Perezida wa Repubulika Paul Kagame, akaba n’umuyobozi w’Umuryango wa Afurika y’Uburasirazuba, kuwa mbere 16 Nzeri 2019, yakiriye abagize inama y’ubucuruzi muri Afurika y’Uburasirazuba (East African Business Council), baganira ku bibazo byugarije ubucuruzi mu karere.
Kuri uyu wa mbere tariki 16 Nzeri 2019, hirya no hino mu turere hazindukiye amatora y’abakandida Senateri, bagomba guhagararira intara n’umujyi wa Kigali.
Perezida wa Repubulika Paul Kagame ku gicamunsi cyo ku cyumweru 15 Nzeri 2019 yakiriye Alex Azar, Minisitiri w’Ubuzima wa Leta zunze ubumwe za Amerika, bakaba bagiranye ibiganiro ku bikorwa by’ubuzima birimo kurwanya icyorezo cya Ebola gikomeje kwibasira Uburasirazuba bwa Repubulika ya Demokarasi ya Congo.
Polisi y’igihugu irakangurira abantu bose bifuza kwiyandikisha gukorera uruhushya rwo gutwara ibinyabiziga ko guhera tariki ya 13 Nzeri mu masaha ya saa cyenda (15h00) hafunguwe imirongo yo kwiyandikisha, ikaba isaba buri wese ubyifuza kudacikwa n’aya mahirwe.
Polisi y’igihugu ishami rishinzwe kurwanya inkongi z’umuriro, iributsa abaturage ko igihe bamaze gukoresha ibikoresho bikoresha amashanyarazi bakwiye kwibuka kubicomokora no kubizimya mbere yo kuva aho bari bari.
Kuwa gatandatu tariki ya 14 Nzeri 2019, inama ya biro politiki y’Umuryango FPR Inkotanyi yabereye i Rusororo ku cyicaro cy’Umuryango FPR Inkotanyi.
Komisiyo ishinzwe kugenzura ikoreshwa ry’umutungo wa Leta mu nteko ishinga amategeko (PAC) yatunguwe no kumva urwego rwakabaye ruteza imbere uburezi, rugaragara mu makosa y’imitangire y’amasoko bikagira ingaruka ku myubakire y’amashuri.
Niringiyimana Emmanuel wo mu murenge wa Murambi mu karere ka Karongi, wamenyekanye cyane ubwo yakoraga umuhanda ureshya n’ibirometero birindwi wenyine, yatangaje ko agiye guhunga agace atuyemo akigira kuba muri Kigali, kubera umutekano mucye.
Urwego rw’Igihugu rw’Ubugenzacyaha (RIB) rwatangaje ko rwafashe babiri bakekwaho gucura umugambi no kwica Imanishimwe Sandrine, barimo uwahoze ari umukunzi we.
Komisiyo y’Abadepite ishinzwe kugenzura imikoreshereze y’imari n’umutungo by’Igihugu (PAC) kuri uyu wa kane tariki 12 Nzeri 2019 yakiriye Ikigo cy’igihugu gishinzwe uburezi (REB) kugira ngo cyisobanure ku bikubiye muri raporo y’umugenzuzi w’imari ya Leta.
Mu gihe isi igihanganye n’ingaruka z’ihungabana ry’ubukungu ryo muri 2008, Minisitiri w’Intebe w’u Rwanda Dr. Edouard Ngirente avuga ko uburyo bwonyine bwo kurandura iki kibazo ari agushishikariza abantu bose gukorana n’ama banki.
Pasiteri Emmanuel Mutangana uyobora itorero ‘River City Church’ rikorera i Washington DC muri Leta zunze ubumwe za Amerika, yatangaje ko mu kwezi kwa Nyakanga umwaka utaha wa 2020, azagaruka mu Rwanda azanye n’Abanyamerika basengana bakunze u Rwanda batararukandagiramo.
Intumwa z’u Rwanda na Uganda zirateganya guhurira i Kigali mu cyumweru gitaha kugira ngo ziganire ku masezerano agamije kunoza umubano w’ibihugu byombi, by’umwihariko koroshya ingendo zambukiranya imipaka ihuza ibyo bihugu.
Perezida wa Repubulika Paul Kagame yanditse kuri Twitter ko agiye gukurikirana ikibazo cy’umukobwa witwa Diane Kamali wanditse kuri Twitter avuga ko yahohotewe ntahabwe ubutabera bukwiye.
Perezida wa Repubulika Paul Kagame yavuze ko kimwe mu byatuma umugabane wa Afurika utera imbere ari uko ibihugu byose byakoroshya urujya n’uruza, abaturage bakabasha gucuruza no guhahirana.
U Rwanda nka kimwe mu bihugu by’intangarugero ku isi mu kugeza amaraso ku bitaro rukoresheje indege zitagira abapilote (drones), rwatoranyijwe kuzakira ihuriro n’amarushanwa ya drones muri Gashyantare umwaka utaha wa 2020.
Perezida wa Repubulika Paul Kagame yamaze kugera i Brazaville muri Repubulika ya Congo, aho yitabiriye inama y’ihuriro ya gatanu ku ishoramari muri Afurika (Investing In Africa Forum).
Mu ruzinduko yakoreye mu Ntara y’Amajyepfo mu mpera z’icyumweru gishize no ku wa mbere tariki 09 Nzeri 2019, Minisitiri w’Ubutegetsi bw’Igihugu Prof. Shyaka Anastase ubuyobozi bw’Akarere ka Nyamagabe bwamuhigiye ko bugiye gukemura ibibazo byose bibangamiye imibereho myiza y’abaturage birimo abantu 423 barwaye amavunja, ingo (…)
Umuyobozi wungirije wa police mu butumwa bw’amahoro bw’umuryango w’abibumbye muri Repubulika ya Santrafurika (MINUSCA), Brig. Gen. Ossama El Moghazy, yashimye umusaruro polisi y’u Rwanda itanga mu butumwa bwo kubungabunga amahoro muri icyo gihugu.
Mu Kinigi mu Ntara y’Amajyaruguru mu Karere ka Musanze, tariki 06 Nzeri 2019 hari hateraniye abantu b’ingeri zitandukanye baturutse hirya no hino bitabiriye umuhango wo kwita izina abana b’ingagi 25.
Umukobwa witwa Scolastique Hatangimana wari ufite imyaka 25 y’amavuko, yashizemo umwuka nyuma yo gusimbuka agwa hasi aturutse mu igorofa ya kane mu nyubako ya Makuza Peace Plaza iri mu mujyi wa kigali rwagati, ajyanwa kwa muganga muri CHUK ariko ntiyabasha kubaho.
Perezida wa Repubulika Paul Kagame yasabye abaturage baturiye Pariki y’igihugu y’Ibirunga kurushaho gufatanya no gufata neza iyi Pariki n’ibikorwa by’ubukerarugendo biyishamikiyeho, mu rwego rwo kugira ngo irusheho kuzana abakerarugendo benshi n’inyungu nyinshi ku gihugu no kuri bo ubwabo.
Umukobwa witwa Scolastique Hatangimana w’imyaka 25 y’amavuko, mu masaha ya saa tanu kuri uyu wa gatanu 06 Nzeri 2019 yasimbutse mu igorofa rya kane mu nyubako ya Makuza Peace Plaza, ashaka kwiyahura.
Urukiko rwo mu Bufaransa rwaburanishaga urubanza isake Maurice yari yararezwemo n’abaturanyi bayo bayishinjaga kubasakuriza, rwatesheje agaciro ikirego cy’abo bantu.
Ikipe y’igihugu y’umupira w’amaguru, Amavubi, itsinze Seychelles ibitego bitatu ku busa (3-0) mu mukino ubanza w’amajonjora y’igikombe cy’isi cya 2022 kizakinirwa muri Qatar.
Louis Van Gaal wahoze ari umutoza w’ikipe ya Manchester United yo mu Bwongereza ndetse na FC Barcelona yo muri Espagne, yamaze kugera mu Rwanda, kwifatanya n’ibindi byamamare mu muhango wo Kwita Izina, uteganyijwe kuwa 06 Nzeri 2019.
Abanyarwanda baba muri Afurika y’Epfo bagiriwe inama yo kwigengesera kubera impungenge z’umutekano utifashe neza muri icyo gihugu.
General James Kabarebe yatangaje ko Kayumba Nyamwasa wahoze ari umugaba mukuru w’ingabo z’u Rwanda akaza guhunga igihugu, akanashinga umutwe urwanya Leta y’u Rwanda ‘Rwanda National Congress (RNC)’, ari umuhemu wirengagije sisiteme (system) yamugize uwo ari we, agahinduka uyirwanya.
Minisitiri w’Ubutegetsi bw’Igihugu, Prof. Shyaka Anastase yatangaje ko kuba bamwe mu bayobozi mu nzego z’ibanze barimo kwegura abandi bakeguzwa nta gikuba cyacitse.
Ntirenganya Emmanuel amaze gotorerwa kuyobora Akarere ka Musanze by’agateganyo. Ni nyuma y’uko Inama Njyanama y’Akarere ka Musanze, mu gitondo cyo kuri uyu wa kabiri tariki 03 Nzeri 2019 yeguje uwayoboraga ako karere, Habyarimana Jean Damascene na Visi Meya ushinzwe iterambere ry’ubukungu, Ndabereye Augustin naho Visi Meya (…)