Perezida Paul Kagame yavuze ko Afurika ifite intego yo gukomeza kugira uruhare mu guhangana n’imihindagurikire y’ibihe, n’ubwo hakiri ubushobozi buke mu bijyanye n’ishoramari ku mishinga irengera ibidukikije.
Perezida wa Leta Zunze Ubumwe za Amerika Donald Trump yashyize abayobozi batandukanye muri Guverinoma ye barimo n’umuherwe wa mbere ku isi Elon Musk.
Madamu Jeannette Kagame yavuze ko ibihugu bya Afurika bikeneye gushyiraho uburyo abana bahabwa uburere n’ubumenyi bw’ibanze ku buryo bakurana indangagaciro zikwiye kuranga umuntu.
Perezida Paul Kagame kuri uyu wa kabiri tariki 12 Ugushyingo 2024 yageze i Baku muri Azerbaijan aho yifatanije n’abandi bayobozi ku Isi mu Nama ya 29 y’Umuryango w’Abibumbye yiga ku mihindagurikire y’ibihe (COP29).
Urwego rw’u Rwanda rushinzwe lgorora (RCS) rwirukanye abakozi 411 barimo na Komiseri. RCS yasobanuye ko aba bakozi birukanywe kubera imyitwarire mibi mu kazi, ruswa n’ibindi byaha.
Umunyamabanga wa Leta ushinzwe Ubutwererane bw’Akarere, Gen (Rtd) James Kabarebe, yifatanyije na Ambasade ya Angola mu Rwanda mu birori byo kwizihiza isabukuru y’imyaka 49 iki gihugu kimaze kibonye Ubwigenge.
Kuva Israel yatangira kugaba ibitero mu gihugu cya Liban, abantu basaga ibihumbi 3,130 bamaze guhitanwa na byo, abandi barakomereka.
Polisi y’u Rwanda yashyize mu kiruhuko cy’izabukuru abapolisi 154 barimo ba Komiseri barindwi na ba Ofisiye bakuru 15.
Ikigo cy’Igihugu Gishinzwe Ubuzima (RBC) tariki ya 8 Ugushyingo 2024 cyafashe amaraso abayobozi bakuru mu ngabo z’u Rwanda yo gufasha abantu barembye.
Umuyobozi Nshingwabikorwa w’Akarere Ka Kicukiro, Antoine Mutsinzi niwe warahije abanyamahanga 72 bahawe ubwenegihugu bw’u Rwanda, tariki 7 Ugushyingo 2024 mu Karere ka Kicukiro.
Umugabo witwa Harindintwari Niyongana Innocent w’imyaka 69 ukomoka mu mudugudu wa Akarubumba, Akagari ka Rwamiko, Umurenge wa Muganza mu Karere ka Gisagara yafatiwe ku mupaka wa Rusumo mu Karere ka Kirehe, nyuma y’imyaka myinshi yihisha ubutabera kubera ibyaha bya Jenoside yakorewe Abatutsi 1994 akurikiranyweho.
Urwego rw’Igihugu rw’ubugenzacyaha (RIB), rwatangaje ko rwafunze Bigwi Alain Lolain, Umunyamabanga Nshingwabikorwa w’Umurenge wa Mugombwa mu Karere ka Gisagara, ukurikiranyweho icyaha cyo kwaka indonke.
Mu gihugu cya Mozambique imyigaragambyo yahagaritse ibikorwa by’ubucuruzi, imipaka imwe n’imwe irafungwa.
Mu karere ka Nyarugenge mu murenge wa Kimisagara, akagari ka Kimisagara, umudugudu w’Akabeza muri Nyabugogo ku isoko ry’Inkundamahoro umugabo w’imyaka 44 witwa Muvunyi François bakunze guhimba ‘general Pardon’ yasimbutse muri Etage ya 4 ahita ahasiga ubuzima.
Urukiko rw’Ibanze rwa Kicukiro kuri uyu wa Gatatu tariki 6 Ukwakira rwahanishije Miss Muheto Divine igihano cy’igifungo cy’amezi atatu gisubitse mu gihe cy’umwaka umwe n’ihazabu y’ibihumbi 190 Frw.
Umurepubulikani Donald Trump w’imyaka 78 y’amavuko yamaze kubona amajwi arenga ayo yari akeneye kugira ngo yegukane intsinzi mu matora ya Perezida wa Leta Zunze Ubumwe za Amerika. Ni amatora yari ahanganiyemo n’umukandida w’Abademokarate, Kamala Harris w’imyaka 60.
Polisi y’u Rwanda ifatanyije n’inzego z’ibanze, kuri uyu wa kabiri tariki ya 05 Ugushyingo 2024, yafashe abantu 41 bacyekwaho gukora ubucukuzi bw’amabuye butemewe mu bice bitandukanye byo mu Ntara y’Amajyepfo.
Sengabo Jean Bosco wamamaye nka Fatakumavuta, kuri uyu wa Kabiri tariki ya 5 Ugushyingo 2024, yaburanye ifunga n’ifungura ry’agateganyo, Ubushinjacyaha bwo mu rukiko rw’Ibanze rwa Kicukiro bumusabira gufungwa iminsi 30 y’agateganyo.
Aba Badepite bo muri Somalia, bagize Komisiyo y’Uburinganire n’Uburenganzira bwa Muntu bari mu ruzinduko rw’iminsi itanu mu Rwanda, aho baje kureba uko u Rwanda rwiyubatse mu bikorwa bitandukanye by’iterambere, kuko rumaze kuba icyitegererezo ku Mugabane wa Afurika kubera iterambere rugeraho mu nzego zitandukanye.
Minisitiri w’intebe wa Espagne, Pedro Sanchez yategetse inzego z’umutekano zigizwe n’abasirikare 5.000 n’Abapolisi 5.000, zoherezwa mu Karere ka Valencia kibasiwe n’ibiza mu bikorwa by’ubutabazi.
Minisiteri y’Ubuzima, Minisante, yatangaje ko abakize Virusi ya Marburg, bagomba kwitwararira cyane birinda gukora imibonano mpuzabitsinda idakingiye, konsa kuko hari ibice virusi isigaramo mu gihe kirenga umwaka, utitwararitse akaba yakwanduza abandi iyo ndwara.
Kuri uyu wa gatanu tariki 1 Ugushyingo 2024, Prof. Kindiki Kithure yarahiriye inshingano nshya zo kuba Visi Perezida wa Kenya.
Sengabo Jean Bosco wamamaye nka Fatakumavuta, kuri uyu wa Kane tariki ya 31 Ukwakira 2024, yabwiye urukiko ko atiteguye kuburana kuko batabashije kubona dosiye ngo amenye ibyo akurikiranwaho.
Mu gitondo cyo kuri uyu wa Kane tariki 31 Ukwakira 2024, Miss Muheto Nshuti Divine yagejejwe ku Rukiko rw’Ibanze rwa Kicukiro aho yaburanye ku ifungwa n’ifungurwa ry’agateganyo ku byaha akurikiranyweho.
Mu gihugu cya Espagne haguye imvura idasanzwe mu gihe cy’amasaha umunani ihitana abantu 72 abandi baburirwa irengero yangiza n’ibikorwaremezo.
Madamu wa Perezida wa Repubulika, Jeannette Kagame, ari i Doha muri Qatar kuva tariki 29 Ukwakira 2024 aho yitabiriye inama yizihirizwamo isabukuru y’imyaka 30 y’Umwaka Mpuzamahanga w’Umuryango.
Patricia Kaliati, umunyapolitike utavuga rumwe na Leta ya Malawi, yatawe muri yombi akekwaho gucura umugambi wo kwica Perezida w’icyo gihugu Lazarus Chakwera.
Mu ijoro ryo ku itariki ya 29 Ukwakira 2024 ububiko bw’Uruganda Sunbelt Textiles Rwanda ruherereye mu cyanya cyahariwe inganda cy’Akarere ka Bugesera bwaraye bufashwe n’inkongi y’umuriro, ibitambaro birenga ibihumbi 180 bikoreshwa mu kudoda ibiryamirwa birimo amashuka, n’ibiringiti birakongoka.
Polisi y’u Rwanda yatangaje ko Miss Muheto Divine yafashwe kubera gutwara ikinyabiziga yanyoye ibisindisha birengeje igipimo, kandi nta ruhushya rwo gutwara ibinyabiziga agira.