Mu gihe u Rwanda rwibuka ku nshuro ya 29 Jenoside yakorewe Abatutsi mu 1994, imibare itangwa n’Ubushinjacyaha bw’u Rwanda (NPPA) igaragaza ko hari abakekwaho ibyaha bya Jenoside barenga 1000 bakidegembya hirya no hino ku isi.
Ijambo Umukuru w’Igihugu yavuze atangiza icyunamo cyo kwibuka ku nshuro ya 29 Jenoside yakorewe Abatutsi mu 1994, kuri uyu wa Gatanu tariki 07 Mata 2023, Perezida Paul Kagame yahisemo gukoresha Icyongereza, kugira ngo ubutumwa yari afite bubashe kumvwa n’umuryango mpuzamahanga hatagombeye ubusemuzi.
Umuhanzi Stromae ufite inkomoko mu Rwanda akagira ubwenegihugu bw’Ababiligi, yasubitse ibitaramo byinshi yagombaga gukora ku mugabane w’u Burayi, avuga ko akeneye kwita ku buzima bwe.
Incamake y’amateka ya minisitiri w’umutekano mu Bwongereza Suella Braverman wagize isabukuru kuri uyu wa mbere tariki 03 Mata.
Buri munsi dufata amafunguro atandukanye, hakabamo amwe dushobora kuba tuzi ko arushya urwungano ngongozi, n’andi dushobora kuba tutabizi, kandi nyamara no mu biribwa by’umwimerere (bitanyuze mu nganda), habamo ibishobora kunaniza igogora bigatera kumerwa nabi mu nda (gutumba, kugira ikirungurira no kubura amahwemo).
Minisitiri w’Umutekano mu Bwongereza, Suella Braverman, yashimangiye ko u Rwanda rufite umutekano uhagije urwemerera kwakira abimukira.
Umunyamabanga Mukuru w’Umuryango w’Abibumbye (ONU), António Guterres, yagaragaje ko Kigali ari umwe mu mijyi iyoboye indi mu micungire y’imyanda, mu Nteko Rusange ya ONU, yaganiriye ku ruhare rwo kurangiza ikibazo cy’imyanda ikabyazwamo ibindi bikoresho, muri gahunda yo kugera ku ntego z’iterambere rirambye (SDGs).
U Rwanda rwashyizwe ku rutonde rw’ibihugu 30 ku rwego rw’isi bigeza amashanyarazi ku baturage ku biciro biri hasi cyane, nk’uko byerekanwa na raporo iherutse gushyirwa ahagaragara n’urubuga rwo kuri murandasi kabuhariwe mu makuru arebana n’isoko n’abaguzi (Statista.com). Ibindi bihugu byo muri Afurika biri kuri urwo (...)
Kuva kera na kare, inkubi z’imiyaga zivanze n’imvura za karahabutaka zagiye zikorwaho ubushakashatsi zinandikwaho amakuru, ariko kuzishakira amazina bikaba ingorabahizi kubera ko iyo miyaga igira ubukana n’ingaruka bitandukanye.
Iperereza rimaze iminsi rikorwa muri kiliziya Gatolika, rirashinja uwahoze ari umushumba wayo nyakwigendera Jean Paul II ko yaba yarahishiriye ihohoterwa ryakorerwaga abana muri Pologne, ndetse ngo abapadiri bakoraga ibyo byaha akabohereza mu tundi turere kugira ngo abakingire ikibaba.
U Rwanda rurateganya gukurura ishoramari ringana na miliyari 19FRW mu buhinzi bw’urumogi, nk’igihingwa gifite akamaro kanini mu buvuzi ku rwego rw’isi.
Mu Butumwa bwihariye Masengo Rutayisire Gilbert yahaye abahagarariye Abacitse ku icumu rya Jenoside yakorewe Abatutsi mu Mirenge y’akarere ka Nyarugenge, yabibukije ko bakwiye kurushaho gukangurira abo bahagarariye gukora batikoresheje bakiteza imbere, kugira ngo hato batazaba mu buzima bubi bigashimisha abagome bari (...)
Amazina ye yose ni Noel Isidore Thomas Sankara, Perezida wa mbere wa Burkina Faso kuva mu 1983 kugeza yishwe anahiritswe ku butegetsi ku itariki 15 Ukwakira 1987.
Nyakwigendera Rubayita Théophile wamenyekanye cyane mu ndirimbo ‘Uyu mwana ni we mahoro’, yavutse ku itariki 10 Nyakanga 1947 muri komine Giciye Perefegitura ya Gisenyi, ariko umuryango we waje kujya i Byumba kubera akazi Rubayita arahakurira ahiga n’amashuri abanza.
Guverinoma y’u Rwanda irimo kureba uburyo yagabanya ikiguzi gicibwa abahererekanya amafaranga make bakoresheje telefone zigendanwa (MoMo), ndetse kikaba cyavanwaho ku bahererekanya atarenze 10,000Frw, mu rwego rwo guteza imbere ubucuruzi budahererekanya amafaranga mu ntoki.
Ikigo Nyarwanda cy’ubucuruzi cyitwa Heart of Africa Trading Ltd. gisanzwe gikorera mu Bushinwa, kigiye gutangira gukorera i Dubai muri Leta Zunze Ubumwe z’Abarabu (UAE), aho kizajya gitanga serivisi zitandukanye mu bikorwa by’ubucuruzi ku batumiza n’abohereza ibicuruzwa mu Rwanda n’ahandi ku Isi.
Abagore bahawe intanga kwa muganga babwirwa ko ari iz’abantu batandukanye, baza gutungurwa no kubyara abana basa.
Police ya Malawi mu cyumweru gishize yataye muri yombi Umunyarwanda witwa Manuel Saidi (w’imyaka 19) n’Umurundi witwa Amosi Sean (w’imyaka 30), bakekwaho kuba ari bo bakuriye agatsiko k’abantu bakora inoti z’inyiganano zitandukanye mu karere ka Mangochi.
Umwongereza witwa Percy Shaw, mu myaka 85 ishize yari atwaye imodoka mu mujyi wa Yorkshire yerekeza iwabo muri Boothtown, ariko kubera ko ikibunda cyari kibuditse kandi ari ninjoro ntiyabashaga kubona umuhanda neza.
Abashakashatsi bo muri Kenya batahuye umubu ukomoka mu Majyepfo ya Asia, udashobora kwicwa n’imiti yica udukoko (Insecticides) iboneka muri Afurika.
Akanyoni gato ko mu bwoko bwitwa parakeet karokoye ubuzima bw’umuryango wose nyuma yo kuvuza amajwi adasanzwe mbere y’uko umutingito simusiga wibasira Igihugu cya Turukiya.
Umubyeyi witwa Tuyizere Cassilde utuye mu karere ka Nyaruguru, ari naho yari atuye mbere ya Jenoside yakorewe Abatutsi mu 1994, amaze imyaka 28 nta makuru azi ku irengero ry’abana be babiri bivugwa ko bajyanywe n’Abafaransa mu nkambi ya Bukavu, nyuma y’uko yari amaze kubwirwa ko umugabo we n’abandi bana bane, biciwe aho (...)
Bill Gates w’imyaka 67, umwe mu bashinze ikigo cya Microsoft, ubu akanyamuneza ni kose, nyuma yo kubenguka Paula Hurd, uyu akaba ari umupfakazi wa Mark Hurd, wari umuyobozi w’ikigo cy’ikigo cy’ikoranabuhanga cya Oracle, wigeze no kuyobora Hewlett-Packard, akaba yaritabye Imana muri 2019.
Umuryango w’Ubumwe bw’Ibihugu by’u Burayi (EU), watangaje ko ugiye guha inkunga ya miliyoni 22 z’ama Euros (asaga Miliyari 25FRW) Inkambi y’Agateganyo y’Impunzi ya Gashora iri mu Karere ka Bugesera.
Laboratwari y’Abarusiya (Kaspersky Lab.) y’ikoranabuhanga ryo kurinda mudasobwa kwandura virusi, muri raporo iheruka gusohora yagaragaje ko 46% bya mudasobwa igenzura zo mu Rwanda zikoresha uburyo buzwi nka ‘industrial control system’ (ICS), zari zugarijwe na virusi mu mwaka wa 2022.
Kayitesi Judence, umwanditsi kuri Jenoside yakorewe Abatutsi akaba aherutse gutorerwa kuyobora Ishami ry’Umuryango Uharanira Inyungu z’Abacitse ku Icumu rya Jenoside yakorewe Abatutsi (IBUKA) mu Budage ( IBUKA - Germany), yabwiye Kigali Today ko kimwe mu bimushishikaje muri iyi manda yatorewe kuwa 29 Mutarama, harimo (...)
Perezida wa Leta Zunze Ubumwe za Amerika (US) Joe Biden, yakuriye inzira ku murima Ukraine avuga ko nta gahunda yo kuyiha indege z’intambara zo mu bwoko bwa F-16, n’ubwo abayobozi ba Ukraine bamaze iminsi bamusaba inkunga yo mu kirere.
Uwari umwami akaba n’Intwari y’Imena y’u Rwanda, Mutara III Charles Léon Pierre Rudahigwa, yatanze ku itariki 25 Nyakanga 1959 aguye i Bujumbura mu Burundi, atabarizwa i Mwima mu Karere ka Nyanza ku wa 28 Nyakanga 1959.
Umubazi w’Umushinwa yahuye n’uruva gusenya nyuma y’uko ingurube yari agiye kubaga yamwigaranzuye ikaba ari yo imwica.
Intumwa y’u Rwanda muri Tanzania, Major General Charles Karamba, ku wa Kabiri tariki 24 Mutarama 2023, yagiranye ibiganiro na Minisitiri wa Tanzania ushinzwe Umutungo Kamere n’Ubukerarugendo, Pindi Hazara Chana, baganira ku kamaro ka Visa imwe rukumbi ku bashaka gukora ubukerarugendo muri Afurika y’Iburasirazuba (East (...)