Abayobozi bakuru bashinzwe umutekano n’amahoro mu karere ka Afurika y’Iburasirazuba, bazateranira i Kigali mu Rwanda kuva tariki 14 kugeza ku ya 18 Ukuboza 2020 aho bazitabira inama z’inzego nkuru zirimo inama izahuza impuguke mu by’umutekano izakurikirwa n’ iy’abayobozi bakuru b’Ingabo n’Umutekano, ndetse n’iya ba (…)
Polisi y’u Rwanda yamaze impungenge abantu bazitabira imurikagurisha riteganyijwe gutangira tariki ya 11 Ukuboza rikazarangira tariki ya 31 Ukuboza 2020, aho risanzwe ribera i Gikondo mu Karere ka Kicukiro.
Polisi ikorera mu Mujyi wa Kigali ku bufatanye n’abayobozi mu nzego z’ibanze, ku mugoroba wo ku wa mbere tariki ya 07 Ukuboza 2020, bafatiye mu cyuho abantu umunani. Muri bo harimo abafunguye utubari bitemewe, hari n’abacuruzaga inzoga bitwaje ko bafite resitora ariko bakabikora barenze ku mabwiriza yo kurwanya ikwirakwira (…)
Minisiteri y’Ubuzima (MINISANTE) yatangaje ko kuri uyu wa Gatatu tariki 09 Ukuboza 2020, mu Rwanda abantu babiri b’imyaka 60 na 56 bitabye Imana i Kigali n’i Ngororero bishwe na Covid-19.
Perezida wa Repubulika y’u Rwanda, Paul Kagame, yavuze ko hakwiye ikiguzi cya Politiki mu kurwanya ruswa, kuko kutayirandura bigira ingaruka zikomeye cyane cyane ku bakene n’abanyantege nke.
Minisitiri w’Ubutegetsi bw’Igihugu, Prof Shyaka Anastase, yasuye imiryango 48 yari ituye ahitwa muri Bannyahe (Kangondo I&II na Kibiraro ya mbere) ubu yimuriwe mu Busanza mu Karere ka Kicukiro.
Minisiteri y’Ubuzima (MINISANTE) yatangaje ko ku wa Kabiri tariki 08 Ukuboza 2020, mu Rwanda habonetse abantu 46 bashya banduye COVID-19, mu bari barwaye abakize ni 19.
Perezida wa Repubulika Paul Kagame yavuze ko Akarere ka Afurika y’Uburasirazuba gafite impano karemano zashingirwaho mu guhanga ibisubizo byafasha kuzahura ubukungu bwadindijwe n’icyorezo cya Covid-19.
Mu gicuku cyo ku Cyumweru tariki ya 06 Ukuboza 2020 ahagana saa saba n’igice, Polisi y’u Rwanda ifatanyije n’irondo ry’umwuga rikorera mu Karere ka Nyagatare mu Murenge wa Matimba, Akagari ka Rwentanga, bafashe abantu 46 barimo basengera mu nzu y’umuturage witwa Musilikali Jean Pierre w’imyaka 36, na Kansiime Julienne (…)
Minisiteri y’Ubuzima (MINISANTE) yatangaje ko kuri uyu wa Mbere tariki 07 Ukuboza 2020, mu Rwanda habonetse abantu 62 bashya banduye COVID-19, mu bari barwaye ntawakize.
Ku wa Gatandatu tariki ya 05 Ukuboza 2020 ubwo hizihizwaga Umunsi Mpuzamahanga wahariwe Ubwitange mu Karere ka Nyarugenge, hatanzwe inka y’Indashyikirwa ku Isibo y’Ubutwari yo mu Mudugudu w’Ituze, Akagari ka Kabeza, Umurenge wa Muhima nk’Isibo yahize andi 3061 yo mu Karere ka Nyarugenge.
Polisi y’u Rwanda ikorera mu Karere ka Kamonyi mu Murenge wa Rukoma, ku wa Gatanu tariki ya 04 Ukuboza 2020 yafashe Uwizeyimana Samuel w’imyaka 21,Tuyishimire Jean de Dieu w’imyaka 21, Uwiringiyimana Samuel w’imyaka 20 na Nayituriki Claude w’imyaka 22.
Minisiteri y’Ubuzima (MINISANTE) yatangaje ko kuri iki Cyumweru tariki 06 Ukuboza 2020, mu Rwanda habonetse abantu 45 bashya banduye COVID-19, mu bari barwaye ntawakize.
Perezida wa Repubulika y’u Rwanda, Paul Kagame, kuri iki Cyumweru tariki 06 Ukuboza 2020, yitabiriye igitambo cya Misa cyo gushimira Imana iherutse guha u Rwanda Karidinali wa mbere mu mateka, ari we Karidinali Antoine Kambanda.
Minisiteri y’Ubuzima (MINISANTE) yatangaje ko kuri uyu wa Gatandatu tariki 05 Ukuboza 2020, mu Rwanda habonetse abantu 41 bashya banduye COVID-19, abakize bakaba ari 24.
Perezida wa Repubulika y’u Rwanda, Paul Kagame, yitabiriye inama y’umuryango wa Afurika yunze Ubumwe (AU) yateranye kuri uyu wa Gatandatu tariki 05 Ukubiza 2021.
Polisi y’u Rwanda ikorera mu Karere ka Huye mu Murenge wa Tumba, ku mugoroba wo ku wa Kane tariki ya 03 Ukuboza 2020 yafashe abagabo batatu ari bo Twahirwa Bernard w’imyaka 49, Nshimiyimana Alexis w’imyaka 26 na Ntayomba Paul w’imyaka 42 bakekwaho gutema ishyamba rya kaminuza y’u Rwanda ishami rya Huye.
Minisiteri y’Ubuzima (MINISANTE) yatangaje ko kuri uyu wa Gatanu tariki 04 Ukuboza 2020, mu Rwanda umugabo w’imyaka 45 yishwe na Covid-19 i Kigali.
Minisiteri y’Ubutegetsi bw’Igihugu (MINALOC) yasohoye amabwiriza avuguruye agenga imikoreshereze y’insengero muri iki gihe cya COVID-19.
Minisiteri y’Ububanyi n’Amahanga, yatangaje ko Dr Monique Nsanzabaganwa usanzwe ari Visi Guverineri wa Banki Nkuru y’Igihugu, ari umukandida w’u Rwanda ku mwanya w’Umuyobozi wungirije wa Komisiyo y’Umuryango wa Afurika yunze Ubumwe (AU).
Minisiteri y’Ubuzima (MINISANTE) yatangaje ko kuri uyu wa Kane tariki 03 Ukuboza 2020, mu Rwanda habonetse abantu 17 bashya banduye COVID-19, abakize bakaba ari 21.
Minisiteri y’Ubuzima (MINISANTE) yatangaje ko ku wa Gatatu tariki 02 Ukuboza 2020, mu Rwanda umugabo w’imyaka 45 yishwe na Covid-19 i Kigali.
Kuva mu kwezi kwa Werurwe 2020 ubwo icyorezo Covid-19 cyadukaga abantu bose basabwe kuguma mu rugo no kwitabira ikoranabuhanga ribafasha guhererekanya amafaranga batayakozeho kandi batari kumwe.
Perezida wa Repubulika y’u Rwanda, Paul Kagame, yasabye Urwego rw’Umuvunyi kongera imbaraga mu kwigisha abaturarwanda uburenganzira bwabo, amategeko abarengera bakayumva kandi bakayamenya, bakamenya n’izindi nzego bashobora kwiyambaza.
Minisiteri ya Siporo yashyize ahagaragara amabwiriza agomba kubahirizwa mu gusubukura ibikorwa byo koga muri za Pisine (swimming pools). Aya mabwiriza agaragaza ko koga mu byanya by’amazi bigari (ibiyaga, ibyuzi, imigezi) bitemewe keretse ku makipe yabigize umwuga mu gihe cyo gukora imyitozo yabanje kandi kubisabira (…)
Minisiteri y’Ubuzima (MINISANTE) yatangaje ko kuri uyu wa Kabiri tariki 01 Ukuboza 2020, mu Rwanda habonetse abantu 14 bashya banduye COVID-19, abakize bakaba ari 28.
Raporo za Polisi y’u Rwanda ishami ryayo rishinzwe kurwanya inkongi y’umuriro zigaragaza ko mu mwaka wa 2020, kuva muri Mutarama kugeza mu kwezi k’Ukwakira, inkongi zagabanutse ugereranyije n’umwaka wari wabanje wa 2019.
Perezida wa Repubulika y’u Rwanda, Paul Kagame, akaba n’Umugaba w’Ikirenga w’Ingabo z’u Rwanda, kuri uyu wa Kabiri tariki 01 Ukuboza 2020, yagiranye ibiganiro n’abayobozi bakuru b’ingabo hamwe n’abandi bakozi batandukanye.
Polisi y’u Rwanda yeretse abanyamakuru abantu batatu bakekwaho gukora no gukwirakwiza inyandiko mpimbano. Bafatanywe kashe (stamps) z’ibigo bitandukanye harimo ibya Leta n’ibyigenga zigera kuri 47.
Urwego rw’Igihugu rushinzwe Ubugenzacyaha (RIB), rwatangaje ko rwafunze uwitwa Habinshuti Salomon, umukozi mu Kigo gishinzwe guteza imbere Uburezi (REB) n’umwe mu bakandida bashakaga akazi k’ubwarimu, wamuhaye ruswa kugira ngo amuhindurire amanota asohoke mu batsinze kandi yari yatsinzwe.