Mu kiganiro Dunda Show kuri KTRadio, cyo ku wa Kane tariki 30 Mutarama 2025, umuhanzi Mico The Best yavuze byinshi kuri gahunda afite zijyanye n’umuziki we muri uyu mwaka, birimo ko yifuza kuzawurangiza akoze indirimbo enye cyangwa eshanu, avuga ku ndirimbo ye afatanyijemo n’abahanzi batandukanye, yiswe ‘Twivuyange’, ariko (…)
Uganda yamaze kwemeza ko virusi itera icyoreza cya Ebola yageze mu Murwa mukuru Kampala, ndetse ikaba yamaze kwica umurwayi umwe, nk’uko byemejwe na Minisiteri y’Ubuzima y’icyo Gihugu.
Perezida wa Leta Zunze Ubumwe z’Amerika, Donald Trump, yavuze ko mu rwego rwo gukomeza gahunda yihaye yo guhangana n’abimukira bari muri Amerika kandi badafite ibyangombwa byo kuhaba, agiye gusinya iteka rya risaba inzego za gisirikare n’izishinzwe umutekano kwagura Gereza ya Guantanamo, igashobora kwakira nibura abantu 30.000.
Nk’uko byatangajwe na Guverinoma ya Sudani y’Epfo, abakozi 20 bo mu bucukuzi bwa peteroli baguye mu mpanuka y’indege, umwe akarokoka.
Mu Majyaruguru y’u Buhinde, abantu 30 bapfuye, abandi 90 barakomereka mu muvundo wabaye ubwo imbaga y’abantu benshi bari mu rugendo-nyobokamana (pèlerinage) rwitwa ‘Kumbh Mela’, rujyana no kwiroha mu mazi y’ahahurira imigezi mitagatifu, yoza ibyaha nk’uko biri mu myizerere y’idini ya Hindu babyiganaga, bamwe bakagwa (…)
Muri Kenya, Guverinoma yahagaritse ifunguro ry’ubuntu ryagenerwaga abasirikare ba Kenya, KDF, ku manywa, hashyirwaho gahunda yo kujya umuntu yiyishyurira uko agiye gufata iryo funguro, iyo gahunda ikaba yiswe ‘PAYE’(Pay-As-You-Eat).
Umuvugizi wungirije wa Guverinoma Alain Mukaralinda yavuze ko Leta y’u Rwanda iri gufasha mu bikorwa bijyanye no gushyingura abantu 9 bishwe n’amasasu yaturutse muri Repubulika ya Demokarasi ya Kongo, ndetse no mu kuvuza abakomeretse.
Muri Koreya y’Epfo, raporo y’iperereza ku cyateje impanuka y’indege ya Kompanyi ya Jeju, yasohotse igaragaza ko iyo mpanuka yatewe n’imbata y’i gasozi (Baikal teal), kuko ibyaje muri moteri y’iyo ndege hagaragayemo amababa y’iyo mbata, ndetse n’utunyangingo duto duto twayo (DNA), dukwirakwiye hose muri moteri.
Hashize imyaka itatu u Burusiya butangije intambara muri Ukraine kuko intambara yatangiye ku itariki 24 Gashyantare 2022.
Muri Tanzania haravugwa inkubi y’umuyaga yateje impanuka mu Kiyaga cya Rukwa, mu Karere ka Sumbawanga mu Ntara ya Rukwa, abarobyi 550 bararohama, abagera kuri 540 muri bo baratabarwa, ariko 10 baburirwa irengero, ibikorwa byo kubashakisha bikaba bikomeje.
Umunyarwanda utuye mu Bwongereza, Axel Rudakubana w’imyaka 18 y’amavuko, yakatiwe n’Urukiko igihano cyo gufungwa imyaka 52, nyuma yo guhamwa n’icyaha cyo kwica abana b’abakobwa batatu bari mu ishuri ahitwa i Southport, muri Nyakanga umwaka ushize wa 2024, ndetse akagerageza no kwica abandi bantu 10.
Kuba Leta zunze Ubumwe z’Amerika zasinye inyandiko yo kuva mu Ishami ry’Umuryango w’Abibumbye ryita ku Buzima (OMS/WHO), bizagira ingaruka ku buzima rusange ku rwego rw’Isi, ku bijyanye no guhanahana amakuru mu byerekeye iterambere rya siyansi, ndetse n’ingaruka zo kugabanuka kw’igitinyiro Amerika ifite ku Isi, nk’uko (…)
Gen. Herzi Halevi, Umugaba mukuru w’Ingabo za Israel, yatangaje ko yeguye ku mirimo ye kubera ko atashoboye kuburizamo igitero cya Hamas cyo ku itariki 7 Ukwakira 2023, kigahitana abantu basaga 1200 muri icyo gihugu.
Abantu benshi batekereza ubukire nko kuba umuntu yigwijeho imitungo, we n’umuryango we bakimeza neza, bakiga mu mashuri meza, ndetse bagatemberera aho bashaka, n’irindi raha ryose ritandukanye. Inzobere mu bukungu zivuga ko ibyo bidahagije.
Umushoramari w’icyamamare ku mbuga nkoranyambaga Sadate Munyakazi yavuze ko urugndo rwe rw’iterambere rwatangiye gufata umurongo mu myaka makumyabiri ishize, icyakora ubu ngo ntaragera ku rwego rugaragaza ikirango cy’ubukire, kuko ngo adafite na rimwe ku ijana rw’aho agana.
Umuganga wo muri Taiwan, usanzwe akora ubuvuzi bujyana no kubaga (plastic surgeon) yavugishije abantu menshi, nyuma y’uko yikoreye igikorwa cyo kwibaga ubwe akifungira intanga-ngabo (vasectomy) yarangiza agasangiza amafoto na videwo ku mbuga nkoranyambaga, avuga ko icyo gikorwa yikoreye, ari impano (gift) yahaye umugore we.
Perezida Donald Trump, yarahiriye kuba Perezida wa 47 wa Leta zunze ubumwe za Amerika, kuri uyu wa mbere tariki 20 Mutarama 2025, nyuma y’uko atsinze Kamala Harris mu matora akaba asimbuye Perezida Joe Biden urangije manda ye. Kimwe mu bimuraje ishinga, ngo ni ukwirukana abimukira bari muri Amerika badafite ibyangombwa byo (…)
Mu Buyapani, bamwe mu bageze mu zabukuru, cyane cyane abakecuru bahitamo kwibera muri gereza ubuzima bwabo bwose, bashaka guhunga ibibazo bitandukanye baba bafite hanze, harimo ubwigunge bwo kuba bonyine, ubukene n’ibindi.
Muri Tanzania, ahitwa Kilosa mu Ntara ya Morogoro, umwana witwa Shamimu Nasibu yibwe n’abantu batazwi mu gihe yarimo akina na mugenzi we imbere y’inzu yabo, ku itariki 15 Mutarama 2025, nyuma aboneka nyuma y’iminsi, abonywe n’abantu bitambukiraga mu mirima y’ibisheke, bamusanga yambaye ubusa.
Ishyaka riri ku butegetsi muri Tanzania, Chama cha Mapinduzi (CCM), ryaraye ryemeje Perezida Samia Suluhu Hassan nk’umukandida uzarihagararira mu matora y’umukuru w’igihugu, ateganyijwe muri uyu mwaka wa 2025.
Nk’uko byasobanuwe na Abdul Bigirumwami, Umuyobozi uhagarariye Abanyarwanda batuye muri California, umuryango umwe w’Abanyarwanda niwo watabawe urahungishwa uva aho wari utuye kubera inkongi yaje ifite ubukana budasanzwe yibasiye Umujyi wa Los Angeles.
Muri iyi minsi, umubano wa Sierra Leone na Guinée Conakry wajemo ibibazo, kubera dosiye y’ibiyobyabwenge bya ‘Cocaine’ byafatiwe mu modoka y’abahagarariy Sierra Leone muri Guinee Conakry.
Leta zunze Ubumwe za Amerika zatangaje ko zafatiye ibihano Umugaba w’ingabo wa Sudani Gen. Abdel Fattah al-Burhan, nyuma y’iminsi micyeya ibihano nk’ibyo bifatiwe Gen. Mohamed Hamdane Daglo uyoboye umutwe w’abarwanyi wa RSF/ FSR, kubera ko bananiwe guhagarika intambara bahanganyemo, ikomeje guhitana ubuzima bw’abasivili (…)
Ibiro bya Minisitiri w’Intebe wa Israel, Benjamin Netanyahu, byatangaje ko uyu munsi tariki 17 Mutarama 2025, inama y’Abaminisitiri n’urwego rushinzwe umuteno iterana kugira ngo isinye amasezerano y’agahenge, ajyana no kurekura bamwe mu Banya-Israel batwawe bunyago na Hamas, mu gitero yagabye muri Israel ku itariki 7 (…)
Perezida wa Repubulika y’u Rwanda Paul Kagame yakiriye ku meza abahagarariye ibihugu byabo n’imiryango mpuzamahanga ikorera mu Rwanda, aho yabahaye amakuru y’impamo ku buryo burambuye ku kibazo u Rwanda rwakuruwemo n’igihugu gituranyi gikomeje gushyigikirwa n’abagitezemo amaronko, bakirengagiza ukuri bazi neza.
Muri Australia, umugore yasabye urukiko gutesha agaciro amaserano y’abashakanye (marriage) yakoze yibwira ko ari imikino, bigamije kuzamura ‘followers’ ku rubuga rwa Instagram, nyuma akaza kumenya ko ari amasezerano ya nyayo y’urushako afite agaciro mu mategeko, atangira gusaba urukiko kuyatesha agaciro.
Umuhanzi w’Umunya-Tanzania Harmonize, yerekanye umukunzi we mushya witwa Abigael Chams, mu gihe hari hashize ibyumweru bicyeya havugwa ibihuha ku rukundo rw’abo bombi, kuko byari bikiri mu ibanga.
Mu byemezo bigana ku musozo wa manda ye, Perezida wa Leta zunze Ubumwe za Amerika, Joe Biden, yavanye Cuba ku rutonde rw’ibihugu bishyigikira iterabwoba . Ibyo byatumye Cuba ihita itangaza ko igiye kurekura imfungwa zigera kuri 553.
Muri Afurika y’Epfo, mu gace ka Stilfontein, abacukuzi b’amabuye y’agaciro bakora uwo mwuga mu buryo bunyuranyije n’amategeko, bari bamaze igihe baraheze mu kirombe cya zahabu, bahuriyemo n’ikibazo cy’inzara, bamwe bakigwamo barapfa ubu imirambo igera kuri 36 akaba ari yo imaze gukurwa muri icyo kirombe, naho abandi 82 (…)
Icyorezo bikekwa ko ari icyatewe na virusi ya Marburg cyageze muri Tanzania mu gace ka Kagera, aho kimaze kwica abantu umunani (8), nk’uko byemejwe n’Ishami ry’Umuryango w’Abibumbye ryita ku Buzima (OMS).