Tariki ya 11 Nyakanga buri mwaka Isi yose yizihiza umunsi mpuzamahanga wo kwita ku baturage. Uyu munsi Umuryango w’Abibumbye (UN) urahamagarira abatuye Isi kwimakaza uburinganire n’ubwuzuzanye hagati y’umugore n’umugabo.
Inyubako iherereye i Gikondo ahasanzwe habera Imurikagurisha (Expo) ikaba ikoreramo ikinyamakuru imvaho nshya, kuri uyu wa kabiri tariki ya 11 Nyakanga 2023 yafashwe n’inkongi y’umuriro.
Umusirikare w’u Rwanda wari mu butumwa bw’amahoro bwa UN muri Santrafurika (MINUSMA), yitabye Imana tariki ya 10 Nyakanga 2023, nyuma yo kuraswa n’abitwaje intwaro mu Majyaruguru y’icyo gihugu.
Perezida wa Bagon Ali Bongo yatangarije abaturage b’iki gihugu ko agiye kongera kwiyamamariza gukomeza kuyobora Gabon muri manda ya gatatu.
Minisiteri y’Ibikorwa Remezo yatangaje ko kubera imirimo yo kubaka urugomero rw’amashanyarazi rwa Nyabarango II, hari igice cy’umuhanda Giticyinyoni-Nzove-Ruli-Gakenke gifunze, kuva tariki 10 Nyakanga 2023, kuko kizarengerwa n’amazi bikabangamira abakoresha uyu muhanda.
Umunyamabanga Mukuru w’Umuryango RPF Inkotanyi, Wellars Gasamagera kuri uyu wa gatandatu tariki 7 Nyakanga 2023 yagiranye ibiganiro n’abayobozi b’uturere n’intara, Abakomiseri n’abandi banyamuryango baturutse mu nzego zitandukanye, abasaba kwimakaza gutanga serivise nziza ku baturage bayobora.
Ubwo yasozaga inama y’iminsi ibiri yaberaga mu Rwanda, kuva tariki ya 6 kugera ku ya 7 Nyakanga 2023 yaberaga i Kigali, Minisitiri w’Intebe Dr. Edouard Ngirente, yagaragarijwe ibyo ihuriro ry’ibigega byo kwigira muri Afurika (Africa Sovereign Investors Forum) rimaze kugeraho, harimo n’umutungo Ikigega Agaciro Development (...)
Minisitiri w’Ubuzima, Dr Sabin Nsanzimana, yahamagariye abaturage b’Umujyi wa Kigali kwirinda umwanda n’igwingira mu bana, kuko nabyo biri mu bihungabanya umutekano.
U Rwanda ruvuga ko ruzagera ku ntego rwihaye yo kugabanya ibyuka bihumanya ikirere ku kigero cya 38% by’ibyuka bya carbon bihwanye na toni miliyoni 4.6 z’ubumara bitarenze muri 2030 bikazatwara Miriyari 11 z’amadorari y’Amerika.
Leta ya Kenya yatangaje ko yahagaritse gufungura umupaka uyihuza n’igihugu cya Somalia, kubera umutekano muke watewe n’umutwe wa al-Shabab.
Atangizaga ku mugaragaro inama y’iminsi ibiri yateguwe n’Ikigo gishinzwe iby’Ubwishingizi muri Afrika (African Trade Insurance Agency), irimo kubera i Kigali guhera kuri uyu wa Kane tariki ya 6 Nyakanga 2023, Minisitiri w’Intebe Dr Edouard Ngirente, yagaragaje uburyo Afurika ikeneye ishoramari ryo kuzahura ubukungu.
Kuri uyu wa 5 Nyakanga 2023, Abepisikopi Gatolika mu Rwanda bagiranye Inama na Minisitiri w’Ubutegetsi bw’Igihuhu mu rwego rwo kuganira kuri gahunda zitandukanye zireba imibereho myiza y’Abaturage harimo kwivana mu bukene no kwimakaza isuku hose.
Perezida Paul Kagame nyuma yo kugeza ijambo ku bakuru b’Ibihugu ba za Guverinoma zigize Umuryango uhuriza hamwe ibihugu byo muri Caraïbes uzwi nka CARICOM, yagiranye ibiganiro n’abayobozi batandukanye nyuma yakirwa kumeza na Minisitiri w’Intebe wa Trinidad and Tobago, Dr. Keith Christopher Rowley.
Perezida Paul Kagame yageze muri Trinidad and Tobago, aho yitabiriye Inama y’Abakuru b’Ibihugu na za Guverinoma zigize Umuryango uhuriza hamwe ibihugu byo muri Caraïbes, uzwi nka CARICOM.
Minisiteri y’Ubuzima igira abantu inama kwirinda indwara zitandura kuko akenshi zimwe muri zo zidakira kandi inyinshi muri zo zikunze guhitana ubuzima bw’abantu.
Perezida wa Sénégal Macky Sall yavuze ko ataziyamamaza mu matora y’Umukuru w’Igihugu azaba tariki 25/02/2024.
Amakuru yatangajwe kuri twitter y’Ibiro by’Umukuru w’Igihugu Village Urugwiro tariki ya 3 Nyakanga 2023 avuga ko Perezida Paul Kagame yakiriye Dominic Barton umuyobozi wa sosiyete mpuzamahanga y’ubucukuzi bw’amabuye y’agaciro izwi ku izina na Rio Tinto.
Musenyeri Nicodème Nayigiziki yitabye Imana mu rukerera rwo kuri uyu wa Kabiri tariki 4 Nyakanga 2023.
Abatuye Umujyi wa Kigali bavuga ko mu myaka 29 u Rwanda rumaze rwibohoye, uyu Mujyi wihuse mu iterambere cyane cyane mu bikorwa remezo n’imibereho myiza y’abawutuye, uburezi, ubuvuzi, inganda, itumanaho, imihanda, inyubako zigezweho n’ibindi.
Ubushakashatsi bwakozwe mu 2022 na Minisiteri y’Ubuzima ku bijyanye n’imyitwarire ijyanye no kwirinda ibishobora kongera umubare w’abarwara indwara zitandura bugaragaza ko mu gihugu hose abagabo aribo bongera umunyu mwinshi mu biryo.
Imodoka yo mu bwoko bwa Avensis iyobye umuhanda igwa hejuru y’inzu y’umuturage, abantu babiri bari muri urwo rugo barakomereka, inzu nayo ihita isenyuka. Byabereye mu Karere ka Nyarugenge, Umurenge wa Gitega Akagari ka Kinyange mu Mudugudu wa Kabugenewe, kuri iki Cyumweru tariki 2 Nyakanga 2023.
Mu rwego rwo gukomeza kubungabunga amashyamba ya Leta, Minisiteri y’Ibidukikije iratangaza ko yizeye ko muri 2024 izaba imaze kwegurira abikorera 80% by’amashyamba ya Leta, nk’uko biteganyijwe muri gahunda y’Igihugu yo kwihutisha iterambere, NST1, izarangirana n’umwaka utaha wa 2024.
Minisitiri w’Intebe, Dr Edouard Ngirente, yakiriye mu biro bye Ambasaderi w’u Bushinwa mu Rwanda, Wang Xuekun, tariki 30 Kamena 2023, baganira ku gukomeza guteza imbere umubano usanzwe uranga ibihugu byombi.
Ubushakashatsi ku ndwara zitandura bwamuritswe na Ministeri y’Ubuzima (MINISANTE), ku wa Gatanu tariki ya 30 Kamena 2023, bwagaragaje ko Intara y’Amajyepfo n’iy’Iburasirazuba ziza ku imbere mu kugira abaturage benshi banywa itabi.
Ibiro by’Umukuru w’Igihugu (Village Urugwiro) dukesha iyi nkuru, byatangaje ko Kuri uyu wa Kane tariki 29 Kamena 2023, Perezida wa Republika, Paul Kagame ari kumwe na Madamu Jeannette Kagame bari mu ruzinduko muri Seychelles, bitabiriye ibirori byo kwizihiza isabukuru y’imyaka 47 y’ubwigenge bw’iki gihugu.
Nkuko Kigali Today igenda ibagezaho inkomoko n’inyito z’ahantu hatandukanye mu Rwanda kugira ngo abantu barusheho kumenya amateka ndetse banayabungabunge , yabakusanyirije amwe mu mateka asobanura inkomoko y’izina ‘Kigali’.
Urukiko rwisumbuye rwa Gasabo rwarekuye by’agateganyo Rwamurangwa Stephen, Mberabahizi Chretien na Nyirabihogo Jeanne, rutegeka ko umushoramari Nsabimana Jean Dubai akomeza gufungwa.
Intumwa yihariye ya Perezida wa Koreya y’Epfo, Sung Min Jang, yagejeje kuri Minisitiri w’Intebe Dr Edouard Ngirente, ubutumire bwa Perezida w’icyo gihugu, Yoon Suk Yeol bugenewe Perezida Paul Kagame, bumutumira mu nama iteganyijwe kuba umwaka utaha izahuriza hamwe ibihugu bya Afurika na Koreya y’Epfo.
Abahanga mu miterereze ya muntu bagaragaza ko umwarimu wigisha abana bato, cyane abo mu mashuri y’incuke n’amashuri abanza bakwiye kwirinda kubahana bakoresheje ibihano bibabaza umubiri ndetse n’amagambo mabi.
Ku wa Gatatu tariki ya 28 Kamena 2023, Abayisilamu bo mu Rwanda no ku Isi bizihije Umunsi Mukuru w’Igitambo uzwi nka Eid al-Adha, isengesho muri Kigali rikaba ryabereye kuri Kigali Pelé Stadium i Nyamirambo, Abayisilamu bibutswa gusangira n’abakene.