Muri Texas, umuganga yakatiwe igihano cyo gufungwa imyaka 10, nyuma yo guhamwa n’ibyaha by’ubugome n’uburiganya yakoresheje mu kazi ke, akabeshya abantu bagera mu magana ko barwaye indwara zidakira, zisaba ubuvuzi buhenze cyane kandi abizi ko ubwo buvuzi bufite ingaruka mbi ku buzima bwabo.
U Rwanda rwateye intambwe ishimishije mu buhinzi, aho ubutaka buhingwa bwiyongereyeho hegitari zasaga 50.000 mu gihembwe cya mbere cy’ihinga cy’uyu mwaka wa 2025, ugereranyije n’uko byari bimeze mu mwaka ushize wa 2024.
Muri Kenya, Umwanditsi wabaye ikirangirire mu bijyanye n’ubuvanganzo muri Afurika no hanze yayo yayo, Ngugi wa Thiong’o, yitabye Imana ku itariki 28 Gicurasi 2025, azize indwara ya kanseri yari amaranye igihe, akaba yaguye ahitwa i Buford muri Leta ya Georgia muri Leta zunze Ubumwe za Amerika.
Umuturage wa Tanzania witwa Juma Ibrahim, yasabye imbabazi Abanya-Kenya mu izina ry’igihugu cye nyuma y’amagambo mabi yavuzwe n’Abadepite bo mu nteko ishinga amategeko ya Tanzania yatumye abaturage benshi bambuka umupaka uhuza Kenya na Tanzania bagira uburakari, batangira gutuka abo badepite ndetse na Perezida wa Tanzania ku (…)
Mu Bwongereza, umugore yafashe umugabo we wari umaze amezi 3 amuca inyuma, abifashijwemo n’uburoso bw’amenyo bukoresha amashanyarazi, bukanohereza amakuru kuri telefoni igihe bwahujwe na telefone hifashishijwe ‘Bluetooth’, noneho hagashyirwamo porogaramu itanga amakuru muri telefone igihe cyose ubwo buroso bukoreshejwe.
Mu Bushinwa, abaganga bo ku bitaro byitwa XinDu Traditional Medicine Hospital, biherereye ahitwa Chengdu, batunguwe no kwakira umurwayi w’umugore ufite imyaka 48, ufite ikibazo gikomeye cyo kubura Vitamin D mu magufa ye ku buryo no kwihindukiza ku buriri bituma hari amagufa avunika.
Muri Kenya, abanyeshuri bo mu ishuri ryisumbuye rya Mbale High School, batwitse inzu bararagamo kubera ko babujijwe kureba ‘match’ cyangwa se umukino bashakaga kureba, ibyo bibatera uburakari bwatumye bafunga n’umuhanda unyura imbere y’iryo shuri.
Umuhanzi w’icyamamare mu muziki ukomoka muri Uganda, ariko akaba n’umunyabigwi mu Karere ka Afurika y’i Burasirazuba, Jose Chameleone, yageze mu Rwanda aho aje gutaramira Abanyarwanda nyuma y’imyaka irindwi yari ishize atahagera, kuko yahaherukaga mu 2018, ubwo yari yaje gufatanya na DJ Pius mu kumurika ‘album’ ye yise (…)
Mu Bufaransa,umugabo yafashwe nk’ufite agahigo muri icyo gihugu ko kumara imyaka myinshi atwara ibinyabiziga atabyemerewe, kuko nta permis agira guhera mu 1997, kuko ari bwo yayambuwe n’Abajandarume (gendarmes) b’ahitwa Tarare (Rhône) nyuma yo gufatwa atwaye ikinyabiziga yasinze.
Mu Bushinwa, umugore yategetswe kwihanagura mu isura akivanaho ‘make-up’ nyinshi yisize, kubera ko imashini yo ku kibuga cy’indege yananiwe kwemeza niba isura ibona ihura n’imyirondoro yatanze.
Matata Ponyo Augustin wahoze ari Minisitiri w’Intebe wa Repubulika ya Demokarasi ya Congo (RDC), hagati y’umwaka wa 2012-2016 mu gihe cy’ubutegetsi bwa Joseph Kabila, yakatiwe n’urukiko igihano cyo kumara imyaka 10 akora imirimo y’agahato, nyuma yo kumuhamya ibyaha bya ruswa.
Muri Leta zunze Ubumwe z’Amerika, Umujyi muto wa Carmel-by-the-Sea, ubu waramamaye kubera ko abawugendamo bose bagomba kubanza gusaba icyemezo gitangwa n’ubuyobozi mu buryo bwemewe n’amategeko, mbere yo kwambara inkweto ndende zirengeje santimetero eshanu.
Raporo ya UNICEF yagaragaje uko ikibazo cy’ibura ry’ibiribwa n’imirire mibi cyakomeje kwiyongera mu myaka 6 yikurikiranya, ku buryo abagera kuri Miliyoni 295 bafite ikibazo cy’inzara ikabije.
U Burusiya na Ukraine byemeranyijwe guhererekanya imfungwa z’intambara 1000 kuri buri ruhande, ariko byananiwe kwemeranya ku bijyanye no guhagarika intambara.
Muri Nigeria, icyorezo cyiswe Lassa Fever kimaze guhitana ubuzima bw’abantu bagera ku 138 guhera muri Mutarama 2025, nk’uko bigaragarazwa muri raporo yatangajwe n’ikigo cyo muri Nigeria gishinzwe gukumira no kurwanya indwara z’ibyorezo (The Nigeria Centre for Disease Control and Prevention ‘NCDC’).
Umuyobozi w’Ishami ry’Umuryango w’Abibumbye ryita ku Buzima (OMS/WHO) Dr Tedros Adhanom Ghebreyesus, yatangaje ko hagiye kubaho igabanywa mu bakozi b’uwo muryango, ibyo bigakorwa mu rwego rwo kuvugurura imikorere yawo, nyuma y’uko Amerika itangaje ko itakiri umunyamuryango, ndetse igahagarika inkunga yashyiragamo.
Muri Turkey, abaturage basaga 25.000 batuye mu Mujyi muto wa Lice mu Ntara ya Diyarbakır bisanze basinze urumogi batabigambiriye, ahubwo biturutse ku mwotsi mwinshi warwo waturukaga aho polisi ishinzwe kurwanya ibiyobyabwenge yarutwikiye iruvanye mu mukwabu.
Mu Busuwisi, umukecuru w’imyaka 68 yajyanywe mu rukiko n’umuturanyi we, amushinja ko amaze amezi icumi (10), ahora agaburira injangwe ye agamije kuyimenyereza cyane nk’amayeri yo kugira ngo azayibe ayitware, ibyo akaba yarakomeje kubikora mu gihe nyamara yari yarihanangirijwe mu buryo bw’inyandiko mbere, asabwa kubireka.
Nigeria yavuze ko yafashe icyemezo cyo gukuraho buruse z’abiga mu mahanga kubera ubukungu buhagaze nabi.
Muri Suwede, umugore w’imyaka 24 uturuka mu gace kitwa Helsingborg, yahamijwe n’urukiko icyaha cyo guhohotera umwana we w’umukobwa, akamena igi ribisi arihonze ku gahanga k’uwo mwana, kugira ngo akore videwo ya TikTok.
Nk’uko bikubiye mu iteka rya Perezida ryasomwe kuri televiziyo na radio by’igihugu cya Mali, ibikorwa byose by’amashyaka ya politiki byahagaritswe kugeza igihe hazatangwa amabwiriza mashya.
Muri Kenya, umupasiteri wari utashye ava muri Uganda agarutse mu gihugu cye, yafatanywe inzoka ya metero ebyiri mu gikapu, abajijwe iby’iyo nyamaswa arimo agendana, agorwa no kubisobanura.
Mu Bwongereza, umugabo ukunda bikabije abashinzwe kuzimya inkongi z’umuriro, yahanishijwe n’urukiko gufungwa imyaka ibiri, nyuma y’uko we yiyemereye ko yitwikiye inzu ku bushake, akabikora inshuro ebyiri zitandukanye mu ijoro rimwe, agamije kureba uko abashinzwe kuzimya inkongi bitwara mu bikorwa byo kuzimya iyo nzu ye.
Mu Burusiya, ibitero by’indege zitagira abapilote byagabwe na Ukraine mu majoro abiri yikurikiranya, byatumye ibibuga by’indege byo mu Mujyi wa Moscow bifungwa.
Muri Kenya, Polisi yatangaje ko yamaze guta muri yombi abantu bakekwaho gutera urukweto Perezida William Ruto, mu gihe yarimo ageza imbwirwaruhame ku baturage b’ahitwa i Kehancha, ku Cyumweru tariki 4 Gicurasi 2025.
Muri Nigeria, urukiko rwakatiye igihano cyo kwicwa Peter Nwachukwu wari umugabo wa nyakwigendera Osinachi Nwachukwu wari umuhanzi w’icyamamare mu ndirimbo zihimbaza Imana, ariko akaba yarapfuye mu myaka 3 ishize, apfa afite imyaka 42.
Muri Burkina Faso, Guverinoma yashyizeho gahunda yo gufatira ibirombe byose bya zahabu bifitwe na sosiyete z’abanyamahanga muri icyo gihugu. Ibyo ngo birakorwa mu rwego rwo kuzamura ubukungu bw’igihugu biturutse mu mutungo kamere wacyo, nk’uko byemejwe na Minisitiri w’Intebe wa Burkina Faso, Ouédraogo Jean Emmanuel.
Muri Uganda, umubyeyi witwa Glorious Betonde w’imyaka 40, yibarutse abana batandatu (6) b’impanga, harimo abahungu batanu n’umukobwa umwe, icyo kikaba ari igitangaza cyabaye kuri uwo muryango, nk’uko babyivugira nubwo bavutse bataruzuza amezi icyenda nk’uko bisanzwe.
Muri Kenya, mu gace kitwa Tans Nzoia, umuryango watunguwe no kubona umwana wabo w’imyaka 10 witwa John Wanjala, agarutse ari muzima nyuma y’uko yari amaze igihe kirenga umwaka yaraburiwe irengero, ndetse bakaba barashyinguye umurambo bazi ko ari uwe.
Mu Bwongereza, ibaruwa yanditswe n’uwarokotse impanuka yavuzwe cyane, y’ubwato bunini bwa Titanic yagurishijwe Amadolari 400,000 (asaga Miliyoni 566 z’Amafaranga y’u Rwanda) mu cyamunara.