Imyaka itanu irashize CP Kabera ari Umuvugizi wa Polisi y’u Rwanda kuko yatangajwe ko ahawe izo nshingano tariki 29 Ukwakira 2018 asimbuye kuri uwo mwanya CP Theos Badege wahinduriwe inshingano.
Inteko Rusange ya Sena kuri uyu wa mbere tariki 29 Kanama 2023 yemeje abayobozi bashya baheruka gushyirwa mu nshingano zo kuba Ambasaderi bagenwe n’Inama y’Abaminisitiri ngo bahagararire u Rwanda mu bihugu bitandukanye by’amahanga.
Perezida wa Repubulika, Paul Kagame akaba n’Umugaba w’Ikirenga w’Ingabo z’u Rwanda, yazamuye mu ntera abasirikare 10 bari bafite ipeti rya Lt Colonel abaha irya Colonel, anabagira abayobozi ba za Brigade, anashyiraho abayobozi bashya ba Diviziyo mu Ngabo z’u Rwanda n’Ishuri Rikuru rya Gisirikare rya Nyakinama.
Mu Mudugudu wa Kigarama, Akagari ka Manwari, Umurenge wa Mbazi mu Karere ka Nyamagabe mu Ntara y’Amajyepfo, mu rugo rwa Mbonyumukiza Félicien habonetse imibiri y’Abatutsi bishwe mu gihe cya Jenoside.
Habitegeko François wari Guverineri w’intara y’Iburengerazuba, na Madamu Mukamana Espérance wari Umuyobozi Mukuru w’Ikigo cy’Igihugu gishinzwe ubutaka, bakuwe mu nshingano, nk’uko itangazo ryaturutse mu Biro bya Minisitiri w’Intebe Dr Edouard Ngirente kuri uyu wa mbere tariki ya 28 Kanama 2023 ribivuga
Mu kiganiro Urubaga rw’Itangazamakuru cyatambutse kuri iki Cyumweru tariki 27 Kanama 2023, cyagarutse ku bibazo bikigaragara mu gutwara abagenzi, Umunyamabanga wa Leta muri Minisiteri y’Ibikorwa Remezo, Eng Uwase Patricie, yavuze ko RURA izajya itanga icyemezo cy’uko rwiyemezamirimo yujuje ibisabwa gusa, Umujyi wa Kigali (...)
Minisitiri w’Ubutegetsi bw’Igihugu, Musabyimana Jean Claude, yifatanyije n’abaturage bo mu Mirenge ya Kinigi na Nyange, mu muganda usoza ukwezi wabaye tariki ya 26 Kananama 2023, aho basukuye ahazabera ibirori byo Kwita Izina abana b’ingagi 23, bizaba tariki 1 Nzeri 2023.
Emmerson Mnangagwa, usanzwe uyobora Zimbabwe, ni we wamaze gutangazwa na Komisiyo y’amatora muri iki gihugu, ko yegukanye intsinzi yo kongera kukiyobora muri manda ya kabiri.
Mu Karere ka Musanze ku mugoroba wo ku wa Gatatu tariki 25 Kanama 2023, Perezida Paul Kagame yagiranye inama n’abavuga rikumvikana basaga 700, bo mu turere dutanu tw’Intara y’Amajyaruguru, hamwe n’uturere twa Nyabihu, Rubavu na Rutsiro two mu Ntara y’Iburengerazuba, abagaragariza ikibazo cyo gucamo ibice Abanyarwanda (...)
Ubwo yasozaga itorero Indangamirwa icyiciro cya 13, Perezida Paul Kagame yasubije bimwe mu bibazo byabajijwe n’urubyiruko rw’intore z’iryo torero, ababwira ko ntawe uhejwe kwinjira mu mwuga w’Igisirikare cy’u Rwanda.
Perezida Paul Kagame ubwo yasozaga itorero Indangamirwa icyiciro cya 13, yavuze ko hari amakuru aherutse kumenyekana ko urubyiruko rwitabiriye YouthConnekt, rwariye ibiryo bikabatera hafi ya bose uburwayi, bityo ko ababiteguye bagomba guhanwa.
Perezida Paul Kagame kuri uyu wa Gatanu tariki 25 Kanama 2023 yasoje Itorero Indangamirwa icyiciro cya 13 ry’urubyiruko 412 bari bamaze iminsi 43 mu Itorero i Nkumba, abasaba guharanira icyateza imbere Igihugu cyabo ndetse na bo ubwabo bagaharanira kwigira.
Jean Bosco Uwihoreye uzwi nka Ndimbati yatumijwe n’Urwego rw’Ubugenzacyaha, abazwa ibyo avugwaho byo kutita ku bana yabyaranye n’uwitwa Kabahizi Fridaus.
Polisi yo mu gihugu cya Zimbabwe yataye muri yombi abantu 39, ibakurikiranyeho kubarura amajwi y’ibyavuye mu matora y’Umukuru w’igihugu n’ay’Abadepite rwihishwa.
Abagaba bakuru b’ingabo z’Ibihugu bigize Umuryango wa Afurika y’Iburasirazuba (EAC) bahuriye mu nama muri Kenya yiga ku kibazo cy’umutekano mucye urangwa mu burasirazuba bwa Repuburika Iharanira Demokarasi ya Congo (RDC).
Kuri uyu wa kane tariki ya 24 Kanama 2023, Perezida wa Repubulika Paul Kagame, yakiriye indahiro z’abayobozi baherutse guhindurirwa inshingano nshya, abasaba kwita ku nshingano bahawe.
Guverinoma na Komisiyo y’amatora muri Zimbabwe, batangaje ko amatora ya Perezida n’Abadepite yabaye mu ituze no mu mudendezo kandi mu buryo buboneye.
Mu myaka 10 ishize hatangijwe gahunda ya YouthConnekt, hagaragajwe umusaruro w’ibimaze kugerwaho n’urubyiruko, biturutse mu mishinga yo kwiteza imbere.
Perezida Paul Kagame ubwo yagezwagaho ibibazo n’urubyiruko, rwitabiriye ibirori byo kwizihiza imyaka 10 ishize hatangijwe gahunda ya YouthConnekt, byizihirijwe ku Intare Arena ku itariki 23 Kanama 2023, bamwe mu bafite ubumuga bamusabye kubafasha bakinjira mu Ngabo z’u Rwanda.
Izina ‘Mburabuturo’ rirazwi mu mujyi wa Kigali kuko habarizwa ibikorwa bitandukanye birimo na Kaminuza y’u Rwanda (UR) ndetse hari n’ibikorwa byitiriwe iri zina birimo amashuri n’ibindi.
Abantu batandukanye bakunze gukoresha abana mu bikorwa byose byerekeranye n’ishimishamubiri ndetse no kubafata amajwi n’amashusho bakayashyira no ku mbuga nkoranyambaga bahanwa n’itegeko ribagenera igihano kiri hagati y’imyaka 5 n’imyaka 7 n’ihazabu ya Miliyoni 5.
Ishami ry’Umuryango w’Abibumbye ryita ku bana (UNICEF) riratabariza abana bagera kuri miliyoni ebyiri bo mu Gihugu cya Niger bakeneye ibiribwa kuko umutekano mucye uri muri iki gihugu watumye batabasha kubona ibiryo uko bikwiye.
Munyankindi Benoît, Umunyamabanga Mukuru w’Ishyirahamwe nyarwanda ry’Umukino wo gusiganwa ku magare (FERWACY), ku itariki 21 Kanama 2023 yatawe muri yombi n’Urwego rw’Igihugu rw’Ubugenzacyaha (RIB), mu gihe runakurikiranye Umuyobozi w’iri shyirahamwe, Murenzi Abdallah, ku byaha bishingiye ku gutonesha.
Hegitari 15 z’ishyamba rya Nyungwe ku gice giherereye mu Murenge wa Bweyeye mu Karere ka Rusizi, zibasiwe n’inkongi y’umuriro.
Ibiro by’umukuru w’igihugu Village Urugwiro byatangaje ko kuri uyu wa mbere tariki ya 21 Kanama 2023 Perezida Paul Kagame yabonanye n’Umuyobozi Mukuru w’Inama y’Ubutegetsi ya BK Group Philippe Prosper, baganira ku ngamba n’amahirwe y’iterambere ry’iki kigo.
Minisiteri y’ubuzima irakangurira ababyeyi batwite gukora imyitozo ngororamubiri kuko bibafasha kugira ubuzima bwiza haba ku mubyeyi ndetse no ku mwana atwite.
Umujyi wa Kigali watangaje ko abantu bimurwa mu manegeke, abagera kuri 85% ari abakodesha naho 15% akaba ari abatuye.
Kuri iki Cyumweru tariki ya 20 Kanama 2023 mu Karere ka Rusizi mu Murenge wa Kamembe, Akagari ka Kamurera, Umudugudu wa Kamuhirwa, habereye impanuka y’imodoka yahitanye abantu babiri, abandi batatu barakomereka bikomeye.
Minisitiri w’Ububanyi n’Amahanga n’Ubutwererane, Dr Vincent Biruta, yagiranye ibiganiro na Ambasaderi wa Brazil mu Rwanda, Silvio José Albuquerque e Silva, ufite icyicaro i Nairobi muri Kenya, kuri uyu wa Gatanu tariki 18 Kanama 2023, bikaba byibanze ku mubano n’ubufatanye hagati y’ibihugu byombi, no kurebera hamwe uko (...)
Mu nama y’iminsi ibiri yahuje abakuru b’ingabo mu bihugu by’Afurika y’Uburengerazuba (ECOWAS) yatereaniye mu murwa mukuru wa Accra muri Ghana kuva tariki 17 kugera tariki ya 18 Kanama 2023 hemejwe ko hagiye koherezwa umutwe w’ingabo wo gutabara Perezida Bazoum wahiritswe ku butegetsi n’agatsiko ka Girikare.