Inzego z’Umutekano muri Uganda ku wa mbere tariki 25 Ugushyingo 2019 zataye muri yombi Abanyarwanda babarirwa hagati ya 150 na 200, bakaba bafatiwe i Kisoro mu Majyepfo y’Uburengerazuba bwa Uganda.
Inyubako ya Kigali Convention Center (KCC), mu ijoro rishyira kuri uyu wa kabiri tariki 26 Ugushyingo 2019, yagaragaye mu ibara ry’Iroza, mu gihe ubusanzwe ikunda kugaragara iri mu mabara y’ibendera ry’u Rwanda.
Madame Jeannette Kagame kuva kera yizera ko icyo umugabo yakora n’umugore yagikora, akanavuga ko n’ubu igitekerezo cye akigihagazeho.
Kompanyi yitwa NOTS Solar Lamps Ltd, ku itariki ya 02 Nyakanga 2019 yagiranye amasezerano na Guverinoma y’u Rwanda yo kugeza ku ikubitiro amashanyarazi akomoka ku mirasire y’izuba ku miryango ibihumbi ijana (100,000) ituye mu bice by’icyaro.
Urubanza rwa Nsabimana Calixte wiyise ‘Sankara’ rwimuriwe mu rukiko rukuru urugereko rwa Nyanza, kuko ari rwo rufite ububasha bwo kuburanisha imanza z’inshinjabyaha mpuzamahanga n’ibyambukiranya imipaka.
Bimaze kuba nk’akamenyero ko Abanyarwanda bamaze kugira ubushobozi bw’amafaranga, mu bitekerezo byabo hahita hazamo no kubaka inzu zo guturamo.
Urwego rw’igihugu rw’ubugenzacyaha RIB, rwatangaje ko rwataye muri yombi Habineza Jean Baptiste, umunyamabanga nshingwabikorwa w’umurenge wa Kibirizi mu karere ka Nyanza, akurikiranyweho ibyaha byo kuzimanganya ibimenyetso no gutanga ubuhamya bw’ibinyoma mu rubanza rwa Jenoside yakorewe Abatutsi.
Jean Mutsinzi wabaye perezida w’urukiko rw’ikirenga bwa mbere nyuma ya Jenoside yakorewe Abatutsi mu 1994, yaguye mu bitaro byitiriwe umwami Faisal mu gitondo cyo kuri uyu wa kane tariki 21 Ugushyingo 2019.
Polisi y’u Rwanda n’abafatanyabikorwa bayo bageze mu cyumweru cya 28 mu byumweru 52 by’ubukangurambaga bwa ‘Gerayo Amahoro’. Muri uku kwezi k’Ugushyingo, Polisi y’u Rwanda irimo gufatanya na MTN-Rwanda muri ubu bukangurambaga. Kuri uyu wa gatatu tariki ya 20 Ugushyingo 2019, ubukangurambaga bwa Gerayo Amahoro bwakomereje mu (…)
Banki y’u Rwanda y’iterambere (BRD), iratangaza ko igiye gutanga inguzanyo ku bifuza kugura inzu ziciriritse ku rwunguko rutoya ugereranyije n’inyungu yari isanzwe yakwa n’amabanki.
Hashize iminsi hirya no hino mu gihugu humvikana abantu bihererana abandi bakabambura amafaranga babizeza akazi cyangwa kuzabajyana mu mahugurwa mu mahanga cyangwa kubabonerayo akazi, abandi bagahamagarwa ku matelefoni babwirwa ko batsindiye amafaranga n’ibindi bihembo ahantu runaka.
Abashinzwe kubungabunga ibidukikije baravuga ko bitarenze Ukuboza uyu mwaka, ba rushimusi b’imisambi banayicuruza mu buryo butemewe bazahura n’ibihano bikarishye.
Kuwa gatandatu tariki ya 16 Ugushyingo, umuryango w’abibumbye (LONI), wambitse imidari y’ishimwe abapolisi b’u Rwanda 428 bari mu butumwa bw’umuryango w’abibumbye bwo kugarura amahoro muri Repubulika Santarafurika (MINUSCA).
Amarushanwa ya ‘TVET Youth Challenge’ asize abanyeshuri 42 biga amasomo y’imyuga n’ubumenyingiro bahembwe miliyoni 33 z’amafaranga y’u Rwanda, zigamije gushyigikira ishyirwa mu bikorwa ry’imishinga yabo.
Umuryango mpuzamahanga ugamije guteza imbere umuco wo gusoma ibitabo hakoreshejwe ikoranabuhanga (NABU), watangije ikoranabuhanga rifasha Abanyarwanda gusoma ibitabo by’ikinyarwanda bakoresheje telephone zigendanwa.
Abahagarariye ibihugu byabo 12, kuri uyu wa gatanu tariki 15 Ugushyingo 2019, bashyikirije ibyangombwa Perezida wa Repubulika Paul Kagame, bibemerera guhagararira ibihugu byabo mu Rwanda.
Umuyobozi wa Polisi ya Gambia, IGP Alhaji Mamour Jobe, yashimye imikorere ya Polisi y’u Rwanda n’uruhare igira mu gutanga ubumenyi no kubaka ubushobozi burambye ku bapolisi bahugurirwa mu Rwanda.
Kuri uyu wa kane tariki ya 14 Ugushyingo 2019, Perezida wa Repubulika Paul Kagame, yakiriye indahiro z’abaminisitiri, abanyamabanga ba Leta n’abayobozi mu gisirikare, baheruka guhabwa imyanya.
Ku gicamunsi cyo kuwa gatatu tariki ya 13 Ugushyingo 2019, umuyobozi mukuru wa Polisi y’u Rwanda IGP Dan Munyuza, yakiriye mu biro bye Gen. (Rtd) Romeo Dallaire, umusirikare w’Umunyakanada, basinyana amasezerano y’ubufatanye mu gukumira iyinjizwa ry’abana bato mu gisirikare, kurwanya ubutagondwa mu rubyiruko n’ibindi.
Nyuma y’imyaka 25 Jenoside yakorewe Abatutsi ibaye, haracyari imbiri y’abishwe muri Jenoside yakorewe Abatutsi mu 1994 itaraboneka ngo ishyingurwe mu cyubahiro.
Nyuma y’imvura yaguye ku gicamunsi cyo kuri uyu wa kabiri tariki ya 12 Ugushyingo 2019, Kigali Today yagufatiye amafoto, akwereka uko ikirere cyasaga.
Kuri uyu wa kabiri tariki ya 12 Ugushyingo 2019, Madame Jeannette Kagame yitabiriye isabukuru y’imyaka 25 y’inama mpuzamahanga ku baturage n’iterambere (ICPD25), ibera i Nairobi muri Kenya.
Komiseri uyobora ishami rishinzwe gutoranya no kwinjiza abapolisi mu kazi ku cyicaro gikuru cy’umuryango w’abibumbye i New York, Ata Yenigun, ku cyumweru tariki 10 Ugushyingo, yasuye itsinda ry’abapolisi b’u Rwanda bari mu butumwa bw’umuryango w’abibumbye (LONI) bwo kubungabunga amahoro mu mujyi wa Bangui mu gihugu cya (…)
Mu rwego rwo kwegereza abaturage serivisi nziza no kubafasha igihe bahuye n’ikibazo, Polisi y’u Rwanda yashyizeho imirongo itandukanye ihamagarwa ku buntu.
Polisi y’u Rwanda iratangaza ko mu rukerera rwo kuri iki cyumweru tariki ya 10 Ugushyingo 2019, yarashe abantu babiri bageragezaga kwinjiza magendu mu Rwanda banyuze ku mupaka utemewe mu murenge wa Tabagwe mu karere ka Nyagatare.
Kuwa gatandatu tariki ya 09 Ugushyingo 2019, ahagana saa munani z’amanywa, General Juvenal Musabyimana bakundaga kwita Jean Michel Africa, akaba yari umuyobozi mukuru w’umutwe wa RUD-Urunana yarasiwe mu gace ka Rutshuru muri Repubulika iharanira demukarasi ya Kongo hafi y’umupaka wa Uganda, ahita apfa.
Minisitiri w’Ubuhinzi n’ubworozi, Dr. Géraldine Mukeshimana, yasabye abayobozi ba koperative ihinga icyayi yo mu karere ka Nyaruguru, Coothemuki, guhagarika kwishyuza abahinzi inguzanyo ya banki yakoreshejwe nabi na bamwe muri abo bayobozi.
Madame Jeannette Kagame n’igikomangomakazi cya Jordan Gina Mired basabye abagabo kureka abagore babo bagahatanira imyanya y’ubuyobozi ikomeye mu nzego z’ubuzima.
Banki ya Kigali yaje ku rutonde rwa banki 100 za mbere muri Afurika mu mwaka wa 2019.
Perezida wa Repubulika Paul Kagame yasabye abaganga gushyira inyungu z’abaturage n’iz’igihugu imbere y’izabo, kandi bagasigasira ubunyamwuga n’indangagaciro, niba bifuza ko urwego rw’ubuvuzi rugera ku ntego.