Israel yagabye ibitero by’indege ku birindiro by’ingabo za Iran, hagwamo abasirikare bayo babiri hangirika n’ibindi bikorwa remezo bitari byinshi cyane.
Ikipe y’umupira w’amaguru yo mu Bufaransa ya Paris Saint-Germain (PSG), yanze kwishyura umwenda ifitiye Kylian Mbappé wahoze ayikinira.
Mu Bugiriki, umugabo w’imyaka 28 y’amavuko aherutse kubaranishwa n’urukiko rumuhamya icyaha cyo kubangamira abaturanyi be, kuko yahoraga avogera ingo zabo ajyanywe no kwinukiriza inkweto baba basize hanze kugira ngo zijyemo umwuka mwiza.
Muri Haiti, abantu basaga ibihumbi 10 bavuye mu byabo barahunga mu cyumweru gishize kubera umutekano muke baterwa n’udutsiko tw’amabandi yitwaza intwaro dukorera hirya no hino mu Murwa mukuru Port-au-Prince.
Muri Nigeria, impanuka y’indege ya kajugujugu yaguye muri Leta ya Port Harcourt, yaguyemo abantu batatu (3) abandi batanu (5) baburirwa irengero nk’uko byatangajwe na Minisiteri ishinzwe ibijyanye n’indege n’ibyogajuru muri icyo gihugu.
Perezida Daniel Francisco Chapo, watorewe kuyobora Mozambique, yavutse ku itariki 6 Mutarama 1977, avukira mu gace kitwa Inhaminga mu Ntara ya Sofala muri Mozambique.
Perezida Felix Tshisekedi mu ruzinduko yakoreye i Kisangani mu Ntara ya Tshopo, akaganira n’abaturage mu rurimi rw’Ilingala, yatangaje ko bikwiye ko habaho ivugurura ry’Itegeko Nshinga kuko irihari ubu, ryanditswe n’abanyamahanga rikaba ryifitemo ibintu bigomba guhinduka. Perezida Tshisekedi yavuze ibyo mu gihe ingingo yo (…)
Banki ya Kigali BK yateye inkunga ya Miliyoni eshanu z’ Amafaranga y’u Rwanda (5.000.000 Frw) gahunda y’ubukungarambaga bwo kurwanya kanseri y’ibere bwateguwe n’Ikigo ‘Breast Cancer Initiative East Africa (BCIEA)’ bukorwa buri mwaka hagamijwe kumenyekanisha kanseri y’ibere, gukangurira abantu kuyipimisha hakiri kare, ndetse (…)
Polisi yo mu Burengerazuba bw’Umujyi wa Düsseldorf mu Budage, yatangaje ko yatahuye resitora yacuruzaga Pizza ariko ikongeraho n’ikiyobyabwenge cya ‘Cocaïne’ ku bakiliya basabye Pizza ifite nomero ya 40 ku rutonde rwa Pizza zigurishwa muri iyo Resitora.
Mu rwego rw’Ukwezi kwahariwe kwita ku buzima bwo mu mutwe, gufite insanganyamatsiko igira iti ‘Twite ku buzima bwo mu mutwe aho dukorera’, bamwe mu bashinzwe kwita ku buzima bwo mu mutwe mu Karere ka Bugesera, basobanuye bimwe mu biranga umuntu ufite ubuzima bwo mutwe butameze neza cyangwa se bwahuye n’ikibazo cyabuhungabanyije.
Israel yemeje ko igisirikare cyayo cyishe Hachem Safieddine, wari mubyara wa nyakwigendera Hassan Nasrallah ndetse akaba ari we wahabwaga amahirwe yo kuzamusimbura ku buyobozi bw’umutwe wa Hezbollah.
Mu Karere ka Nyabihu, mu Murenge wa Bigogwe inzu y’ubucuruzi yibasiwe n’inkongi bimwe mu bicuruzwa birashya birakongoka, ibindi abaturage babisohoramo bitarashya.
Rigathi Gachagua wahoze ari Visi Perezida wa Kenya, yasabwe kwitaba Urwego rw’Ubugenzacyaha muri Kenya (DCI), kugira ngo asobanure ibyo yatangaje ko bagerageje kumwica kabiri kose bakoresheje uburozi.
Umugabo wo muri Colombia, yagize ibyago byo kwisanga yitiranwa n’umuntu amazina yombi kandi uwo bitiranwa ashakishwa n’inzego z’umutekano, bituma afungwa inshuro eshatu (3) mu myaka 13, kubera kumwitiranya.
Muri Argentine, umubyeyi yatanze ikirego mu rukiko mbonezamubano, asaba ko rumukuraho inshingano zo kwita ku mwana we w’umukobwa w’imyaka 22 mu buryo bw’amikoro (financially), kubera ko yanze kwiga Kaminuza ngo ayirangize ashake akazi yirwaneho.
Muri Nigeria Umujyi wa Igbo-Ora wamaze guhabwa izina ry’Umurwa w’impanga, kubera ko nta muryango n’umwe uwutuyemo utarabyara impanga nk’uko byemezwa n’Umwami w’ubwoko bw’Abayoruba bawutuye, kuko nawe ubwe yavukanye n’impanga.
Inzu ya Minisitiri w’Intebe wa Israel Benjamin Netanyahu, yagabweho igitero cy’indege zitagira abapilote ku bw’amahirwe gisanga adahari ndetse nticyagira n’abantu gihitana nk’uko byemejwe na Israel.
Mu cyumweru gishize, itangazamukru ryo mu Buhinde ryatangaje inkuru ibabaje y’umugabo n’umugore, batuye mu Burengerazuba bwa Bengal bakunda telefoni za iPhone bikabije kugeza aho bemera no kugurisha umwana wabo w’uruhinja kugira ngo bagure iyo telefoni igezweho ya iPhone 14.
Umucamanza mu rukiko rukuru rwa Kenya, Chacha Mwita yavuze ko nta Visi Perezida mushya uzashyirwaho asimbura Rigathi Gachagua, mbere y’itariki 24 Ukwakira 2024.
Umutwe wa Hamas nawo wemeje amakuru y’urupfu rw’umuyobozi wawo, Yahya Sinwar wafatwaga nk’intwari wishwe n’Ingabo za Israel muri Gaza, wongera no kwibutsa ko abaturage ba Israel batwawe bunyago bamaze umwaka muri Gaza batazasubirayo, intambara idahagaritswe n’ingabo za Israel zigasubira mu gihugu cyazo.
Muri Somalia, abantu barindwi (7), bapfuye bazize igisasu cyaturikijwe n’umwiyahuzi muri ‘Café’ iherereye mu Murwa mukuru wa Somalia, Mogadishu.
Mu Bushinwa umugabo yahanishijwe gufungwa amezi atandatu (6) muri gereza nyuma yo gufata umugore we aryamanye n’undi mugabo arimo kumuca inyuma, yarangiza akemera amafaranga yahawe nk’indishyi n’uwo mugabo.
Ubutegetsi bwa gisirikare buyoboye Igihugu cya Niger, bwatangiye gahunda yo guhindura amazina y’imihanda n’ahantu hatandukanye hitiriwe ubukoroni bw’u Bufaransa, hakitirirwa intwari cyangwa se amazina azwi cyane mu mateka ya Niger cyangwa se amazina azwiho ubutwari mu rwego rw’Umugabane w’Afurika.
Muri Congo-Brazzaville, Abaminisitiri n’abandi bakozi ba Leta babujijwe gukora ingendo zijya mu mahanga muri uyu mwaka wa 2024, kubera ibibazo by’ingengo y’imari bitameze neza, nk’uko byatangajwe na Guverinoma y’icyo gihugu.
Umugabo n’umugore we bo mu Buhinde, barashakishwa na Polisi nyuma yo kwishyuza abantu asaga miliyoni 4.1 z’Amadolari bababwira ko bagiye kubasubiza itoto bakoresheje imashini.
Umuryango w’Abibumbye (UN) wongeye kuvuga ku kibazo cy’ihohoterwa rikorerwa abimukira muri Tunisia, nyuma y’uko hatangajwe raporo yakozwe n’inzobere za UN zishinzwe uburenganzira bwa muntu, aho muri iyo nyandiko yakozwe n’izo nzobere bamaganye iryo hohoterwa rimaze igihe rikorwa muri icyo gihugu.
Umugore wo muri Brazil yeguriye ubuzima bwe gushakisha umwicanyi wishe Se kugira ngo agezwe mu butabera, bituma ajya no mu gipolisi ariko ashirwa afashe uwo mwicanyi nyuma y’imyaka 25 akoze ubwo bwicanyi. Bituma umuryango wiruhutsa ko ugiye kubona ubutabera.
Igitero cy’indege zitagira abapilote cyagabwe n’umutwe wa Hezbollah cyishe abasirikare 4 ba Israel, kinakomerekeramo abantu 60, bikaba byatangajwe ko ari kimwe mu bitero bikomeye bibayeho bikagwamo abantu benshi kuva Israel yakwinjira mu ntambara yeruye n’uwo mutwe wa Hezbollah ubarizwa mu gihugu cya Lebanon, ku itariki 23 (…)
Muri Kenya, umukobwa ufite ubumuga yatewe n’indwara y’imbasa, yirukanywe iwabo mu rugo kugira ngo barumuna be babone uko barambagizwa bashake abagabo.