MENYA UMWANDITSI

  • Imfu ziterwa na Malaria zaragabanutse-OMS

    Umubare w’abicwa na Malaria muri Afurika waragabanutse - OMS

    Raporo y’Ishami ry’Umuryango w’Abibumbye ryita ku Buzima WHO/OMS ya 2023, yagaragaje ko imibare y’abicwa na Malaria muri Afurika yagabanutse muri iyi myaka ibiri yikurikiranya.



  • Rema yasubitse ibitaramo byose yateganyaga kubera uburwayi

    Umuhanzi w’umunya-Nigeria, akaba icyamamare mu njyana ya ‘Afrobeats’ Divine Ikubor uzwi ku mazina y’ubuhanzi nka Rema, yatangaje ko ahagaritse ibitaramo byose yateganyaga mu Kwezi k’Ukuboza 2023, kugira ngo abanze yite ku buzima bwe.



  • RIB yafunze umunyeshuri wa Kaminuza ukurikiranyweho gukuramo inda

    Umunyeshuri w’umukobwa w’imyaka 19 y’amavuko, ari mu maboko y’Urwego rw’Ubugenzacyaha (RIB) guhera tariki 01 Ukuboza 2023, aho arimo akorwaho iperereza nyuma y’uko hari umurambo w’umwana wabonetse aho bajugunya imyanda muri Kaminuza y’u Rwanda (UR), Ishami rya Huye. Uwo murambo wabonywe n’abakora isuku mu macumbi (...)



  • Faustin Twagiramungu

    Faustin Twagiramungu wabaye Minisitiri w’Intebe mu Rwanda yapfuye

    Faustin Twagiramungu wabaye Minisitiri w’Intebe w’u Rwanda mu 1994 nyuma ya Jenoside yakorewe Abatutsi, yitabye Imana mu gitondo kuri uyu wa Gatandatu tariki 02 Ukuboza 2023 ari i Buruseli mu Bubiligi.



  • Indege yahagaze by

    Thailand: Indege yahagaze by’igitaraganya kubera umugabo n’umugore bayirwaniyemo

    Indege ya Kompanyi ya Lufthansa yavaga mu Mujyi wa Munich mu Budage igana mu Mujyi wa Bangkok muri Thailand yisanze igomba guhagarara by’igitaraganya kubera umugabo n’umugore we bari barimo kuyirwaniramo, Abapilote biyemeza guhagarara byihuse ku kibuga cy’indege cya ‘Indira Gandhi International Airport (IGI)’ mu Buhinde, (...)



  • Raila Odinga yavuze ko Guverinoma ya Ruto yavumwe n’Imana

    Raila Odinga, umuyobozi w’ishyaka rya ‘Muungano wa Azimio la Umoja One Kenya’ yemeza ko ubutegetsi wa Ruto bwavumwe n’Imana kubera ko yibye intsinzi ubundi yari iye. Ati ubu " ikintu cyose akozeho kirabora".



  • Umuyobozi mukuru wa BK Group, Béata U. Habyarimana

    BK irateganya ko serivisi zayo zose zizaba zageze mu ikoranabuhanga bitarenze 2025

    Banki ya Kigali (BK), yatangaje ko ifite gahunda yo kuzaba yamaze gushyira serivisi zayo zose mu ikoranabuhanga mu myaka ibiri iri imbere, bijyanye n’uko irimo gukora neza yifashishije serivisi zamaze gushyirwa mu ikoranabuhanga.



  • EU yahagaritse gahunda yo kuzaba indorerezi mu matora ya Perezida muri DRC

    Mu gihe hasigaye ibyumweru bitatu gusa amatora ya Perezida wa Repubulika muri Congo-Kinshasa akaba, Umuryango w’Ubumwe bw’u Birayi (EU/UE), watangaje ko uhagaritse gahunda yo kuzaba indorerezi muri ayo matora.



  • Abantu batatu barashwe muri Yeruzalemu barapfa mu gihe impande zombi zari zemeye kongera iminsi y

    Israel: Abitwaje intwaro bishe abantu batatu abandi benshi barakomereka

    Abantu bitwaje intwaro, bivugwa ko ari abavandimwe babiri bakomoka mu Burasirazuba bwa Yeruzalemu, bagabye igetero aho imodoka za bisi zihagarara, batangira kurasa mu bantu bari bategereje imodoka, bica batatu abandi 13 barakomereka.



  • Henry Kissinger yitabye Imana ku myaka 100

    Amerika: Henry Kissinger yitabye Imana ku myaka 100

    Henry Kissinger, wahoze ari Umunyamabanga wa Leta muri Leta ya Richard Nixon wanabaye umwe mu bantu bakomeye cyane muri politiki y’ububanyi n’amahanga ya Leta zunze ubumwe za Amerika mu kinyejana cya 20, yitabye Imana ku myaka 100.



  • Yabyaye ku myaka 70

    Uganda: Umubyeyi w’imyaka 70 yabyaye impanga

    Muri Uganda, umubyeyi w’imyaka 70 y’amavuko, yabyaye abana babiri b’impanga nyuma yo gukorerwa ubuvuzi buzwi nka ‘IVF treatment’ bujyana no kubanza guhuriza intanga muri Laboratwari nyuma, urusoro rugashyirwa mu nda y’umubyeyi kugira ngo rukuriremo kugeza abyaye.



  • Indege ya Unity Air Zanzibar

    Tanzania: Abantu 33 barokotse impanuka y’indege

    Abantu 33 barimo abagenzi 30, abapilote 2 ndetse n’ushinzwe kwita ku bagenzi bari mu ndege 1, bose barokotse impanuka y’indege ubwo yagiraga ikibazo cya tekiniki mu gihe yarimo ishaka kugwa ku kibuga cy’indege kiri muri Pariki y’igihugu y’ahitwa Mikumi mu Ntara ya Morogoro muri Tanzaniya.



  • batabawe nyuma y

    U Buhinde: Batabawe ari bazima nyuma y’iminsi 17 bari mu nda y’isi

    Abakozi 41 bari bamaze ibyumweru bisaga bibiri, bari munsi y’itaka ry’umusozi wabaridukiyeho ubwo barimo bacukura umuyoboro unyura munsi y’ubutaka muri Himalaya, batabawe bose ari bazima kuri uyu wa Kabiri tariki 28 Ugushyingo 2023, nk’uko byatangajwe na Minisitiri ushinzwe iby’ubwikorezi mu Buhinde.



  • Abakozi 11 bakora mu bucukuzi bw

    Afurika y’Epfo: Abakozi 11 baguye mu kirombe cy’amabuye y’agaciro

    Afurika y’Epfo ni kimwe mu bihugu bigira ibirombe by’amabuye y’agaciro bifite uburebure bw’ubujyakuzimu bukabije ku Isi, ibyinshi muri ibyo birombe biba bifite uburyo bwo gufasha abakozi kuzamuka bava mu kirombe, bazamukiye muri lift/ascenseur.



  • Papa Francis ntakitabiriye inama ya COP28

    Papa Francis ntakitabiriye inama ya COP28

    Umushumba wa Kiliziya Gatolika Papa Francis ntakitabiriye inama ya COP28 itegurwa na UN guhera mu 1995, ikaba ari inama yiga cyane cyane ku bidukikije n’imihindagurikire y’ikirere.



  • Perezida na Visi Perezida

    Équateur: Haravugwa amakimbirane hagati ya perezida na Visi Perezida

    Perezida mushya wa Équateur Daniel Noboa w’imyaka 35, ni we mutoya kurusha abandi ba Perezida bose bategetse icyo gihugu. Amakuru akaba avuga ko yatangiye kugirana ibibazo na Visi Perezida we Veronica Abad.



  • Abaturage batangiye gusubira mu bikorwa byabo muri Freetown

    Sierra Leone: Agahenge kongeye kugaruka

    Abaturage ba Sierra-Léone batangiye gusubira mu buzima busanzwe nyuma y’imvururu zikomeye zabaye muri iki gihugu ziturutse ku mirwano hagati y’ingabo za Leta n’abashinjwa gushaka guhirika ubutegetsi.



  • Yishe umugore we ku munsi w

    Thaïlande: Umugabo yishe umugore we mu birori by’ubukwe bwabo

    Kuri uyu wa mbere tariki 27 Ugushyingo 2023, ni bwo Polisi ya Thaïlande yatangaje ko Chaturong Suksuk yishe abantu bane hamwe n’umugore we ku munsi w’ubukwe bwabo, mbere y’uko nawe yiyambura ubuzima nk’uko byatangajwe na ‘Ouest-France’.



  • Abaganga bamusanze isazi mu mara ariko ntibamenya uko yahageze

    Amerika: Abaganga basanze isazi nzima mu mara y’umurwayi

    Muri Leta ya Missouri, mu gihe abaganga barimo gasuzuma umurwayi indwara ya kanseri yo mu rura runini, batunguwe no gusanga muri urwo rura harimo isazi nzima.



  • Perezida wa Santarafurika yashimiye Perezida Kagame n’ingabo z’u Rwanda

    Nyuma yo gusoza amasomo ku basirikare 512 batojwe n’ingabo z’u Rwanda, mu muhango wabereye kuri Sitade ya Camp Kassaï, Perezida wa Santarafurika Faustin-Archange Touadéra yashimiye Perezida wa Repubulika y’u Rwanda Paul Kagame n’ingabo z’u Rwanda.



  • Aba bahawe akazi ko kuvugurura Sitade

    Abanyarwanda bakorera muri Santarafurika bavuga ko hariyo amahirwe menshi y’ishoramari

    Abanyarwanda bakorera ibikorwa bitandukanye muri Repubulika ya Santarafurika, bahamagarira bagenzi babo bashaka gushora imari muri icyo gihugu kujyayo kuko hari amahirwe menshi y’ishoramari, ariko bakabanza kwitwararika bagashaka amakuru y’ibyo bifuza gushoramo imari mbere yo gutangira ibikorwa byabo.



  • Tchad: Abasaga Miliyoni ebyiri bugarijwe n’inzara

    Muri Tchad, abantu basaga Miliyoni 2 bugarijwe n’ikibazo cy’inzara, n’umubare munini w’abana bato bafite ikibazo cy’imirire mibi kubera kutabona indyo yuzuye. Impunzi nyinshi ziri muri icyo gihugu, bivugwa ko ziri mu byongera icyo kibazo cy’ibura ry’ibiribwa.



  • Dr Kanimba Vincent yishimira ko ubu yakize (Ifoto: Isimbi TV)

    Dr Kanimba Vincent wari umaze imyaka itatu arembye yarakize

    Dr Kanimba Vincent, ni umuganga w’indwara z’abagore (Gynecologist), wamenyekanye cyane mu Rwanda mu mavuriro atandukanye, aho yabyaje umubare munini cyane w’ababyeyi. Yakoreye mu Bitaro byitiriwe Umwami Faisal, mu Bitaro bya Kaminuza bya Kigali CHUK, muri SOS n’ahandi, kandi aho yakoze hose bivugwa ko yari umuganga (...)



  • Mukantaganzwa Vestine, umuhumurizamutima

    Umuryango GAERG wateguye ubukangurambaga bwo kwita ku buzima bwiza bwo mu mutwe

    Ku bufatanye n’Umuryango Imbuto Foundation, Umuryango w’abahoze ari abanyeshuri barokotse Jenoside yakorewe Abatutsi (GAERG), wakoze ubukangurambaga bujyanye no kwita ku buzima bwiza bwo mutwe, mu tugari dutandukanye two mu Murenge wa Musenyi mu Karere ka Bugesera.



  • Yari agiye kwiyahura akoresheje imashini ikoreshwa mu gukata ibyuma

    Romania: Yatabawe agiye kwiyahura nyuma yo gukeka ko arwaye kanseri

    Umugabo wo muri Romania yatabawe n’abaganga nyuma y’uko yarimo agerageza kwiyahura, abitewe n’uko yishyizemo ko arwaye kanseri nta muganga wabimubwiye ahubwo ashingiye ku bimenyetso yari afite yahuje n’ibyo yasomye kuri interineti.



  • Congo-Brazzaville: Abantu 37 baguye mu mubyigano

    Abantu 37 bapfuye baguye mu mubyigano wabereye kuri Sitade yo muri Congo-Brazzaville, ahari harimo gukorerwa igikorwa cyo gushaka abinjira mu ngabo z’igihugu. Ubuyobozi bwa Congo-Brazzaville bwatangaje ko umubare w’abakomerekeye muri icyo gikorwa utahise umenyekana.



  • Ifoto ya bamwe mu babyeyi bishyize hamwe bakarega Leta ya Gambia mu rukiko

    Ababyeyi b’abana 70 bishwe n’umuti uhumanye bareze Guverinoma n’ikigo cyawukoze

    Ababyeyi b’abana 70 bo muri Gambia bishwe n’umuti wo kunywa mu mazi (sirop) w’inkorora wari uhumanye, bishyize hamwe barega Guverinoma ya Gambia na Sosiyete yo mu Buhinde yakoze uwo muti.



  • Zimwe mu nama zafasha umuntu kwirinda indwara ya Diyabete

    Impinduka z’ibihe mu buryo bw’imibereho, bivugwa ko zihinduka cyane uko ibinyejana bihita ibindi bigataha, bigahinduka bizana ibyiza mu buzima ariko n’ibibi, kuko iterambere ry’inganda ryaje riherekejwe n’uko abantu basigaye bagira umujagararo w’ubwonko cyane (stress), abenshi bagafata amafunguro ataboneye (fast-food), (...)



  • Ingofero ya Napoleon Bonaparte yagurishijwe Miliyari zisaga ebyiri z’Amafaranga y’u Rwanda

    Ingofero ya Napoleon Bonaparte wabaye ikirangirire cyane mu mateka y’Isi, by’umwihariko mu mateka y’u Bufaransa, yagurishijwe mu cyamunara kuri Miliyoni 1.932 by’Amayero , ni ukuvuga asaga Miliyari ebyiri z’Amafaranga y’u Rwanda.



  • Ibitangaje mu kororoka kw’amafi

    Kimwe mu bintu bitangaje mu buzima bw’amafi ni uko yororoka, harimo kuba hari bumwe mu bwoko bw’amafi butera amagi akazituraga akavamo utwana tw’amafi mu gihe hari n’ubwoko bw’amafi abyara, ku buryo utwana tw’amafi tuva mu nda ya nyina.



Izindi nkuru: