Development Network.
Umusore wo muri Leta zunze Ubumwe z’Amerika, muri Leta ya Utah, yatawe muri yombi ashinjwa kwica, nyuma yo kurasa inshuti ye mu gatuza igapfa, mu gihe yarimo ashaka kureba niba koko yifitemo ubushobozi bwo kuba atafatwa n’amasasu nk’uko yabimubwiraga.
Gukoresha abacanshuro b’abanyamahanga hagamijwe kongera imbaraga za Guverinoma, mu kurwanya inyeshyamba ziyirwanya bifite amateka yo guhera kera mu 1961, ubwo muri Repubulika Iharanira Demokarasi ya Congo (RDC), icyo gihe yitwaga Congo-Léopoldville, hari inyeshyamba zitwaga ‘Rébellion Simba’, zari ziyobowe n’uwitwa Antoine (…)