Karangwa Jean Marie Vianney, umwe mu banyamahirwe yagerwaga ku mashyi warokokeye Jenoside yakorewe Abatutsi kuri Paruwase y’Umuryango Mutagatifu (Ste Famille), avuga ko ubwo papa we Karangwa Stanislas, yajyaga kumusabira kwiga mu iseminari, abari babishinzwe bamubwiye ko badashobora kwakira abana bo mu mujyi ngo kuko “ba (…)
Peter Fahrenholtz wigeze guhagararira u Budage mu Rwanda, yavuze ko nta bibazo by’imibereho bikeneye ubutabazi biri muri Goma, umurwa mukuru w’Intara ya Kivu y’Amajyaruguru mu burasirazuba bwa Repubulika Iharanira Demukarasi ya Congo (RDC), umujyi ugenzurwa n’abarwanyi b’ihuriro AFC/M23.
Perezida w’u Rwanda Kagame Paul yavuze ko hari abantu bajya bamubwira ngo azarekere kujya avuga ibintu byose uko biri ngo batazamwica. Umukuru w’igihugu yabivugiye ku Rwibutso rwa Jenoside rwa Kigali ku Gusozi, mu ijambo ritangiza icyunamo cyo kwibuka ku nshuro ya 31 Jenoside yakorewe Abatutsi.
Inkomoko y’isaha umuntu ashobora kuyirebera mu myaka isaga ibihumbi bitatu (3000). Uburyo bwa mbere buzwi bwakoreshwaga mu kugereranya igihe, kwari ugushinga inkoni mu butaka igihe harimo kuva izuba, no gukurikirana uko igicucucucu cyayo kigenda cyimuka uko umunsi ugenda ushira.
Mu Rwanda, kujya kureba umupira w’amaguru ni ibintu bikundwa na benshi cyane cyane urubyiruko, abasore n’inkumi, abagabo n’abagore n’ubwo hari n’abasaza batahatangwa by’umwihariko ababyirutse bawuconga.
Mu nama yagiranye n’Abakuru b’ibihugu by’u Burayi kuri uyu wa Kane, Perezida wa Ukraine Volodymyr Zelensky, yavuze ko mugenzi we w’u Burusiya Vladimir Putin, agomba kurekaraho kuruhanya kugira ngo impande zombi zibashe kugirana amasezerano yo guhagarika imirwano.
Muri Leta Zunze Ubumwe za Amerika USA, Umucamanza wa Leta yatambamiye ubuyobozi bwa Perezida Donald Trump, mu mugambi wabwo wo gukinga Ikigo gitera inkunga iterambere mpuzamahanga (USAID).
Joseph Kabila wigeze kuba Perezida wa Repubulika Iharanira Demukarasi ya Congo (RDC), aravuga ko abaturage ba Congo biteguye gushakira amahoro arambye igihugu cyabo.
Tumaze iminsi tubagezaho inkuru ya Pierre wakatiwe igihano cyo kwicwa ariko akaza gutabarwa n’urukundo rw’imbwa ye ku munota wa nyuma. Ubwo dusoza iyi nkuru, Pierre ashoje urugamba rw’ingenzi aratashye, na Hugo ye bageze imuhira.
Umugabo wa Dolly Parton, icyamamare mu njyana ya Country Music, Carl Dean, bari bamaranye hafi imyaka 60, yitabye Imana ku wa Mbere tariki 04 Werurwe afite imyaka 82.
Leta Zunze Ubumwe za Amerika (US), zabaye zihagaritse inkunga zateraga Ukraine mu bya gisirikare, nk’uko byatangajwe n’umuyobozi muri White House mu kiganiro yagiranye na CBS News.
Nyuma yo gutanga ibimenyetso, Michel yatangiye guhura n’ibibazo byo gushyirwaho iterabwoba n’abantu atazi. Umunsi umwe asanga ikirahure cy’imodoka ye cyamenetse hariho n’ubu butumwa: Ushatse wava mu byo urimo niba ukunda ubuzima bwawe. Ariko Michel ntibyamuciye intege. Yarazi ko ahanganye n’abantu babi cyane ariko inyota yo (…)
Muri Canada, abantu ibihumbi n’ibihumbi bashyize umukono ku nyandiko rusange isaba ko umuherwe Elon Musk yamburwa ubwenegihugu bwa Canada, mu gihe umwuka ukomeje kugenda uba mubi hagati y’ubuyobozi bwa Trump na Canada.
Minisiteri y’u Rwanda y’Ububanyi n’Amahanga n’Ubutwererane (MINAFFET), yatangaje ko u Rwanda rwahagaritse gahunda y’ubutwererane Igihugu gisanzwe gifitanye n’u Bubiligi.
Tugiye kubagezaho inkuru mbarankuru ijyanye n’ubutabera, yerekana uko umuntu ashobora kurokoka icyendaga kumukoraho, mu gihe ibyari biteganyijwe byose ngo yamburwe ubuzima ku maherere byamaze gushyirwa ku murongo.
Urukiko Mpuzamahanga Mpanabyaha (ICC) rwiyemeje gukomeza akazi karwo, ko gutanga ubutabera nyuma y’uko Perezida wa Leta Zunze Ubumwe za America (USA) Donald Trump, ashyize umukono ku iteka ryo gushyira ibihano ku bakozi barwo.
Nyuma y’ingirwa-mpinduramatwara yo mu 1959 yakurikiwe n’itanga ry’Umwami Mutara III Rudahigwa, igice kimwe cy’Abanyarwanda biyitaga rubanda nyamwinshi (Abahutu) badukiriye bagenzi babo b’Abatutsi (igice umwami yabarizwagamo), barabamenesha, baricwa, benshi bahunga igihugu, bigizwemo uruhare n’abakoloni b’Ababiligi.
I Los Angeles muri Leta ya California muri Leta zunze Ubumwe za Amerika, hateye indi nkongi y’umuriro, ubuyobozi buvuga ko abantu barenga ibihumbi 31 bashobora gusabwa gukiza amagara yabo umwanya uwo ari wose.
Minisitiri w’Intebe Dr. Edouard Ngirente, yagiye guhagararira Perezida Paul Kagame mu muhango w’irahira rya Daniel Francisco Chapo uherutse gutorerwa kuyobora Mozambique. Perezida mushya ararahira kuri uyu wa gatatu.
Hari byinshi byaranze amateka bitazigera bisibangana mu mitwe y’Abanyarwanda, uhereye ku mwaduko w’abazungu mu 1894 kugeza kuri Jenoside yakorewe Abatutsi n’ihagarikwa ryayo mu 1994.
Minisitiri w’Intebe wa Canada Justin Trudeau ntiyariye amagambo, mu gushwishuriza Donald Trump wavuze ko azakoresha ingufu zishingiye ku bukungu kugira ngo yemeze Canada ko igomba kwiyunga kuri Leta Zunze Ubumwe za Amerika (US) bikaba igihugu kimwe. Trudeau yavuze ko ibyo Trump arimo ari nko kwizera ko ushobora guteka ibuye (…)
Abo mu muryango wa Le Pen, wari umaze iminsi ari mu kigo cyita ku basheshe akanguhe, bavuze ko yashizemo umwuka kuri uyu wa kabiri aho yari akikijwe n’abo mu muryango we.
Umuyobozi mukuru mu mutwe wa Hamas yashyize ahagaragara urutonde ruriho amazina y’abantu 34 b’ingwate uwo mutwe wo muri Palestina uteganya kurekura mu cyiciro cya mbere cy’amasezerano yo guhagarika imirwano na Israel.
Kuri uyu wa Mbere 06 Mutara, Visi-Perezida wa USA Kamala Harris imbere y’inteko ishinga amategeko (Congress), arayobora igikorwa cyo kwemeza ibyavuye mu matora ya perezida yo mu Gushyingo 2024, yatsinzwemo na Donald Trump.
Tariki 30 Ukuboza 2006 – 2024, imyaka 18 irashize Saddam Hussein wari Perezida wa Iraq yishwe anyonzwe (kunigishwa umugozi umanitse), nyuma yo gutabwa muri yombi n’ingabo za Leta Zunze Ubumwe za Amerika (US) mu 2003, ashinjwa gutunga intwaro za kirimbuzi ariko bakaza gusanga ntazo.
Muri iyi isi tubayemo, aho duhozwa ku nkeke dusabwa kwihuta cyane mu byo dukora kugira ngo turusheho gutanga umusaruro no gukora byinshi, imitekerereze izwi nko ‘kwihuta gahoro’ ishobora kumvikana macuri.
Iyo aba akiriho, Musenyeri wa mbere wo mu Karere k’ibiyaga bigari, umunyarwanda Aloys Bigirumwami yari kuba afite imyaka 120. Icyakora n’ubwo yagiye, abakirisitu Gatorika n’abanyarwanda muri rusange bafite umurage yabasigiye.
Abagabo babiri batawe muri yombi muri Zambia bashinjwa ko ari abapfumu bahawe akazi ko gukorogera umukuru w’igihugu agahinduka ikiburaburyo