Munyakazi Leopold uregwa kugira uruhare rukomeye mu gutegura, gushishikariza no gushyira mu bikorwa Jenoside yakorewe abatutsi mu Rwanda, yagejejwe i Kigali.
Umujyi wa Kigali ku bufatanye n’Isoko ry’imari n’imigabane(CMA) bagaragaje inyigo y’uko ikibazo cy’akajagari kigiye gukemuka, n’abari bagatuyemo bakabona inzu byoroshye.
Ibinyabiziga bitwara abagenzi bisanzwe birimo “Speed governors” cyangwa utugabanyamuvuduko zongewemo ikoranabuhanga rigenzura umuvuduko ikinyabiziga gikoresha mu rwego rwo kugabanya impanuka.
Abasirikare bakuru ba Zambiya bari mu ruzinduko mu Rwanda, basanga kuba rwariyubatse rubikesha gukorera ku ntego.
Abagenzi n’abafite ibyo bakorera muri gare ya Kacyiru binubira kutagira ubwiherero kuko ngo bagorwa no gukemura ikibazo mu gihe bakubwe.
Minisiteri y’Ubutegetsi bw’Igihugu (MINALOC) ivuga ko ubukorerabushake bufatiye runini igihugu kuko butuma hakorwa imirimo myinshi kitabonera ingengo y’imari.
Minisiteri y’ubuhinzi n’ubworozi (MINAGRI), ivuga ko imurikabikorwa mpuzamahanga ribera i Kigali ku bijyanye n’ubuki(ApiExpo), rizasigira abavumvu b’Abanyarwanda ikoranabuhanga rigezweho.
Abanyeshuri bari gusoza ayisumbuye mu bumenyingiro, bitezweho iterambere ry’igihugu, nibatangira kubushyira mu bikorwa.
Igipimo cy’ubwiyunge bw’Abanyarwanda (RRB) cyerekanye ko abibona mu ndorerwamu y’amoko bagabanutseho 10% hagati y’umwaka wa 2010 na 2015.
Impuzamiryango iharanira uburenganzira bwa muntu (CLADHO) itangaza ko igiye kwita ku bana baterwa inda zitateguwe, ibaganiriza, inabafasha mu bijyanye n’amategeko.
Ubuyobozi bufatanyije n’inzego z’umutekano bataye muri yombi abantu batanu bakekwaho ubujura bwayogoje ahazwi nka “Dobandi” mu Mujyi wa Kigali.
Itsinda ry’abadepite b’Inteko Ishingamategeko y’ibihugu bigize umuryango wa Afurika y’Iburasirazuba (EALA) riri mu Rwanda kwiga ku byateye Jenoside n’uko ingengabitekerezo yayo yarwanywa.
Abatuye mu Murenge wa Muhima muri Nyarugenge, ahakunze kwitwa “Dobandi”, barasaba ubuyobozi kubakiza amabandi yitwaza ibyuma akabiba amanywa n’ijoro.
Ubushakashatsi mu Rwanda ngo ntiburagera ku rwego rushimishije, ku buryo bugikeneye kongerwamo ingufu kuko raporo nyinshi ku Rwanda zitangazwa n’abanyamahanga.
Kaminuza y’Ikoranabuhanga ya Rushmore (RUT Ltd) yo mu Birwa bya Maurice, igiye gushora miliyari 4.8Frw zo kwigisha ubumenyingiro mu Rwanda.
Inama Nkuru y’Itangazamakuru (MHC) itangaza ko ubumenyi bw’ibanze budahagije ku munyamakuru, ngo ahubwo agomba kongeraho umwihariko w’ubumenyi ku kintu runaka.
Abaturage b’amikoro make bo muri Gasabo barakangurirwa kwizigamira binyujijwe muri gahunda yiswe “Igiceri Program”, kuko abayitabiriye hari ibyo itangiye kubagezaho.
Aborozi b’inka zitanga amata bibumbiye mu makoperative bavuga ko ubucuruzi bw’amata bukirimo akajagari, bigatuma amakusanyirizo yayo atagera ku ntego.
Bamwe mu borozi bamaze kumenya ko guha inka ibyatsi gusa bidahagije kugira ngo itange umukamo utubutse, ahubwo ko igomba kongererwaho ibiryo by’amatungo.
Minisiteri y’Ubuhinzi n’Ubworozi (MINAGRI) ivuga ko mu Rwanda ikoranabuhanga ryo kubika amata rikiri hasi bigatuma kuyacuruza hanze bigorana.
Minisiteri y’Ubuzima (MINISANTE) ivuga ko abaganga bashya barangije Kaminuza boherejwe mu bitaro binyuranye byo mu gihugu bitezweho kongera ubwiza bwa servisi.
Minisitiri w’Ubutegetsi bw’Igihugu, Francis Kaboneka, avuga ko iterambere ritashoboka nta mutekano kuko ari wo musingi waryo agasaba buri wese kuwubungabunga.
Abaturiye ruhurura ya Mpazi mu Murenge wa Rwezamenyo w’Akarere ka Nyarugenge, baravuga ko kuva yakorwa, inzu zabo zazamuye agaciro.
Bugingo Jonas watomboye moto nshya muri Airtel avuga ko izamwinjiriza amafaranga akabona ibyo akenera ku ishururi ku buryo azarangiza adatezwe.
Bamwe mu baturage bavuga ko hari abayobozi barutisha gahunda zabo iz’abaturage bikababangamira kuko bituma batagera ku byo biyemeje.
Minisiteri y’Ubuzima (MINISANTE), ivuga ko kuzamura umusoro ku itabi bituma rihenda ku isoko bikaba byagabanya abarinywa bikabarinda indwara.
Ikigo cy’Igihugu cy’Imisoro n’Amahoro, RRA, gitangaza ko ku ntego cyihaye yo kwakira imisoro mu mwaka wa 2015-2016 cyarengejeho miliyari 41FRW.
Komisiyo y’Igihugu ishinzwe Ivugururwa ry’Amategeko (RLRC) ivuga ko kuvugurura igitabo cy’amategeko byari ngombwa kuko hari ibyaha bimwe bitabagamo, bityo ntibihanwe uko bikwiye mu gihe bikozwe.
Minisiteri y’Ingabo (MINADEF), iratangaza ko imikino ihuza abasirikare bo mu Muryango w’Ibihugu bya Afurika y’Iburasirazuba (EAC) yongera ubucuti bw’abaturage.
Komisiyo y’Igihugu Ishinzwe Ivugururwa ry’Amategeko (RLRC), ivuga ko kuba amategeko ahinduka kenshi mu Rwanda atari ikibazo kuko ari igihugu kirimo kwiyubaka.