Abakozi bo mu rwego rw’imfungwa n’abagororwa muri Burukina Faso batangaza ko uburyo RCS icunga amagereza byakagombye kubera urugero ibindi bihugu.
Ubuyobozi bw’ikigo cy’imali cya Zigama CSS butangaza ko muri 2020 buzaba bufite imali igera kuri miliyari 470 bitewe n’izamuka igaragaza.
Ihererekanya ry’ubutaka mu gihe cyashize ryajyaga rimara imyaka ibiri cyangwa ikarenga none ubu ngo rigeze aho rikorwa mu munsi umwe.
Umuyobozi wa Komisiyo y’Igihugu y’Amatora, Prof Kalisa Mbanda, avuga ko Komisiyo y’Igihugu y’Amatora(NEC) nta gitutu yashyizweho mu gutegura Referendumu kuko yigenga.
Ikigega cy’Ubukungu cya Koweti (KFAED) cyagurije u Rwanda amadolari y’Amerika miliyoni 15 azifashishwa mu gukora umuhanda Rukomo-Nyagatare, ugashyirwamo na kaburimbo.
Ubushakashatsi bwakozwe na Transparancy Internatinal Rwanda (TI-Rw) kuri ruswa mu mwaka wa 2015, bwagaragaje ko hari ruswa mu byiciro binyuranye by’amashuri mu Rwanda.
Abanyeshuri 14 bo mu ishuri rya gisirikare rya Kenya (NDC) bari mu ruzinduko rugamije kwiga uko ingabo z’u Rwanda zicunga umutekano.
Perezida Paul Kagame akaba n’Umuyobozi wa FPR Inkotanyi yatangaje ko ibizava muri Kamarampaka (Referendum) ari cyo gisubizo cy’abashaka ko akomeza kuyobora.
Perezida wa Komisiyo y’igihugu y’Itorero Rucagu Boniface, yemeza ko ubwitange ari bwo bwaremye u Rwanda, burarubohora, burarwubaka buruhesha n’agaciro.
Abahesha b’inkiko 100 batari ab’umwuga barahiriye kuzuza inshingano zabo, basabwe kudasiganira kurangiza imanza kuko biri mu bizitinza.
Umuryango w’abapfakazi ba Jenoside AVEGA Agahozo, urizihiza imyaka 20 umaze ubayeho, ukishimira ko abanyamuryango bawo bahagaze kigabo mu ngo zabo.
RRA yafashe abakekwaho gushaka kunyereza imisoro ya miliyoni 70Frw, bakoresheje akamashini gatanga inyemezabuguzi (EBM) k’umucuruzi wo mu mujyi wa Kigali.
Mu rwego rwo gukumira impanuka, Polisi y’u Rwanda ivuga ko imodoka z’inyamahanga ziza mu Rwanda zigomba kuba zarakorewe contrôle technique.
Ubusanzwe abanduye virusi itera SIDA batangizwaga miti imibiri yabo yatangiye gucika intege ariko ubu ngo bazajya bayitangira bakimenya ko banduye
Buri gihugu cyashyize umukono ku masezerano mpuzamahanga yo kurwanya iyicarubozo gisabwa gushyiraho urwego rukurikirana ishyirwa mu bikorwa ryayo.