Urugaga rw’abikorera mu Rwanda PSF rwatangaje ko imurikagurisha ry’ibikorerwa mu Rwanda rya 2016, rizaba guhera ku itariki 14 kugeza ku ya 20 Ukuboza.
Boeing B737-800N yari itegerejwe i Kigali, izanye akarusho ko kugira umuyoboro wa interineti (Wireless connectivity).
Iyi foto yafatiwe mu Muhanda Karongi- Rusizi . Iragaragaza igikundi cy’abakinnyi b’amagare barangajwe imbere na Mugisha Samuel, aho bari mu gace ka Gatatu ka Tour du Rwanda kavaga Karongi kagana Rusizi.
Indege yo mu bwoko bwa Boeing B737-800NG y’ikompanyi itwara abagenzi RwandAir iragera mu Rwanda kuri uyu wa gatatu tariki ya 16 Ugushyingo 2016.
Perezida Paul Kagame na Madame Jeannette Kagame bari muri Moroc, i Marrakesh aho bitabiriye inama ya 22 y’Umuryango w’Abibumbye yiga ku mihindagurikire y’ikirere (COP 22)
Mugimba Jean Baptiste na Iyamuremye Jean Claude bakurikiranyweho ibyaha bya Jenoside yakorewe Abatutsi bagejejwe mu Rwamda ku mugoroba wo ku itariki ya 12 Ugushyingo 2016.
Mugimba Jean Baptiste na Iyamuremye Jean Claude bakurikiranweho ibyaha bya Jenoside yakorewe Abatutsi baragerazwa mu Rwamda kuri uyu wa gatandatu tariki ya 12 Ugushyingo 2016.
Perezida Paul Kagame yifurije Perezida Donald Trump amahirwe mu mirimo ye mishya, nyuma yo kwegukana insinzi mu matora y’umukuru w’igihugu ya Leta zunze Ubumwe z’Amerika.
Madame Jeannette Kagame yakiriye Madame Claudine Talon uje mu Rwanda mu ruzinduko rw’akazi.
Urubyiruko rwacitse ku icumu rya Jenoside yakorewe Abatutsi rwo mu miryango ya AERG na GAERG rwatangiye urugendo rw’iminsi 18 mu gihugu cy’u Bufaransa, aho rugiye kuzenguruka mu bice bitandukanye by’icyo gihugu ruvuga amateka ya Jenoside yakorewe Abatutsi.
Mu gitondo cyo kuri uyu wa Gatanu ahagana mu ma saa mbiri , imodoka yo mu bwoko bwa Daihatsu yari yikoreye inyanya ivanye mu isoko rya kimironko, ikoze impanuka hakomereka umushoferi wari uyitwaye.
Ikigo kigenzura imirimo ifitiye igihugu akamaro RURA, cyatangaje ko igiciro cy’ibikomoka kuri peterori cyazamutse
Mu ma saa sita z’ijoro zo kuri uyu wa Kane tariki ya 03 Ugushyingo 2016, ni bwo amakuru y’Urupfu rutunguranye rw’ Umunyemari ukomeye mu Rwanda Makuza Bertin yamenyekanye.
Perezida Kagame yakiriye muri Village Urugwiro Jan Eliasson, Umunyamabanga Mukuru wungirije w’Umuryango w’Abibumbye (UN), uri mu ruzinduko rw’akazi mu Rwanda.
Mu nama ya 27 y’Umuryango wa Afurika yunze ubumwe iherutse kubera mu Rwanda muri Nyakanga 2016, Perezida Kagame yahawe inshingano zo kuvugurura komisiyo y’uyu muryango.
Abanyamuryango ba RPF Inkotanyi bo mu turere dutandukanye tw’igihugu, bahize kuzarandura ubushomeri no gusabiriza mu Banyarwanda, mu igenamigambi bazagenderaho rya 2017-2024.
Ibinyabiziga bituruka mu Mujyi no ku kabindi bigana muri Convention Center na Radson Blue Hotel cyangwa se mu Rugando, bizajya binyura mu muhanda w’iburyo w’icyerekezo kimwe mu masangano (Rond Point ) ya KBC.
Komisiyo y’Igihugu y’Amatora (NEC) yatangaje amazina y’abadepite batatu bashya basimbuye babiri bahawe izindi nshingano n’umwe witabye Imana mu minsi ishize.
Ngarambe Vanilly na Ntungane Emery bakinira ikipe y’igihugu ya Karate, ntiborohewe n’amarushanwa yo ku rwego rw’isi.
Kuri uyu wa gatanu tariki 28 Ukwakira 2016, Perezida Paul Kagame yitabiriye inama ku bukungu igiye kubera i Libreville muri Gabon.
Loise Lihanda wegukanye ikamba rya Nyampinga w’abafite ubumuga bw’uruhu muri Kenya avuga ko akivuka hari abifuje ko apfa kuko bamufataga nk’umuvumo w’umuryango.
Perezida wa Repubulika, Paul Kagame yagiriye uruzinduko rw’akazi rw’umunsi umwe muri Congo Brazzaville, kuri uyu wa kane tariki ya 27 Ukwakira 2016.
Abanyamuryango ba RPF Inkotanyi bo mu mu turere dutandukanye tw’igihugu, batanze ibitekerezo n’ibyifuzo umukandida wabo yazagenderaho, aramutse atsinze amatora ya 2017.
Mu buryo butunguranye, Abanyarwanda bashyizwe ku rutonde rw’abantu batanu bahatanira igihembo cy’abantu batanu muri Afurika, bagize uruhare mu guteza imbere ishoramari.
Perezida Kagame wagiranye ibiganiro n’Abanya Mozambike, yavuze ko iterambere u Rwanda rugezeho hari abatararibonaga, ariko Abanyarwanda bagahitamo gukora ibyo babonaga bikwiye.
Raporo ya Banki y’Isi yashyize u Rwanda ku mwanya wa kabiri muri Afurika, mu bihugu byoroshya ishoramari na bizinesi
Igisirikare cya Repubulika Iharanira demokarasi ya Congo (FARDC) gitangaza ko cyataye muri yombi umusirikare mukuru wa FDLR witwa Col Habyarimana Mucebo Sofuni.
ACP Theos Badege wari umuyobozi Mukuru w’Ubugenzacyaha muri Polisi y’u Rwanda (CID), yongeye kugirwa umuvugizi mukuru wa Polisi y’Igihugu.
Perezida Kagame yageze i Maputo mu murwa mukuru wa Mozambique, aho agiye mu ruzinduko rw’iminsi ibiri rw’akazi.
Ku gicamunsi cyo kuri uyu wa Kane tariki ya 20 Ukwakira 2016, Umwami Muhammed VI uri mu ruzinduko rw’akazi mu Rwanda, yasuye Urwibutso rwa Jenoside rwa Kigali ruherereye ku Gisozi mu Karere ka Gasabo.