Abaturage bo muri Sudani y’Epfo, baravuga ko barimo kwicwa n’inyota bitewe no kubura amazi meza yo kunywa, nyuma y’uko imyuzure yibasiye Amajyepfo y’icyo gihugu yatumye amazi yivanga na Peteroli.
Umugabo wo mu Bushinwa yasabye gatanya n’umugore we, nyuma yo kubyara umwana wirabura nyamara avuga ko nta na rimwe aragera muri Afurika ndetse ko nta n’umugabo w’umwirabura n’umwe azi mu buzima bwe.
Amashyaka menshi atavuga rumwe na Leta muri Benin, harimo n’irya Thomas Boni Yayi wigeze kuba Perezida w’icyo gihugu yishyize hamwe agamije kugarura demokarasi bivugwa ko yangiritse, no gukorera hamwe mu rwego rwo gushaka uko amatora y’umukuru w’igihugu ateganyijwe mu 2026 azaba mu mucyo no mu bwisanzure.
Inama nkuru y’ubutegetsi bw’inzibacyuho muri Haïti yafashe icyemezo cyo kweguza Minisitiri w’Intebe Garry Conille, kuri uyu mbere tariki 11 Ugushyingo 2024, nyuma yo kunanirwa kugarura ituze mu gihugu, ubu udutsiko tw’amabandi tukaba tugenzura 80 % by’Umurwa mukuru Port-au-Prince.
Muri Uganda, Pasiteri Rufus Amaku yakoze ikizamini cya Leta gisoza amashuri abanza ku myaka 54 y’amavuko, ari kumwe n’abanyeshuri bagenzi be, yambaye impuzankano zimwe nabo, arabasengera mbere yo gutangira ikizamini maze bivugisha benshi mu babonye ayo mashusho ye ku mbuga nkoranyambaga.
Mu Bwongereza, urwego rushinzwe ubuzima (U.K. Health Security Agency) rwatangaje ko rwabonye abantu Abatatu bafite virusi nshya ya ‘mpox’ cyangwa se ubushita bw’inkende, abo bose uko ari batatu ngo baba mu rugo rumwe n’umurwayi wagaragaweho n’iyo ndwara bwa mbere, ubu bose bakaba barimo kuvurirwa mu bitaro bya Londres.
Muri Gabon, kuri uyu wa Kane tariki 7 Ugushyingo 2024, hatangijwe igikorwa cy’amatora ya Referendum, aho abaturage basabwa gutora bifata, bemeza cyangwa se bahakana mushinga wo kuvugurura Itegeko Nshinga.
Perezida Donald Trump wongeye gutorerwa kuyobora Leta Zunze Ubumwe z’Amerika nyuma yo gutsinda Kamala Harris bari bahanganye, yatangaje ko azita mu gushyira mu bikorwa ibyo yasezeranyije abamushyigikiye.
Umugore wo muri Malaysia, yatangaje ko nyuma yo kumara imyaka itandatu yita ku mugabo we wari wakomerekeye mu mpanuka y’imodoka, bikarangira adashobora kwifasha ikintu na kimwe, yaje gukira yongera gutangira kugenda, ariko ahita asaba gatanya ndetse ahita asezerana n’undi mugore.
Muri Israel, Minisitiri w’ingabo mushya, Israel Katz yizeje ko azatsinda abanzi b’Igihugu cye kandi akagera ku ntego z’intambara kirimo zo kurwanya imitwe ya Hamas na Hezbollah.
Mu kiganiro aherutse kugirana n’igitangazamakuru cya CSIS, Gen (Rtd) James Kabarebe yasobanuye byinshi ku mubano w’u Rwanda na Repubulika Iharanira Demokarasi ya Congo, avuga ko uhereye mu mateka y’igihe cy’ubukoroni kugeza ubu, usangamo byinshi byagombye gutuma u Rwanda na RDC biba inshuti zikomeye, kuko muri ayo mateka (…)
Umwe mu batavuga rumwe n’ishyaka riri ku butegetsi muri Mozambique, Venâncio Mondlane watsinzwe amatora y’Umukuru w’Igihugu aheruka, akaza ku mwanya wa Kabiri yatangaje ko yarusimbutse yari agiye kwicirwa muri Afurika y’Epfo aho yahungiye nyuma yo gutsindwa muri ayo matora, ariko akagira amahirwe agacika n’umuryango we.
U rwanda rwitabiriye imurikagurisha mpuzamahanga riri kubera mu Bushinwa, mu Mujyi wa Shanghai rigamije guha ibihugu umwanya wo kwiyerekana no kugaragaza ibyo byohereza ku isoko ryo mu Bushinwa (China International Import Expo, CIIE).
Urwego rw’Igihugu rw’Ubugenzacyaha, RIB, rwatangaje ko rwataye muri yombi uwitwa Rurangirwa Wilson uzwi cyane nk’Umupfumu Salongo, ukurikiranyweho ibyaha bitandukanye. Salongo yatawe muri yombi ku itariki 31 Ukwakira 2024.
Mu Buhinde, abantu 36 baguye mu mpanuka y’imodoka ya bisi yavuze feri igeze mu misozi, ita umuhanda irahirima mu Majyaruguru ya Leta ya Uttarakhand.
Umunyamabanga wa Leta muri Minisiteri y’Ububanyi n’Amahanga n’Ubutwererane ushinzwe ubufatanye n’Akarere, Gen(Rtd) James Kabarebe, mu kiganiro yagiranye n’igitangamakuru cya CSIS, yasobanuye byinshi ku bijyanye n’umubano w’u Rwanda n’ibihugu bituranye na rwo harimo Uganda, u Burundi ndetse na Repubulika Iharanira Demokarasi (…)
Ikoreshwa ry’imbuga nkoranyambaga mu Birwa bya Maurice (île Maurice), ryahagaritswe by’agateganyo kugeza igihe amatora Igihugu kigiye kwinjiramo azaba arangiye ku itariki 11 Ugushyingo 2024.
Mu matora y’Umukuru w’Igihugu yabaye muri Botswana ku wa Gatatu tariki 30 Ukwakira 2024, ibyayavuyemo bitangazwa kuri uyu wa Gatanu tariki 1 Ugushyingo 2024, Ishyaka rya Botswana Democratic Party (BDP) ryari rimaze imyaka 58 ku butegetsi ryatsinzwe ayo matora, ku buryo bukomeye.
Umusore w’imyaka 23 wo muri Argentine, yishwe n’umukobwa bakundanaga amuziza gusa kuba yari asuhujwe n’undi mukobwa bahuruye ku muhanda, akamubaza amakuru kuko bari bariganye.
Pasiteri Ebuka Obi wo muri Nigeria, mu gihe yarimo abwiriza ijambo ry’Imana, yavuze ko umugabo mukuru ufite imyaka 40 kuzamura, ugurira umugore we imodoka mbere yo kuyigurira nyina, aba atagira ubwenge.
Perezida wa Botswana ucyuye igihe Mokgweetsi Eric Keabetswe Masisi, yatangaje ko yemera ko ishyaka rye ryatsinzwe, ariko yemeza ko azakora ku buryo ihererekanya ry’ubutegetsi hagati ye n’uwatsinze amatora rigenda neza ku buryo bushoboka.
Madamu Jeannette Kagame witabiriye inama mpuzamahanga ku iterambere ry’umuryango i Doha muri Qatar, inama yanahuriranye no kwizihiza isabukuru y’imyaka 30 y’Umwaka Mpuzamahanga w’Umuryango, yatanze ibitekerezo byafasha mu kurandura ubukene bukabije busa n’uruhererekane, ariko habanje kwita ku kumenya impamvu zabwo, (…)
Muri Espagne, hatangajwe icyunamo cy’iminsi itatu nyuma y’imvura nyinshi idasanzwe kandi yatunguranye yaguye ku munsi w’ejo ku wa Gatatu tariki 30 Ukwakira 2024, igateza imyuzure yahitanye yishe abantu bagera kuri 95.
Leta ya Tchad yahamagariye umuryango mpuzamahanga kongera inkunga utanga mu bikorwa byo kurwanya umutwe w’iterabwoba wa Boko Haram, nyuma y’uko ku cyumweru tariki 27 Ukwakira 2024, ugabye igitero ku birindiro by’ingabo z’Igihu biherereye mu gace kazwi nka Lac Tchad mu Burengerazuba bw’Igihugu, kikagwamo abasirikare bagera (…)
Mu Rwanda, ubu umuntu wifuza gutunga icyanya kamere cye ku giti cye, yemerewe kuba yagitunga nk’uko biteganywa n’itegako N0 001/ryo ku wa 13/01/2023 rigenga pariki z’Igihugu n’ibyanya kamere nyuma yo kubihererwa uburenganzira.
Umuvugizi w’Ubushinjacyaha, Nkusi Faustin, yatangaje ko dosiye ya Miss Muheto Nshuti Divine, yamaze kugezwa mu Rukiko rw’Ibanze rwa Kicukiro, akaba agiye gutangira kuburanishwa ku byaha akurikiranyweho.
Abanya-Espagne babarirwa mu bihumbi bo mu Birwa bya Canaries, bakoze imyigaragambyo bamagana abimukira baturuka muri Afurika, binjira mu gihugu mu buryo bunyuranyije n’amategeko bakoresheje amato.
Umutwe wa Hezbollah wabonye umuyobozi mushya witwa Naïm Qassem akaba asimbuye Hassan Nasrallah, wari umuyobozi wa Hezbollah akaba yarapfuye mu kwezi kwa Nzeri 2024 aguye mu bitero Israel yagabye muri Liban.
Muri Kenya, umukobwa w’imyaka 24 yasanzwe yapfuye umurambo we wajugunywe mu gihuru kiri hafi y’iwabo mu rugo, ahitwa i Ngong, ariko agakayi yandikagamo gahunda ze z’umunsi gafasha Polisi kubona amakuru yerekeye urupfu rwe.
Kurya vuba vuba, umuntu ntagire umwanya wo gukanjakanja neza, ubushakshatsi bwagaragaje ko bigira inguruka ku mubiri kuko bishobora kuba intandaro yo kurwara indwara zitandukanye harimo na Diyabete yo mu bwoko bwa 2 ndetse n’umuvuduko w’amaraso ukabije bijyana no kugira ibiro byinshi.