MENYA UMWANDITSI

  • Neymar Junior

    Imvune ya Neymar ntizatuma ahita atangira imyitozo mu ikipe ye nshya ya Al-Hilal

    Umutoza w’Ikipe yo muri Saudi Arabia ya Al-Hilal witwa Jorge Jesus yavuze ko Umunya-Brazil w’icyamamare mu by’umupira w’amaguru, Neymar Junior, agomba gutegereza nibura ukwezi kumwe akabona gutangira muri iyo kipe ye nshya, kubera ko afite imvune.



  • Umusaza w

    Nigeria: Umusaza yishe umukecuru bashakanye amuziza kwanga ko baryamana

    Umusaza w’imyaka 84, witwa Gabriel Ahuwa, yemeje ko yishe umugore we w’imyaka 75 kubera umujinya kuko ngo yangaga ko baryamana, kandi akajya anumva bamubwira hari abayobozi bo mu itorero baryamana n’uwo mugore we.



  • Batandatu bitabiriye ubukwe baguye mu cyobo barapfa

    Muri Kenya, abantu batandatu bari mu bukwe bapfuye nyuma yo kugwa mu cyobo bari bahagaze hejuru, cyari gipfundikiye ariko kikaza kuriduka bitewe n’ibiro byinshi cyari cyikoreye.



  • Haïti : Abasaga 2.400 bamaze kugwa mu bwicanyi bukorwa n’amabandi mu 2023

    Udutsiko tw’amabandi yitwaje intwaro, twabibye ubwoba mu baturage muri Haïti. Aho kuva uyu mwaka wa 2023 watangira, imvururu ziterwa n’imitwe yitwaje intwaro muri icyo gihugu zimaze guhitana ubuzima bw’abasaga 2.400, nk’uko byatangajwe n’Umuryango w’Abibumbye. Hakaba ngo hakenewe ingabo mpuzamahanga kugira ngo (...)



  • Xi Jinping

    Perezida Xi Jinping w’u Bushinwa agiye kwerekeza muri Afurika y’Epfo

    Minisitiri w’Ububanyi n’Amahanga w’u Bushinwa yatangaje ko Perezida Xi Jinping azaba ari mu nama ‘BRICS’ mu cyumweru gitaha.



  • Nigeria: Abasirikare 20 baguye mu mpanuka y’indege ya Kajugujugu

    Indege ya Kajugujugu yari itwaye abakomeretse n’imirambo y’abaguye mu gico cyatezwe n’abantu bitwaje intwaro, mu Mudugudu wa Chukuba-Shiroro muri Leta ya Niger muri Nigeria, yarahanutse ihitana abasirikare basaga 20.



  • yaguze ubunyobwa bwose mu ndege

    U Budage: Yaguze ubunyobwa bwose bwari mu ndege arangije asaba gusubizwa amafaranga ye

    Umugore witwa Leah Williams ufite umubiri udakorana n’ubunyobwa cyangwa se ugira ‘allergie’ ku bunyobwa, yabuze andi mahitamo yiyemeza kugura amapaki yose y’ubunyobwa yari mu ndege kugira ngo budahabwa abagenzi bari kumwe muri iyo ndege bigashyira ubuzima bwe mu kaga.



  • Perezida William Ruto

    Kenya: Perezida William Ruto yatangajwe no kuba hari abakozi ba Leta bamurusha umushahara

    Perezida wa Kenya William Ruto, yavuze ko hari abakozi ba Leta bahembwa umushahara munini kumurusha, akibaza icyo bakora.



  • Yahanishijwe gufungwa imyaka 15 nyuma yo kwiyita Dr atari we

    Tanzania: Umuforomo yahanishijwe gufungwa imyaka 15

    Muri Tanzania, ahitwa Tabora, umuforomo Amos Masibuka w’imyaka 35 y’amamavuko, yahanishijwe gufungwa imyaka 15 muri Gereza nyuma y’uko urukiko rumuhamije icyaha cyo kwiyita umuganga, akabaga umusaza w’imyaka 78 witwa Lukwaja Selemani, bikamuviramo gupfa.



  • Libya: Abantu 27 baguye mu mirwano

    Abantu 27 baguye mu mirwano yabereye i Tripoli muri Libya, mu gihe abandi 106 ari bo bakomeretse. Ni imirwano yatangiye nyuma y’uko Colonel Mahmoud Hamza, uyobora Brigade ya 444, atawe muri yombi bikozwe n’ingabo zihariye za Radaa ‘la Force al-Radaa’.



  • Abana batanu bo mu muryango umwe bishwe n

    Kenya: Abana batanu bishwe n’ibihumyo

    Ikinyamakuru ‘Tuko’ cyandikirwa muri Kenya cyatangaje ko byari nk’igihu cy’agahinda cyabuditse ku Mudugudu umwe wo muri Kawunti ya Kilifi, ubwo imbaga y’abantu bari baje kwifatanya n’umuryango wapfushije abana bawo batanu bapfuye umunsi umwe bishwe n’ibihumyo.



  • Alpha Blondy yabujije CEDEAO gushoza intambara kuri Niger

    Umuhanzi w’icyamamare Alpha Blondy, uvuka muri Côte d’Ivoire, akaba na Ambasaderi w’amahoro muri icyo gihugu yatanze ubutumwa mu buryo bwa videwo, asaba umuryango w’Ubukungu bw’ibihugu bya Afurika y’Uburengerazuba CEDEAO, kudashoza intambara ku gihugu cya Niger, anongeraho ko uwo muryango uramutse ubirenzeho waba ukoze (...)



  • Umuyobozi mu biro bya Perezida wa Madagascar yafunzwe

    Madagascar: Umuyobozi mukuru mu biro bya Perezida yatawe muri yombi

    Umuyobozi mukuru mu biro bya Perezida wa Madagascar witwa Romy Andrianarisoa ari kumwe n’Umufaransa witwa Philippe Tabuteau, yafatiwe mu Bwongereza akekwaho kuba yaratse ruswa kugira ngo atange ibyangombwa byo gucukura amabuye y’agaciro, aho bikekwa iyo ruswa yayatse itsinda rya sosiyete zo mu Bwongereza zicukura amabuye (...)



  • Inkongi yishe abagera kuri 96 muri Hawai

    Hawaï: Inkongi z’umuriro zimaze kwica abantu 96, umubare bivugwa ko ushobora kwiyongera

    Imibare yatangajwe n’ubuyobozi bwa Leta zunze ubumwe za Amerika, yerekana ko abamaze kwicwa n’inkongi z’umuriro zimaze iminsi zibasiye Hawaï ari 96. Ariko uwo mubare ngo ukaba ushobora kwiyongera, kuko igice gito ari cyo kimaze gukorerwamo ibikorwa byo gushakisha imibiri y’abishwe n’inkongi.



  • Mohamed Bazoum agiye kuburanishwa ku byaha birimo ubugambanyi bukomeye ku gihugu cya Niger

    Niger: Mohamed Bazoum agiye kuburanishwa ku cyaha cy’ubugambanyi bukomeye

    Ubutegetsi bw’igisirikare buyoboye Niger muri iki gihe nyuma ya Coup d’Etat yabaye mu Kwezi gushize kwa Nyakanga 2023, bwatanze ibirego by’ibyaha Perezida Mohamed Bazoum ashinjwa nyuma y’amasaha makeya itsinda ry’abantu bari baturutse muri Nigeria ritangaje ko ubwo butegetsi buyoboye Niger, bwiteguye kuyoboka inzira ya (...)



  • U Buyapani: Hatangijwe uburyo bufasha umuntu gusinzira ahagaze

    Mu Buyapani batangije uburyo bushya bwiswe ‘The Giraffenap’, aho umuntu asinzirira mu kintu kimeze nk’akazu gato gafunganye, agasinzira ahagaze mu masaha ya ku manywa, bikamufasha kuruhuka akagarura imbaraga zo gukora akazi ke neza.



  • Abantu barindwi bagwiriwe n’umusigiti bahita bapfa

    Abantu barindwi bapfuye bagwiriwe n’ibikuta by’umusigiti, wari wuzuyemo abantu baje mu isengesho, mu Mujyi wa Zaria muri Leta ya Kaduna muri Nigeria, mu gihe abandi benshi bakomeretse, nk’uko byatangajwe n’ubuyobozi.



  • Raila Odinga

    Kenya: Raila Odinga yavuze ko imyigaragambyo y’ubutaha ari ‘Guma mu Rugo’

    Raila Odinga utavuga rumwe n’ubutegetsi muri Kenya, akaba n’umuyobozi w’ishyaka ‘Azimio La Umoja’, yatangaje ko mu myigaragambyo y’ubutaha, abaturage bazaguma mu nzu zabo. Yagize ati "Ntimuzasohoke hanze, muzagume mu ngo zanyu”.



  • Fernando Villavicencio

    Equador: Umukandida wahabwaga amahirwe mu matora ya Perezida yarashwe arapfa

    Muri Equador umukandida wahabwaga amahirwe mu matora ya Perezida wa Repubulika, Fernando Villavicencio, yarashwe ahita apfa ubwo yari asohotse mu nama ijyanye n’amatora ahitwa i Quito, nk’uko byatangajwe na Perezida w’icyo gihugu, Guillermo Lasso.



  • Kenya: Umupasiteri avuga ko afite amazi atanga ubukire

    Muri Kenya, Umupasiteri witwa Victor Kanyari wo mu itorero rya ‘Salvation Healing Ministry’ avuga ko afite amazi y’umugisha azana ubukire mu buryo bw’igitangaza.Avuga ko "Uyanywaho ugahita ugura imodoka".



  • U Butaliyani: Abimukira 41 barohamye barapfa

    Abimukira 41 nibo baburiye ubuzima mu bwato bwarohamye hafi y’Ikirwa cya Lampedusa (mu Butaliyani), nk’uko byatangajwe n’Ibiro ntaramakuru by’u Butaliyani ‘Ansa’.



  • Abakeneye imfashanyo muri Niger bahuye n

    UN yatangaje ko ibihano byahawe Niger bituma umubare w’abakeneye inkunga wiyongera

    Uhagarariye amwe mu mashami y’Umuryango w’Abibumbye ‘UN’ muri Niger Louise Aubin, yatangaje ko ibihano byafatiwe Niger nyuma ya Coup d’Etat iherutse kuba muri icyo gihugu, bikomeza kongera umubare w’abakeneye ubufasha bw’ibiribwa n’imiti.



  • Umupolisi yishe umuyobozi we

    Kenya: Umupolisi yarashe umuyobozi we ahita apfa

    Muri Kenya, Umupolisi wakoreraga muri Kawunti ya Nakuru yarashe umuyobozi we isasu aramwica, mu buryo buteye urujijo, bituma hahita hatangizwa iperereza nk’uko byatangajwe na Komanda wa Polisi muri Nakuru Samuel Ndanyi.



  • Abantu 3 bapfuye ubwo kujugujugu 2 zishinzwe kuzimya inkongi zagonganaga

    Amerika: Abantu batatu baguye mu mpanuka y’indege

    Abantu batatu bapfuye ubwo indege ebyiri zo mu bwoko bwa kajugujugu zagonganaga ziri mu gikorwa cyo kuzimya inkongi y’umuriro mu Majyepfo ya Leta ya California nk’uko byatangajwe n’Ikinyamakuru cya CNN.



  • Perezida Faustin-Archange Touadéra

    Centrafrique: Perezida Faustin-Archange Touadéra yemerewe kuziyamamariza manda ya gatatu

    Perezida Faustin-Archange Touadéra, yatowe bwa mbere mu 2016, yongera gutorwa mu 2020, ubu yemerewe kuzongera kwiyamamariza manda ya gatatu mu 2025, kuko itegeko nshinga rishya rikuraho umubare wa za manda zemewe k’Umukuru w’igihugu.



  • Umuryango ECOWAS urateganya indi nama idasanzwe yiga ku kibazo cya Niger

    Abayobozi ba ECOWAS bazahurira mu nama idasanzwe biga kuri Niger

    Abayobozi b’Umuryango w’Ubukungu bw’Ibihugu by’Afurika y’Uburengerazuba (ECOWAS), batangaje ko bazongera bagahurira mu nama idasanzwe ku wa Kane tariki 10 Kanama 2023, bakiga ku kibazo cya Niger, nyuma y’uko igihe ntarengwa cyo kuba abakoze Coup d’Etat basubije ubutegetsi mu maboko ya Perezida Mohamed Bazoum cyarangije ku (...)



  • Vietnam: Abantu umunani bishwe n’imyuzure n’inkangu

    Ubuyobozi bwa Vietnam bwatangaje ko abantu umunani (8) bapfuye bishwe n’imyuzure n’inkangu byaje bitunguranye.



  • Sonko yagiye mu bitaro kubera kwiyicisha inzara

    Sénégal: Uri mu myigaragambyo yo kwiyicisha inzara yagiye mu bitaro

    Ousmane Sonko utavuga rumwe n’ubutegetsi buriho muri Sénégal, ari mu myigaragambyo yo kwiyicisha inzara uhereye igihe aheruka gutabwa muri yombi, none yajyanywe mu bitaro bya Dakar muri serivisi zita ku ndembe.



  • Yafatanywe imbunda y

    Tanzania: Umugore afunzwe azira gutunga imbunda y’inkorano

    Umuturage witwa Shangwe Lodrick w’imyaka 35, utuye ahitwa Bangwe mu gace ka Sumbawanga, ari mu maboko y’inzego z’umutekano akurikiranyweho gutunga imbunda ya ‘shortgun/SMG’ yakozwe mu buryo bwa gakondo, akaba yari ayitunze mu buryo bunyuranyije n’amategeko.



  • Pakistan: Abantu 28 baguye mu mpanuka ya Gariyamoshi

    Abantu 28 baguye mu mpanuka ya Gariyamoshi yabereye mu Majyepfo y’igihugu cya Pakistan, abandi benshi barakomereka, ikaba yabaye Cyumweru tariki 6 Kanama 2023, nk’uko byatangajwe na Minisitiri Khawaja Saad Rafique, ushinzwe ibya za Gariyamoshi muri cyo gihugu, aho yanemeje ko ibitaro biri hafi y’aho impanuka yabereye (...)



Izindi nkuru: