Polisi yo muri Amerika yataye muri yombi umugore warashe amasasu arindwi ku nzu y’Umuhanzi w’icyamamare mu njyana POP, Rihanna, iherereye ahitwa i Beverly Hills.
Ku babyeyi b’abagore bazi ukuntu bigora kwita ku mwana w’uruhinja rwavutse kugeza nibura rugize amezi atandatu abanza aho umwana aba asigaye asinzira neza, kumva uko umubyeyi wagize umugisha akabyara impanga z’abana bane yifata mu rugendo rwo gutwita, kubyara, kurara amajoro abana baririra rimwe, kongeraho izindi nshingano (…)
Ambasade y’u Rwanda muri Leta zunze Ubumwe z’Abarabu (UAE) yatangaje ko irimo gukorana na Sosiyete Nyarwanda y’Ubwikorezi bwo mu Kirere, RwandAir, mu gufasha Abanyarwanda bari muri UAE no muri Bahrain bifuza gutaha kubera ibibazo by’intambara biri mu Burasirazuba bwo Hagati.
Abantu bari barakatiwe n’inkiko bakaba bafunguwe by’agateganyo, bafite ibyo basabwa kubahiriza, batabikora bikaba bishobora kubaviramo ingaruka z’uko basubizwa muri gereza kurangiza igihano bari basigaje nk’uko biteganywa mu iteka rya Minisitiri ryo ku wa 4/3/2026, ryemeza ifungurwa ry’agateganyo ry’abakatiwe.
Minisitiri w’Urubyiruko n’Iterambere ry’Ubuhanzi mu Rwanda, Dr. Utumatwishima Abdallah yavuze ko mu rubyiruko rudafite akazi, abenshi ari abakobwa, nubwo hari byinshi byakozwe n’ibindi bigikorwa mu rwego rwo kongera amahirwe y’akazi.
Umunyarwandakazi Mukarubega Jeanine uba muri Leta zunze Ubumwe za Amerika muri iki cyumweeru yagabiye inka abaturage batishoboye bo mu Murenge wa Ntarama.
Muri iki gihe ikoranabuhanga rimaze gutera imbere, bamwe mu bakoresha imbuga nkaranyambaga cyane cyane YouTube bakavuga ko yamaze kubahindurira ubuzima kuko ibahemba kandi neza, ariko se ihemba ite?cyangwa se ibahemba bayikoreye iki?
Mu myaka isaga 40 ishize, ababyeyi bo mu Karere ka Rusizi intara y’Uburengerazuba, babyaye umwana wa kane bamwita Niyibizi Consolatrice.
Mu myaka ya za 1990, Consolatrice Niyibizi yize amashuri abanza yose mu Kigo cya Gatagara, ariko arangiza nta mashuri yisumbuye y’Abafite ubumuga bwo kutabona yari ahari, nyamara na gahunda y’uburezi budaheza itarashinga imizi. Ibyo byatumye Niyibizi yicara ategereje ko haboneka ishuri rimwakira mu cyiciro gikurikiraho (…)
Amashuri ya Niyibizi Consolatrice ufite ubumuga bwo kutabona, yajemo amakoni menshi, n’ubwo bitamubujije gukomera ku nzozi ze. Guhera mu bibazo yagiriye muri Cameroun, ukajya ku byo gutegkwa kwiga ibyo atiyumvamo kuko nta mahitamo yandi yari afite, byageze no muri Kaminuza, bati hari ibisabwa utujuje.
Ubuzima bwa kinyamwuga ku bafite ubumuga bwo kutabona ndetse n’abafite ubundi bumuga, buhora bukurura impaka nyinshi, cyane cyane zituruka ku batemera ubushobozi bwabo, bagatekereza ko batatanga umusaruro, batabishobora.
Minisitiri w’ubutegetsi bw’igihugu Habimana Dominique, yifatanyije n’abaturage bo mu Kagari ka Nyakayenzi, mu Murenge wa Ngeruka, Akarere ka Bugesera, ahumuriza ababuze ababo bishwe n’inzoga zitujuje ubuzirange, zifatwa nk’ibiyobyabwenge.
Mu buruhukiro bw’imibiri y’abantu bapfuye (morgue), ni ahantu hatera ubwoba ku bantu benshi, kuko n’ubusanzwe umubiri w’uwitabye Imana uba utinyitse ku buryo hari abadashobora no gutinyuka kuwureba.
Ubwo yari kuri KT Radio asobanura byinshi ku gitabo yanditse cyitwa ‘Umurage w’urubyiruko’ aherutse gusohora, umwanditsi Yolande Mukagasana asanga ku bijyanye n’imyitwarire ikwiye kuranga urubyiruko kugira ngo rukomeze kubungabunga ubumwe bwarwo n’ubunyarwanda, icya mbere ari uko rukwiye kubanza kumenya ururimi (…)
Ubwo yari kuri KT Radio avuga ku hazaza h’u Rwanda n’urubyiruko rwo muri iki gihe, Pasiteri Rutayisire Antoine yasobanuye byinshi bikwiye kwitabwaho kugira ngo umuryango ube muzima, ariko cyane cyane urubyiruko kuko ari zo mbaraga zubaka, ariko nanone zangiza iyo zidahawe umurongo mwiza.
Ubwo yari kuri KT Radio, Pasiteri Rutayisire Antoine yagize icyo avuga ku bijyanye n’insengero zifunzwe, bikaba byaratumye hari abasubira inyuma mu by’ukwemera, abandi bakabura aho baruhukira kuko insengero zabafashaga kuruhuka zifunze.
Minisitiri w’Ububanyi n’Amahanga n’Ubutwererane w’u Rwanda, Olivier Nduhungirehe, ubwo yari i Addis-Abeba muri Ethiopia mu nama y’Umuryango wa Afurika yunze Ubumwe, yagiranye ikiganiro na Radio Mpuzamahanga y’Abafaransa (RFI), asobanura byinshi ku mutekano mu Karere ariko no ku Rwanda by’umwihariko.
Mu Buhinde, umusore yiciye ikirenge, nyuma yo gutsindwa kabiri ikizamini cyo kwinjira mu ishuri ry’ubuvuzi, kandi yari afite inzozi zo kuzaba umuganga, maze abona inzira isigaye ari ukwinjiriramo binyuze mu myanya yagenewe abafite ubumuga.
Mu gihe hari abinubira ko hari abantu bakekwaho icyaha bajya bafatwa ndetse bagashyikirizwa inzego z’ubutabera ariko mu gihe gito bakarekurwa, cyangwa se bagahabwa igifungo gisubitse, hakaba abakeka ko hatanzwe ruswa, abakora mu nzego z’ubutabera bo bagaragaza ko icyifuzo cy’uwareze atari cyo inzego z’ubutabera zikurikiza.
Mu Nama y’Igihugu y’Umushyikirano, Mukantagara Peace, Umwarimu wo mu Karere ka Ngoma mu Ntara y’Iburasirazuba, yashimye gahunda zitandukanye zashyizweho mu burezi harimo iy’uburezi kuri bose n’iyo kuba abanyeshuri basigaye bafatira ifunguro ku ishuri. Icyakora yagaragaje ko hari imbogamizi bahura na zo mu burezi, zo (…)
Mu kiganiro yatanze mu Nama y’Igihugu y’Umushyikirano, kuri uyu wa Gatanu tariki 6 Gashyantare 2026, Umuyobozi Mukuru w’Urwego rw’Igihugu rw’Imiyoborere (RGB), Dr Doris Uwicyeza Picard, yavuze ko mu myaka 32 ishize u Rwanda rwibohoye, isura y’imiyoborere mu Rwanda yahindutse.
Minisitiri w’Intebe, Dr Justin Nsengiyumva, yagaragarije abitabiriye Inama y’Umushyikirano ya 20, uko u Rwanda ruhagaze mu nzego zitandukanye na gahunda cyangwa ingamba zihari zo gukomeza kuzamura iterambere ry’Igihugu mu gihe kizaza.
Perezida Salva Kiir wa Sudani y’Epfo yirukanye abajyanama babiri bakuru bo mu biro bye, nyuma yo gushyira mu nshingano umuntu wapfuye mu myaka itanu ishize, kandi abo bajyanama babigizemo uruhare.
Urukiko rw’ibanze rw’i Abidjan muri Côte d’Ivoire rwakatiye Umudepite wo muri Mali witwa Mamadou Hawa Gassama, gufungwa imyaka itatu muri gereza, nyuma yo guhamwa n’icyaha cyo gutuka Perezida wa Côte d’Ivoire, Alassane Ouattara.
U Rwanda rwatanze inkunga y’ibiribwa, ibikoresho by’ubutabazi ndetse n’imiti ku baturage ba Mozambique baherutse kwibasirwa n’imyuzure ikomeye cyane yatewe n’imvura nyinshi yaguye guhera muri Mutarama 2026.
Indege y’abagenzi ya Sudan Airways yageze ku kibuga cy’indege cya Khartoum ku cyumweru, tariki ya 1 Gashyantare 2026, nyuma y’imyaka itatu ibikorwa by’ubwikorezi bw’indege bihagaritswe kubera intambara yasenye igihugu cya Sudani.
Perezida wa Repubulika na Madamu Jeannette Kagame n’abandi bayobozi mu nzego zitandukanye bashyize indabo ku Gucumbi cy’Intwari.
Mu Bushinwa, bamwe mu babyeyi baravugwaho gukoresha videwo zakozwe n’ubwenge bw’ubukorano (AI) zigaragaza abantu bicuza uko bitwaye mu buzima, izo videwo bazikoresha bagamije gushyira igitutu ku bana babo kugira ngo bashishikarize gushaka ingo zabo no kubyara.
Abantu babarirwa muri 200, bapfuye mu ntangiriro z’iki cyumweru nyuma y’uko inkangu zitumye ibirombe byinshi by’amabuye y’agaciro ya coltan biriduka mu Burasirazuba bwa Congo, nk’uko abayobozi b’inyeshyamba babitangaje.