Ousmane Sonko utavuga rumwe n’ubutegetsi buriho muri Senegal, yongeye kwemererwa kujya ku rutonde rw’abazahatana mu matora y’Umukuru w’igihugu, ateganyijwe muri Gashyantare 2024.
Guhera kuri uyu wa Gatanu tariki 15 Ukuboza 2023, ahabera imyidagaduro ni ukuvuga mu tubari, utubyiniro na za resitora, hongerewe amasaha yo gukora nijoro, muri iki gihe u Rwanda rwinjiye mu minsi mikuru.
Umubyinnyi Ishimwe Thierry uzwi cyane ku izina rya Titi Brown agiye gusubira mu Rukiko, nyuma y’uko Ubushinjacyaha bwajuririye icyemezo cyari cyafashwe n’Urukiko Rwisumbuye rwa Nyarugenge ku itariki 10 Ugushyingo 2023, cyo kumugira umwere.
Minisitiri w’Intebe wa Israel, Benjamin Netanyahu, yavuze ko “iri ari itangiriro ryo kurangira kwa Hamas", kandi intambara ikomeje, bityo asaba abarwanyi b’uwo mutwe gushyira intwaro hasi bakamanika amaboko, bakishyikiriza ingabo za Israel.
Ubwumvikane bukeya hagati y’u Bushinwa na Philippine butuma umutekano w’amato mu nyanja Chine Méridionale, ukomeza kuba ikibazo kuko ibihugu byombi biba byitana ba mwana.
Ubutumwa bw’Umuryango w’Abibumbye (UN) muri Mali bwarangiye nyuma y’imyaka icumi bwari bumaze. Ubutegetsi bw’igisirikare buyoboye Mali nyuma ya ‘Coup d’Etat’ bwashatse ko ubutumwa bwa UN muri icyo gihugu burangira, nubwo hakiri ibibazo by’imitwe y’iterabwoba n’ibibazo bya politiki bikomeye.
Abantu babarirwa muri 30 bo muri Komini ya Fô, mu Burengerazuba bwa Burkina Faso, bishwe n’abantu bambaye imyenda ya gisirikare batahise bamenyekana, bakaba barabishe babasanze mu isoko.
Perezida Vladimir Putin yatangaje ko aziyamamaza mu matora y’Umukuru w’igihugu, ateganyijwe mu Burusiya mu mwaka utaha wa 2024.
Abaganga bo muri Israel, baherutse gutangaza ko bamwe mu basirikare b’icyo gihugu barwanira ku butaka bari ku rugamba muri Gaza, bafashwe n’indwara ya Shigellosis/ Shigellose iterwa na bagiteri ya Shigella, ikaba ari indwara mbi ituma umuntu wayanduye agira ibimenyetso birimo kuribwa mu nda cyane n’impiswi ishobora kuzamo (...)
Abantu bagera kuri Miliyoni 600 ku Mugabane w’Afurika ntibaragerwaho n’amashanyarazi, kandi uko kutagira amashanyarazi bigira uruhare mu gutuma baguma mu bukene. Mu rwego rwo kurwanya ubwo bukene Banki y’Isi yiyemeje gushora agera kuri Miliyari eshanu z’Amadolari, kugira ngo itange amashanyarazi ku bantu bagera kuri (...)
Muri Côte d’Ivoire, abaturage bafite ibibazo byo kutabona serivisi z’ubuvuzi, bitewe n’ibibazo bitandukanye birimo ibura ry’abaganga n’amavuriro atemewe, nk’uko byatangajwe muri raporo iheruka ya Komisiyo y’Igihugu y’Uburenganzira bwa muntu (CNDH).
Gen. Alain-Guillaume Bunyoni wabaye Minisitiri w’Intebe w’u Burundi, yakatiwe n’Urukiko rw’ikirenga igihano cyo gufungwa burundu ari muri gereza, nyuma yo guhamwa n’ibyaha birimo gushaka guhirika ubutegetsi no kwica Umukuru w’igihugu.
Umugore wo mu Bushinwa yisanze yahawe fagitire y’Amadolari 60,000 nyuma yo kujya muri resitora n’inshuti ze, maze agafotora ibiryo bari bagiye kurya, agashyira ifoto yabyo ku rubuga nkoranyambaga.
Hunter Biden, umuhungu wa Perezida wa Amerika, Joe Biden, akurikiranywe n’Ubutabera bw’aho muri Amerika, akekwaho gukwepa imisoro abinyujije mu nzira zitandukanye.
Umuryango wa G5 Sahel ugizwe n’ibihugu bitanu birimo Mali, Burkina Faso, Mauritania, Niger ndetse na Tchad, washinzwe mu 2014 mu rwego rwo guhuriza hamwe imbaraga zo guhangana n’ibyihebe n’iterabwoba byibasiye ibyo bihugu guhera mu myaka hafi 20 ishize, washeshwe nyuma y’uko bigaragaye ko ntacyo ukimaze, nyuma y’uko (...)
Minisiteri y’ububanyi n’amahanga y’igihugu cya Niger yatangaje ko Leta y’icyo gihugu ihagaritse amasezerano y’ubufatanye mu bya Gisirikare cyari gisanzwe gifitanye n’Umuryango w’Ubumwe bw’u Burayi (UE/EU).
Guverinoma ya Tanzania yatangaje ko izishyura ibikenewe byose mu gushyingura abantu 50 bishwe n’imyuzure n’inkangu byatewe n’imvura nyinshi yaguye mu gace ka Katesh-Hanang mu Ntara ya Manyara.
Juanita Castro, umwe muri bashiki ba Fidel na Raul Castro, ariko utarigeze akorana n’ubutegetsi bw’abo bombi, yapfuye ku myaka 90 y’amavuko nk’uko byatangawe na Radio mpuzamahanga y’abafaransa RFI.
Muri Amerika, umugabo utaravuzwe amazina kubera impamvu z’umutekano w’amafaranga ye ngo yabaye uwa kabiri utsindiye za Miliyoni zisaga 400 z’Amadolari mu mateka ya tombora ya ‘Mega Millions lottery’, nyuma ajyana umugore babyaranye umwana w’umukobwa mu rukiko, kuko yamennye ibanga ry’uko yatsinze muri Tombora kandi bari (...)
Umugabo n’umugore bo mu gihugu cy’U Buhinde biyiciye abana babo batatu barangije nabo bariyahura, nyuma y’uko bari bamaze igihe bahozwa ku nkeke na nyir’inzu bakodeshaga kuko bari bamufitiye umwenda.
Raporo y’Ishami ry’Umuryango w’Abibumbye ryita ku Buzima WHO/OMS ya 2023, yagaragaje ko imibare y’abicwa na Malaria muri Afurika yagabanutse muri iyi myaka ibiri yikurikiranya.
Umuhanzi w’umunya-Nigeria, akaba icyamamare mu njyana ya ‘Afrobeats’ Divine Ikubor uzwi ku mazina y’ubuhanzi nka Rema, yatangaje ko ahagaritse ibitaramo byose yateganyaga mu Kwezi k’Ukuboza 2023, kugira ngo abanze yite ku buzima bwe.
Umunyeshuri w’umukobwa w’imyaka 19 y’amavuko, ari mu maboko y’Urwego rw’Ubugenzacyaha (RIB) guhera tariki 01 Ukuboza 2023, aho arimo akorwaho iperereza nyuma y’uko hari umurambo w’umwana wabonetse aho bajugunya imyanda muri Kaminuza y’u Rwanda (UR), Ishami rya Huye. Uwo murambo wabonywe n’abakora isuku mu macumbi (...)
Faustin Twagiramungu wabaye Minisitiri w’Intebe w’u Rwanda mu 1994 nyuma ya Jenoside yakorewe Abatutsi, yitabye Imana mu gitondo kuri uyu wa Gatandatu tariki 02 Ukuboza 2023 ari i Buruseli mu Bubiligi.
Indege ya Kompanyi ya Lufthansa yavaga mu Mujyi wa Munich mu Budage igana mu Mujyi wa Bangkok muri Thailand yisanze igomba guhagarara by’igitaraganya kubera umugabo n’umugore we bari barimo kuyirwaniramo, Abapilote biyemeza guhagarara byihuse ku kibuga cy’indege cya ‘Indira Gandhi International Airport (IGI)’ mu Buhinde, (...)
Raila Odinga, umuyobozi w’ishyaka rya ‘Muungano wa Azimio la Umoja One Kenya’ yemeza ko ubutegetsi wa Ruto bwavumwe n’Imana kubera ko yibye intsinzi ubundi yari iye. Ati ubu " ikintu cyose akozeho kirabora".
Banki ya Kigali (BK), yatangaje ko ifite gahunda yo kuzaba yamaze gushyira serivisi zayo zose mu ikoranabuhanga mu myaka ibiri iri imbere, bijyanye n’uko irimo gukora neza yifashishije serivisi zamaze gushyirwa mu ikoranabuhanga.
Mu gihe hasigaye ibyumweru bitatu gusa amatora ya Perezida wa Repubulika muri Congo-Kinshasa akaba, Umuryango w’Ubumwe bw’u Birayi (EU/UE), watangaje ko uhagaritse gahunda yo kuzaba indorerezi muri ayo matora.
Abantu bitwaje intwaro, bivugwa ko ari abavandimwe babiri bakomoka mu Burasirazuba bwa Yeruzalemu, bagabye igetero aho imodoka za bisi zihagarara, batangira kurasa mu bantu bari bategereje imodoka, bica batatu abandi 13 barakomereka.
Henry Kissinger, wahoze ari Umunyamabanga wa Leta muri Leta ya Richard Nixon wanabaye umwe mu bantu bakomeye cyane muri politiki y’ububanyi n’amahanga ya Leta zunze ubumwe za Amerika mu kinyejana cya 20, yitabye Imana ku myaka 100.