Icyamamare Zari Hassan wahoze ari umugore w’umuhanzi Diamond Platnumz ndetse bakaba barabyaranye, yizihije isabukur y’imyaka 44 y’amavuko, yaba Diomand ntiyaza mu birori ndetse na Shakib Lutaaya umugabo wa Zari bari kumwe ubu ntiyabizamo, maze bamwe mu bakoresha imbuga nkoranya mbaga babivugaho byinshi.
Mu nama y’Akanama ka UN gashinzwe amahoro n’umutekano Isi, i New York, Perezida Volodymyr Zelensky wa Ukraine, yamaganye ibyaha by’intambara birimo gukorwa n’u Burusiya mu gihugu cye, asaba ko Putin ahatirwa guhagarika intamabara akayoboka amahoro.
Muri Kenya, umuganga witwa Dr Desree Moraa Obwogi, wakoraga mu bijyanye no gutera ibinya abarwayi bagiye kubagwa mu Bitaro byitwa Hospital Gatundu Level 5, yasanzwe mu nzu ye yapfuye, aho inshuti zatangaje ko urupfu rwe rwaba rwatewe n’akazi kenshi kugarije abaganga bo muri icyo gihugu.
Muri Tanzania mu Ntara ya Kagera, umwarimu witwa Adrian Tinchwa w’imyaka 36 y’amavuko, wigisha ku ishuri ribanza rya Igurwa, yatawe muri yombi na Polisi, akurikiranyweho kwica umunyeshuri witwa Phares Buberwa, wigaga mu mwaka wa gatatu kuri iryo shuri ariko mu yisumbuye.
Pasiteri James Ng’ang’a uzwi cyane mu bakunda kwigisha ijambo ry’Imana babinyujije kuri televiziyo, ndetse akaba ari we washinze Itorero rya ‘Neno Evangelism’ muri Kenya, yatangaje ko abagore 700 bimutse bakava mu rusengero rwe nyuma y’uko aberetse umugore we mushya yashatse witwa Murugi Maina.
Muri Lebanon, abantu abantu 492 harimo abana 35, bapfuye mu munsi umwe wo ku wa Mbere tariki 23 Nzeri 2024, baguye mu bitero byagabwe na Israel nk’uko byatangajwe na Minisiteri y’Ubuzima ya Lebanon, aho yanemeje ko abandi 1,645 bakomerekeye muri ibyo bitero.
Perezida William Ruto, yasuye Abapolisi 400 ba Kenya bari muri Haiti, avuga ko hari n’abandi 600 bitegura koherezwa muri icyo guhugu mu byumweru bikeya biri imbere.
Muri Niger, imvura nyinshi yateje imyuzure yatumye itangira ry’umwaka w’amashuri ryigizwa inyuma hafi ukwezi kose, nk’uko byatangajwe na Guverinoma y’iki gihugu.
Imfungwa 1,685 zari zifungiye muri gereza ya Makala iherereye muri Komini ya Selembao mu Mujyi wa Kinshasa, zafunguwe bikozwe na Minisitiri w’Ubutabera ku itegeko bivugwa ko ryatanzwe na Perezida Félix Tshisekedi, kubera impamvu z’uburwayi kuko abenshi mu bafunguwe ngo ntibashoboraga no kugenda kubera ibisebe binini (…)
Mu Buhinde, umuganga arashinjwa kuba nyirabayazana w’urupfu rw’umwana w’umuhungu w’imyaka 15 y’amavuko, nyuma yo kumubaga avuga ko agiye kumukuramo utubuye two mu gasabo k’indurwe kandi nta bumenyi abifitiye, akabikora arebera kuri videwo zo kuri YouTube.
Umugabo wo mu Bushinwa, uri mu myaka 60 y’amavuko yakuwe amenyo 23 aterwamo n’andi 12 ku munsi umwe, bimuviramo gupfa, nyuma yo kwivuriza ku ivuriro ry’amenyo ryabugenewe.
Umuyobozi mukuru mu bagize umutwe wa Hezbollah, Ibrahim Aqil, yaguye mu gitero cyagabwe na Israel mu Majyepfo y’Umujyi wa Beirut.
Muri Uganda, umugabo yahururanye umuhoro agiye kurwanya umuturanyi we wamusambanyirizaga umugore, ariko agira ibyago asanga amurusha ingufu, ahita amutemesha uwo muhoro amuca ukuboko.
Minisitiri w’Intebe wa Australia, Anthony Albanese, yatangaje icyumweru cya nyuma cyo kwitegura guca burundu ikoreshwa rya telefoni zigezweho n’imbuga nkoranyambaga ku bana bafite munsi y’imyaka 17.
Mu Buyapani, umugabo w’imyaka 38 y’amavuko yatawe muri yombi n’inzego z’umutekano, kubera guhamagara umugore kuri telefoni inshuro zirenga 100 ku munsi yiyoberanyije, kandi no mu gihe amwitabye ntagire icyo avuga agaceceka kugeza ubwo umugore akupye telefoni.
Muri Espagne, umugabo yihimbiye inzira itangaje yo kubona amafaranga, aho yica ubukwe bw’abandi cyangwa se agateranya umukwe n’umugeni abeshya ko akundana n’umwe muri bo, bagashwana. Ibyo bigatuma hari abamwishyura kugira ngo yice ubukwe bwabo igihe bumva batabushaka cyangwa se ubw’inshuti zabo batifuriza gukora ubukwe.
Umugore yatangiye gusaba gatanya nyuma y’iminsi 40 gusa akoze ubukwe, akavuga ko abangamiwe cyane no kuba umugabo we atajya yoga, ku buryo muri iyo minsi yose 40 bamaze babana, ngo yihanaguje amazi inshuro esheshatu gusa, nabwo umugore yabanje kumutakambira.
Abahanzi bakomeye ndetse n’abanyapolitiki batandukanye bo muri Guinea Conakry, bagaragaje ko bashyigikiye General Mamadi Doumbouya, kugira ngo akomeze kuzana impinduka nziza mu gihugu cyabo.
Umugandekazi wari icyamamare mu mukino wo gusiganwa ku maguru, Rebecca Cheptegei yitabye Imana, biturutse ku bisebe bikomeye by’ubushye yagize nyuma yo gutwikwa n’umukunzi we, abanje kumusukaho peterori agashya ku kigero kiri hagati ya 75-80%.
Leta Zunze Ubumwe z’Amerika zatangaje ko ku wa 2 Nzeri 2024, zafatiriye indege ya Perezida Nicolas Maduro wa Venezuela, kubera ko hari ibihano bimwe yari yafatiwe na Amerika akabirengaho, ndetse ko n’iyo ndege yaguzwe mu buryo butubahirije amategeko.
Kuva ku Cyumweru muri Israel hari imyigaragambyo ikomeye hirya no hino mu gihugu nyuma y’uko ingabo za Israel zibonye indi mirambo itandatu (6) ya bamwe mu batwawe bunyago n’umutwe wa Hamas mu gitero yagabye kuri Israel ku itariki 7 Ukwakira 2023.
Muri Kenya, mu Mujyi wa Nairobi, abana babiri bavukana bari basizwe mu nzu bonyine mu masaha y’ijoro baguye mu nkongi y’umuriro yibasiye inzu bari barimo.
Muri Madagascar, hasohotse itegeko rikomeje kwamaganwa n’imiryango mpuzamahanga iharanira uburenganzira bwa muntu rihanisha umuntu wese usambanya umwana gukonwa hakoreshejwe kubaga, aho gukoresha imiti.
Ku mbuga nkoranyambaga hakomeje gukwirakwizwa amashusho (Video) yatangaje benshi, Zari Hassan abwira umugabo we Shakib Lutaaya ko azashaka undi mugabo akabagira ari ababiri kuko itegeko rya Afurika y’Epfo ribyemera.
Bamwe mu basirikare b’u Burusiya ba Brigade Bear bari bamaze igihe gito bakorera muri Burkina Faso nk’Abacanshuro, basubiye iwabo mu Burusiya kugira ngo bajye gutanga umusanzu mu kurwanya ingabo za Ukraine zimaze ibyumweru bicyeya zigabye igitero gikomeye ku butaka bw’u Burusiya.
Kuri uyu wa gatanu hasohotse iteka rya perezida n° 073/01 ryo ku wa 29/08/2024 rishyiraho inoti nshya ya frw 5.000 n’iya frw 2.000 nk’uko bikubiye mu igazeti ya Leta nomero idasanzwe yo ku wa 30/8/2024.
Israel yemeye gutanga agahenga mu ntambara irwanamo na Hamas muri Palestine, kugira ngo abana bo muri Gaza ahari kubera iyo ntambara, bashobore guhabwa urukingo rw’imbasa nk’uko byatangajwe n’Ishami ry’Umuryango w’Abibumbye ryita ku Buzima (WHO).
Mu Buhinde, umuhungu w’ingimbi arashinjwa gushyira iterabwoba kuri nyina w’umukene kugira ngo agire icyo akora, ubwo yakora imyigaragambyo yo kumara iminsi itatu nta kintu arya nta n’icyo anywa, kugira ngo amugurire telefone igezweho kandi ihenze ya iPhone.
Muri Uganda, Polisi yatangaje ko yataye muri yombi umugabo w’Umunya-Uganda bivugwa ko yasanganywe uduhanga 24 tw’abantu ashobora kuba yarabikoreshaga nk’ibitambo by’abantu ndetse ivuga ko ashobora gukatirwa igihano cyo gufungwa burundu naramuka ahamijwe icyo cyaha.
Muri Tanzania, nyuma yo gutahura imirambo 10, umuvuzi gakondo yatawe muri yombi akurikiranyweho kwica abantu, kubahamba ari bazima ndetse no kubatwika mu muriro, nk’uko byemezwa na Polisi y’icyo gihugu, ivuga ko yamufatanye n’abandi batatu.