Mu cyumweru gishize, itangazamukru ryo mu Buhinde ryatangaje inkuru ibabaje y’umugabo n’umugore, batuye mu Burengerazuba bwa Bengal bakunda telefoni za iPhone bikabije kugeza aho bemera no kugurisha umwana wabo w’uruhinja kugira ngo bagure iyo telefoni igezweho ya iPhone 14.
Umucamanza mu rukiko rukuru rwa Kenya, Chacha Mwita yavuze ko nta Visi Perezida mushya uzashyirwaho asimbura Rigathi Gachagua, mbere y’itariki 24 Ukwakira 2024.
Umutwe wa Hamas nawo wemeje amakuru y’urupfu rw’umuyobozi wawo, Yahya Sinwar wafatwaga nk’intwari wishwe n’Ingabo za Israel muri Gaza, wongera no kwibutsa ko abaturage ba Israel batwawe bunyago bamaze umwaka muri Gaza batazasubirayo, intambara idahagaritswe n’ingabo za Israel zigasubira mu gihugu cyazo.
Muri Somalia, abantu barindwi (7), bapfuye bazize igisasu cyaturikijwe n’umwiyahuzi muri ‘Café’ iherereye mu Murwa mukuru wa Somalia, Mogadishu.
Mu Bushinwa umugabo yahanishijwe gufungwa amezi atandatu (6) muri gereza nyuma yo gufata umugore we aryamanye n’undi mugabo arimo kumuca inyuma, yarangiza akemera amafaranga yahawe nk’indishyi n’uwo mugabo.
Ubutegetsi bwa gisirikare buyoboye Igihugu cya Niger, bwatangiye gahunda yo guhindura amazina y’imihanda n’ahantu hatandukanye hitiriwe ubukoroni bw’u Bufaransa, hakitirirwa intwari cyangwa se amazina azwi cyane mu mateka ya Niger cyangwa se amazina azwiho ubutwari mu rwego rw’Umugabane w’Afurika.
Muri Congo-Brazzaville, Abaminisitiri n’abandi bakozi ba Leta babujijwe gukora ingendo zijya mu mahanga muri uyu mwaka wa 2024, kubera ibibazo by’ingengo y’imari bitameze neza, nk’uko byatangajwe na Guverinoma y’icyo gihugu.
Umugabo n’umugore we bo mu Buhinde, barashakishwa na Polisi nyuma yo kwishyuza abantu asaga miliyoni 4.1 z’Amadolari bababwira ko bagiye kubasubiza itoto bakoresheje imashini.
Umuryango w’Abibumbye (UN) wongeye kuvuga ku kibazo cy’ihohoterwa rikorerwa abimukira muri Tunisia, nyuma y’uko hatangajwe raporo yakozwe n’inzobere za UN zishinzwe uburenganzira bwa muntu, aho muri iyo nyandiko yakozwe n’izo nzobere bamaganye iryo hohoterwa rimaze igihe rikorwa muri icyo gihugu.
Umugore wo muri Brazil yeguriye ubuzima bwe gushakisha umwicanyi wishe Se kugira ngo agezwe mu butabera, bituma ajya no mu gipolisi ariko ashirwa afashe uwo mwicanyi nyuma y’imyaka 25 akoze ubwo bwicanyi. Bituma umuryango wiruhutsa ko ugiye kubona ubutabera.
Igitero cy’indege zitagira abapilote cyagabwe n’umutwe wa Hezbollah cyishe abasirikare 4 ba Israel, kinakomerekeramo abantu 60, bikaba byatangajwe ko ari kimwe mu bitero bikomeye bibayeho bikagwamo abantu benshi kuva Israel yakwinjira mu ntambara yeruye n’uwo mutwe wa Hezbollah ubarizwa mu gihugu cya Lebanon, ku itariki 23 (…)
Muri Kenya, umukobwa ufite ubumuga yatewe n’indwara y’imbasa, yirukanywe iwabo mu rugo kugira ngo barumuna be babone uko barambagizwa bashake abagabo.
Inzego zishinzwe umutekano muri Espagne, zataye muri yombi umugabo watangaga serivisi zo kwishyiraho amakosa yo mu muhanda yakozwe n’abandi, akayahanirwa bakamwishyura amafaranga kugira ngo dosiye zabo zikomeze kuba zimeze neza.
Muri Tanzania, umwana w’umuhungu w’imyaka 14 wigaga mu mwaka wa kabiri w’amashuri yisumbuye, yabuze mu gihe yari mu rugendoshuri hamwe n’abandi banyeshuri bagenzi be, nyuma aza kuboneka amaze iminsi 26 azenguruka muri iryo shyamba ashaka inzira yamusubiza mu rugo yarayibuze.
Umukecuru w’imyaka 90 y’amavuko wo muri muri Kenya, ahitwa Nyeri yahaye uruhushya umugabo we rwo gushaka umugore wa kabiri, amwizeza ko ubu adashobora kumubuza gushaka undi mugore.
Perezida wa Turkey, Recep Tayyip Erdoğan yise Israel kuba ihuriro ry’iterabwoba rya Kiyahudi kubera ibitero byayo muri Lebanon no muri Gaza.
Banki ya Kigali (BK), ubwo yitabiraga umwiherero w’Abanyarwanda bo muri Diaspora wabereye muri Denmark mu Mujyi wa Copenhagen, ku matariki 5-6 Ukwakira 2024, yagaragaje ko ari umwanya ukomeye wo guhurira hamwe bakaganira ku bintu bitandukanye birebana n’u Rwanda nk’Igihugu bakomokamo.
Umupilote w’indege ya sosiyete y’ubwikorezi bwo mu kirere ya Turkish Airlines yo muri Turkiya, yapfuye bitunguranye mu gihe yari atwaye indege yari mu rugendo ruva muri Amerika rugana mu Mujyi wa Istanbul muri Turkiya.
Muri Leta zunze Ubumwe z’Amerika, umukandida Depite wo mu ishyaka ry’Abarepubulikani, yitije umugore n’abana b’inshuti ye bamaranye igihe agamije kubakoresha mu mafoto n’amashusho (Video), yo kwiyayamaza kugira ngo agaragaze ko agira umuryango kandi mu by’ukuri ngo nta mugore cyangwa abana agira, ahubwo yibanira n’imbwa ye gusa.
Visi Perezida wa Kenya Rigathi Gachagua, abinyujije ku rubuga nkoranyambaga rwa X, yagaragaje imirongo yo muri Bibiliya irimo kumufasha kunyura mu bihe bigoye byo kweguzwa ku butegetsi, kandi akaba ari we wa mbere bibayeho mu mateka ya Kenya.
Pasiteri Ng’ang’a James wo muri Kenya washinze itorero rya Neno Evangelism Centre, yagaye amaturo abakirisitu batanze avuga ko ari makeya cyane ugereranyije n’ubwinshi bw’abantu baba bari mu rusengero, bamwe mu bamukurikira ku mbuga nkoranyambaga baramunenga.
Muri uku kwezi k’Ukwakira 2024, Guverinoma ya Zimbabwe izatanga Miliyoni 20 z’Amadolari ya Amerika, ku bahinzi b’abazungu n’abirabura baba muri Zimbabwe bari baratakaje ubutaka bwabo mu gihe cya gahunda yo kubufatira yabayeho ku butegetsi bwa Robert Mugabe wari Perezida wa Zimbabwe.
Muri Kenya, umugore arafatwa nk’intwari nyuma yo gukomeretswa na kimwe mu bitera byari bigiye kwibasira umwana w’uruhinja w’umukoresha we.
Nyina w’umuhanzi w’icyamamare Sean John Combs, uzwi nka P Diddy, yavuze ko ababajwe cyane n’ibirego bishinjwa umwana we, anongeraho ko ari ‘ibinyoma’.
Inzego z’umutekano za Iran zatangaje ko Jenerali Esmail Qaani atigeze amenyekana aho yaba aherereye guhera mu cyumweru gishize ubwo ingabo za Israel zagabaga ibitero mu gace k’Amajyepfo ya Beirut, Umurwa mukuru wa Lebanon aho uwo Jenerali yari ari mu ruzinduko, bikaba bivugwa ko yaburiwe irengero ari kumwe n’Umuyobozi wo (…)
Umurusiya w’umuhanga muri siyansi yatangaje ko yishyize akamashini mu bwonko kagenzura inzozi ze mu gihe asinziriye, kandi yemeza ko ari we wibaze ubwe akabyikorera yibereye iwe mu cyumba cy’uruganiriro.
Umugabo wo muri Saudi Arabia aherutse guhinduka ikiganiro mu mujyi atuyemo, nyuma y’uko bitangajwe ko yashatse abagore batari munsi ya 53, abo bose ngo akaba yarabashatse agamije kubona umutuzo wo mu buryo bw’amarangamutima.
Muri Kenya, ahitwa Malivini-Makindu, umugabo akurikiranyweho kwica umuvandimwe we, nyuma y’intonganya zikomeye zavutse mu gihe cyo gutegura igikorwa cyo gushyingura mukuru wabo wari wapfuye.
Muri Kenya, mu Mujyi wa Eldoret, Samson Kandie, umukinnyi wamamaye mu gusiganwa ku maguru yatewe n’abantu iwe mu rugo baramwica, umurambo bawusiga uboheshejwe umugozi ku maguru no ku maboko nk’uko byatangajwe n’umukobwa wa nyakwigendera.