Abashinzwe ubutabazi mu mujyi wa Sicily mu Butaliyani bakomeje guhura n’akazi katoroshye ko kugera mu bice by’imbere by’ubwato bw’abaherwe bwo mu Bwongereza, bwarohamye mu rukerera rwo kuwa Mbere 19 Kanama 2024.
Umwongereza w’umuherwe mu bijyanye n’ikoranabuhanga Mike Lynch ni umwe mu bantu batandatu batarabonerwa irengero nyuma y’impanuka y’ubwato bw’abaherwe bwarohamye mu nyanja hafi y’umujyi wa Sicily mu rukerara rwo kuri uyu wa mbere.
Perezida w’u Rwanda yavuze ko abahoze ari Abaminisitiri muri Guverinoma yacyuye igihe bakaba batarisanze muri Guverinoma nshya yarahiye kuri uyu wa mbere 19 Kanama 2024, bitavuze ko birukanywe.
Uyu mugabo ni umwe mu bakinnyi ba filimi batumye sinema y’u Bufaransa igira ibihe byiza, akaba yaramenyekanye cyane akina nk’umuntu utisukirwa muri filimi zakunzwe cyane zirimo iyitwa Le Samouraï mu 1967.
Abantu bakunze gukora ingendo hirya no hino ku isi bagiriwe inama yo kwikingiza mu gihe baba bagiye mu bice by’umugabane wa Afurika byamaze kugaragaramo icyorezo cy’ubushita bw’inkende (Mpox).
Mu gice cya mbere cy’iyi nkuru ishingiye ku mateka turabagezaho incamake ku bagabo babiri bategetse u Rwanda guhera mu 1961 kugeza mu 1973 nyuma y’ubwigenge igihugu cyari kimaze guhabwa n’Abakoloni b’Ababiligi.
Ishyirahamwe ry’Abaganga Batagira Imipaka Médecins Sans Frontières (MSF), ryatangaje ko abantu 654 ari bob amaze kwicwa n’icyorezo cy’ubushita bw’inkende (mpox).
U Buhinde bwohereje abandi basirikare ku mupaka wabwo na Bangladesh nyuma y’akaduruvayo ka politike kari muri icyo gihugu cy’abaturanyi ,kakurikiwe no guhirika ubutegetsi bwa Minisitiri w’Intebe Sheikh Mujibur Hasina nyuma y’imyigaragambyo yaguyemo abantu hafi 300.
Urukiko rw’Ubujurire rwa Kigali kuri uyu wa Gatatu 31 Nyakanga rwategetse ko Wenceslas Twagirayezu ahanishwa igifungo cy’imyaka 20, nyuma yo guhamwa n’ibyaha bya Jenoside, yari yaragizweho umwere n’Urukiko Rukuru.
Kamala D. Harris ni Visi Perezida wa Leta Zunze Ubumwe za Amerika (USA) kuva mu 2021, akaba yariyemeje no guhatanira kuyobora igihugu mu matora ateganyijwe mu Gushyingo 2024 nyuma yo gusimbura umukambwe Joe Biden wakuyemo ake karenge kubera iza bukuru.
Urukiko rwa gisirikare muri Repubulika Iharanira Demukarasi ya Congo, rwatangije urubanza ruregwamo Corneille Nangaa, umuyobozi w’ihuriro rya politike rifite n’igisirikare Alliance Fleuve Congo (AFC), rirwanya Guverinoma ya Perezida Félix Tshisekedi nk’uko byatangajwe n’ibiro ntaramakuru Xinhua .
Visi Perezida wa Leta Zunze Ubumwe za Amerika Kamala Harris yegukanye ubwiganze bw’amajwi y’intumwa z’ishyaka ry’abademukarate (Democrats) bifuza ko ari we usimbura Perezida Joe Biden mu matora y’Umukuru w’Igihugu.
Mbere y’itanga ry’Umwami Mutara wa III Rudahigwa, ihirikwa ry’ingoma ya murumuna we Kigeli V Ndahindurwa, impinduramatwara yo mu 1959, n’ingirwa-bwigenge yo mu 1962, mu Rwanda hahoze amashyirahamwe yari agamije guharanira inyungu zitandukanye zirimo iz’uturere abayashinze bakomokagamo.
Si rimwe, si kabiri ahubwo ni ubugira gatatu Biniam Girmay yereka amahanga ko ari igihangange mu kunyonga igare, akegukana agace k’iri siganwa ryo mu rwego rwo hejuru, ndetse akaba ari nawe munyafurika w’umwirabura wa mbere wegukanye agace ka Tour de France.
Ibikorwa by’ubucuruzi na serivisi zitandukanye zo ku rwego rw’isi byatangiye kuzanzamuka buhoro buhoro nyuma y’uko umugera (virusi) ya karahabutaka yinjiye muri za mudasobwa amasaha menshi hagati yo kuwa Kane no kuwa Gatanu.
Mbere y’uko turebera hamwe ibiribwa n’ibinyobwa ushobora kwifashisha kugira ngo ugabanye ibinure byo ku nda mu minsi itatu, tubanze tubabwire ko ibi tubikesha urubuga rutanga ubujyanama ku mibereho myiza ishingiye ku biribwa: www.worldofmedicalsaviours.com
Raporo nshya bise ‘World Justice Report’ cyangwa se Raporo y’Ubutabera ku Isi, yerekanye ko u Rwanda rukomeje kuza ku isonga muri Afurika mu kugira ubuyobozi bugendera ku mategeko.
Abaminisitiri bo mu Rwanda bagiye guhura na bagenzi babo bo muri Repubulika Iharanira Demukarasi ya Congo (RDC) n’abo mu Burundi, mu biganiro bizaba mu bihe bitandukanye ku mutekano n’ibibazo by’imibanire itameze neza hagati y’ibi bihugu, ibangamiye umutekano mu Muryango wa Afurika y’Uburasirazuba.
Iyo imvura irimo kugwa umuntu aryamye haba ari ninjoro cyangwa ari ku manywa ku buryo urusaku cyangwa ijwi ry’imvura rikugeraho, usanga abantu benshi bagubwa neza no kuryumva, ndetse bamwe bigatuma babasha gusinzira bitabagoye, bitandukanye n’igihe barimo kumva andi majwi asakuza.
Inyanya ubusanzwe ni ikiribwa cy’ingirakamaro mu mubiri w’umuntu by’umwihariko kuko kiri mu cyiciro cy’ibirinda indwara, ibigabanya ibyago byo kurwara kanseri zitandukanye, zirimo ifata udusabo tw’intangagabo (prostate), diyabete n’umutima.
Hari ibintu bitandukanye bikenerwa mu buzima bwa buri munsi, urugero nk’ibinyobwa, ibiribwa, ibikoresho by’isuku n’ibindi, bifite amazina mu zindi ndimi ariko ugasanga Ikinyarwanda cyarayafashe nk’amazina y’ihame no ku bindi bisa nabyo kabone n’iyo byaba bifite amazina yabyo bwite.
Hari siporo zitandukanye abantu bakora kugira ngo bakomeze kugira ubuzima buzira umuze, abandi bagakora iz’umwuga nk’akazi kababeshejeho, ariko hari indi siporo yoroshye kandi ifitiye akamaro kanini abayikora itanagombera ibikoresho runaka. Iyo nta yindi ni siporo yo KUGENDA.
Raporo iri ku rubuga rw’Ishami ry’Umuryango w’Abibumbye ryita ku Buzima (OMS/HWO), ivuga ko abantu barenga 166.000 bishwe n’ubushyuhe bukabije hagati ya 1998 – 2017
Uburyo imbwa zizunguza umurizo bushobora kugira ibisobanuro bitandukanye. Mu gihe injangwe zigaragaza uko zimerewe zikoresheje uburyo bwo guhirita, imbwa zo zibanda cyane ku gukoresha umubiri wazo nk’uko byemezwa n’ikinyamakuru Psychology Today.
Urubuga Quora.com ruvuga ko kwitiranya ijambo avocat nk’urubuto na avocat nk’umunyamategeko bikomoka ku ikosa ryakozwe n’Icyongereza cyo ha mbere mu gihe cyo gutiririkanya amagambo.
Umuhanzi Bob Marley, abenshi mu bamumenye bamuzi nk’umugabo wazamuye injyana ya Reggae akayigeza ku rwego mpuzamahanga, abandi bakamufata nk’umuntu wagenderaga ku myemerere ya Rastafarianism ifite inkomoko ku ngoma y’Umwami Haile Selassie wa Ethiopia.
Perezida wa Leta Zunze Ubumwe za Amerika (USA) Joe Biden, yasubije abamaze iminsi bavuga ko bahangayikishijwe n’imyaka ye, abwira abamushyigikiye mu ijambo rikakaye ko yizeye indi ntsinzi mu matora yo mu Gushyingo. Ni nyuma y’ikiganirompaka cyatumye benshi bicuza impamvu yongeye kwiyamamaza mu izina ry’aba demukarate (…)
Kuva u Rwanda rwabaho hari byinshi byakozwe bigana ku iterambere mu byiciro binyuranye by’ubuzima. N’ubwo tutavuga ko byari biri ku rwego rwo hejuru, ariko byatwaraga imbaraga igihugu n’abanyarwanda. Jenoside yakorewe abatutsi ibaye, igihugu cyahise gisubira hasi kuko cyabuze abantu ndetse n’ibikorwa remezo birangirika. Muri (…)
Mu gihe kitageze ku kwezi, Abanyarwanda bazaba babukereye kwihitiramo Umukuru w’Igihugu uzayobora u Rwanda muri manda y’imyaka itanu iri imbere.
Dr Vincent Biruta wari Minisitiri w’Ububanyi n’amahanga, kuri uyu wa Kabiri 18 Kamena yahererekanyije ububasha na Alfred Gasana wari Minisitiri w’Umutekano imbere mu gihugu.