Muri Leta ya Florida muri Amerika, umugore yigize umuforomo, atabwa muri yombi amaze kuvura abarwayi basaga 4,000 kandi nta cyangombwa kimwemerera kuvura (licence médicale) agira.
Minisitiri w’Ububanyi n’Amahanga w’u Burundi mushya, Dr. Edouard Bizimana, yugarijwe n’igitutu gikomeye giturutse ku bikubiye muri bumwe mu butumwa yashyize ku mbuga nkoranyambaga, aho abamunenga bavuga ko bwumvikanisha ko ashyigikiye rwose FDLR, umutwe w’inyeshyamba ugizwe ahanini na bamwe mu bagize uruhare muri Jenoside (…)
Mu Bushinwa, urubyiruko rwadukanye uburyo budasanzwe bwo kwirwanyiriza umujagararo n’ibimenyetso bijyana na wo, nko guhangayika no kubura ibitotsi, rukonka tetine zizwi ubundi ko zagenewe abana, nubwo bavuga ko hari n’izabakuru.
Mu gihe Abadepite bitegura kujya mu kiruhuko cy’ukwezi kumwe cya buri mwaka,kuri uyu wa Kabiri tariki 5 Kanama 2025, bateranye mu nama idasanzwe kugira ngo hafatwe ingamba zihutirwa ku byagaragajwe n’Umugenzuzi Mukuru w’imari ya Leta mu mwaka warangiye muri Kamena 2024.
Banki y’iterambere y’u Rwanda (BRD) na Banki ya Kigali (BK) zasinye amasezerano yo gutanga inguzanyo ya Miliyoni 52 z’Amadolari azakoreshwa mu mu mushinga munini wo kwagura icyanya cy’inganda cya Bugesera ‘Bugesera Special Economic Zone (BSEZ)’, iyo ikaba ari intambwe ikomeye itewe mu byerekeye impinduka mu by’inganda u (…)
Mu Buhinde, umugabo yakoresheje uburyo budasanzwe bwo kwica umugore we, agamije kubona imirimbo ye, no gushaka undi. Yakoresheje inzoka, akaba yari yizeye ko bizafatwa nk’impanuka bityo agakomeza ubuzima bwe mu mutuzo, kandi koko gutahura ko ari we wagize uruhare mu rupfu ry’umugore we, byasabye ibimenyetso byinshi (…)
Muri Yémen, nyuma y’uko ubwato bwari butwaye abimukira 157 biganjemo abaturuka muri Ethiopia bwarohamye, abagera kuri 76 bahise bapfa, mu gihe abandi benshi bo baburiwe irengero, bikaba byatangajwe ko imibare y’abapfuye ishobora gukomeza kwiyongera, nk’uko byemezwa n’ubuyobozi bw’urwego rushinzwe umutekano mu Ntara ya Abyan (…)
Kumarana igihe kinini imbere y’ibikoresho by’ikoranabuhanga nka telefone, mudasobwa ntoya (tablets), cyangwa televiziyo bishobora guteza ibibazo by’imitekerereze n’imyitwarire ku bana, kandi imwe mu ngaruka z’ibyo bibazo, ni ibituma abana barushaho gukoresha izo mashini, nk’uko ubushakashatsi bushya bubigaragaza.
Minisitiri w’Uburezi yavuguruje abarimu n’abandi batekereza ko akanyafu ari uburyo bwiza bwo guhana umwana no kumugarura ku murongo, ababwira ko gutsibura abakora nabi bose birsmutse bigizwe ihame igihugu cyasigara cyuzuye inkoni.
Minisitiri w’uburezi Nsengimana Joseph, yashimiye abarimu ku buryo bakoze neza mu mwaka w’amashuri ushize, ariko asaba n’ibitaragenze neza, nko gusiba kw’abarimu mu kazi n’ibindi byakosorwa, hagamijwe gukomeza guteza imbere ireme ry’uburezi.
Ingabo z’u Rwanda za Batayo ya 13 (RWABATT13) ziri mu butumwa bw’Umuryango w’Abibumbye, UN, bwo kubungabunga amahoro muri Santarafurika (MINUSCA), zambitswe imidari y’ishimwe yatanzwe na Perezida Faustin Archange Touadera, kubera umurava, ubunyamwuga n’umusanzu wazo mu kurinda abasivili.
Muri Argentine, umugabo yatsinze urubanza yaburanagamo na sosiyete y’ikoranabuhanga ya Google, maze ruyitegeka kumwishyura Amayero 12.000.
Mu gihe u Rwanda rurimo rugana mu hazaza harangwa n’ikoranabuhanga, ibikoresho nka za mudasobwa zigendanwa, ibibaho bigezweho (smartboards) n’izindi porogaramu zifashishwa mu gahunda zo kwigisha (education apps) ntibikiri inzozi zo mu gihe kizaza, ahubwo biragenda biba ibikoresho byo mu buzima busanzwe.
Kurota inzozi mbi bituma umuntu yikanga cyangwa se ashigukira hejuru yari asinziriye kubera ubwoba atewe n’ibyo arose, bikaba kenshi ngo byagira ingaruka zirimo gupfa imburagihe.
Muri Kenya, umugore wavukiye muri Kawunti ya Kisumu akanahakurira, ariko ubu akaba asigaye aba mu Mujyi wa Nairobi, yatanze ubuhamya bw’ukuntu yashatse abagabo 12, ariko ingo ntizirame zigasenyuka, ariko ko ubu afite icyizere cyo kuzabona umugabo wa nyawe mu bihe bizaza, bakazabana ubuzira herezo.
Mu Buyapani, abayobozi bahangayikishijwe cyane no gushaka uburyo hagaruzwa imbunda 16000 za palasitiki zatanzwe bizwi ko ari ibikinisho hirya no hino mu gihugu, nyuma bikaza kumenyekana ko zifite ubushobozi bwo kurasa n’amasasu asanzwe.
Abagore bo muri Australia, bakorewe isuzuma rya muganga w’abagore (un examen gynécologique) ku ngufu ku Kibuga cy’indege cya Doha muri Qatar mu 2020, babonye uburenganzira bwo gukurikirana mu rukiko kompanyi y’indege ya Qatar Airways, iyo ikaba yafashwe nk’intambwe ikomeye muri iyo dosiye.
U Rwanda ruritegura gutangira gushyira mu bikorwa uburyo bushya bwo gupima imyuka ihumanya ituruka mu binyabiziga byose, ibyo bikazaba ari intambwe ikomeye mu kurengera ibidukikije no gukumira indwara zituruka ku guhumeka umwuka wanduye cyangwa se uhumanye.
Muri Thailand, umugabo ufite imyaka 44 yapfuye nyuma yo kumara ukwezi kose ahagaritse kugira ifunguro iryo ari ryo ryose yafata, ahubwo akiyemeza gutungwa n’inzoga gusa. Uwo mugabo yapfuye azengurutswe n’amacupa y’amavide abarirwa mu magana yashizemo inzoga, kuko ngo yari amaze ukwezi kurenga nta kindi kintu ashyira mu nda (…)
Leta Zunze Ubumwe za Amerika zageze ku rutonde rw’ibihugu bitanu bya mbere byoherezwamo ibicuruzwa byinshi bituruka mu Rwanda, zisimbuye u Bwongereza nk’uko bigaragazwa na raporo nshya y’ubucuruzi (the latest trade rankings).
Mu gihe cy’amezi hafi 12, ba mukerarugendo b’abanyamahanga bishyuraga akayabo k’amafaranga, bashaka impushya zo gusura ingagi zo mu birunga by’u Rwanda, ariko ayo mafaranga ntiyajyaga mu isanduku ya Leta nk’uko biteganyijwe, ahubwo yoherezwaga kuri konti y’umuntu ku giti cye.
Muri Kenya, mu Mujyi wa Nairobi, umugore witwa Hadija Yahiya, asobanura uko yatangiye akazi ko kurimbisha imirambo cyangwa se kuyisiga ibintu bituma isa neza (make ups) mu gihe iri mu buruhukiro bitegura kujya kuyishyingura.
Mu Bwongereza, umugabo yihakanye umwana we, agambana n’umuganga ukora muri Laboratwari ipima iby’amasano y’amaraso (DNA/AND), kugira ngo asohore ibisubizo byemeza ko ntaho ahuriye n’umwana bityo bimurinde gutanga indezo asabwa y’Amadolari y’Amerika 125,000.
Mu Burusiya, mu gace ka Rostov, abayobozi batangiye kugerageza uburyo bushya bugamije gufasha mu kurwanya ruswa, aho abapolisi banze kwakira ruswa, bazajya bashimirwa, ariko bakanahabwa angana n’ayo banze kwakira.
Syria na Israel byemeranyijwe ku gahenge mu ntambara bahanganyemo nk’uko byatangajwe na Ambasaderi wa Leta zunze Ubumwe za Amerika muri Turukiya Tom Barrack, dore ko igihugu cye cyabaye umuhuza muri iyi gahunda.
Muri Kenya, muri Kawunti ya Mombasa, abaturage batashywe n’ubwoba nyuma y’abantu bane bishwe n’indwara kugeza ubu itaramenyekana iyo ari iyo.
Hari hashize imyaka isaga 60, u Bufaransa buhoza ingabo zabwo muri Senegal, ariko kuri uyu wa 17 Nyakanga bwatanze ibirindiro bya nyuma muri Senegal, akaba ari nabyo byari bisigaye muri Afurika y’u Burengerazuba n’iyo hagati.
Mu Buyapani hari sosiyete ya OK Grandma, itanga serivisi zidasanzwe zirimo no kuganiriza abantu, bakabatega amatwi bakumva ibibazo bafite bakabagira inama uko babikemura, kubatekera ibyo kurya biryoshye by’abakecuru, mbese nk’uko ba nyirakuru b’abantu babikora. Ariko ukeneye iyo serivisi yo kuvugana n’umuntu umeze nka (…)
Abashoramari b’Abadage bakorera mu Rwanda, batewe impungenge na bizinesi zabo kubera ko abakozi babo b’Abanyarwanda, bagorwa cyane no kubona viza zibemerera kuba bakora ingendo zijya mu Budage. Ibyo bigaterwa no kuba muri iki gihe, Abanyarwanda bose bashaka viza ya ‘Schengen’ bagomba kujya kuyisabira muri Kenya.