U Rwanda rwashyizwe ku mwanya wa kane ku isi mu bihugu byo gusurwa na ba mukerarugendo nk’ahantu heza mu mwaka wa 2020.
Kuva ku itariki ya 05 kugera ku ya 07 Ukuboza 2019, u Rwanda ruzakira inama mpuzamahanga ku kurwanya SIDA n’indwara zandurira mu mibonano mpuzabitsina, inama ya mbere yagutse ku mugabane wa Afurika.
Umunyamabanga uhoraho mushya muri Minisiteri y’Ubutegetsi bw’Igihugu Dusengiyumva Samuel yavuze ko agiye kwihutisha gahunda zo kuvugurura imikorere y’urwego rw’Akagari.
Urwego rw’Igihugu rushinzwe Ubugenzacyaha (RIB) rwatangaje ko rwafashe umuyobozi w’ishuri College Adventiste de Gitwe, Nshimiyimana Gilbert, ukekwaho kugira uruhare mu guhatira abana kuyoboka idini.
Mushaija Geoffrey wari Umunyamabanga Nshingwabikorwa w’Intara y’Amajyepfo yagizwe Umunyamabanga Nshingwabikorwa w’Intara y’Amajyaruguru.
Ubwo Perezida Kagame yakoraga impinduka muri Guverinoma ku mugoroba wo kuwa mbere tariki ya 04 Ugushyingo 2019, hirya no hino abantu batangiye kuzikoraho ubusesenguzi, cyane cyane banyuze ku mbuga nkoranyambaga.
Nyuma y’uko Perezida wa Repubulika Paul Kagame akaba n’Umugaba w’Ikirenga w’Ingabo z’u Rwanda, akoze impinduka mu gisirikare tariki 04 Ugushyingo 2019, kuri uyu wa kabiri tariki 05 Ugushyingo 2019 habaye umuhango wo guhererekanya ububasha hagati y’abayobozi bakuru b’ingabo bashya, n’abo basimbuye.
Ku wa mbere tariki 04 Ugushyingo 2019, nibwo Perezida wa Repubulika Paul Kagame yashyizeho abayobozi mu myanya y’ubuyobozi itandukanye, ashingiye ku biteganywa n’Itegeko Nshinga rya Repubulika y’u Rwanda ryo mu 2003 ryavuguruwe muri 2015, cyane cyane mu ngingo yaryo ya 116.
Perezida wa Repubulika Paul Kagame akaba n’Umugaba w’Ikirenga w’Ingabo z’u Rwanda, yakoze impinduka mu gisirikare.
Ku mugoroba wo kuwa gatanu tariki ya 01 Ugushyingo 2019, muri Kigali Arena habereye imikino ya BK All Star Game, ihuza abakinnyi bitwaye neza mu mwaka w’imikino 2018/2019.
Urwego rw’Igihugu rw’Ubugenzacyaha (RIB) ruratangaza ko rwataye muri yombi Abanyakenya umunani, Abanyarwanda batatu n’Umunya-Uganda umwe, bose bakaba bakurikiranyweho icyaha cyo kugerageza kwiba muri Banki ya Equity mu Rwanda.
Ibihugu by’u Rwanda na Hong-Kong byateye intambwe ya mbere mu mubano ushingiye ku bucuruzi impande zombi ziteganya gushyiramo imbaraga mu minsi iri imbere.
Leta y’u Rwanda iratangaza ko yatunguwe cyane n’ibyo itangazamakuru ryo muri Uganda ryanditse rivuga ko u Rwanda ngo rwababajwe no kuba Uganda yaranze gushyira umukono ku masezerano y’ubwumvikane hagati y’ibihugu byo mu Karere k’Ibiyaga Bigari.
U Rwanda ni cyo gihugu cya mbere muri Afurika cyerekaniwemo imodoka za Volkswagen zikoreshwa n’amashanyarazi.
Perezida wa Repubulika y’u Rwanda, Paul Kagame yageze i Doha muri Qatar, mu nama ya gatanu yiga ku iterambere ry’ikoranabuhanga.
Ubwuzu, urugwiro n’urukumbuzi, ni bimwe mu biranga abahurira mu nama ya Unity Club, dore ko abenshi baba badaherukana kandi baragiranye ibihe byiza mu nzego za Leta bagiye bakoreramo.
Perezida w’u Rwanda Paul Kagame yashimiye mugenzi we wa Botswana, Perezida Mokgweetsi Masisi ku bwo gutsindira kongera kuyobora icyo gihugu.
Kuri iki cyumweru tariki 27 Ukwakira 2019, i Rusizi mu Ntara y’Iburengerazuba habereye igikorwa cyo kwerekana abantu bane bakekwaho guhungabanya umutekano.
Minisitiri w’Ububanyi n’amahanga w’u Rwanda, Dr. Richard Sezibera, yatangaje ko yagiriye uruzinduko muri Israel kuri Ambasade y’u Rwanda.
Nk’uko Abaturarwanda bose bamaze kubimenyera, buri wa gatandatu wa nyuma w’ukwezi hakorwa umuganda rusange. Kuri uyu wa 26 Ukwakira 2019, ikipe ya Police FC yifatanyije n’abaturage bo mu karere ka Gasabo mu murenge wa Kimironko mu muganda rusange usoza ukwezi.
Kuri uyu wa gatandatu tariki ya 26 Ukwakira 2019, ku cyicaro gikuru cya Polisi y’u Rwanda giherereye ku Kacyiru mu karere ka Gasabo, habereye igikorwa cyo gutanga amaraso cyateguwe na Polisi ku bufatanye n’ikigo cy’igihugu cy’ubuzima (RBC).
Perezida wa Repubulika y’u Rwanda Paul Kagame arizera ko umubano hagati y’umugabane wa Afurika n’u Burusiya ushobora gukura mu gihe kiri imbere, mu gihe impande zombi zikomeje guteza imbere ubucuruzi ndetse n’imikoranire hagati y’inzego zitandukanye.
Leta y’u Rwanda ibinyujije mu kigo gishinzwe iterambere (RDB) ari na cyo gishinzwe kwita ku bikorwa by’ubukerarundo, yatangaje ko ingagi z’u Rwanda ziherutse gusuhukira muri Uganda ari ibintu bisanzwe.
Ubwo yarimo ageza ijambo ku bitabiriye inama irimo guhuza u Burusiya n’ibihugu bya Afurika, Perezida w’u Burusiya, Vladimir Putin, yageze hagati mu ijambo rye, yifuriza Perezida Kagame isabukuru nziza.
Perezida wa Repubulika Paul Kagame yageze i Sochi mu Burusiya mu nama ya mbere ihuje u Burusiya n’abakuru b’ibihugu na Guverinoma bo ku mugabane wa Afurika.
U Rwanda rwabeshyuje amakuru yatangajwe n’ibitangazamakuru byo muri Uganda avuga ko ibihugu byombi bizi itariki izaberaho inama igomba guhuza intumwa z’ibyo bihugu, inama yiga ku iyubahirizwa ry’amasezerano ya Luanda.
Urubuga rwa Forbes rwashyize Umujyi wa Kigali ku mwanya wa gatanu w’ahantu heza ho gutemberera mu mwaka utaha wa 2020.
Polisi y’u Rwanda iratangaza ko ku wa gatandatu tariki 19 Ukwakira 2019 mu masaha ya saa moya n’igice z’umugoroba, umuntu utahise amenyekana yateye Grenade mu Mujyi wa Kamembe mu Karere ka Rusizi.
Umushinga Green Rabbit w’inkwavu zitangiza ibidukikije, zitozwa gukata ibyatsi cyangwa se gutunganya ubusitani ni wo wabaye uwa mbere mu mishinga itandukanye yateguwe n’amatsinda y’urubyiruko mu Mujyi wa Kigali ubwo hasozwaga amahugurwa yari afite insanganyamatsiko igira iti “Kuva mu magambo,Ukajya mu bikorwa” (From Ideas (…)
Imibare igaragazwa na Sosiyete y’u Rwanda Ishinzwe Ingufu (REG), irerekana ko ubu ingo zifite amashanyarazi zimaze kugera kuri 53%, zirimo 38% zifite amashanyarazi afatiye ku muyoboro mugari, na 15% zifite amashanyarazi adafatiye ku miyoboro migari yiganjemo akomoka ku mirasire y’izuba.