Umugabo wo muri Taiwan, yahanishijwe gufungwa amezi abiri muri gereza no gutanga amande ya miliyoni 3.04 z’Amadorali akoreshwa muri icyo gihugu (ni ukuvuga Amadolari y’Amerika 91.350), nyuma y’uko inyoni ye ya Gasuku, itumye umuntu wari urimo muri siporo yo kwiruka agwa, aravunika.
Umugore wo mu Bushinwa, waremanywe umwihariko wo kugira nyababyeyi ebyiri, yabyaye abana b’impanga, buri mwana akaba yarakuriye muri nyababyeyi ye yihariye.
Mama w’umuhanzi w’icyamamare Diamond Platnumz, yavuze ko yifuza ko umwana we yashaka umugore, nibura nawe akagira umugore babana, ariko cyane cyane yifuza ko umugore yashaka yaba yubaha Imana kandi asenga.
Muri Ghana, sosiyete sivile, amashyirahamwe n’amahuriro atandukanye (syndicats) ndetse n’abahagarariye amashyaka atavuga rumwe na Leta muri icyo gihugu batangije imyigaragambyo y’iminsi itatu itangira uyu munsi ku wa Kane tariki 3 Nzeri 2024.
Mu gihe hizihizwaga umunsi mpuzamahanga w’abageze mu zabukuru, wizihizwa buri mwaka ku itariki ya 1 Ukwakira, mu Karere ka Bugesera mu Murenge wa Ntarama aho wizihirijwe barashima Leta ko abageze mu zabukuru bafatwa neza bakitabwaho mu buryo butandukanye.
Abantu umunani baguye mu mpanuka y’indege ya kajugujugu y’igisirikare cya Colombia kirwanira mu kirere, yahanutse ubwo yari mu bikorwa by’ubutabazi mu by’ubuvuzi mu Burasirazuba bw’icyo gihugu ahitwa i Vichada nk’uko byemejwe na Perezida w’icyo gihugu Gustavo Petro.
Muri Thailand umugore wari urwaye, yikubise hasi mu biro ku kazi yitaba Imana nyuma y’uko yari yasabye umukoresha we uruhushya rwo kuruhuka akarumwima.
Muri Kenya, umugabo yafatanywe imodoka yari yarabuze itwawe n’umushoferi w’umugore ukomoka mu Mujyi wa Mombasa nyuma akaburirwa irengero, ubu akaba arimo kubazwa uko yabonye iyo modoka ndetse n’aho uwari uyitwaye yagiye.
Muri Espagne mu Mujyi wa Barcelona, umugabo yahanishijwe gufungwa umwaka wose muri gereza nyuma y’uko urukiko rumuhamije icyaha cyo guhangayikisha abaturanyi be kubera gucuranga umuziki buri joro mu gihe cy’imyaka itanu, kandi agacuranga kugeza bukeye.
Muri Kenya, Abadepite mu Nteko Ishinga Amategeko, 242 bemeje ubusabe bwo kweguza Visi Perezida Rigathi Gacagua, mu gihe Depite Didmus Barasa yahawe inshingano zo gukurikirana iby’iyo dosiye.
Algeria nyuma yo gushinja Maroc kugira uruhare mu bikorwa biyihungabanyiriza ituze n’umudendezo, yatangaje ko ishyizeho Visa ku Banyamaroc ku buryo ntawe uzongera kwinjira muri Algeria atabanje kuyisaba, mu gihe ubundi ntazo bajyaga basabwa.
Umugabo wo muri Thailand witwa Kittikorn Songsri, w’imyaka 36 y’amavuko, yiyemerera ko yatawe muri yombi yari amaze imyaka 20 akora ubuvuzi bwo kubaga abasore n’abagabo bashaka kongera ingano y’ibitsina byabo (Performing penis enlargement procedures), kandi nta mpamyabushobozi yabyo afite, kuko yize amashuri atatu yisumbuye (…)
Mu myaka 30 ishize Jenoside yakorewe Abatutsi ihagaritswe mu Rwanda, Igihugu cyakomeje kwiyubaka no kuzamuka mu nzego zitandukanye harimo ibijyanye no kubungabunga ibidukikije, koroshya ibijyanye no gukora ishoramari mu Rwanda, umutekano, kurwanya ruswa n’ibindi. Ariko urwego rugikeneye gukorwaho byinshi ni urwego rwa siporo.
Icyamamare Zari Hassan wahoze ari umugore w’umuhanzi Diamond Platnumz ndetse bakaba barabyaranye, yizihije isabukur y’imyaka 44 y’amavuko, yaba Diomand ntiyaza mu birori ndetse na Shakib Lutaaya umugabo wa Zari bari kumwe ubu ntiyabizamo, maze bamwe mu bakoresha imbuga nkoranya mbaga babivugaho byinshi.
Mu nama y’Akanama ka UN gashinzwe amahoro n’umutekano Isi, i New York, Perezida Volodymyr Zelensky wa Ukraine, yamaganye ibyaha by’intambara birimo gukorwa n’u Burusiya mu gihugu cye, asaba ko Putin ahatirwa guhagarika intamabara akayoboka amahoro.
Muri Kenya, umuganga witwa Dr Desree Moraa Obwogi, wakoraga mu bijyanye no gutera ibinya abarwayi bagiye kubagwa mu Bitaro byitwa Hospital Gatundu Level 5, yasanzwe mu nzu ye yapfuye, aho inshuti zatangaje ko urupfu rwe rwaba rwatewe n’akazi kenshi kugarije abaganga bo muri icyo gihugu.
Muri Tanzania mu Ntara ya Kagera, umwarimu witwa Adrian Tinchwa w’imyaka 36 y’amavuko, wigisha ku ishuri ribanza rya Igurwa, yatawe muri yombi na Polisi, akurikiranyweho kwica umunyeshuri witwa Phares Buberwa, wigaga mu mwaka wa gatatu kuri iryo shuri ariko mu yisumbuye.
Pasiteri James Ng’ang’a uzwi cyane mu bakunda kwigisha ijambo ry’Imana babinyujije kuri televiziyo, ndetse akaba ari we washinze Itorero rya ‘Neno Evangelism’ muri Kenya, yatangaje ko abagore 700 bimutse bakava mu rusengero rwe nyuma y’uko aberetse umugore we mushya yashatse witwa Murugi Maina.
Muri Lebanon, abantu abantu 492 harimo abana 35, bapfuye mu munsi umwe wo ku wa Mbere tariki 23 Nzeri 2024, baguye mu bitero byagabwe na Israel nk’uko byatangajwe na Minisiteri y’Ubuzima ya Lebanon, aho yanemeje ko abandi 1,645 bakomerekeye muri ibyo bitero.
Perezida William Ruto, yasuye Abapolisi 400 ba Kenya bari muri Haiti, avuga ko hari n’abandi 600 bitegura koherezwa muri icyo guhugu mu byumweru bikeya biri imbere.
Muri Niger, imvura nyinshi yateje imyuzure yatumye itangira ry’umwaka w’amashuri ryigizwa inyuma hafi ukwezi kose, nk’uko byatangajwe na Guverinoma y’iki gihugu.
Imfungwa 1,685 zari zifungiye muri gereza ya Makala iherereye muri Komini ya Selembao mu Mujyi wa Kinshasa, zafunguwe bikozwe na Minisitiri w’Ubutabera ku itegeko bivugwa ko ryatanzwe na Perezida Félix Tshisekedi, kubera impamvu z’uburwayi kuko abenshi mu bafunguwe ngo ntibashoboraga no kugenda kubera ibisebe binini (…)
Mu Buhinde, umuganga arashinjwa kuba nyirabayazana w’urupfu rw’umwana w’umuhungu w’imyaka 15 y’amavuko, nyuma yo kumubaga avuga ko agiye kumukuramo utubuye two mu gasabo k’indurwe kandi nta bumenyi abifitiye, akabikora arebera kuri videwo zo kuri YouTube.
Umugabo wo mu Bushinwa, uri mu myaka 60 y’amavuko yakuwe amenyo 23 aterwamo n’andi 12 ku munsi umwe, bimuviramo gupfa, nyuma yo kwivuriza ku ivuriro ry’amenyo ryabugenewe.
Umuyobozi mukuru mu bagize umutwe wa Hezbollah, Ibrahim Aqil, yaguye mu gitero cyagabwe na Israel mu Majyepfo y’Umujyi wa Beirut.
Muri Uganda, umugabo yahururanye umuhoro agiye kurwanya umuturanyi we wamusambanyirizaga umugore, ariko agira ibyago asanga amurusha ingufu, ahita amutemesha uwo muhoro amuca ukuboko.
Minisitiri w’Intebe wa Australia, Anthony Albanese, yatangaje icyumweru cya nyuma cyo kwitegura guca burundu ikoreshwa rya telefoni zigezweho n’imbuga nkoranyambaga ku bana bafite munsi y’imyaka 17.
Mu Buyapani, umugabo w’imyaka 38 y’amavuko yatawe muri yombi n’inzego z’umutekano, kubera guhamagara umugore kuri telefoni inshuro zirenga 100 ku munsi yiyoberanyije, kandi no mu gihe amwitabye ntagire icyo avuga agaceceka kugeza ubwo umugore akupye telefoni.
Muri Espagne, umugabo yihimbiye inzira itangaje yo kubona amafaranga, aho yica ubukwe bw’abandi cyangwa se agateranya umukwe n’umugeni abeshya ko akundana n’umwe muri bo, bagashwana. Ibyo bigatuma hari abamwishyura kugira ngo yice ubukwe bwabo igihe bumva batabushaka cyangwa se ubw’inshuti zabo batifuriza gukora ubukwe.
Umugore yatangiye gusaba gatanya nyuma y’iminsi 40 gusa akoze ubukwe, akavuga ko abangamiwe cyane no kuba umugabo we atajya yoga, ku buryo muri iyo minsi yose 40 bamaze babana, ngo yihanaguje amazi inshuro esheshatu gusa, nabwo umugore yabanje kumutakambira.