Uwimbabazi Jeanne, yari afite imyaka 16 mu gihe cya Jenoside yakorewe Abatutsi mu 1994, umuryango we wari utuye mu mujyi wa Kigali, yibuka ko byose byatangiye ari mu biruhuko bya Pasika.
Umudepite wo muri Leta Zunze Ubumwe za Amerika, Gregory Meeks, yanenze gahunda y’ubutegetsi bwa Donald Trump yo gushyira muri Kenya ikigo cyo gushyira mu kato Abanyamerika barwaye cyangwa bakekwaho icyorezo cya Ebola.
Ikigo gishinzwe amazi, isuku n’isukura WASAC Group, cyavuze ko ikibazo cy’ibura ry’amazi hari aho gihuriye n’ibura ry’umuriro ryaje riyongera ku bibazo bisanzwe by’ingano y’amazi igabanuka mu bihe by’ubushyuhe, bigatuma atagera ku bafatabuguzi neza.
Abaminisitiri b’Ubuzima bo mu bihugu umunani bigize Umuryango wa Afurika y’Iburasirazuba (EAC) bahuriye mu nama ku buryo bw’ikoranabuhanga guhera tariki ya 1-2 Kamena 2026, bagamije guhuza ingamba zo guhangana n’icyorezo cya Ebola kimaze iminsi kibasiye cyane Intara ya Ituri, mu Burasirazuba bwa Repubulika ya Demokarasi ya (…)
Muri Kenya, Ishyirahamwe ry’Abaganga, Abakora muri za Farumasi n’Abaganga b’Amenyo (KMPDU), ryahaye Guverinoma amasaha 48 ntarengwa, yo kuba yamaze gutangaza ku mugaragaro ibiganiro bivugwa ko birimo kuba hagati yayo n’ubutegetsi bwa Leta Zunze Ubumwe za Amerika ku bijyanye no gushyiraho ikigo gishyirwamo abari mu kato no (…)
Inzego z’ubuzima muri Repubulika Iharanira Demokarasi ya Congo zivuga ko abantu bagera ku 1000 bagaragaje ibimenyetso by’indwara ya Ebola, ariko kugeza ubu abantu 105 gusa, ari bo bemejwe na Laboratwari ko bayirwaye.
Muri ba Ofisiye bashya 436 basoje amahugurwa uyu munsi tariki 27 Gicurasi 2026, mu Kigo cya Polisi giherereye i Gishari mu Karere ka Rwamagana, harimo abashyitsi, bakaba ari Abapolisi umunani n’abaje baturuka mu gihugu cy’inshuti y’u Rwanda cya Seychelles.
Uwase Nicole ni umukobwa w’imyaka 24, uri mu mwaka wa nyuma mu ishuri rikuru ryigisha ubuhinzi butangiza ubutaka rya RICA, aho yemeza ko arangije kwiga afite ishema ry’uko yize byinshi kandi akabishobora nubwo muri sosiyete, bifatwa nk’ibigenewe abasore cyangwa abagabo.
Urwego rw’u Rwanda rushinzwe igorora rwungutse ba Ofisiye bato 146 barimo ab’igitsinagore 21 barangije amasomo abashyira mu cyiciro cya mbere cy’abofisiye bato muri RCS. Muri abo, abagera kuri 84 bari basanzwe bakorera muri urwo rwego, naho abandi 62 bo baje baturuka hanze mu buzima bwa gisivili.
Umuyobozi mukuru ushinzwe ibikorwa muri BNR, Kasangwa Chantal, yasobanuye ko ikibazo cy’inoti z’inkorano cyangwa z’inyiganano, atari ikibazo gihangayishije kuko ari ibintu bibaho gacye cyane.
Sultani Makenga, w’i Gahini muri Kayonza, yiswe ayo mazina ari umunyeshuri mu mashuri yisumbuye, izina rirafata, nubwo we atari azi uwo bamwitirira, ariko aho yamumenyeye yamukunze urukundo rutuma ashakisha amakuru ye.
Mu ishuri rikuru ryigisha ubuhinzi bubungabunga ubutaka RICA, Harerimana Leonce, umuyobozi ushinzwe iyamamazabuhunzi, asobanura amahame bagenderaho.
Perezida wa Tanzaniya Samia Suluhu Hassan asanga inama Nyafurika yiga ku iterambere cya Nikeleyeri ije gufasha umugabane gukura imishinga mu mpapuro ikajya mu bikorwa.
Kubona umurambo ku muhanda, mu mazi, mu bisambu n’ahandi, ni ikintu gifatwa nk’igiteye ubwoba ndetse gihungabanya amarangamutima ku bantu bamwe na bamwe, ariko bibaho, umuntu akabyuka mu gitondo agiye muri gahunda ze zitandukanye, yagera ku muhanda akabona umurambo atazi aho wavuye, atazi na nyirawo. Iyo bigenze bityo hari (…)
Perezida Kagame yavuze ko imbuga nkoranyambaga nta kintu ajya azibonaho ngo kimutungure cyane, ahubwo ko azibona nk’uburyo bwiza buha buri wese umwanya wo kugaragaza ibyo atekereza kandi akumvwa.
Mu gihe Minisitiri w’Imari n’Igenamigambi, Murangwa Yusuf, yagezaga ku Nteko Ishinga Amategeko imbanzirizamushinga y’ingengo y’imari y’umwaka wa 2026-2027 kuri uyu wa Mbere tariki 11 Gicurasi 2026, Senateri Mureshyankwano Marie Rose yashimye uko mu ngengo y’imari ihame ry’uburinganire ryitabwaho, ariko avuga ko hakirimo ikibazo.
Mukandahiro Agnes yeretse umuryango we ko azaba umuganga ariko babyita iby’abana. Mu mikino ye, yahoraga mu mitekerereze y’ubuvuzi, akandikira abana bagenzi be imiti ku makoma y’insina, kandi akababwira uko bazayinywa mu gitondo, saa sita na nimugoroba, ubundi akabatera inshinge.
Muganga Agnes Mukandahiro amaze imyaka 21 atanga serivise zo gusiramura, kandi yakira abantu bose, abakuru n’abato. Muri iyi myaka amaze, yabonye byinshi, yigiyemo byinshi, ndetse ubu afite ubunararibonye butuma agira abantu inama z’imyitwarire, kugira ngo gusiramura bitababaza kurushaho.
Muganga Agnes Mukandahiro ashishikariza ababyeyi kujya basiramuza abana babo, ariko n’abantu bakuru batabikoresheje, bakabikora kuko bifite akamaro mu buryo butandukanye, harimo kuba bifasha mu isuku y’umuntu no kumurinda ibyago byo kurwara indwara zimwe na zimwe
Inteko Ishinga Amategeko, umutwe wa Sena, muri Kenya, igiye kwiga ku busabe bwo kwambura Uhuru Kenyatta uburenganzira , inyungu n’ibindi bitandukanye ahabwa nk’uwahoze ari Perezida w’icyo gihugu, harimo amashilingi Miliyoni imwe n’ibihumbi magana atanu ya Kenya( Ksh 1.5M), ni ukuvuga asaga ibihumbi 11 by’Amadolari ya (…)
Muri Mali, impanga z’abana 9 bavukiye rimwe, harimo abahungu 4, Mohammed VI, Elhadji, Oumar na Bah hamwe na bashiki babo Kadidia, Fatouma, Hawa, Adama na Oumou, bafite agahigo ko kuba ari abana benshi bavukiye rimwe, bagakomeza kubaho, bafite ubuzima bwiza, ubu bakaba barimo kwitegura gutangira ishuri.
Umukinnyi Clenia Dusenge uzwi cyane nka Madederi muri filimi zitandukanye zirimo Papa Sava, Inkomoko n’izindi, burya ngo atangira yumvaga bitazagera kure, nyuma aza gutungurwa n’uko ubu aho bigeze, atashobora kurenga metero ebyiri atabonye umuntu umuzi muri filime.
Guverinoma yafunze icyuho cyari mu itegeko rigenga abakozi ba Leta cyatumaga hari zimwe mu nzego za Leta zirenga ku buryo busanzwe bwo kugena imishahara n’inyungu ku bakozi, zigashyiraho imishahara uko zishaka, ibyo bigatuma habaho ubusumbane bukomeye mu mishahara ku bakozi ba Leta bakora akazi kari ku rwego rumwe, bitewe (…)
Mu minsi ishize, mu gihe cyo kwibuka ku nshuro ya 32 Jenoside yakorewe Abatutsi, narebye amashusho agaragaza neza impamvu zitandukanye zigaragaza politiki yo mu Karere kacu, n’itandukaniro riri hagati y’imvugo za dipolomasi mpuzamahanga n’ubuzima nyakuri bw’abatuye u Rwanda.
Ikiganiro #EdTechMondays kigamije guteza imbere ikoranabuhanga mu burezi, cyo ku wa Mbere tariki 27 Mata kizibanda ku buryo amakuru ajyanye n’ikorenabuhanga aboneka, afasha Guverinoma mu gufata ibyemezo bijyanye na politiki z’uburezi ku nzego zitandukanye.
Ukwezi kwa buki (lune de miel/honeymoon), ubundi ni ikintu gifite amateka maremare cyane, ariko uko kwagendaga n’ibyajyanaga nako, aho kwaturutse, byagiye bihinduka biva mu muco, bigera mu kwizihiza ubuzima bushya bw’abashakanye, n’ibindi byinshi.
Kwita ku mwana si ibintu byoroshye cyangwa byo gukinisha. Bisaba kwihangana cyane no kugira umutima uhamye mu kwita ku mwana ukivuka. Hari igihe ibikorwa byoroshye by’urukundo cyangwa imyitwarire isa n’itagira ingaruka bishobora gushyira ubuzima bw’umwana mu kaga.
Isoko ry’agakingirizo ririmo guhura n’ingaruka zikomeye z’izamuka rikabije ry’ibiciro bya peteroli.
U Rwanda rufite impano y’amabuye y’agaciro mu nguni zose z’igihugu, Muhanga ikaba kamwe mu turere dukungahaye kuri ubu butunzi buyoboye izindi nzego mu kwinjiriza igihugu amadovize.
Ku Mayaga ya Ntongwe, ubu ni mu Karere ka Ruhango, barategura gahunda yo kwibuka ku nshuro ya 32 Jenoside yakorewe Abatutsi, aho abenshi mu bishwe muri iyo Komini ya Ntongwe, bapfuye mu cyiswe imperuka ya Nyamukumba.