MENYA UMWANDITSI

  • REB ntiyemeranya n’abavuga ko amashuri y’inshuke yita ku ndimi gusa

    Ikigo cy’igihugu gishinzwe uburezi bw’ibanze REB nticyemeranya n’abavuga ko amashuri y’inshuke ashishikazwa no kwigisha indimi gusa, ariko ntiyite ku kumenya neza ibitekerezo by’umwana.



  • Dore icyo wakora mu gihe uhagamwe n’ihwa ry’ifi

    Amafi cyangwa se amasamaki ni amafunguro akundwa n’abantu benshi, cyane cyane abaturiye amazi aho amafi aboneka mu buryo bworoshye kandi kenshi, gusa hari n’abayakunda nubwo byaba bibasaba kujya kuyagura ku isoko kure, kubera gusa ko bayafata nk’inyama nziza ku mubiri wabo, kuko avugwaho kuba agira amavuta macyeya (…)



  • Mu bukwe batwawe n

    Yaboneye umugabo ku irimbi, mu bukwe batwarwa n’imodoka itwara abapfuye

    Muri Brazil, umugore yamaze imyaka ibiri (2) ahora yitabira ibikorwa byo gushyingura abapfuye, ariko akabikora agamije kugira ngo azahakure umugabo, kuko hari uwo yari yarahabonye uhagarariye iryo rimbi, aramukunda, yigira inama yo kuzajya ahaza kenshi kugira ngo arebe ko yazamukunda na we, birangira bakundanye ndetse bakora (…)



  • Yamaze imyaka isaga 20 akora nk

    Umuganga yafashwe amaze imyaka 20 avura nta mpamyabumenyi agira

    Umuganga ufite inkomoko muri Iran amaze imyaka 20 akorera mu rwego rw’ubuzima rw’u Bwongereza (UK’s national healthcare system), akoresheje impamyabumenyi z’impimbano, akaba amaze iyo myaka yose avura abafite indwara zo mu mutwe.



  • Yasobanuye uko yisanze mu buruhukiro nyuma y

    Kenya: Yamaze iminsi itatu mu buruhukiro aza kubaho

    Muri Kenya, umugore witwa Rosanna Kathure yasobanuye uko yatemaguwe n’umugabo we amutunguye mu masaha y’ijoro, akamutemera mu nzu yabo, akamusigira ibikomere byinshi kandi bikomeye, ku buryo yajyanywe kwa muganga bikekwa ko ashobora kuba yapfuye.



  • Perezida Kagame yasuye ishuri ryigisha AI muri Algeriya

    Perezida Paul Kagame uri mu ruzinduko rw’akazi rw’iminsi ibiri muri Algeria yasuye ishuri ryo muri iki gihugu ryigisha ibijyanye n’ikoranabuhanga ry’ubwenge bw’ubukorano (Artificial Intelligence) rizwi nka National School of Artificial Intelligence (ENSIA).



  • Ni imodoka yo mu bwoko bwa Honda Civic Type R

    Umugabo yatanze akayabo agura imodoka yari iye yibwe

    Mu Bwongereza, umugabo yatanze akayabo k’amafaranga agura imodoka, nyuma yo kubona isa n’iye yari imaze ibyumweru bicyeya yibwe, Polisi ikavuga ko itashoboye kuyibona, ariko amaze kuyigura aza gusangamo ibimenyetso byerekana ko imodoka yaguze ari iye yari yibwe, nubwo yahinduweho ibintu bimwe na bimwe.



  • Texas: Umuganga yibye abarwayi miliyoni 150 z’Amadolari

    Muri Texas, umuganga yakatiwe igihano cyo gufungwa imyaka 10, nyuma yo guhamwa n’ibyaha by’ubugome n’uburiganya yakoresheje mu kazi ke, akabeshya abantu bagera mu magana ko barwaye indwara zidakira, zisaba ubuvuzi buhenze cyane kandi abizi ko ubwo buvuzi bufite ingaruka mbi ku buzima bwabo.



  • Mu Rwanda ubutaka buhingwa bwiyongereyeho hegitari zisaga 50.000

    U Rwanda rwateye intambwe ishimishije mu buhinzi, aho ubutaka buhingwa bwiyongereyeho hegitari zasaga 50.000 mu gihembwe cya mbere cy’ihinga cy’uyu mwaka wa 2025, ugereranyije n’uko byari bimeze mu mwaka ushize wa 2024.



  • Bimwe mu bitabo Ngugi yanditse

    Ngugi wa Thiong’o witabye Imana yari muntu ki?

    Muri Kenya, Umwanditsi wabaye ikirangirire mu bijyanye n’ubuvanganzo muri Afurika no hanze yayo yayo, Ngugi wa Thiong’o, yitabye Imana ku itariki 28 Gicurasi 2025, azize indwara ya kanseri yari amaranye igihe, akaba yaguye ahitwa i Buford muri Leta ya Georgia muri Leta zunze Ubumwe za Amerika.



  • Tanzania: Umuturage yasabye imbabazi Abanya-Kenya mu izina ry’igihugu cye

    Umuturage wa Tanzania witwa Juma Ibrahim, yasabye imbabazi Abanya-Kenya mu izina ry’igihugu cye nyuma y’amagambo mabi yavuzwe n’Abadepite bo mu nteko ishinga amategeko ya Tanzania yatumye abaturage benshi bambuka umupaka uhuza Kenya na Tanzania bagira uburakari, batangira gutuka abo badepite ndetse na Perezida wa Tanzania ku (…)



  • Uburoso bw’amenyo bwafatishije umugabo wacaga inyuma umugore we

    Mu Bwongereza, umugore yafashe umugabo we wari umaze amezi 3 amuca inyuma, abifashijwemo n’uburoso bw’amenyo bukoresha amashanyarazi, bukanohereza amakuru kuri telefoni igihe bwahujwe na telefone hifashishijwe ‘Bluetooth’, noneho hagashyirwamo porogaramu itanga amakuru muri telefone igihe cyose ubwo buroso bukoreshejwe.



  • Umushinwakazi amaze imyaka 48 ‘atarabona izuba’

    Mu Bushinwa, abaganga bo ku bitaro byitwa XinDu Traditional Medicine Hospital, biherereye ahitwa Chengdu, batunguwe no kwakira umurwayi w’umugore ufite imyaka 48, ufite ikibazo gikomeye cyo kubura Vitamin D mu magufa ye ku buryo no kwihindukiza ku buriri bituma hari amagufa avunika.



  • Abanyeshuri batwitse inzu bararamo kubera ko babujijwe kureba match gusa

    Abanyeshuri babujijwe kureba ‘match’ batwika inzu bararagamo

    Muri Kenya, abanyeshuri bo mu ishuri ryisumbuye rya Mbale High School, batwitse inzu bararagamo kubera ko babujijwe kureba ‘match’ cyangwa se umukino bashakaga kureba, ibyo bibatera uburakari bwatumye bafunga n’umuhanda unyura imbere y’iryo shuri.



  • Jose Chameleone aje gutaramira Abanyarwanda nyuma y’imyaka irindwi

    Umuhanzi w’icyamamare mu muziki ukomoka muri Uganda, ariko akaba n’umunyabigwi mu Karere ka Afurika y’i Burasirazuba, Jose Chameleone, yageze mu Rwanda aho aje gutaramira Abanyarwanda nyuma y’imyaka irindwi yari ishize atahagera, kuko yahaherukaga mu 2018, ubwo yari yaje gufatanya na DJ Pius mu kumurika ‘album’ ye yise (…)



  • U Bufaransa: Umugabo yafashwe amaze imyaka 28 atwara ibinyabiziga nta ‘permis’ agira

    Mu Bufaransa,umugabo yafashwe nk’ufite agahigo muri icyo gihugu ko kumara imyaka myinshi atwara ibinyabiziga atabyemerewe, kuko nta permis agira guhera mu 1997, kuko ari bwo yayambuwe n’Abajandarume (gendarmes) b’ahitwa Tarare (Rhône) nyuma yo gufatwa atwaye ikinyabiziga yasinze.



  • ‘Make-up’ zayobeje imashini zisaka, uwazisize ategekwa kuzihanagura

    Mu Bushinwa, umugore yategetswe kwihanagura mu isura akivanaho ‘make-up’ nyinshi yisize, kubera ko imashini yo ku kibuga cy’indege yananiwe kwemeza niba isura ibona ihura n’imyirondoro yatanze.



  • Matata Ponyo wabaye Minisitiri w

    RDC: Matata Ponyo wabaye Minisitiri w’Intebe yakatiwe imyaka 10 y’imirimo y’agahato

    Matata Ponyo Augustin wahoze ari Minisitiri w’Intebe wa Repubulika ya Demokarasi ya Congo (RDC), hagati y’umwaka wa 2012-2016 mu gihe cy’ubutegetsi bwa Joseph Kabila, yakatiwe n’urukiko igihano cyo kumara imyaka 10 akora imirimo y’agahato, nyuma yo kumuhamya ibyaha bya ruswa.



  • Ufite iki cyemezo ni we wambara inkweto ndende akagenda muri uyu mujyi

    Amerika: Muri Carmel-by-the-Sea kwambara inkweto ndende bisabirwa uruhushya

    Muri Leta zunze Ubumwe z’Amerika, Umujyi muto wa Carmel-by-the-Sea, ubu waramamaye kubera ko abawugendamo bose bagomba kubanza gusaba icyemezo gitangwa n’ubuyobozi mu buryo bwemewe n’amategeko, mbere yo kwambara inkweto ndende zirengeje santimetero eshanu.



  • Abagera kuri Miliyoni 295 bafite ikibazo cy’inzara ikabije - UNICEF

    Raporo ya UNICEF yagaragaje uko ikibazo cy’ibura ry’ibiribwa n’imirire mibi cyakomeje kwiyongera mu myaka 6 yikurikiranya, ku buryo abagera kuri Miliyoni 295 bafite ikibazo cy’inzara ikabije.



  • U Burusiya na Ukraine bemeranyijwe guhererekanya imfungwa

    U Burusiya na Ukraine byemeranyijwe guhererekanya imfungwa z’intambara 1000 kuri buri ruhande, ariko byananiwe kwemeranya ku bijyanye no guhagarika intambara.



  • Nigeria: Icyorezo cya ‘Lassa Fever’ cyahitanye abantu 138

    Muri Nigeria, icyorezo cyiswe Lassa Fever kimaze guhitana ubuzima bw’abantu bagera ku 138 guhera muri Mutarama 2025, nk’uko bigaragarazwa muri raporo yatangajwe n’ikigo cyo muri Nigeria gishinzwe gukumira no kurwanya indwara z’ibyorezo (The Nigeria Centre for Disease Control and Prevention ‘NCDC’).



  • OMS igiye kugabanya 1/2 cy’abakozi bayo

    Umuyobozi w’Ishami ry’Umuryango w’Abibumbye ryita ku Buzima (OMS/WHO) Dr Tedros Adhanom Ghebreyesus, yatangaje ko hagiye kubaho igabanywa mu bakozi b’uwo muryango, ibyo bigakorwa mu rwego rwo kuvugurura imikorere yawo, nyuma y’uko Amerika itangaje ko itakiri umunyamuryango, ndetse igahagarika inkunga yashyiragamo.



  • Turkiya: Abatuye Lice basinze umwotsi w’urumogi rwatwikiwe mu mujyi

    Muri Turkey, abaturage basaga 25.000 batuye mu Mujyi muto wa Lice mu Ntara ya Diyarbakır bisanze basinze urumogi batabigambiriye, ahubwo biturutse ku mwotsi mwinshi warwo waturukaga aho polisi ishinzwe kurwanya ibiyobyabwenge yarutwikiye iruvanye mu mukwabu.



  • Umukecuru yajyanywe mu rukiko azira kugaburira injangwe y’abandi

    Mu Busuwisi, umukecuru w’imyaka 68 yajyanywe mu rukiko n’umuturanyi we, amushinja ko amaze amezi icumi (10), ahora agaburira injangwe ye agamije kuyimenyereza cyane nk’amayeri yo kugira ngo azayibe ayitware, ibyo akaba yarakomeje kubikora mu gihe nyamara yari yarihanangirijwe mu buryo bw’inyandiko mbere, asabwa kubireka.



  • Nigeria: Guverinoma yakuyeho buruse zo kwiga mu mahanga

    Nigeria yavuze ko yafashe icyemezo cyo gukuraho buruse z’abiga mu mahanga kubera ubukungu buhagaze nabi.



  • Umugore yamenesheje amagi agahanga k’umwana we bimuviramo icyaha

    Muri Suwede, umugore w’imyaka 24 uturuka mu gace kitwa Helsingborg, yahamijwe n’urukiko icyaha cyo guhohotera umwana we w’umukobwa, akamena igi ribisi arihonze ku gahanga k’uwo mwana, kugira ngo akore videwo ya TikTok.



  • Mali: Igisirikare cyahagaritse ibikorwa by’amashyaka

    Nk’uko bikubiye mu iteka rya Perezida ryasomwe kuri televiziyo na radio by’igihugu cya Mali, ibikorwa byose by’amashyaka ya politiki byahagaritswe kugeza igihe hazatangwa amabwiriza mashya.



  • Kenya: Pasiteri yafatanywe inzoka nzima ananirwa gusobanura ibyayo

    Muri Kenya, umupasiteri wari utashye ava muri Uganda agarutse mu gihugu cye, yafatanywe inzoka ya metero ebyiri mu gikapu, abajijwe iby’iyo nyamaswa arimo agendana, agorwa no kubisobanura.



  • U Bwongereza: Umugabo yitwikiye inzu ku bushake kugira ngo abone abazimya umuriro

    Mu Bwongereza, umugabo ukunda bikabije abashinzwe kuzimya inkongi z’umuriro, yahanishijwe n’urukiko gufungwa imyaka ibiri, nyuma y’uko we yiyemereye ko yitwikiye inzu ku bushake, akabikora inshuro ebyiri zitandukanye mu ijoro rimwe, agamije kureba uko abashinzwe kuzimya inkongi bitwara mu bikorwa byo kuzimya iyo nzu ye.



Izindi nkuru: