Perezida wa Komisiyo y’Igihugu y’Amatora, Oda Gasinzigwa, kuri uyu wa Gatanu tariki 17 Gicurasi 2024, ubwo yakiraga kandidatire ya Perezida Paul Kagame ku mwanya w’Umukuru w’Igihugu ahagarariye Umuryango wa FPR Inkotanyi, yavuze ko ibyangombwa bye yashyikirije iyi Komisiyo byuzuye.
Kuri uyu wa Kane tariki 16 Gicurasi 2024, Ingabo z’u Rwanda (RDF) ku bufatanye na Polisi y’Igihugu, Minisiteri y’Ubuzima n’abandi bafatanyabikorwa batangije igikorwa cyo kubaga ishaza ryo mu jisho mu gihugu hose bikaba biteganyijwe ko abasaga 5000 bazabagwa ishaza mu gihugu hose.
Mu karere ka Musanze, Umurenge wa Muko, Akagali ka Cyogo, Umudugudu wa Kabere Umwarimu wigisha ku Ishuri ribanza rya E.P MUBAGO mu murenge wa Nkotsi witwa Harerimana Pascal basanze yiyahuye yimanitse akoresheje ‘Super Net’.
Perezida wa Guinée-Conakry, Gen Mamadi Doumbouya yagaragaje ko uruzinduko rwa Perezida Kagame yagiriye muri iki gihugu rushimangira umubano mwiza w’ubuvandimwe n’ubucuti biri hagati y’ibihugu byombi kandi rwongerera imbaraga ubufatanye hagati ya Conakry na Kigali.
Melinda French Gates wahoze ari umugore w’umuherwe Bill Gates bakaza gutandukana ariko bagakomeza guhurira mu muryango ukora ibikorwa by’ubugiraneza ‘Bill & Melinda Gates Foundation’, yatangaje ko ahagaritse imirimo ye yakoreragamo.
Perezida Paul Kagame kuri uyu wa Mbere tariki 13 Gicurasi 2024 yageze muri Guinée Conakry, aho yakiriwe na mugenzi we, Mamadi Doumbouya, bagirana ibiganiro byihariye bigamije gushimangira umubano n’ubutwererane hagati y’ibihugu byombi ndetse n’inzego zo gufatanyamo zirimo ikoranabuhanga, ubucuruzi n’ishoramari.
Amakuru yatangajwe n’Ibiro bya Perezida wa Repubulika ya Guinée-Conakry avuga ko Perezida Paul Kagame ategerejwe muri iki gihugu kuri uyu wa Mbere tariki 13 Gicurasi 2024 mu ruzinduko rw’akazi.
Abantu 15 ubwo binjiraga mu kirombe cy’amabuye y’agaciro cya Koperative COMIKA giherere mu karere ka Kamonyi, Umurenge wa Ngamba, Akagari ka Kazirabonde, Umudugu wa Gatwa, baburiyemo umwuka batanu muri bo bahasiga ubuzima abandi batanu barakomereka naho abandi 5 batabarwa bakiri bazima.
Perezida Paul Kagame kuri uyu wa Gatandatu tariki 11 Gicurasi 2024 yageze muri Sénégal mu ruzinduko rw’akazi, aho ku kibuga cy’indege cya Léopold Sédar Senghor de Yoff yakiriwe na mugenzi we Bassirou Diomaye Faye na bamwe mu bagize Guverinoma.
Iteganyagihe rya Gicurasi ryatangajwe n’Ikigo cy’u Rwanda gishinzwe Ubumenyi bw’Ikirere (Meteo Rwanda) riragaragaza ko mu gice cya kabiri cy’ukwezi kwa Gicurasi hateganyijwe ko imvura izagabanuka ugereranyije n’isanzwe igwa.
Perezida Paul Kagame yakiriye Intumwa zaturutse mu Nteko Ishinga Amategeko y’u Budage, baganira ku bibazo byugarije Isi birimo icy’abimukira ndetse n’ubufatanye busanzweho hagati y’u Rwanda n’u Budage.
Perezida wa Kenya William Ruto yatangije ibiganiro by’ubuhuza bigamije amahoro no guhagarika intambara hagati y’impande zihanganye muri Sudan y’Epfo, yizeza ko yiteguye gutanga umusanzu mu kurangiza uruhererekane rw’amakimbirane n’umutekano muke byayogoje icyo gihugu.
Ibitare bya Mashyiga biherereye mu Ntara y’Amajyepfo, Akarere ka Kamonyi, Umurenge wa Karama, Akagari ka Bitare, Umudugudu wa Kokobe. Ni agace kahoze kitwa Gishubi (Rukoma). Ni ibitare byinshi binogeye ijisho, bimwe biteretse hejuru y’ibindi nk’ibiri ku mashyiga, ari na ho hakomotse iyo nyito ngo ni Ibitare bya Mashyiga.
Urwego rw’Igihugu rw’Ubugenzacyaha, RIB, tariki 16 Mata na tariki 6 Gicurasi 2024 rwataye muri yombi abantu batandatu bakurikiranyweho icyaha cyo gushyira ahagaragara no ku mbuga nkoranyambaga ibiteye isoni.
Guverinema ya Kenya yaginyanye amasezerano n’abaganga, bari bamaze igihe mu myigaragambyo kongera gusubira mu bikorwa byo kwita k’ubuzima bw’abaturage b’iki gihugu.
Mu mujyi wa Eldorado do Sul uherereye mu Majyepfo ya Brésil abantu 90 bahitanywe n’ibiza, abandi 131 baburirwa irengero naho abandi 155.000 ntibafite aho kuba.
Iraguha Jean Nepomscene ni Umugabo w’imyaka 26 atuye mu kagari ka Kabariza Umurenge wa Rutunga mu karere ka Gasabo avuga ko mu mwaka wa 2006 yafashe icyemezo ava mu muryango we ahunga Se kuko yamushyiragamo ingengabitekerezo yo kwanga Abatutsi.
Perezida Vladimir Putin w’Uburusiya mu muhango wo kurahirira kuyobora iki gihugu muri manda ye ya Gatanu yabwiye abaturage ko nibafatanya bazatsinda.
Ku mupaka wa Rusizi habereye impanuka y’imodoka ya Taxi itwara abagenzi yo muri Congo yabuze feri inanirwa guhagarara igonga imodoka itwara amazi abantu barindwi barakomereka bikomeye.
Tariki 6 Gicurasi 2024, Ingabo zirinda Papa zungutse abasirikare 34 bashya basezeranye kurinda Papa kugera no kuba bamwitangira.
Perezida Paul Kagame kuri uyu wa Kabiri tariki 07 Gicurasi 2024, yifatanyije n’urubyiruko rw’abakorerabushake rusaga 7,500 rwateraniye muri BK Arena mu birori byo kwizihiza imyaka 10 y’ibikorwa byarwo mu iterambere ry’Igihugu.
Perezida Paul Kagame yibukije urubyiruko rw’abakorerabushake rwateraniye muri BK Arena kuri uyu wa kabiri tariki 7 Gicurasi 2024 kwizihiza imyaka 10 y’ibikorwa byarwo mu iterambere ry’Igihugu ko rutagomba gupfusha ubusa imbaraga zabo ahubwo bagomba gukora cyane.
Polisi y’u Rwanda yavuze ko yatangiye gukurikirana Dosiye ya SP Musonera Eugene Umuyobozi wa Polisi mu Karere ka Nyanza, ku byaha akekwaho muri Jenoside yakorewe Abatutsi 1994.
Umugaba Mukuru w’Ingabo z’u Rwanda, Gen Mubarakh Muganga, yakiriye mugenzi we wa Sénégal, Gen Mbaye Cissé n’itsinda ayoboye, nyuma bagirana ibiganiro na Minisitiri w’Ingabo w’u Rwanda, Juvenal Marizamunda.
Imodoka ya Bisi yari ivuye ku ishuri gucyura abanyeshuri b’incuke kuri uyu wa mbere tariki 6 Gicurasi 2024 saa 13h40 yageze ahitwa kwa Mutwe i Nyamirambo irenga umuhanda, hakomerekamo abana 3 mu buryo bworoheje.
Nkuko Kigali Today igenda ibagezaho inkomoko n’Amateka by’inyito z’ahantu hatandukanye yabakusanyirije amateka y’inkomoko y’izina Rwabanyoro.
Ubuhamya bwatanzwe na Mukakabanda Julliette warokokeye i Murambi avuga ko Sindikubwabo Theodore wabaye Perezida wa Leta y’abatabazi hamwe na Bucyibaruta Laurent wari Perefe icyo gihe nibo batanze itegeko ryo gutsemba Abatutsi bari barahungiye i Murambi mu gihe cya Jenoside.
Umuyobozi w’Umujyi wa Kigali, Samuel Dusengiyumva, yaburiye abaturage bagituye ahantu hashobora gushyira ubuzima bwabo mu kaga kuhimuka kuko mu byumweru bitatu by’uku kwezi kwa Gicurasi hateganyijwe imvura nyinshi mu bice bitandukanye by’Igihugu.
Urutare rwa Ndaba ni hamwe mu hantu nyaburanga mu Rwanda ndetse inteko y’umuco yahashyize ku rutonde rw’ahantu nyaburanga hagomba kubungwabungirwa amateka.
Polisi y’u Rwanda yatangaje ko umuhanda Muhanga – Ngororero utari Nyabagendwa kubera imvura nyinshi yateye umugezi wa Nyabarongo kuzura, bituma umuhanda Muhanga-Ngororero uba ufunzwe by’agateganyo.