Hafi saa moya z’umugoroba kuri uyu wa mbere tariki ya 9 Nzeri 2024, Kicukiro Centre uvuye ku muhanda ugerekeranye umanuka werekeza i Gikondo, ikamyo yo mu bwoko bwa Fuso yagonze imodoka na moto abantu babiri bahasiga ubuzima abandi barakomereka ndetse n’ibinyabiziga birangirika.
														
													
													Urwego rw’Igihugu rw’Ubugenzacyaha (RIB) rwerekanye abantu 45 biyita ‘Abameni’ bakaba bakurikiranyweho gukoresha ubushukanyi bakiba abantu amafaranga cyane cyane kuri Mobile Money.
														
													
													Muri gahunda y’iterambere ry’u Rwanda yiswe NST2 intego y’u Rwanda mu Cyerekezo 2050, ni ukuba igihugu gifite ubukungu buteye imbere ku rugero ruringaniye mu 2035 no kuba igihugu gifite ubukungu buteye imbere cyane mu 2050.
														
													
													Polisi y’u Rwanda iributsa abatwara ibinyabiziga kwirinda no kwitwarararika ku makosa bakora mu muhanda byumwihariko igihe bageze mu masangano y’imihanda n’ahagenewe kwambukira abanyamaguru ‘Zebra cross’.
														
													
													Nk’uko Kigali Today ikomeza kubakusanyiriza amateka y’ahantu hatandukanye hafite amateka yihariye mu bihe byo hambere, yabegeranyirije n’amateka yo ‘Ku cya Rudahigwa’ mu Karere ka Nyagatare.
														
													
													Perezida Paul Kagame yunamiye, Araya Assefa witabye Imana afite myaka 89, uyu akaba yaramuhagarariye nk’umubyeyi we (Se), mu bukwe bwe na Jeannette Kagame.
														
													
													Kuri uyu wa Gatanu, tariki 6 Nzeri 2024, Perezida Paul Kagame yakiriye muri Village Urugwiro, Minisitiri w’u Bwongereza ushinzwe Afurika, Lord Ray Collins, baganira ku gukomeza ubufatanye busanzweho hagati y’ibihugu byombi.
														
													
													Ku mugoroba wo kuri uyu wa Gatanu tariki 6 Nzeri 2024 mu ishyamba rya Nyungwe, mu Murenge wa Kitabi, Akagari ka Kagano, habereye impanuka y’imodoka yari itwaye ibikoresho byo kwa muganga yavaga i Kigali yerekeza i Rusizi.
														
													
													Perezida Paul Kagame kuri uyu wa kane tariki 5 Nzeri 2024 yatanze ikiganiro ku bakuru b’Ibihugu na za Guverinoma bateraniye mu nama ihuza u Bushinwa na Afurika (FOCAC) iri kubera i Beijing kuva tariki 4 kugera tariki 6 Nzeri 2024 agaragaza ko imiyoborere ihamye ari ingenzi mu kubaka iterambere rishyira umuturage ku isonga.
														
													
													Ishami rya Polisi y’u Rwanda, rishinzwe ibizamini n’impushya zo gutwara ibinyabiziga ryatangaje ko gukorera impushya zo gutwara ibinyabiziga bya ‘Automatique’ bizatangira kuva tariki 09 Nzeri 2024.
														
													
													Ingabo z’u Rwanda ziri mu bikorwa byo kugarura umutekano zibarizwa muri Batayo ya 3 (Task Force Battle Group 3) ikorera mu Karere ka Ancuabe, Intara ya Cabo Delgado, muri Mozambique bashyikirije ubuyobozi ibyumba bitanu zavugururiye ishuri ribanza rya Nacololo.
														
													
													Kuri uyu wa Gatatu tariki ya 4 Nzeri 2024, inkongi y’umuriro yibasiye ishuri ryitiriwe Mutagatifu Berenadeta (ESB Kamonyi).
														
													
													Akarwa k’Abakobwa gaherereye mu kiyaga cya Kivu hagati kakaba gafite amateka yihare mu Rwanda rwo hambere kubera imiziro n’imiziririzo yarangaga Abanyarwanda.
														
													
													Umushumba wa Kiliziya ku Isi, Papa Francis tariki ya 2 Nzeri 2024 yatangiye urugendo rw’iminsi 12 aho azanyura mu bihugu bitandukanye byo ku mugabane wa Aziya na Oseyaniya mu rwego rw’ivugabutumwa.
														
													
													Minisitiri w’Intebe akaba na Minisitiri w’umutekano imbere mu gihugu muri Repubulika ya Demukarasi ya Congo, yatangaje ko imfungwa 129 zari zifungiye muri gereza ya Makala mu mujyi wa Kinshasa zapfuye nyuma yo gushaka gutoroka gereza.
														
													
													Perezida Paul Kagame yageze i Beijing mu Bushinwa, aho yitabiriye mu nama ihuza Abayobozi b’ibihugu bya Afurika n’u Bushinwa (FOCAC).
														
													
													Uruzinduko rw’iminsi ibiri rw’umukuru w’igihugu cy’u Rwanda Perezida Paul Kagame rusize abikorera bo mu Rwanda no muri Indonesia basinye amasezerano y’ubufatanye hagati y’Urugaga rw’abikorera mu Rwanda, (PSF), n’urw’abikorera muri Indonesia, (KADIN), mu guteza imbere ubucuruzi, inganda, ikoranabuhanga, ubukerarugendo no (…)
														
													
													Mu gikorwa cyo gutangiza Umwaka w’Ubucamanza wa 2024-2025 cyabaye kuri uyu wa mbere tariki 2 Nzeri 2024 ku Cyicaro cy’Urukiko rw’Ikirenga Umushinjacyaha Mukuru, Angelique Habyarimana, yagaragaje ko hakenewe ingamba mu kugabanya umubare w’urubyiruko rukora ibyaha kuko ibyaha cyo gukubita no gukomeretsa byihariye 57% by’imanza (…)
														
													
													Kuri uyu wa Mbere, tariki 2 Nzeri 2024 Perezida Paul Kagame witabiriye inama ya kabiri ya 2 ihuza Indonesia na Afurika, yagaragaje mu gihe hashyirwaho ingamba zihamye nta gushidikanya ko gukorera hamwe bizatanga igisubizo gishimishije ku iterambere rirambye.
														
													
													Kuri iki Cyumweru tariki ya 01 Nzeri 2024 mu Gihugu cya Uganda ahitwa i Masaka-Bugonzi habereye impanuka ikomeye y’imodoka ya Jaguar yaguyemo abantu umunani barimo n’Umunyarwanda abandi 30 barakomereka bikabije.
														
													
													Kuri iki Cyumweru tariki ya 01 Nzeri 2024, Perezida wa Repubulika Paul Kagame yitabiriye Inama ya 2 ihuza Indonesia na Afurika, iba kuva tariki ya 1-3 Nzeri 2024. Iyi nama igamije gushimangira umubano hagati ya Afurika na Indonesia, iribanda cyane ku ngingo zirimo guteza imbere ingufu, ubuzima, kwihaza mu biribwa n’ubucukuzi (…)
														
													
													Minisitiri w’Intebe, Dr. Edouard Ngirente yagiranye ibiganiro n’itsinda ryita ku burezi mu Muryango Mpuzamahanga w’Ubukungu n’iterambere (OECD) riyobowe na Andreas Schleicher, Umuyobozi ushinzwe uburezi muri uyu muryango.
														
													
													Nyirabiyoro yari atuye mu birwa biri mu Kiyaga cy’Ihema, ahitwa mu Mazinga. Kigeri III Ndabarasa ajya gutera Umubari abaho barabimenye, umwami waho atuma kuri Ndagara ya Ruhinda wategekaga Karagwe amusaba kuzahisha Nyirabiyoro ndetse n’umwana we kugira ngo ingabo za Ndabarasa zitabica.
														
													
													Umuryango uharanira inyungu z’abarokotse Jenoside yakorewe Abatutsi mu murenge wa Mbazi mu karere ka Nyamagabe barashima ko bahawe ubutabera ababiciye imiryango muri Jenoside yakorewe Abatutsi 1994 bakajyanwa mu nkiko bagakurikiranwa.
														
													
													Mu nama y’iminsi ibiri yateraniye ku kicaro gikuru cya Polisi ku Kacyiru kuva tariki 30 kugera 31 Kanama 2024 ihuza abakobwa n’abagore bari muri Polisi y’Igihugu, ku nshuro ya 13 hatangajwe ko Polisi y’u Rwanda ifite intego yo kongera umubare w’abakobwa n’abagore binjira muri uyu mwuga ukagera kuri 30%.
														
													
													Perezida Kagame akaba n’Umugaba w’Ikirenga w’Ingabo z’u Rwanda, yirukanye abasirikare bakuru barimo Gen Major Martin Nzaramba, Col Dr Etienne Uwimana n’abandi ba Ofisiye 19. Na ho abandi bagera mu 195 amasezerano yabo araseswa.
														
													
													Minisitiri w’Intebe Dr. Ngirente Eduard kuri uyu wa Kane taraiki 29 Kanama 2024 yagiranye ibiganiro n’Umuyobozi w’Inama y’Ubutegetsi y’Ikigega Agaciro, Bwana Scott T. Ford hamwe n’abagize Inama y’Ubutegetsi.
														
													
													Mu Karere aa Kicukiro mu Murenge wa Gahanga hafi ya sitasiyo y’ibikomoka kuri peteroli ya Oryx, imodoka yo mu bwoko bwa Taxi Hiace yafashwe n’inkongi y’umuriro irashya irakongoka.
														
													
													Mu rwego rwo gukomeza kumenya amwe mu mateka yaranze igihugu cy’u Rwanda Kigali Today igenda ibagezaho amateka y’ahantu hatandukanye mu bihe byo ha mbere.