Mu kiganiro yagiranye na RBA kuri uyu wa Mbere tariki 17 Kamena 2024, Perezida Kagame yavuze ku ngingo zitandukanye, harimo n’icyo atekereza ku banenga ubuyobozi bwe bavuga ko butagendera kuri Demokarasi.
Mu Karere ka Busegera hasojwe imurikabikorwa ry’iminsi itatu ryateguwe n’abafatanyabikorwa b’Akarere ka Bugesera (JADF), intego nyamukuru ikaba ari ukugaragaza uruhare rwa JADF mu Iterambere ry’Akarere ka Bugesera.
Muri Leta zunze Ubumwe za Amerika, umugabo utuye muri Leta ya Colorado, ubu arafatwa nk’umunyamahirwe udasanzwe, kuba akiri muzima nyuma yo kurokoka isasu abikesha umukufi w’ifeza (Silver Necklace) yari yambaye mu ijosi.
Perezida wa Repubulika Paul Kagame, kuwa Gatatu tariki 12 Kamena mu 2024, nk’uko bikubiye mu itangazo ryashyizwe hanze n’Ibiro bya Minisitiri w’Intebe, yakoze impinduka ashyira abayobozi mu myanya itandukunye muri Guverinoma, harimo na Yusuf Murangwa wahawe kuyobora Minisiteri y’Imari n’Igenamigambi.
Abantu 80 bapfuye baguye mu mpanuka y’ubwato mu bwarohamye mu mugezi wa Kwa, mu bilometero 70 uvuye mu Mujyi wa Mushie, mu Ntara ya Maï-Ndombe, hafi y’umupaka w’igihugu cya Congo-Brazzaville gihana imbibi na Repubulika ya Demokarasi ya Congo.
Minisiteri y’Ubumwe bw’Abanyarwanda n’Inshingano Mboneragihugu (MINUBUMWE), ku wa Gatatu tariki 12 Kamena 2024 yagiranye ibiganiro n’abafatanyabikorwa bayo mu iterambere ndetse n’imiryango itari iya Leta, baganira ku nshingano z’iyo Minisiteri na bimwe mu bikorwa iteganya byihutirwa.
Umuryango Mpuzamahanga ushinzwe abimukira, (International Organisation for Migration) watangaje ko abimukira 39 bapfuye abandi 150 baburirwa irengero nyuma y’uko ubwato barimo burohamye muri Yemen.
Ingabo z’u Rwanda ziri mu butumwa muri Mozambique, zishe ibyihebe 70 mu byari byagabye igitero ku birindiro byazo ndetse no mu midugudu ibarizwa mu gice zigenzura.
Perezida wa Repubulika y’u Rwanda Paul Kagame yitabiriye inama mpuzamahanga yatumijwe n’Umwami wa Jordanie, Abdullah II bin Al-Hussein, Perezida wa Misiri Abdel Fattah El-Sisi ndetse n’Umunyamabanga Mukuru w’Umuryango w’Abibumbye (UN) António Guterres igamije kwiga ku kibazo cya Gaza.
Icyamamare Celine Dion, yagaragaje ibibazo by’ubuzima afite bitewe n’indwara yitwa ‘Stiff Person Syndrome’. Iyo ikaba ari indwara idasanzwe ihungabanya cyane imikorere y’imitsi n’imikaya y’umubiri w’umuntu.
Umugaba Mukuru w’Ingabo za Repubulika ya Sanfrafurika Maj Gen Zépherin Mamadou yagiriye uruzinduko mu Rwanda aho yasuye icyicaro gikuru cy’ingabo z’u Rwanda (RDF).
Pasiteri Ng’ang’a uzwi cyane muri Kenya yishyuje abakirisitu be bari mu rusengero Amashilingi ya Kenya 1000 ku icupa rimwe ry’amazi, utayafite agasabwa kujya kwicara inyuma mu rusengero, maze bamwe mu babibonye bavuga ko ibyo yakoze ari ukwiba abakene.
Urukiko rwa Afurika rw’Uburenganzira bwa Muntu (African Court on Human and Peoples’ Rights) rwongeye gusaba Tanzania gukura igihano cyo kwicwa mu mategeko yayo, mu rwego rwo gushyira mu bikorwa amasezerano yo ku rwego rw’Umugabane wa Afurika yerekeye uburenganzira ku buzima (rights to life).
Ibitaro bya Nyamata, ku bufatanye n’ibigo nderabuzima byose bikorera mu Karere ka Bugesera, byateguye igikorwa cyo Kwibuka ku nshuro ya 30 Jenoside yakorewe Abatutsi mu 1994. Ni igikorwa cyabaye tariki 7 Kamena 2024, kibanzirizwa n’urugendo rwo kujya gushyira indabo ku rwibutso rwa Jenoside rwa Ntarama rushyinguwemo imibiri (…)
Perezida Kagame yitabiriye umuhango wo gutanga impamyabumenyi ku banyeshuri magana ane (400) barangije amasomo muri Kaminuza ya ALU (African Leadership University), ubuyobozi bwa Kaminuza ya ALU bukaba bwahaye Perezida Kagame igihembo nk’umuyobozi mwiza uzana impinduka.
Nyuma y’ibyumweru bitatu muri Repubulika iharanira demukarasi ya Congo hageragejwe guhirika ubutegetsi, abakekwaho kubigiramo uruhare baratangira kuburanishwa none tariki 7 Kamena 2024.
Muri Algeria, umugabo yakatiwe n’urukiko, ahanishwa igihano cyo gufungwa amezi abiri muri Gereza, nyuma yo guhamwa n’icyaha cyiswe imyifatire itaboneye, yo kuba yaragiye ku muhanda akajya ahobera abatambutse bose, avuga ko abifuriza amahoro n’icyizere cy’ahazaza.
Ni ibyago bibaye ku nshuro ya kabiri mu gihe cy’icyumweru kimwe gusa, kuko ku itariki 30 abayobozi b’ahitwa i Meknès bari batangaje itabwa muri yombi ry’abagabo babiri bakekwaho kuba barakoze kandi bagacuruza inzoga y’inkorano ihumanye bigateza urupfu rw’abandi bantu barindwi.
Muri Tanzania, imodoka y’umudepite yafatiwe mu bikorwa byo kwinjiza mu gihugu abimukira b’Abanya-Ethiopia binjira muri icyo gihugu mu buryo bunyuranyije n’amategeko.
Mu busanzwe igufa ry’itako ribarizwa mu magufa akomera cyane kurusha andi yose yo mu mubiri w’umuntu, ariko umugabo wo mu Bushinwa w’imyaka 35 y’amavuko, yavunitse igufa ry’itako biturutse ku gukorora gusa.
Muri Koreya y’Epfo, abategura irushanwa ngarukamwaka ry’ibitaramo by’indirimbo, imikino na za Filimi muri Kaminuza yo mu Ntara ya South Chungcheong, basabye imbabazi nyuma yo gutanga amacupa y’amazi yari yakoreshejwe n’abagize rimwe mu matsinda aririmba rinakunzwe cyane muri ako gace rizwi nka ‘Oh My Girl’, nk’ibihembo ku (…)
Mu Murenge wa Gashora mu Karere ka Bugesera, abagize Inama Njyanama y’Akarere, basoje icyumweru cy’Umujyanama cyari cyatangirijwe mu Murenge wa Mareba ku itariki 25-31 Gicurasi 2024, mu gikorwa cyanahujwe no gutaha inyubako nshya y’Ibiro by’Akagari ka Kagomasi.
Leta zunze Ubumwe z’Amerika zatangaje ibihano zafatiye abayobozi bakuru batanu bo muri Uganda, harimo na Perezida w’Inteko Ishinga Amategeko, Anitha Among.
Muri Amerika, sosiyete y’ubwikorezi bwo mu kirere ya ’American Airlines’ irashinjwa kuba yarasohoye mu ndege abagabo umunani (8) b’abirabura, kubera ko ngo hari bamwe mu bagenzi bari bavuze ko banuka ku ruhu.
Perezida wa Repubulika Paul Kagame uri i Nairobi muri Kenya, mu rwego rwo rw’Inama ngarukamwaka ya 59 ya Banki Nyafurika Itsura Amajyambere yo muri uyu mwaka wa 2024, (African Development Bank - AfDB) yagiranye ibiganiro na Perezida William Ruto wa Kenya.
Urwego rw’ Igihugu rushinzwe Ubugenzacyaha (RIB) rwatangaje ko rwafunze Gasagure Vital, Umuyobozi Ushinzwe ibikorwa remezo mu Karere ka Kirehe hamwe n’icyitso cye Sindikubwabo Evariste bakurikiranyweho gusaba no kwakira ruswa.
Ibihugu bya Espagne, Irlande na Norvège byemeje ku mugaragaro Palestine nka Leta yigenga kuri uyu wa Kabiri tariki 28 Gicurasi 2024, icyo cyemezo cyamaganirwa kure na Israel.
Inzego zishinzwe ubutabazi n’izishinzwe kuzimya inkongi mu Ntara ya Katavi, muri Tanzania ziri mu bikorwa byo gushakisha imirambo y’abantu batandatu muri barindwi baguye mu mpanuka y’ubwato nyuma yo gusaduka bukinjiramo amazi bukiyubika ku bantu 14 bari baburimo n’imifuka minini 10 y’umuceri udatonoye.
Muri Burkina Faso, Perezida Ibrahim Traore, azaguma ku butegetsi mu yindi myaka itanu iri imbere, izatangira kubarwa uhereye ku itariki 2 Nyakanga 2024, nk’uko byemejwe n’Inama ngishwanama yateraniye i Ouagadougou ku matariki 25-26 Gicurasi 2024.
Mu Murenge wa Nyamata mu Karere ka Bugesera, kuri iki Cyumweru habaye igiterane cyo gusengera Igihugu giteguwe n’abayobozi b’Amadini n’Amatorero abarizwa muri uwo Murenge, abayobozi mu nzego za Leta ndetse n’ahahagarariye urwego rw’abikorera, ku nsanganyamatsiko igira iti, ”Umuyobozi ugeza abaturage ku mpinduka nziza."