Minisitiri w’Ubucuruzi n’Inganda, François Kanimba, avuga ko hari politiki iri gutegurwa izorohereza inganda z’imyenda zo mu Rwanda kugira ngo zigabanye ibiciro.
Umuyobozi w’akarere ka Nyarugenge, Kayisime Nzaramba, avuga ko gukora igenamigambi abo rireba bose batabigizemo uruhare bigorana kurishyira mu bikorwa.
Umuyobozi w’Ishuri Ryisumbuye rya Ruhanga mu karere Ka Gasabo, Rubaduka Eugène, avuga ko ibikorwa abana bagizemo uruhare barushaho kubirinda icyabyangiza.
Umuyobozi wa Kaminuza Yigenga y’Abalayiki b’Abadivantisiti (UNILAK), Dr Ngamije Jean, asaba abanyeshuri gukoresha ubumenyi bafite bagatanga ubutumwa bwo kurwanya Jenoside.
Abanyasudani y’Amajyepfo bari mu ruzinduko mu Rwanda basuye Ikigo cy’Igihugu cy’Ubuziranenge bashima imikorere yacyo kuko ngo irimo ubuhanga.
Polisi y’Igihugu yerekanye abapolisi babiri bafatiwe mu cyuho bakira ruswa mu masaha y’ijoro ubwo bari mu kazi k’umutekano wo mu muhanda.
Minisiteri ya Afrika y’Iburasirazuba (MINEAC) irakangurira abikorera bo mu Rwanda kwagurira ibikorwa byabo muri Sudani y’Amajyepfo kuko hari isoko rigari.
Minisitiri w’Umurimo n’abakozi ba Leta, Uwizeye Judith, avuga ko ubushomeri bwagabanutse akurikije imibare y’ibarura (EICV) ryagaragaje ko bwavuye kuri 2,3% bugera 2%.
Abafite ingengabitekerezo ngo si benshi ariko batarwanyijwe yakwirakwira mu Banyarwada, kuko igereranywa n’uburozi bwica imbaga ari buke.
Abahanga mu buvuzi bwibanda kuri malariya bavuga ko igihugu gishobora kuyirwanya ariko ibihugu bituranyi bitabikoze ngo nta cyo biba bimaze.
Minisitiri w’Umurimo n’Abakozi ba Leta, Uwizeye Judith araburira abakoresha abana batarageza imyaka y’ubukure kuko ngo binyuranyije n’amategeko.
Ubuyobozi bw’Akarere ka Kicukiro burasaba abanyamyuga bagikorera hirya no hino gusanga abandi mu Gakiriro ka Gahanga bitarenze tariki 22 Mata 2016.
Ikigo cy’Igihugu cy’Iterambere, RDB, cyahwituriye abanyamahoteri kunoza imikorere mu nzego zose kugira ngo bongere ubwiza bwa servisi batanga.
Ibihugu byibumbiye mu muryango Smart Africa byiyemeje kugabanya ibiciro by’itumanaho ku bantu bakorera ingendo muri ibyo bihugu, bityo ubuhahirane bworohe.
Umuyobozi w’Ibitaro bya Gisirikare by’u Rwanda (RMH), Brig Gen Emmanuel Ndahiro, avuga ko kwibuka ari ingufu zo kurwanya ingengebitekerezo ya Jenoside.
Minisitiri w’Intebe Anastase Murekezi, avuga ko amategeko abuza zimwe mu manza kugera ku bushinjacyaha zikajyanwa mu bunzi agomba guhinduka.
Senateri Mugesera Antoine avuga ko umwihariko wa Jenoside yakorewe Abatutsi wari gutsemba isano hagati y’abantu bityo kubica bikoroha.
Minisitiri w’Uburezi, Dr Musafiri Papias Malimba, arasaba abashakashatsi n’abanditsi b’amateka gukomeza kwandika kuri Jenoside yakorewe Abatutsi mu 1994.
Minisitiri w’Ubutabera, Johnston Busingye, avuga ko nta warindira ubuzima abantu nka bo ubwabo kuko abari barinzwe n’ingabo z’amahanga muri Jenoside bitababujije kwicwa.
Akarere ka Nyarugenge karitegura gushyingura mu cyubahiro imibiri y’abazize Jenoside yakorewe Abatutsi mu Rwanda mu 1994 yamaze kuboneka, kanongere ingufu mu gushakisha n’indi itaraboneka, na yo ngo ishyingurwe.
Abayobozi banyuranye bitabiriye igikorwa cyo gutangiza icyunamo mu Karere ka Nyarugenge, basabye urubyiruko gukoresha imbaraga rufite mu kurwanya Jenoside n’ingengabitekerezo yayo.
Umuryango w’Abanyaburayi urwanya iIvangura (EGAM), waje kwifatanya n’Abanyarwanda kwibuka ku nshuro ya 22 Jenoside yakorewe Abatutsi mu 1994.
Ubuyobozi bw’Umujyi wa Kigali buravuga ko bwongereye ingamba zo gukumira ibiza zirimo gutunganya imihanda no gusana amazu nyuma y’aho imvura ikaze itwaye ubuzima bw’abantu ikanangiza byinshi muri uyu mujyi.
Minisiteri y’Ubuzima (MINISANTE) irasaba abakangurambaga b’ihungabana kongera ingufu mu kazi kabo muri iki gihe cyo kwibuka kuko rigenda rihindura isura.
Ikigo cy’Igihugu gishinzwe guteza imbere Ibikomoka ku Buhinzi n’Ubworozi Byoherezwa mu Mahanga (NAEB), cyafashe toni 10 za kawa yari ijyanwe Uganda idafite ibyangombwa bitangwa n’iki kigo.
Abambuwe na sosiyete DN International yakoraga mu bwubatsi bavuga ko guhagarika umucungamutungo w’igihombo cy’iyi sosiyete byatuma ikibazo cyabo gisubira inyuma kuko ngo ari we wagikurikiranye.
Ubuyobozi bw’umuryango IBUKA buvuga ko hagiye kongerwa ingufu mu kwibuka by’umwihariko ababuriwe irengero muri Jenoside yakorewe Abatutsi mu 1994.
Abatepite bo muri Côte d’Ivoire bari mu ruzinduko mu Rwanda bavuga ko bagiye gukorera ubuvugizi n’iwabo abagore bakiyongera mu nzego zifata ibyemezo.
Abaturage bo mu Kagari ka Kimisagara bakoze umuganda wo gutema ibihuru byari bikikije umuhanda unyura rwagati muri aka kagali kuko ngo byari indiri y’amabandi.
Minisiteri y’Ibikorwa remezo itangaza ko muri 2017 umujyi wa Kigali uzaba wihagije ku mazi meza kubera uruganda rushya rwa Nzove 2 rwatanshywe.