Ahitwa Ku Mavubiro i Gasabo ni mu Mudugudu wa Vugavuge, Akagari ka Gasabo, Umurenge wa Rutunga, mu Karere ka Gasabo, mu Mujyi wa Kigali. Ni ahantu hateze neza, ngo hahoze amavubiro y’Umwami Kigeri IV Rwabugiri.
Mu Rwanda usanga buri hantu hafite uko hitwa, kandi ayo mazina akaba afite inkomoko n’impamvu yayo. Nk’uko Kigali Today igenda ibagezaho inyito z’ahantu hatandukanye uyu munsi yabakusanyirije amateka y’ahitwa Ryamurari maze iganira n’Inteko y’Umuco iyibwira amateka yaho.
Ibiciro by’ibikomoka kuri Peteroli mu Rwanda byagabanutse, aho Lisansi yavuye ku mafaranga 1,629 kuri litiro igashyirwa ku 1,574 Frw ikaba yagabanutseho amafaranga 55 kuri litiro imwe, naho mazutu litiro iva ku mafaranga 1,652 ishyirwa ku 1,576 ikaba yagabanutseho amafaranga 76 kuri litiro imwe.
Minisitiri w’Intebe, Dr Edouard Ngirente yageze mu Budage aho yitabiriye inama yiga ku iterambere rirambye, agaragariza abitabiriye iyi nama uburyo u Rwanda rwashoboye kwihaza mu bijyanye n’ingufu z’amashanyarazi.
Urwego rw’Igihugu rw’Imiyoborere (RGB) rwatangaje amabwiriza mashya ajyanye no gukumira virusi ya Marburg mu nsengero no mu misigiti arimo gushyiraho uburyo bwo gukaraba intoki, gutanga ifunguro ryera mu buryo butuma abantu batagira ibyago byo kwandura n’ibindi.
Perezida Paul Kagame uri i Paris yabonanye na mugenzi we w’u Bufaransa, Emmanuel Macron, baganira ku mubano w’ibihugu byombi n’inzego z’imikoranire bisanzwe bifatanyamo ndetse n’icyakorwa mu kurandura burundu ibibazo biteza umutekano muke mu Karere.
Perezida w’Ubufaransa Emmanuel Macro, i Paris mu Bufaransa, ubwo yatangizaga inama ya 19 y’Abakuru b’ibihugu na za Guverinoma z’Umuryango w’Ibihugu bikoresha ururimi rw’Igifaransa yavuze ko ururimi rw’igifaransa rufasha mu guhahirana no gukorana ubucuruzi.
Minisitiri w’Intebe, Dr. Edouard Ngirente, yageze mu gihugu cya Lesotho kuri uyu wa gatanu tariki 4 Ukwakira 2024, ahagarariye Perezida Paul Kagame mu birori byo kwizihiza imyaka 200 Lesotho imaze ari Ubwami ndetse n’imyaka 58 ishize ubwo bwami bubonye ubwigenge.
Perezida Paul Kagame uri mu ruzinduko mu Bufaransa ku mugoroba wo ku itariki 3 Ukwakira 2024, yabonanye na Charles Michel, Perezida wa Komisiyo y’Umuryango w’Ubumwe bw’u Burayi (EU).
Minisiteri y’Ubuzima (MINISANTE) yatangaje ko abantu batanu bari baranduye Virusi ya Marburg bakize, abakirimo kuvurwa ni 21, kuri uyu wa Kane ntawapfuye azize icyo cyorezo.
Perezida Kagame na Madamu Jeannette Kagame bageze i Paris mu Bufaransa aho bitabiriye Inama ya 19 ya OIF ihuza Abakuru b’Ibihugu na za Guverinoma mu muryango w’Ibihugu bikoresha Ururimi rw’Igifaransa, La Francophonie.
Perezida Kagame uri mu ruzinduko rw’iminsi itatu muri Latvia yakiriwe ku meza na mugenzi we, Edgars Rinkēvičs.
Ikigo cy’Igihugu gishinzwe Ubumenyi bw’Ikirere (Meteo Rwanda) cyatangaje iteganyagihe riburira, aho kivuga ko hateganyijwe umuyaga mwinshi hagati y’itariki ya 3 n’itariki ya 4 Ukwakira 2024.
Perezida wa Repubulika Paul Kagame, uri mu ruzinduko mu gihugu cya Latvia yakiriwe na mugenzi we w’iki gihugu, Edgars Rinkēvičs, bagirana ibiganiro byabereye mu muhezo.
Minisiteri y’Uburezi yabaye ihagaritse gahunda zo gusura abanyeshuri biga bacumbikirwa ku mashuri mu rwego rwo kwirinda icyorezo cya Marburg.
Perezida wa Repubulika, Paul Kagame yageze mu gihugu cya Latvia mu uruzinduko rw’akazi rw’iminsi itatu, akazagirana ibiganiro bizabera mu muhezo na mugenzi we, Edgars Rinkēvičs.
Nyuma y’uko mu ijoro rishyira kuri uyu wa Kabiri tariki 01 Ukwakira 2024 muri Santere ya Musenyi, mu Karere ka Kamonyi, Umurenge wa Ngamba, Akagari ka Kabuga, insoresore zateje umutekano mucye zitema abantu 12 zikoresheje imihoro, Polisi ifatanyije n’izindi nzego z’umutekano ndetse n’abaturage bakoze igikorwa cyo kubashaka (…)
Ikigo cy’Igihugu gishinzwe Ubumenyi bw’Ikirere (Meteo Rwanda) cyatangaje ko mu gice cya mbere cy’ukwezi k’Ukwakira 2024 kuva tariki ya 1 kugeza tariki ya 10, hateganyijwe ko imvura iziyongera ugereranyije n’ibice bishize by’ukwezi kwa Nzeri, ikazaba iri hagati ya milimetero 20 na milimetero 140.
Mu gihugu cya Nigeria mu kigo cyororerwamo inyamaswa cy’uwahoze ari Perezida w’icyo gihugu Olusegun Obasanjo i Abeokuta, mu murwa mukuru w’intara ya Ogun intare yishe umukozi wari ugiye kugaburira inyamaswa.
Perezida Paul Kagame ategerejwe muri Latvia aho agiye kugirira uruzinduko rw’akazi rw’iminsi itatu kuva tariki ya 1 kugera tariki 3 Ukwakira 2024.
Minisiteri y’Ubuzima (MINISANTE) yatangaje ko abantu babiri mu Rwanda kuri iki Cyumweru tariki 29 Nzeri 2024, bishwe n’icyorezo cya Marburg, buzuza umubare w’abantu umunani bamaze gupfa bazize icyo cyorezo.
Ishami ry’Umuryango w’Abibumbye ryita ku Buzima (OMS) ryatangaje ko rigiye gufatanya n’u Rwanda gukumira ikwirakwira ry’icyorezo cya Marburg.
Umuyobozi w’Umutwe w’Iterabwoba wa Hezbollah, Hassan Nasrallah, yiciwe mu gitero cyagabwe n’Ingabo za Israel. Nasrallah yapfanye n’abandi basirikare bakuru bo muri Hezbollah nk’uko byatangajwe n’Igisirikare cya Israel, IDF.
Muri Paruwasi Katederali ya Dedougou, Diyosezi ya Dédougou, muri Burkina Faso hashyizwe Ubusitani bwitiriwe Bikira Mariya wa Kibeho. Ubu busitani bwashyizwemo ishusho ya Bikira Mariya Nyina wa Jambo, izafasha Abakirisitu b’iyi Paruwasi n’abayigenderera kumenya amateka ya Kibeho no kuzirikana ku butumwa bwa Kibeho.
Perezida Paul Kagame yasabye Abasenateri n’abandi bayobozi muri rusange kujya bamenya ibibazo by’abaturage hakiri kare, kuruta uko abaturage babinyuza ku mbuga nkoranyambaga basa n’abatabaza kuko babuze ubakemurira ibibazo. Ibi yabigarutseho kuri uyu wa Kane tariki 26 Nzeri 2024, ubwo yakiraga indahiro z’Abasenateri bagize (…)
Abagabo batatu barimo Oswald Homeky wahoze ari Minisitiri w’imikino, Col. Djimon Dieudonné Tévoédjrè umukuru w’umutwe w’abasirikare barinda Umukuru w’Igihugu n’umucuruzi Olivier Boko wari inshuti ya Perezida Talon, batawe muri yombi nyuma yo gukekwaho umugambi wo kumuhirika ku butegetsi.
Urwego rw’igihugu rw’ubugenzacyaha RIB ruraburira umuntu wese ushyira amashusho y’urukozasoni n’ibiganiro ku mbuga nkoranyambaga ko azabihanirwa kuko hari itegeko ribihana kandi ko aba yatandukiriye umuco nyarwanda.
Nk’uko Kigali Today igenda ibagezaho amateka y’ahantu hatandukanye n’ibisobanuro by’inyito y’amazina y’ahantu, yabakusanyirije inkomoko y’izina Ijuru rya Kamonyi.
Ikigo cy’igihugu cy’iterambere (RDB), cyatangaje ko abana b’Ingagi 22 ari bo bazitwa amazina ku nshuro ya 20 mu muhango uteganyijwe tariki 18 Ukwakira 2024.
Abayobozi baturutse mu bihugu bitandatu bigize Umuhora wa Ruguru ari byo u Rwanda, Uganda, Kenya, Sudani y’Epfo, u Burundi na Repubulika Iharanira Demokarasi ya Congo, bamaze iminsi itatu bakora ubukangurambaga bwa Gerayo Amahoro, mu Ntara zitandukanye mu rwego rwo gukangurira Abanyarwanda kwirinda impanuka zo mu muhanda.