Inzego zishinzwe umutekano muri Espagne, zataye muri yombi umugabo watangaga serivisi zo kwishyiraho amakosa yo mu muhanda yakozwe n’abandi, akayahanirwa bakamwishyura amafaranga kugira ngo dosiye zabo zikomeze kuba zimeze neza.
Muri Tanzania, umwana w’umuhungu w’imyaka 14 wigaga mu mwaka wa kabiri w’amashuri yisumbuye, yabuze mu gihe yari mu rugendoshuri hamwe n’abandi banyeshuri bagenzi be, nyuma aza kuboneka amaze iminsi 26 azenguruka muri iryo shyamba ashaka inzira yamusubiza mu rugo yarayibuze.
Umukecuru w’imyaka 90 y’amavuko wo muri muri Kenya, ahitwa Nyeri yahaye uruhushya umugabo we rwo gushaka umugore wa kabiri, amwizeza ko ubu adashobora kumubuza gushaka undi mugore.
Perezida wa Turkey, Recep Tayyip Erdoğan yise Israel kuba ihuriro ry’iterabwoba rya Kiyahudi kubera ibitero byayo muri Lebanon no muri Gaza.
Banki ya Kigali (BK), ubwo yitabiraga umwiherero w’Abanyarwanda bo muri Diaspora wabereye muri Denmark mu Mujyi wa Copenhagen, ku matariki 5-6 Ukwakira 2024, yagaragaje ko ari umwanya ukomeye wo guhurira hamwe bakaganira ku bintu bitandukanye birebana n’u Rwanda nk’Igihugu bakomokamo.
Umupilote w’indege ya sosiyete y’ubwikorezi bwo mu kirere ya Turkish Airlines yo muri Turkiya, yapfuye bitunguranye mu gihe yari atwaye indege yari mu rugendo ruva muri Amerika rugana mu Mujyi wa Istanbul muri Turkiya.
Muri Leta zunze Ubumwe z’Amerika, umukandida Depite wo mu ishyaka ry’Abarepubulikani, yitije umugore n’abana b’inshuti ye bamaranye igihe agamije kubakoresha mu mafoto n’amashusho (Video), yo kwiyayamaza kugira ngo agaragaze ko agira umuryango kandi mu by’ukuri ngo nta mugore cyangwa abana agira, ahubwo yibanira n’imbwa ye gusa.
Visi Perezida wa Kenya Rigathi Gachagua, abinyujije ku rubuga nkoranyambaga rwa X, yagaragaje imirongo yo muri Bibiliya irimo kumufasha kunyura mu bihe bigoye byo kweguzwa ku butegetsi, kandi akaba ari we wa mbere bibayeho mu mateka ya Kenya.
Pasiteri Ng’ang’a James wo muri Kenya washinze itorero rya Neno Evangelism Centre, yagaye amaturo abakirisitu batanze avuga ko ari makeya cyane ugereranyije n’ubwinshi bw’abantu baba bari mu rusengero, bamwe mu bamukurikira ku mbuga nkoranyambaga baramunenga.
Muri uku kwezi k’Ukwakira 2024, Guverinoma ya Zimbabwe izatanga Miliyoni 20 z’Amadolari ya Amerika, ku bahinzi b’abazungu n’abirabura baba muri Zimbabwe bari baratakaje ubutaka bwabo mu gihe cya gahunda yo kubufatira yabayeho ku butegetsi bwa Robert Mugabe wari Perezida wa Zimbabwe.
Muri Kenya, umugore arafatwa nk’intwari nyuma yo gukomeretswa na kimwe mu bitera byari bigiye kwibasira umwana w’uruhinja w’umukoresha we.
Nyina w’umuhanzi w’icyamamare Sean John Combs, uzwi nka P Diddy, yavuze ko ababajwe cyane n’ibirego bishinjwa umwana we, anongeraho ko ari ‘ibinyoma’.
Inzego z’umutekano za Iran zatangaje ko Jenerali Esmail Qaani atigeze amenyekana aho yaba aherereye guhera mu cyumweru gishize ubwo ingabo za Israel zagabaga ibitero mu gace k’Amajyepfo ya Beirut, Umurwa mukuru wa Lebanon aho uwo Jenerali yari ari mu ruzinduko, bikaba bivugwa ko yaburiwe irengero ari kumwe n’Umuyobozi wo (…)
Umurusiya w’umuhanga muri siyansi yatangaje ko yishyize akamashini mu bwonko kagenzura inzozi ze mu gihe asinziriye, kandi yemeza ko ari we wibaze ubwe akabyikorera yibereye iwe mu cyumba cy’uruganiriro.
Umugabo wo muri Saudi Arabia aherutse guhinduka ikiganiro mu mujyi atuyemo, nyuma y’uko bitangajwe ko yashatse abagore batari munsi ya 53, abo bose ngo akaba yarabashatse agamije kubona umutuzo wo mu buryo bw’amarangamutima.
Muri Kenya, ahitwa Malivini-Makindu, umugabo akurikiranyweho kwica umuvandimwe we, nyuma y’intonganya zikomeye zavutse mu gihe cyo gutegura igikorwa cyo gushyingura mukuru wabo wari wapfuye.
Muri Kenya, mu Mujyi wa Eldoret, Samson Kandie, umukinnyi wamamaye mu gusiganwa ku maguru yatewe n’abantu iwe mu rugo baramwica, umurambo bawusiga uboheshejwe umugozi ku maguru no ku maboko nk’uko byatangajwe n’umukobwa wa nyakwigendera.
Umugabo wo muri Taiwan, yahanishijwe gufungwa amezi abiri muri gereza no gutanga amande ya miliyoni 3.04 z’Amadorali akoreshwa muri icyo gihugu (ni ukuvuga Amadolari y’Amerika 91.350), nyuma y’uko inyoni ye ya Gasuku, itumye umuntu wari urimo muri siporo yo kwiruka agwa, aravunika.
Umugore wo mu Bushinwa, waremanywe umwihariko wo kugira nyababyeyi ebyiri, yabyaye abana b’impanga, buri mwana akaba yarakuriye muri nyababyeyi ye yihariye.
Mama w’umuhanzi w’icyamamare Diamond Platnumz, yavuze ko yifuza ko umwana we yashaka umugore, nibura nawe akagira umugore babana, ariko cyane cyane yifuza ko umugore yashaka yaba yubaha Imana kandi asenga.
Muri Ghana, sosiyete sivile, amashyirahamwe n’amahuriro atandukanye (syndicats) ndetse n’abahagarariye amashyaka atavuga rumwe na Leta muri icyo gihugu batangije imyigaragambyo y’iminsi itatu itangira uyu munsi ku wa Kane tariki 3 Nzeri 2024.
Mu gihe hizihizwaga umunsi mpuzamahanga w’abageze mu zabukuru, wizihizwa buri mwaka ku itariki ya 1 Ukwakira, mu Karere ka Bugesera mu Murenge wa Ntarama aho wizihirijwe barashima Leta ko abageze mu zabukuru bafatwa neza bakitabwaho mu buryo butandukanye.
Abantu umunani baguye mu mpanuka y’indege ya kajugujugu y’igisirikare cya Colombia kirwanira mu kirere, yahanutse ubwo yari mu bikorwa by’ubutabazi mu by’ubuvuzi mu Burasirazuba bw’icyo gihugu ahitwa i Vichada nk’uko byemejwe na Perezida w’icyo gihugu Gustavo Petro.
Muri Thailand umugore wari urwaye, yikubise hasi mu biro ku kazi yitaba Imana nyuma y’uko yari yasabye umukoresha we uruhushya rwo kuruhuka akarumwima.
Muri Kenya, umugabo yafatanywe imodoka yari yarabuze itwawe n’umushoferi w’umugore ukomoka mu Mujyi wa Mombasa nyuma akaburirwa irengero, ubu akaba arimo kubazwa uko yabonye iyo modoka ndetse n’aho uwari uyitwaye yagiye.
Muri Espagne mu Mujyi wa Barcelona, umugabo yahanishijwe gufungwa umwaka wose muri gereza nyuma y’uko urukiko rumuhamije icyaha cyo guhangayikisha abaturanyi be kubera gucuranga umuziki buri joro mu gihe cy’imyaka itanu, kandi agacuranga kugeza bukeye.
Muri Kenya, Abadepite mu Nteko Ishinga Amategeko, 242 bemeje ubusabe bwo kweguza Visi Perezida Rigathi Gacagua, mu gihe Depite Didmus Barasa yahawe inshingano zo gukurikirana iby’iyo dosiye.
Algeria nyuma yo gushinja Maroc kugira uruhare mu bikorwa biyihungabanyiriza ituze n’umudendezo, yatangaje ko ishyizeho Visa ku Banyamaroc ku buryo ntawe uzongera kwinjira muri Algeria atabanje kuyisaba, mu gihe ubundi ntazo bajyaga basabwa.
Umugabo wo muri Thailand witwa Kittikorn Songsri, w’imyaka 36 y’amavuko, yiyemerera ko yatawe muri yombi yari amaze imyaka 20 akora ubuvuzi bwo kubaga abasore n’abagabo bashaka kongera ingano y’ibitsina byabo (Performing penis enlargement procedures), kandi nta mpamyabushobozi yabyo afite, kuko yize amashuri atatu yisumbuye (…)
Mu myaka 30 ishize Jenoside yakorewe Abatutsi ihagaritswe mu Rwanda, Igihugu cyakomeje kwiyubaka no kuzamuka mu nzego zitandukanye harimo ibijyanye no kubungabunga ibidukikije, koroshya ibijyanye no gukora ishoramari mu Rwanda, umutekano, kurwanya ruswa n’ibindi. Ariko urwego rugikeneye gukorwaho byinshi ni urwego rwa siporo.