Abantu bitwaje intwaro bishe umuyobozi w’umujyi w’umugore muri Mexico, nyuma y’amasaha macye igihugu kiri mu birori by’intsinzi ya Claudia Sheinbaum nk’umugore wa mbere watorewe kuyobora igihugu.
Police ya Uganda yataye muri yombi uwitwa Kwizera Désiré n’umugore we Uwingabire Kwizera bakoraga akazi ko mu rugo i Kabale muri Uganda bakekwaho kwica uwari shebuja.
Umuherwe ukora mu bijyanye n’itangazamakuru Rupert Murdoch yarongoye ku nshuro ya gatanu mu bukwe bwabereye mu busitani bwe bwo muri California kuwa Gatandatu 01 Kamena.
Donald Trump yateje impagarara nyuma yo guhamwa n’ibyaha 34 byo gukoresha inyandiko mpimbano mu bucuruzi, mu rubanza rw’amateka rwaberaga i New York.
Perezida wa Repubulika ya Demukarasi ya Congo (RDC) Felix Antoine Tshisekedi, kuwa Kabiri 28 Gicurasi yahinduye guverinoma yinjizamo abaminisitiri bashya abandi bahindurirwa imirimo.
Ubutabera bwo muri Kenya kuri uyu wa Kabiri bwatangiye kwakira ibirego bishinja ingabo z’u Bwongereza zikambitse muri icyo gihugu bwigeze gukoroniza.
Ku Cyumweru tariki 26 Gicurasi 2024, Abahagarariye Umuryango w’Abayisilamu mu Rwanda (RMC) batoye abayobozi bashya, Sheikh Mussa Sindayigaya aba ari we ugirirwa icyizere cyo kuba Mufti mushya w’u Rwanda mu matora yabaye ari we mukandida wenyine.
Perezida wa Repubulika ya Czech Petr Pavel yajyanywe kwa muganga nyuma yo kugushwa na moto yari atwaye ari mu isiganwa arakomereka, nk’uko byemejwe n’abashinzwe itangazamakuru mu biro bye.
Ubushinjacyaha bw’u Rwanda kuri uyu wa Kane tariki ya 23 Gicurasi 2024 bwasabiye Barikana Eugène wahoze ari umudepite mu Nteko Ishingamategeko, gufungwa imyaka ibiri nyuma yo gusanganwa intwaro iwe mu rugo.
Umunyamerika w’umwirabura witwa Ed Dwight wari umaze imyaka 63 ategereje kwemererwa kujya mu isanzure, ku Cyumweru tariki 19 Gicurasi inzozi ze zabaye impamo abasha kurigeramo ari mu cyogajuru kitwa Blue Origin.
Amezi ya Kamena (6), Nyakanga (7) na Kanama (8) ni amezi ashyuha cyane kubera izuba ryinshi mu gihe kizwi nk’Impeshyi mu mvugo y’abahinzi. Ni igihe usanga abantu babura amahoro kubera ubushyuhe burenze urugero byagera ninjoro ho bikaba ibindi bindi.
Umunyakenya wagombaga guhanishwa igihano cy’urupfu muri Arabiya Sawudite (Saudi Arabia), yari agiye kwicwa, bihagarikwa ku munota wa nyuma kubera ubukangurambaga bwo mu rwego rwo hejuru burimo gucicikana ku mbuga nkoranyambaga bumutabariza.
Umuhanzi Birori Phénéas, ni we wahimbye indirimbo yitwa ‘Guhinga birananiye’ bamwe bari bazi ko yitwa ‘Indayi ndayi, ndayi, nda ti, ti, ti…’ ubwo yigaga muri Collège Officiel de Kigali (COK), ishuri ryari rifite Orchestre y’abanyeshuri baririmbye indirimbo zanyuze benshi mu gihe cyabo (1972 - 1978).
Nyakwigendera Niyigaba Vincent wamenyekanye mu ndirimbo bakunze kwita iza ‘buracyeye’ cyane cyane Izuba rirarenze, Nyaruka nyarukirayo, Nkubwire iki na Yanze gutaha mbigire nte? Ni umwe mu bahanzi bo hambere bishwe muri Jenoside yakorewe Abatutsi mu 1994.
Uretse kuba zirinda amaso kwangizwa n’imirasire y’izuba, indorerwamo z’izuba abandi bita anti-soleil cyangwa sunglasses ni kimwe mu byo abantu bambara bagamije kugaragara neza mu isura.
Mu ntangiriro z’itangazamakuru ry’u Rwanda, harimo igitangazamakuru cyigenga cyabayeho mu gihe cy’ubukoroni, ubwo Kiliziya Gatolika yari iri mu nkubiri yo kwamamaza ivanjili. Icyo gihe ni bwo habayeho ikinyamakuru cyitwaga Kinyamateka mu 1933 na Dialogue mu 1967 byari bifite umurongo ushingiye ku kwamamaza gahunda za Kiliziya.
Ubushakashatsi bwakozwe mu 2018, bwagaragaje ko abarokotse Jenoside yekorewe Abatutsi ari bo benshi bafite ikibazo cy’ihungabana n’agahinda gakabije ugereranyije n’abandi Banyarwanda. Ubu bushakashatsi bwakozwe na Minisiteri y’Ubuzima, Komisiyo y’Igihugu yo kurwanya Jenoside n’iyari Minisiteri y’Umuco na Siporo.
Imyaka 30 irashize Isi ibonye Jenoside, kugeza ubu, itakiri ingingo yo kugibwaho impaka zo kwemeza niba ari yo cyangwa atari yo.
Ku nshuro ya mbere mu myaka 30 ishize, Umukuru w’Igihugu Paul Kagame yavuze inkuru ya mubyara we – Florence, wakoraga mu Ishami ry’Umuryango w’Abibumbye ryita ku Iterambere (UNDP), wishwe urw’agashinyaguro n’Interahamwe mu kigo cya gisirikare cya Kigali mu 1994, nyuma y’uko Kagame atabashije kumutabara abinyujije kuri Lt. (…)
Perezida wa Senegal uherutse gutorwa Bassirou Diomaye Faye mu ijambo ryaciye kuri televiziyo ku mugoroba wo kuwa Gatatu yavuze ko guverinoma ye igiye gukora ubugenzuzi ku musaruro w’ibikomoka kuri peterori, gaze, no mu bucukuzi bw’amabuye y’agaciro.
Lieutenant General Charles Kayonga wacyuye igihe mu ngabo z’igihugu ubu akaba ahagarariye u Rwanda muri Turkey, ni umwe mu basirikare b’ingabo zahoze ari iza RPA Inkotanyi zafashe iya mbere mu gutangiza urugamba rwo kubohora u Rwanda.
Perezida mushya wa Senegal Basirou Diomaye Faye ku mugoroba wo kuwa kabiri yagize Minisitiri w’Intebe Ousmane Sonko umwe mu b’ingenzi mu bataravugaga rumwe n’ubutegetsi bwa Macky Sall wacyuye igihe.
Umuyobozi Mukuru w’Ishami ry’Umuryango w’Abibumbye rishinzwe guteza imbere uburezi, science n’umuco (UNESCO), Audrey Azoulay, ni umwe mu bayobozi bakuru bazifatanya n’u Rwanda mu kwibuka ku nshuro ya 30 Jenoside yakorewe Abatutsi mu 1994.
Kuwa kabiri tariki 2 Mata, 2024, ku muhanda urimo gukorwa mu Mudugudu w’Intiganda aho bita muri Marathon mu Kagali ka Tetero habonetse imibiri y’abishwe muri Jenoside yakorewe Abatutsi, ubwo imashini ya Company Stecol Corporation yakoraga uwo muhanda ikagera ahari iyo mibiri.
Ibikoresho binyuranye dukenera muri iki gihe, ibyinshi bifite ibyo twakwita nk’abakurambere babyo kuko hari ibyo usanga byarahinduye isura burundu, ibindi ndetse ntibyongere gukorwa ahubwo bigasimbuzwa ibindi uko ibihe bigenda bisimburana.
Polisi yo mu Mujyi wa Baltimore, Maryland muri Leta Zunze Ubumwe za Amerika, yatangaje ko bamaze kuvana imirambo ibiri mu mazi nyuma y’impanuka y’ubwato butwara imizigo bwabuze amashanyarazi bukagonga ikiraro cyitiriwe Francis Scott Key mu rukerera ku wa Kabiri kigahanukana n’imodoka n’abantu.
Baltimore: Abakozi batandatu bo ku cyambu cya Baltimore kugeza ubu ntibaraboneka bikaba bikekwa ko bahitanywe n’impanuka y’ikiraro cyasenyutse nyuma yo kugongwa n’ubwato mu rucyerera rwo kuwa kabiri 26 Werurwe.
Icyizere cy’ubuzima kiragenda kigabanuka ku bantu bahanukanye n’ikiraro cyo mu mujyi wa Baltimore, USA, cyasenyutse mu gitondo cyo kuri uyu wa kabiri nyuma yo kugongwa n’ubwato bwikorera imizigo.
Abantu babarirwa muri 20 ni bo bamaze kubarurwa ko bituye mu mazi nyuma y’impanuka y’ubwato bwagonze ikiraro Francis Scott Key Bridge mu mujyi wa Baltimore muri Leta ya Maryland, USA, kikarundumukira mu mazi n’imodoka zakinyuragaho mu rukerera rwo kuri uyu wa kabiri 26 Werurwe 2024.
Abantu bari baciye akenge ahagana mu 1973-80, benshi muzi indirimbo igira iti ‘Nasezeye ku rukundo, urukumbuzi ndujyanye, nsezera no ku babyeyi, kugira ngo mbone inkwano yo kuzabona umwana nakunze...ariko ngarutse bampa inkuru iteye agahinda ko yarongowe n’undi.’