Albert Munyabugingo, umwe mu bashinze ikigo VubaVuba gitanga serivisi zo kugeza amafunguro mu ngo, ni umwe muri ba rwiyemezamirimo begukanye inkunga ingana na miliyoni 1,7$ (asaga miliyari 1,7FRW) binyuze mu mushinga Africa’s Business Heroes (ABH), uterwa inkunga n’umuryango Jack Ma Foundation and Alibaba Philanthropy.
Urukiko Rwisumbuye rwa Gasabo rushobora kuburanisha Félicien Kabuga umwe mu bari ku isonga ryo gutegura Jenoside yakorewe Abatutsi, urubanza rwe rukaba rwarasubitswe mu gihe kitazwi n’urwego rwasigaranye inshingano z’urukiko mpuzamahanga mpanabyaha (IRMCT).
Uruzinduko rwa Minisitiri w’Ubwami bw’u Bwongereza (UK) ushinzwe Iterambere na Afurika Andrew Mitchell utegerejwe mu Rwanda muri iki cyumweru, rwitezweho gushimangira umubano usanzwe uranga ibihugu byombi mu bikorwa by’ubufatanye mu iterambere.
Ubwo Yobu yari mu bigeragezo biremereye birimo gupfusha umugore, abana, amatungo ndetse no kurwara ibibembe umubiri wose, yarihebye ageze aho atumbira ijuru yuzura imbaraga zo kwizera.
Joe, ni izina ry’umugore wari umushoferi wa tagisi i Paris mu Bufaransa, izina rye barigenderaho bahimba indirimbo Joe le taxi. Uwo mugore ariko ntakiri kuri iyi si, kuko yitabye Imana mu 2019 azize kanseri.
Mu mujyi wa Iten muri Kenya haravugwa urupfu rw’umugabo witwa Rubayita Sirag bikekwa ko ari Umunyarwanda wari uzwi mu gusiganwa ku maguru, akaba yaguye mu bushyamirane bwatewe no gufuha hagati y’abantu batatu.
Umunyarwandakazi Sherrie Silver ufite ubwenegihugu bw’u Bwongereza, wamamaye kubera kugira inzozi ngari kandi zikaza kuba impamo, avuga ko afite izindi nzozi zo gutangiza ikigo giteza imbere impano zitandukanye mu Rwanda, kandi akazabikora mu gihe kitageze ku myaka 10.
Masai Ujiri washinze umuryango Giants of Africa ufite intego yo guteza imbere impano z’urubyiruko rwa Afurika muri basketball, ni Umunyakanada ukomoka ku mubyeyi w’Umunyanigeriya Michael Ujiri n’Umunyakenyakazi Paula Grace, bombi bafite ubwenegihugu bw’U Bwongereza.
Iyo urukundo ruje muri gahunda z’umuntu, ibindi byose bisa n’ibisubitswe akigira mu yindi si, ibitekerezo byose bigahita byimukira ku wo akunda, agahora yumva nta kindi ashaka kumva usibye amagambo meza amwerekeyeho cyangwa amuturutseho.
Mu bakuru b’ibihugu 10 bato mu myaka kugeza ubu, uruta abandi ni Emmanuel Macron w’u Bufaransa ku myaka 46, umuto ni Ibrahim Traoré wa Burkina Faso ku myaka 35.
Umuvugizi wa Guverinoma y’u Rwanda, Yolande Makolo, yavuze ko icyemezo cya Guverinoma y’u Bubiligi cyo kwanga Ambasaderi Vincent Karega nk’intumwa yo kuruhagararira muri icyo gihugu kibabaje kandi ko kinyuranyije n’umubano usanzwe uranga u Rwanda n’u Bubiligi.
Perezida w’u Burusiya Vladimir Putin avuga ko igihugu cye gifite ubushobozi bwo gusimbura ingano zoherezwaga muri Afurika ziturutse muri Ukraine nyuma y’uko u Burusiya busheshe amasezerano yari agamije kubungabunga ubwikorezi bwazo mu Nyanja y’Umukara.
Leta y’Ubushinwa yakuye Qin Gang ku mwanya wa minisitiri w’ububanyi n’amahanga ataramara n’amezi arindwi agiye kuri uwo mwanyai.
Perezida wa Repubulika ya Congo, imenyerewe nka Congo Brazzaville Denis Sassou Nguesso, yayoboye igihugu mu bihe bibiri bitandukanye uhereye mu 1979 kugeza mu 1992 ubwo yatsindwaga amatora, akongera gufata ubutegetsi ku ngufu za gisirikare mu 1997.
Urukiko rw’Ikirenga rwasubitse isomwa ry’urubanza ku kirego kirebana n’ububasha bw’Urwego rw’Igihugu rw’Ubugenzacyaha (RIB) mu gukora amaperereza yo gusaka mu ngo no mu zindi nyubako nta mpushya zo gusaka zerekanywe.
Nyuma yo kugaragaza ko yifuza kongera kwiyamariza kuyobora Leta Zunze Ubumwe za Amerika (US), Donald Trump yahishuye umugambi afite, ahamya ko ushobora kurangiza intambara y’u Burusiya na Ukraine mu masaha 24.
Kubyiringira cyangwa gukuba amaso ni ibintu bifatwa nk’ibisanzwe, igihe umuntu arimo kugerageza kwikiza ikimubangamiye mu jisho, ananiwe cyangwa afite ibitotsi. Nyamara impuguke mu miterere y’ijisho zivuga ko bishobora kwangiza ubuzima bwaryo, cyane cyane iyo bikorwa buri kanya kandi igihe kirekire.
Urukiko rw’ubujurire rwa Paris mu Bufaransa, muri iki cyumweru rwaburijemo iseswa ry’iperereza ku birego bishinja ingabo z’u Bufaransa, ko ntacyo zakoze ku bwicanyi bwo mu Bisesero mu mpera za Kamena 1994.
Umusirikare ufite ipeti rya general mu ngabo z’u Burusiya yavuze ko Leta Zunze Ubumwe za Amerika (USA) zifite umugambi wo kunyanyagiza imibu itera malariya mu basirikare b’Abarusiya aho bari ku rugerero barwana na Ukraine.
Ikigo kirengera inyungu z’abaguzi muri Kenya cyareze uruganda rw’Abanyamerika rukora puderi z’abana (Johnson & Johnson Services Inc) ko rwohereza puderi zitera kanseri muri Kenya.
Maze igihe kitari kinini cyane ariko na none kitari gito kuri iyi si, ariko hari ibyo njya mbona bikanyobera. Umuntu agira atya akavuka atarabihisemo, akabyarwa n’ababyeyi atahisemo, akavukira mu gihugu atahisemo akaza ari igitsina atahisemo, akavuka ari umwera, umwirabura, umwarabu cyangwa uw’uruhu rujya gusa n’umuhondo (…)
Umuyobozi muri Minisiteri y’Ubuzima ya Uganda yatangaje ko Perezida Yoweri Kaguta Museveni bamusanzemo COVID-19, ariko ngo nta bibazo by’ubuzima afite ndetse ngo akomeje imirimo ye nk’ibisanzwe mu gihe arimo kwitabwaho.
Mutezintare Gisimba Damas watabarutse ku cyumweru tariki 04 Gicurasi 2023 azize uburwayi ku myaka 62; muri Jenoside yakorewe Abatutsi mu 1994 ikigo cye Gisimba Memorial Center cyarokokeyemo abasaga 400 biganjemo abana.
Mu itangazo ryashyizwe ahagaragara i Las Vegas muri Leta Zunze Ubumwe za Amerika kuri uyu wa Gatanu 26 Gicurasi, abateguraga ibitaramo by’umuhanzikazi Celine Dion yise ‘Courage World Tour’, bavuze ko ibitaramo byose byari birimo kugurirwa amatike ya 2023 na 2024 bisubitswe.
Fulgence Kayishema, uheruka gutabwa muri yombi muri Afurika y’Epfo akekwaho uruhare muri Jenoside yakorewe Abatutsi, ni umwe mu bantu bashakishwaga cyane kubera uruhurirane rw’ibyaha by’indegakamere ashinjwa gukora muri Jenoside yakorewe Abatutsi mu Rwanda mu 1994.
Umuhanzikazi Tina Turner, ku mazina ye asanzwe nka Anna Mae Bullock; yavutse ku itariki 26 Ugushyingo 1939 mu mujyi wa Brownsville, Tennessee muri Leta Zunze Ubumwe za Amerika.
BK Group Plc yashyize Bwana Jean Philippe Prosper ku mwanya wa Perezida w’Inama y’Ubutegetsi. Gushyirwa kuri uwo mwanya bibaye nyuma y’umwanzuro w’Inama Rusange Ngarukamwaka y’Abanyamigabane bari mu Nama y’Ubutegetsi ya BK Group Plc yabaye kuri uyu wa 19 Gicurasi 2023 hakaba hasigaye ko byemezwa hakurikijwe amabwiriza (…)
Abanyamuryango ba IBUKA, Umuryango Uharanira Inyungu z’Abacitse ku icumu rya Jenoside yakorewe Abatutsi ishami ryo mu Budage n’inshuti zabo, ku bufatanye na Ambasade y’u Rwanda muri icyo gihugu, bibutse ku nshuro ya 29 Jenoside yakorewe Abatutsi mu Rwanda.
Mu myaka 29 ishize, inkuru n’ubuhamya bivuga ku iyicwa ry’Abatutsi kuri Paruwasi y’Umuryango Mutagatifu (Sainte Famille) mu gihe cya Jenoside yakorewe Abatutsi, zivuga ko iyi paruwasi yayoborwaga na Padiri Wenceslas Munyeshyaka, ariko si ko biri.
Mu minsi yakurikiye itariki ya 1 Ukwakira 1990, Inkotanyi zimaze gutangiza urugamba rwo kubohora u Rwanda, nibwo Padiri Munyeshyaka Wenceslas yimuriwe muri Paruwasi y’Umuryango Mutagatifu (Sainte Famille), mu Karere ka Nyarugenge.