MENYA UMWANDITSI

  • Amb. Ebrahim Rasool

    Ambasaderi wa Afurika y’Epfo muri Amerika yirukanywe

    Leta Zunze Ubumwe za Amerika yirukanye Ambasaderi wa Afurika y’Epfo muri icyo gihugu, Ebrahim Rasool, imushinja kuba umunyapolitiki ugira amacakubiri, wanga Amerika na Perezida Donald Trump.



  • Kenya: Komvuwayeri wa bisi yishe umugenzi amuziza Amashilingi 30

    Muri Kenya, mu muhanda wa Thika, ushinzwe kwishyuza muri bisi (Komvuwayeri) ya kompanyi ya Super Metro, yasunitse umugenzi witwa Gilbert Thuo Kimani, amusohora mu modoka kandi irimo igenda ku muvuduko mwinshi, agwa mu muhanda ahita apfa.



  • Diego Maradona wabaye ikimenyabose muri ruhago

    Argentine: Hatangiye urubanza rw’abaganga bavuraga Maradona

    Muri Argentine, mu Murwa mukuru Buenos, hatangijwe urubanza rw’abaganga bavuraga nyakwigendera Diego Maradona, wabaye umukinnyi w’ikirangirire mu mupira w’amaguru.



  • Rodrigo Duterte wayoboye Philippines yatawe muri yombi

    Rodrigo Duterte wayoboye Philippines yatawe muri yombi

    Rodrigo Duterte wabaye Perezida wa Philippines guhera mu 2016-2022, yatawe muri yombi ku kibuga cy’indege cya Manille, hashingiwe ku mpapuro zo kumufata zatanzwe n’Urukiko Mpuzamahanga Mpanabyaha (ICC), kubera ibyaha byibasiye inyoko umuntu akurikiranyweho.



  • Tanzania: Yakatiwe urwo gupfa nyuma yo kwica umupolisi

    Muri Tanzania, Urukiko rukuru rwa Musoma rwahanishije igihano cyo kwicwa, umugabo witwa Wangoko Matienyi utuye ahitwa Mkengwa mu Ntara ya Tarime, nyuma yo guhamwa n’icyaha cyo kwica umupolisi witwaga Fred Obunga.



  • Uganda igiye guhindura amazina y’imihanda yitiriwe abakoloni

    Muri Uganda, urukiko rukuru rwategetse ubuyobozi bw’Umujyi wa Kampala, gutangiza gahunda yo guhindura amazina y’imihanda imwe n’imwe yo muri uwo Mujyi, yitiriwe abakoloni b’Abongereza bakolonije icyo gihugu.



  • RDC: FARDC yakatiye abasirikare barenga 200 igihano cyo kwicwa

    Mu cyumweru gishize abasirikare ba Repubulika ya Demokarasi ya Congo, FARDC batangiye kuburanishwa ku byaha bakekwaho kuba barakoze mu gihe barimo bahunga umwanzi barwanaga ( inyeshyamba za M23), ibyaha bashinjwa harimo gufata abagore ku ngufu no kwica abaturage b’abasivili.



  • -Perezida Zelensky ngo azongera kwambara kositimu intambara yarangiye muri Ukraine

    Nzongera kwambara ‘costume’ intambara yarangiye muri Ukraine - Perezida Zelensky

    Abantu benshi bakunze kwibaza impamvu yaba ituma Perezida wa Ukraine Volodymyr Zelensky, atajya yambara ikoti cyangwa se ‘costume’ mu gihe uwo ari umwenda ufatwa nk’uwo kurimba cyane cyane ku bagabo, bitewe n’ibirori cyangwa gahunda bagiyemo, ariko yavuze ikibimutera.



  • La Réunion: Bane bahitanywe n’inkubi y’umuyaga, hangirika byinshi

    Ku kirwa cy’u Bufaransa cya La Réunion, inkubi y’umuyaga yiswe ‘Garance’ yasize yishe abantu 4, isenya inzu zo kubamo ndetse yangiza n’ibikorwa remezo bitandukanye harimo imihanda, amashanyarazi, amazi n’ibindi.



  • Macky Sall wayoboye Senegal agiye gukurikiranwa mu butabera

    Muri Senegal, Guverinoma yizeje ko Macky Sall wahoze ari Perezida w’icyo gihugu adashobora kuzacika ubutabera, nyuma y’uko hasohotse raporo igaragaza imicungire n’imikoreshereze ye mibi y’imari ya Leta, mu gihe cy’ubutegetsi bwe guhera mu 2012-2024.



  • Abana ijana n’imisago, abuzukuru barenga ijana…Muzehe Ernesto ati “si urugo ni system’

    Muri iki gihe gutangira umuryango bitera impungenge, kandi kumva ko hari undi muntu mushya wiyongereye mu muryango, biba bivuze ikintu gikomeye mu micungire y’umutungo.



  • RDC: Indwara itaramenyekana yishe abasaga 50

    Indwara itaramenyakana imaze kwica abantu basaga 50, mu Majyaruguru y’Uburengerazuba bwa Repubulika Iharanira Demokarasi ya Congo (RDC).



  • Bagizwe abahuza mu biganiro bya Luanda na Nairobi

    Dore abahuza bashya mu kibazo cya Congo

    Abayobozi batatu bo ku rwego rw’Afurika barimo Olusegun Obasanjo, wahoze ari Perezida wa Nigeria, Hailemariam Desalegn wahoze ari Minisitiri w’Intebe wa Ethiopia ndetse na Uhuru Kenyatta wahoze ari Perezida wa Kenya, bagizwe abahuza mu biganiro bya Luanda na Nairobi byahurijwe hamwe, hagamijwe gushaka umuti ku kibazo (…)



  • Abo bagore nyuma yo gukubitwa bagiye gutanga ikirego

    Pasiteri yakubise abagore babiri barakomereka mu kubakuramo ‘amadayimoni’

    Muri Kenya, muri Kawunti ya Bomet, abagore babiri, uwitwa Mercy Rono w’imyaka 38 y’amavuko na Mercy Cherotich w’imyaka 30, bakubiswe na Pasiteri wo mu rusengero basengeramo arabakomeretsa cyane, agamije kubakuramo imyuka mibi y’abadayimoni yavugaga ko bafite.



  • Papa Francis akomeje kuremba, impyiko ze ntizikora uko bikwiye

    Ubuzima bwa Papa Francis burarushaho kumera nabi

    Ubuzima bwa Papa Francis, umaze iminsi ajyanywe mu bitaro bya Gemelli biherereye i Roma, burarushaho kumera nabi, kubera ko abaganga batangaje ko ibimenyetso by’amaraso byagaragaje ko impyiko zitarimo gukora akazi kazo neza, ko kuyungurura amaraso no gusohora imyanda mu mubiri.



  • Sudani y’Epfo: Ubushyuhe bwatumye amashuri yose afungwa

    Muri Sudani y’Epfo hafashwe icyemezo cyo gufunga amashuri yose kubera ubushyuhe bukabije, butuma abanyeshuri bikubita hasi.



  • Umwaka ushize Imana yandinze guseba - Alyn Sano

    Umuhanzi Alyn Sano yemeje ko yumva ageze kuri 2% mu rugendo rwe rw’umuziki ariko yiteguye kugera ku nzozi ze ijana ku ijana kuko ubu ngubu yamenye ko atagomba gufatafata ibyo abonye byose, ahubwo agahitamo ibimufitiye inyungu.



  • Sudani yatumije Ambasaderi wayo muri Kenya

    Abayobozi ba Sudani bahamagaje Ambasaderi wari uyigararirye muri Kenya, nk’uko byemejwe na Minisiteri y’Ububanyi n’amahanga ya Sudani.



  • Amerika: Babiri baguye mu mpanuka y’indege zagonganye

    Muri Leta ya Arizona, imwe mu zigize Leta zunze Ubumwe za Amerika, abantu babiri bapfuye baguye mu mpanuka y’indege ebyiri zagonganye mu gihe zarimo zigerageza kugwa ku kibuga cy’indege cy’aho muri Arizona.



  •  Amaganga y

    Kenya: Amaganga y’inkwavu yabaye imari ishyushye

    Muri Kenya, amaganga y’inkwavu yabaye imari ishakishwa n’abakiriya benshi cyane, kandi bayishaka ari nyinshi ku buryo byatumye igiciro cyayo kizamuka kigera ku Mashilingi 1000 kuri litiro imwe (ni ukuvuga asaga 10000 by’Amafaranga y’u Rwanda), mu gihe ikilo cy’inyama z’inkwavu cyo kitageza no ku Mashilingi 500 ya Kenya.



  • Kubura ibitotsi igihe kirekire ni bibi ku buzima

    Dore ibyo abakunze kubura ibitotsi bagombye kwitaho

    Ikibazo cyo kubura ibitotsi gikunze kubaho ku bantu benshi mu gihe runaka cy’ubuzima bwabo, rimwe na rimwe bigakemuka vuba, umuntu akongera kujya asinzira uko bisanzwe, ariko hari nubwo icyo kibazo kigera aho kikaba icy’igihe kirekire ku muntu, bitewe n’impamvu zitandukanye nk’uko bisobanurwa na Dr Faith Orchard, inzobere mu (…)



  • Sudani y’Epfo: Imirwano yongeye kubura hagati y’ingabo za Leta n’iza Riek Machar

    Muri Sudani y’Epfo, imirwano yongeye kubura mu bice bitandukanye by’igihugu, hagati y’ingabo za Leta ziyobowe na Perezida Salva Kiir n’abarwanyi batavuga rumwe na Leta bashyigikiye Riek Machar, uwo akaba ari na we Visi-Perezida w’iki gihugu.



  • Siporo ni ingenzi ku bagore batwite

    Dore ibyiza byo gukora imyitozo ngororamubiri ku bagore batwite

    Bamwe mu bagore batwite ndetse n’imiryango yabo, ngo bakunze guhura n’ikibazo cyo kwibaza niba byaba byiza gukora imyitozo ngororamubiri mu gihe batwite, rimwe na rimwe ababegereye bakababwira ibitandukanye. Hari abavuga ko siporo ari nziza, abandi bakavuga ko itemewe ku batwite, ibyo bitekerezo binyuranye bikabashyira mu (…)



  • Abagore babiri barwaniye mu rusengero bapfa umugabo

    Muri Kenya, umugore yahagaritse bitunguranye gahunda zose zo mu rusengero rwa ‘Roho Msalaba Christian Church’ ruherereye ahitwa Migori, ashakamo umuntu witwa Sarah uhasengera, avuga ko yamutwariye umugabo, kandi ko adashobora gusohokamo atamubonye.



  • Perezida Kagame yakiriye ubutumwa bw’Umwami Mohammed VI wa Maroc

    Perezida wa Repubulika Paul Kagame yakiriye Nasser Bourita, Minisitiri w’Ububanyi n’amahanga wa Maroc ku gicamunsi cyo kuri uyu wa 6 Mutarama wamuzaniye ubutumwa bw’Umwami Mohammed VI wa Maroc.



  • Umuherwe Aga Khan yitabye Imana ku myaka 88

    Umuherwe Aga Khan, umuyobozi w’Abasilamu b’Abashiyite cyangwa se Aba-Ismaili yitabye Imana ku myaka 88 y’amavuko , nk’uko byatangajwe n’ikigo cye kitwa Aga Khan Development Network.



  • Yarashe inshuti ye yamwizezaga ko izi gukwepa amasasu birangira ipfuye

    Umusore wo muri Leta zunze Ubumwe z’Amerika, muri Leta ya Utah, yatawe muri yombi ashinjwa kwica, nyuma yo kurasa inshuti ye mu gatuza igapfa, mu gihe yarimo ashaka kureba niba koko yifitemo ubushobozi bwo kuba atafatwa n’amasasu nk’uko yabimubwiraga.



  • Abacanshuro b

    Dore amwe mu mateka y’abacanshuro muri RDC

    Gukoresha abacanshuro b’abanyamahanga hagamijwe kongera imbaraga za Guverinoma, mu kurwanya inyeshyamba ziyirwanya bifite amateka yo guhera kera mu 1961, ubwo muri Repubulika Iharanira Demokarasi ya Congo (RDC), icyo gihe yitwaga Congo-Léopoldville, hari inyeshyamba zitwaga ‘Rébellion Simba’, zari ziyobowe n’uwitwa Antoine (…)



Izindi nkuru: